Tariki 21 Gicurasi 2026 habaye ibiza by’imvura ivanze n’umuyaga ukomeye byibasiye Akarere ka Gisagara mu Murenge wa Gikonko mu Kagari ka Cyiri mu Mudugudu wa Murambi n’ahandi baturanye.
Mu Kigo cya Polisi cy’amahugurwa giherereye i Gishari mu Karere ka Rwamagana, kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Gicurasi 2026, habereye umuhango wo kwinjiza ba Ofisiye bashya 436 muri Polisi y’Igihugu no kwizihiza imyaka 25 y’ubufatanye butanga umutekano, ari na yo myaka Polisi y’u Rwanda imaze ibayeho.
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) yatangaje ko mu Itegeko n° 017/2026 ryo ku wa 23/04/2026 rihindura Itegeko n° 017/2020 ryo ku wa 07/10/2020 rishyiraho sitati rusange igenga abakozi ba Leta, nta mpinduka ziri mu buryo imishahara y’abakozi ba Leta igenwa.
Nubwo umuziki nyarwanda ukomeje gutera imbere ku muvuduko udasanzwe,nyamara ni kenshi abahanzi nyarwanda binubira ko batabona inyungu ifatika iturutse mu bihangano byabo, aho usanga rimwe na rimwe abandi ari bo babyungukiramo cyangwa bakanabikoresha ku buntu.
Perezida Paul Kagame yashimye Arsenal yegukanye igikombe cya Shampiyona, avuga ko ari umuhigo ukomeye besheje nyuma y’umwaka w’imikino utari woroshye, bikiyongeraho ko bari bamaze imyaka 22 bagishakisha ariko ntibakibone.
Imipaka ya Rusizi ya mbere n’iya kabiri yafunzwe by’agateganyo mu rwego rwo kurwanya no gukumira icyorezo cya Ebola cyagaragaye mu baturanyi (RDC).
Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, u Rwanda rwafashe ingamba zo gufunga by’agateganyo umupaka uhuza Rubavu na Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Ebola kimaze iminsi kivugwa muri RDC.
Dr. Gakwenzire Philibert, Perezida w’Umuryango IBUKA uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, agaragaza ko nubwo Kabuga yapfuye, ibye bitarangiriye aho, ahubwo ko hari ibikwiye gusobanuka, mu nyungu z’ubutabera.
Mu Ishuri rya Gisirikare i Gako, kuri uyu wa Gatandatu habereye Inama Nyunguranabitekerezo ku Mutekano w’Igihugu (National Security Symposium) ihuza abayobozi mu by’umutekano, abanyeshuri n’abashakashatsi bo mu mashuri makuru, hamwe n’abafatanyabikorwa batandukanye.
Ubwiherero cyangwa se umusarani ni ingenzi mu isuku n’isukura, dore ko ari n’ahantu hakenerwa n’umuntu uwo ari we wese. Icyakora mu gihe abantu babucukura, hari ibyo basabwa kwitondera.
I Kigali mu Rwanda kuri uyu wa Kane hatangiye inama y’iminsi ibiri izwi nka ’Africa CEO Forum’ iri mu zikomeye cyane muri Afurika. Ni inama ihuza abakuru b’Ibihugu, za Guverinoma, abayobozi b’ibigo bikomeye (CEOs), abashoramari, amabanki, n’inzego mpuzamahanga.
Umunyamakurukazi Glory Iribagiza yandikiye Perezida Paul Kagame ibaruwa ifunguye, ndetse ayinyuza ku mbuga nkoranyambaga, amusaba ko yamufasha kubona ubutabera, kuko yizeye ko ari we wenyine washobora kubumuha, kandi ko atari impuhwe yifuza kugirirwa n’inzego z’ubutabera, ahubwo ko guhabwa ubutabera ari uburenganzira bwe.
