Kuri iki Cyumweru Nkurayija Ishimwe Hubert yatorewe kuyobora Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda mu myaka ine iri imbere, asimbuye Ndayishimiye Samson.
Bamwe mu bakinnye umukino wo gusiganwa ku magare n’abakibikora, basanga kwizihiza umunsi w’amagare ku Rwanda ari iby’agaciro, kuko umukino w’amagare watumye igihugu kirushaho kumenyekana ku rwego rw’Isi kandi mu isura nziza.
Umujyi wa Kigali wahawe igihembo cyiswe “UCI Bike City Label Award” waherewe mu nama ya UCI Mobility & Bike City Forum yabereye i Athens mu Bugereki.
Akarere ka Rusizi kagiye gukinirwamo Isiganwa ry’Amagare ryo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rizakinwa tariki 25 na 26 Mata 2026.
Umudage Moritz Kretschy w’imyaka 24 y’amavuko ukinira ikipe ya NSN(Never Say Never) Development Team yegukanye Tour du Rwanda 2026 yasojwe kuri iki Cyumweru hasozwa ibilometero 997 na metero 800 byakinwe mu duce umunani twazengurutse igihugu kuva tariki 22 Gashyantare 2026.
Kuri uyu wa Gatandatu, hakinwe Agace ka Karindwi ka Tour du Rwanda 2026 kangana n’ibilometero 147 na metero 200 kahagurukiye mu Mujyi wa Musanze kagasorezwa kuri Kigali Pele Stadium kegukanywe na Henrique Ribeiro Bravo ukinira ikipe ya Soudal Quick Step.
Umunya-Israel Itamar Einhorn ukinira ikipe ya NSN yegukaye agace ka Gatandatu ka Tour du Rwanda 2026 kahagurukiye mu Karere Rubavu hasorezwa i Musanze kuri uyu wa Gatatu, kaba aka kabiri atwaye nyuma yo gutwara aka mbere.
Kuri uyu wa Gatatu, De Clercq Matthijs ukinira ikipe Soudal Quick Step yegukanye agace ka kane ka Tour du Rwanda 2026 kangana n’ibilometero 127.2 kahagurukiye mu Karere Karongi kagasorezwa rwagati mu Mujyi wa Rubavu.
Kuri uyu wa Kabiri, hakinwe agace ka gatatu ka Tour du Rwanda 2026 kahagurukiye mu Karere ka Huye kagasorezwa I Rusizi ku bilometero 145.3 kegukanwe na Jurgen Zomermaand ukinira ikipe ya Development Team Picnic PostNL mu gihe Umunyarwanda waje hafi yabaye uwa 11.
Kuri uyu wa Mbere, Umunya-Espagne Marti Soriano Pau yegukanye agace kabiri ka Tour du Rwanda 2026 kahagurukiye i Nyamata mu karere ka Bugesera kagasorezwa mu Mujyi wa Huye kanganaga n’ibilometero 134 na metero 600 akoresheje amasaha atatu, iminota icumi,amasegonda icumi n’ibyijana 30 akurikirwa n’Umunya-Eritrea Henok (…)
Ubuyobozi bw’Isiganwa ry’Amagare rizenguruka u Rwanda bwatangaje ko abantu babiri bitabye Imana ubwo barebaga agace ka mbere kakinwe kuri iki Cyumweru kagasorezwa i Rwamagana.
Kuri iki Cyumweru, hatangiye gukinwa Isiganwa ry’Amagare rizenguruka u Rwanda ’ Tour du Rwanda 2026’ hakinwa agace ka mbere mu munani tuzakinwa kegukanwa n’Umunya-Israel Itamar Einhorn ukinira ikipe ya NSN.
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare Sempoma Felix yatangaje abakinnyi batanu bazaba bagize ikipe y’u Rwanda Isiganwa ry’Amagare rizenguruka u Rwanda rya 2026 rizatangira ku wa 22 Gashyantare 2026.
Mu gihe habura iminsi micye ngo hatangire Isiganwa ry’Amagare rizenguruka u Rwanda 2026, amakipe abiri mashya yemeje ko azitabira Tour du Rwanda 2026 Abanyarwanda bahize kwegukana, yiyongera kuri 16 yari yatangajwe mu Ukuboza 2025.
