Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amagaru mu Rwanda ryatangaje ko Amavubi agiye gukomereza umwiherero mu Misiri nyuma y’uko Morocco ihagaritse imikino yose ya gicuti yari kubera muri iki gihugu kubera icyorezo cya Ebola.
Umukino wa gicuti wari guhuza Amavubi na Tanzania ukabera muri Morocco wasubitswe kubera icyorezo cya Ebola.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya APR FC yashimiye abakinnyi batatu barimo Mamadou Sy, bari bamaze imyaka ibiri bayikinira bakaba batazongera amasezerano.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko butazongera amasezerano y’imikoranire n’ikipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United nyuma yo kwanga kwihuza na AS Kigali ngo zikore ikipe imwe.
Ikipe y’ishuri rya CGFK yo mu karere ka Kicukiro mu bahungu na PSBB mu bakobwa zegukanye ibikombe by’irushanwa ry’Amashuri Kagame Cup mu batarengeje imyaka 20 mu mupira w’amaguru mu gihe muri rusange ibikombe byihariwe n’ibigo byo mu Ntara y’Amajyepfo birimo Ecole Sainte Bernadette de Kamonyi
Ikipe ya RSSB-Tigers yari ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL 2026, ikoze amateka nyuma yo kuyegukana ku nshuro ya mbere itsinze Petro du Luanda
APR FC yasoje umwaka w’imikino wa 2025/26 mu buryo bwiza nyuma yo gutsinda Gicumbi FC ibitego 2-0, ishyikirizwa Igikombe cya Shampiyona yegukanye ku nshuro ya karindwi yikurikiranya kuva mu 2020, cyabaye icya 24 mu mateka yayo.
Kuri iki Cyumweru Nkurayija Ishimwe Hubert yatorewe kuyobora Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda mu myaka ine iri imbere, asimbuye Ndayishimiye Samson.
Amakipe ya Police VC mu bagabo na RRA WVC mu bagore yegukanye irushanwa rya Climate Action ryateguwe n’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda rifatanyije n’Ikigo Gishinzwe Kurengera Ibidukikije ’REMA’ atsinze REG VC na Police WVC.
Perezida Paul Kagame yashimiye Ikipe ya Paris Saint Germain yegukanye igikombe cya Shampiyona y’Amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’Uburayi, UEFA Champions League
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya PSG yatsindiye Arsenal ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League, penaliti 4-3 nyuma yo kunganya 1-1 mu minota 120 itwara iri rushanwa ku nshuro ya kabiri yikurikiranya.
Ubuyobozi butegura irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) bwatangaje ku mugaragaro impeta ikoze muri zahabu izahabwa ikipe izegukana igikombe, mu rwego rwo kongera guha agaciro iri rushanwa rikomeye ku mugabane wa Afurika.
Amakipe ya REG VC na Police VC mu bagabo na RRA WVC na Police WVC mu bagore yageze ku mukino wa nyuma w’irushanwa rya Climate Action ryateguwe n’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda rifatanyije n’Ikigo Gishinzwe Kurengera Ibidukikije ’REMA’.
Ikipe ya Rayon Sports izahagararira u Rwanda mu mikino ya CAF Confederation Cup ya 2026 - 2027 nyuma yo kunganya na Kiyovu Sports igitego 1-1 mu mukino w’umunsi wa nyuma wa Shampiyona, wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 29 Gicurasi 2026.
Kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya Etoile de l’Est yazamutse mu cyiciro cya mbere nyuma y’uko Unity yari yazamukanye na Sunrise FC isezeye kubera ubushobozi bucye.
Ikipe ya Petro de Luanda yasezereye ikipe ya Al Ahly Benghazi iyitsindiye amanota 94-88 muri BK Arena mu mukino wa 1/2 cy’irushanwa rya BAL 2026 warebwe na Perezida Paul Kagame.
Ikipe y’Umurenge wa Masaka muri Kicukiro mu mupira w’amaguru mu bagabo kuri uyu wa Kane yakatishije itike y’umukino wa nyuma w’irushanwa Umurenge Kagame Cup 2026, nyuma yo gusezerera ikipe y’Umurenge wa Mbazi wo muri Huye iyitsinze igitego 1-0 mu mukino wa 1/2 wabereye kuri Sitade ya Bugesera.
Bamwe mu bakinnye umukino wo gusiganwa ku magare n’abakibikora, basanga kwizihiza umunsi w’amagare ku Rwanda ari iby’agaciro, kuko umukino w’amagare watumye igihugu kirushaho kumenyekana ku rwego rw’Isi kandi mu isura nziza.
Amakipe ane ya mbere mu bagabo n’abagore mu mwaka usanzwe wa shampiyona ya Volleyball 2025-2026 agiye guhatana mu irushanwa ryateguwe n’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Kurengera Ibidukikije (REMA).
Ikipe ya RSSB-Tigers ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL ikomeje kubera i Kigali, yakoze amateka yo kugera ku mukino wa nyuma (Final) nyuma yo gutsinda Ah Ahly yo mugihugu cya Misiri amaonta 106-97.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya APR FC yatsindiye Al Merrikh SC ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 33 wa BK Pro League wabanjirijwe no guhabwa icyubahiro cy’uko yatwaye igikombe.
Mu nama ya BAL Innovation Summit yabereye i Kigali, ku wa Kabiri tariki 26 Gicurasi 2026, umukino w’intoki wa Basketball wagaragajwe nk’isano ihuza ibice byinshi by’ubuzima n’ubukungu bw’Ibihugu bya Afurika.
Noam Fritz Emeran wakiniye Manchester United yahamagawe mu bakinnyi 24 b’Amavubi bazakina imikino ya gicuti iteganyijwe muri Kamena 2026.
Imikino ya Basketball Africa League (BAL) irakomeza hakinwa imikino ya 1/2 aho RSSB Tigers yo mu Rwanda iza gu cakirana na Al Ahly yo mu gihugu cya Misiri.
Ikipe ya Rayon Sports yatsinze Bugesera FC ibitego 2-0 mu mukino w’Umunsi wa 33 wa BK Pro League, wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Kabiri tariki ya 26 Gicurasi, igira amanota 55, ishimangira ko ifite amahirwe yo kwegukana umwanya wa kabiri mu makipe y’imbere mu gihugu.
Leonard Craig Randall II ukinira ikipe ya RSSB Tigers akaba akomeje no kwandika amateka mu mikino ya Basketball Africa League (BAL 2026) iri kuba ku nshuro ya Gatandatu, yasinyanye amasezerano y’imikoranire n’iduka Nyafurika rikora imyenda ya Siporo rya Flexx Now aho azajya yamamaza ibikorwa bya ryo.
Ikipe ya APR VC yegukanye irushanwa ryo kwibuka Alphonse Rutsindura wishwe muri jenoside yakorewe abatutsi.
Kuri iki Cyumweru, hasojwe Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Bwongereza 2025-2026, Arsenal ishyikirizwa igikombe yegukanye nyuma y’imyaka 22 itagikoraho.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya APR FC yegukanye Igikombe cy’Amahoro 2026 itsindiye Rayon Sports ku mukino wa nyuma penaliti 4-2 nyuma yo kunganya igitego 1-1 mu minota 90.
Ku wa Gatanu tariki 22 Gicurasi 2026, ikipe ya Al Hilal SC yanganyije na Al Merrikh SC igitego 1-1 mu mukino w’umunsi wa 25 wa BK Pro League utarabereye igihe wabereye kuri Kigali Pele Stadium, isoza shampiyona idatsinze uyu mucyeba wayo umukino n’umwe.