Uko imbwa zibamo amoko atandukanye, ni nako zigira ubushobozi bwo gukora no kumva ibintu bitandukanye, akenshi bitewe n’uko zatojwe.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amashuri Makuru na za Kaminuza (HEC), ku bufatanye na Minisiteri y’Uburezi, bakomeje gahunda yo gusura ayo mashuri no kugenzura ireme ry’uburezi rihatangirwa, mu rwego rwo kuganira ku mbogamizi zihari no gushakira hamwe ibisubizo.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze uwitwa Imanirakiza Issa Naphtal, Noteri wigenga ukorera mu Karere ka Rubavu n’abandi bantu batandatu ari bo; Nkundimana Tharcisse, Nsabimana Straton, Harerimana Jean Paul, Mukeshimana Marie Louise, Ndagijimana Daniel na Ndagijimana Jean. Bakurikiranyweho ibyaha birimo kwihesha ikintu (…)
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amashuri Makuru (HEC) kirimo kwakira ubusabe bw’Abanyarwanda bashaka kwiga mu mahanga ku nguzanyo ya Leta, mu masomo arimo na Siporo, azatangirana n’ukwezi kwa Cyenda (Nzeri) 2026. Gusaba iyo nguzanyo birakorwa muri uku kwezi kose kwa Gatanu (guhera tariki 01 Gicurasi 2026 kugeza tariki 31 Gicurasi (…)
Umuryango w’abantu icumi (umugabo, umugore n’abana umunani) bo mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Mwogo mu Mudugudu wa Karutabana, Akagari ka Kagasa, wari uhangayikishijwe no kuba mu nzu itameze neza, ubu urashima ko wubakiwe inzu, ukaba ugiye kubaho utekanye.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amashuri Makuru (HEC), kuri uyu wa Mbere tariki 04 Gicurasi 2026, cyatangije ku mugaragaro gahunda yo gusura amashuri Makuru na za Kaminuza hirya no hino mu Gihugu, mu rwego rwo kureba imikorere ihari no guteza imbere ubufatanye bugamije kuzamura ireme ry’imyigishirize n’imyigire mu mashuri makuru (…)
Imvura yaguye mu ma saa saba n’igice z’amanywa mu Karere ka Kirehe mu Murenge wa Mpanga mu Kagari ka Bwiyorere, yumvikanyemo inkuba yakubise inka 15 n’intama 18 z’umworozi witwa Mutarambirwa Patrick zari mu rwuri rwe, zose zihita zipfa.
Perezida Paul Kagame kuri iki Cyumweru tariki 03 Gicurasi 2026, yageze muri Tanzania mu ruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe agirira muri icyo gihugu. Ni uruzinduko rugamije gishimangira umubano w’ibihugu byombi no guteza imbere ubucuruzi n’ubufatanye mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba.
Bagaragaza Daniel utuye mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo mu Kagari ka Gasharu. Yiyita ‘Imbwa Nkuru’ kuko imbwa azifata nk’abavandimwe be akaba mukuru wa zo, kandi yiyemeje kuzitaho, akazigaburira, akazitoza imyitwarire myiza, akanazivuza, by’umwihariko izo muri Kigali.
Ubworozi bw’imbwa buri gufata intera mu Rwanda. Imyumvire y’uko imbwa ari itungo risuzuguritse, ridafite agaciro, iragenda ihinduka bigatuma uko imbwa zafatwaga kera ubu atari ko zifatwa. Ubu hari abazorora kinyamwuga nk’umushinga ku buryo imbwa ishobora kugurishwa amafaranga y’u Rwanda agera kuri Miliyoni eshatu.
Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Richard Mutabazi, yihanganishije abarokokeye mu rufunzo rwa Cyugaro mu Murenge wa Ntarama no ku misozi ihakikije, agaruka ku mateka y’urwo rufunzo rwiswe CND mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.
I Kigali ku wa Kane tariki 30 Mata 2026 habereye igikorwa cya nyuma cy’irushanwa rya AYuTe Africa Challenge Rwanda 2026, ritegurwa na Heifer International Rwanda, rigamije guteza imbere udushya tw’urubyiruko mu buhinzi hifashishijwe ikoranabuhanga.
Madamu Jeannette Kagame yatanze ubutumwa bugaruka ku nshingano zo Kwibuka, ubutwari bw’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bwo gukomeza guharanira kubaho ndetse n’inshingano buri munyarwanda afite zo gukunda Igihugu, kurinda ukuri kw’amateka y’u Rwanda, no gukomeza kwimana u Rwanda.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame , arateganya kugirira uruzinduko rw’akazi muri Botswana, ku matariki ya 6 – 7 Gicurasi 2026, ku butumire bwa mugenzi we wa Botswana, Duma Gideon Boko.
Umuyobozi w’ishami rishinzwe kurwanya Malaria n’izindi ndwara ziterwa n’udukoko muri RBC, Dr Aimable Mbituyumuremyi, akebura abantu bajya gukora umuganda ahandi bakajya gutema ibihuru ariko basize amazi aretse mu ngo, bakayacaho batazi ko ya mibu bagiye gusanga mu bihuru mu by’ukuri ikomoka iwabo mu ngo.
Mu Rwanda ubu harakoreshwa imiti itatu mu kuvura Malariya. Ibiri muri iyo miti ni mishya kuko yatangiye gukoreshwa mu kwa cumi k’umwaka wa 2025, ikaba yaraje kunganira umuti wa Coartem wari umaze imyaka irenga 15 ukora wonyine, ukaba wari utangiye gucika intege nubwo na wo ukiri mu yifashishwa kandi yemewe, ariko hakaba hari (…)
Ntibize amashuri y’ubuvuzi, nyamara batera inshinge, bafata ibizamini by’amaraso bagatanga n’imiti: Abajyanama b’ubuzima babishobora bate?
Abaturage bo mu Kagari ka Nyarubuye mu Murenge wa Fumbwe mu Karere ka Rwamagana, ubwo kuri uyu wa Kane tariki 23 Mata 2026 bahabwaga inzitiramibu, basabwe kuzikoresha neza kugira ngo zibarinde kurumwa n’imibu itera Malariya, basabwa no kwirinda kwitiranya Malariya n’amarozi.