Umudage Daniel Gathof n’Umuholandi Bart Classens bagize ikipe ya SURF Pro nibo begukanye isiganwa ry’amagare yo mu misozi 2025 ryaberaga mu Rwanda ku nshuro ya gatanu mu gihe BeMC-Ndabaga irimo Ntakirutimana Martha yaryegukanye mu bagore.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 3 Ukuboza 2025, hakinwe agace ka gatatu k’Isiganwa ry’Amagare yo mu Misozi 2025, kegukanwe na Daniel Gathof na Bart Classens bagize ikipe ya SURF Pro yongereye amahirwe yo gutwara iri siganwa rizasozwa ku wa Gatanu.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya SURF Pro igizwe n’Umudage Daniel Gathof n’Umuholandi Bart Classens yegukanye agace ka kabiri k’Isiganwa ry’Amagare yo mu Misozi 2025 kari kagizwe n’intera y’ibilometero 76,1 mu bagore ikipe ya BeMC-Ndabaga irimo Ntakirutimana Martha yongera kwigaragaza.
Kuri uyu wa Mbere, hatangiye isiganwa ry’amagare yo mu misozi ikipe ya TCLA1 igizwe n’Umunyarwanda Bukhari Banzi n’Umuholandi Louis van Zeeland yegukana agace ka mbere mu bagabo.
Abakinnyi 85 baturutse mu bihugu 16 barimo Abanyarwanda 18 nibo bazitabira irushanwa ry’amagare yo mu misozi "Rwandan Epic ’ 2025, riteganyijwe gutangira kuri uyu wa Mbere kugeza ku wa Gatanu tariki 5 Ukuboza 2025.
Umubyeyi witwa Abimpaye Gentille, yise umwana we w’umukobwa Ange UCI Noella, kubera ko yamubyaye yagiye gufana Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025, iherutse kubera mu Rwanda, agashimira cyane Leta yamufashije bituma abyara neza ndetse akitabwaho no mu bundi buryo.
Ku Cyumweru tariki 28 Nzeri 2025 nibwo i Kigali mu Rwanda, hasojwe Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025, aho asaga miliyoni 211 Frw ari yo yatanzwe nk’ibihembo ku bakinnyi, yongerwa ku midali.
Mu gihe kuri iki Cyumweru hasozwaga Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 yaberaga mu Rwanda, uduce dutandukanye tw’Umujyi wa Kigali turimo Nyabugogo twarimo abantu benshi bakurikiranye uyu munsi wa nyuma.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yambitse umudali wa Zahabu Umunya-Slovenia Tadej Pogačar wegukanye shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 yaberaga muri Afurika bwa mbere, ikacyirwa n’u Rwanda.
Shampiyona y’isi y’amagare (UCI Road World championship 2025) yaberaga I Kigali mu Rwanda ku nshuro ya mbere mu mateka yiri siganwa ku mugabane w’ Afurika yashyizweho akadomo aho umunya Slovenia w’imyaka 27 Tadej Pogacar yongeye ku yegukana.
Perezida Paul Kagame yashimiwe uruhare yagize mu gutuma u Rwanda rwandika amateka mu mukino w’amagare, ahabwa igihembo n’Ishyirahamwe ry’Imikino yo gusiganwa ku magare (UCI), gihabwa abakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu mukino wo gusiganwa ku magare.
Uyu munsi tariki ya 28 Nzeri 2025, ni umunsi w’amateka ushyira akadomo kuri Shampiyona y’Isi y’Amagare (UCI Road World Championship), irimo kubera i Kigali mu Rwanda bwa mbere mu mateka iyi shampiyona ibereye ku butaka bw’Afurika.
Umunya-Canada Magdeleine Vallieres yatwaye Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 iri kubera mu Rwanda, nyuma yo kwegukana isiganwa ry’umunsi umwe ringana n’ibilometero 164.4 ryakinwe kuri uyu wa Gatandatu.
Kuri uyu wa Gatandatu wari umunsi wa karindwi wa shampiyona y’Isi y’Amagare 2025, aho hakinwe isiganwa ry’umunsi umwe mu bangavu ndetse no mu bagore.
Abakobwa b’Ikipe y’Igihugu ya Espagne bitabiriye Shampiyona y’Isi ry’Amagare 2025 i Kigali, ibyishimo byabarenze bararira, nyuma y’intsinzi ya mugenzi wabo Paula Ostiz, wabaye uwa mbere mu batarengeje imyaka 19, ku ntera y’ibilometero 74, yegukana umudali wa zahabu.
Umunya esipanyekazi w’imyaka 18 Paula Ostiz niwe wegukanye umudali wa zahabu muri Shampiyona y’Isi y’Amagare mu cyiciro cy’abangavu basiganwa mu muhanda (Road Race).