Ikipe ya Police FC, Kiyovu Sports irifuza umutoza Hammadi watozaga w’Amagaju FC nayo yifuzaga kugumana.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatsinze Malawi mu mukino w’umunsi wa kabiri w’irushanwa ryo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 riri gukinirwa kuri Stade Mpuzamahanga ya Gahanga mu Mujyi wa Kigali, kuva ku wa Gatatu w’iki Cyumweru aho rwari rwatsinzwe na Zimbabwe.
Ikipe ya Mexico iri mu bihugu bitatu byakiriye Igikombe cy’Isi 2026 yafunguye iri rushanwa itsinda Afurika y’Epfo ibitego 2-0 mu mukino wo mu itsinda rya mbere wabaye ku wa 11 Kamena 2026.
Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku mugabane w’i Burayi(UEFA) yemeje ko umusifuzi Omar Artan wo muri Somalia uherutse kwangirwa kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yari gusifura Igikombe cy’Isi 2026, ariwe uzayobora umukino wa UEFA Super Cup 2026, uteganyijwe ku wa 12 Kanama i Salzburg.
Mu rwego rwo kwishimira intsinzi y’amateka y’ikipe ya RSSB Tigers yegukanye igikombe cya Basketball Africa League (BAL 2026), hateguwe igitaramo gikomeye kizahuza siporo n’imyidagaduro mu Mujyi wa Kigali.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, umukinnyi wo hagati Nkundimana Fabio wakiniraga Marine FC uheruka gusinyira Rayon Sports yatangajwe ku mugaragaro yiyongera kuri Nshimiyimana Emmanuel Kabange na Ganijuru Ishimwe bongereye amasezerano.
Ku nshuro ya kabiri, Bodymax Promotion yateguye irushanwa ryo kwizihiza Umunsi wo Kwibohora rizitabirwa n’ibihugu bitandatu bigize Afurika y’i Burasirazuba.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ys Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije Umunya-Chad Charles Tchouplaou wakiniraga Casric Stars yo mu cyiciro cya kabiri muri Afurika y’Epfo.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yanditse amateka mashya muri siporo ubwo yitabiraga umukino wa gatatu (Game 3) w’iya nyuma ya kamarampaka muri Shampiyona ya NBA Finals wabereye kuri Madison Square Garden i New York.
Ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 8 Kamena 2026, Uruganda rwa Skol rwari rumaze imyaka 12 ari umuterankunga mukuru wa Rayon Sports rwavuze ko iyi mikoranire yagannye ku musozo nyuma yo kurangira kw’amasezerano, bica amarenga y’imikoranire mishya iri gutegurwa.
Florentino Pérez, uherutse kongera gutorerwa kuyobora Real Madrid, kuri uyu wa Mbere yakiriye Papa Leo XIV kuri Stade ya Santiago Bernabéu, mu gikorwa cyahuje imbaga y’abakristu ba diyosezi ya Madrid, kikaba ari nacyo gikomeye mu ruzinduko rw’uyu Mushumba wa Kiliziya Gatolika muri uyu Murwa Mukuru.
Ku Cyumweru, tariki 7 Kamena 2026, ikipe ya The Champions Sports Academy yatangije iserukiramuco ry’imikino ngororamubiri aho ku nshuro ya mbere ryitabiriwe n’abana barenga 50 ribera muri Notre Dame des Anges i Remera.
Ikipe ya Police FC yatandukanye n’abakinnyi barindwi bose bari basoje amasezerano barimo Msanga Henry wifuzwa na Rayon Sports.
Myugariro akaba na kapiteni wungirije wa Rayon Sports, Nshimiyimana Emmanuel Kabange yongereye amasezerano y’imyaka ibiri akinira iyi kipe.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Police HC yegukanye igikombe cy’irushanwa ryo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 itsindiye APR HC ku mukino wa nyuma ibitego 32-27.
Ikipe ya Kiziguro SS yegukanye igikombe cy’irushanwa rya Handball ryo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu cyiciro cy’abagore itsindiye ESC Nyamagabe ku mukino wa nyuma ibitego 27-26.
Ikipe ya Rayon Sports ikomeje kwiganza ku isoko ry’abakinnyi b’imbere mu gihugu, yasinyishije myugariro Abdel Matumona Wakonda wakiniraga ikipe y’Amagaju FC mu gihe kingana n’imyaka ibiri.
Ikipe ya Rayon Sports yasinyishije Nkundimana Fabio wakiniraga Marine FC, yigeze kwifuza mu 2022.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Gorilla FC yatangaje ko yasinyishije rutahizamu Sunday Inemesit wakiniraga AS Kigali.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije Nisingizwe Christian wakiniraga ikipe ya Mukura VS.
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yagaragaje ko igihe kigeze kugira ngo ibikorwa bya Olempike birusheho kuba mpuzamahanga by’ukuri, bikagera ku migabane yose y’Isi n’abaturage bayo, aho kwibanda mu bice bike by’Isi.
Amakipe abiri yo muri Libya arimo Al Ahly Benghazi na Al Nasr nayo y’i Benghazi ndetse na CS Sfaxien yo muri Tunisia ashobora kwitabira CECAFA Kagame Cup 2026 izabera mu Rwanda kuva tariki 19 Nyakanga 2026.
Kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya Rayon Sports yasinyishije Ndayishimiye Didier wakiniraga AS Kigali inyuma ku ruhande rw’iburyo ariko ushobora no gukina hagati mu kibuga.
Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda rwasinyanye amasezerano y’imikoranire n’uruganda rwa Skol aho kuva mu mwaka w’imikino 2026-2027, ikipe ishobora kuzajya ihabwa miliyoni kuri buri mukino itsinze.
Ku nshuro ya mbere mu Rwanda hagiye kuba irushanwa ry’imikino yo kwiyerekana ’Acrobatics and Rythymic Gymnastics’ aho ryateguwe na Kigali International Gymnastics Academy (KIGA), ku bufatanye na n’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Gymnastics mu Rwanda (FERWAGY).
Kuri uyu wa Kane, ikipe ya Kiyovu Sports yatangaje ko yasinyishije rutahizamu Lola Kanda Moise wakiniragaa Gicumbi FC.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amagaru mu Rwanda ryatangaje ko Amavubi agiye gukomereza umwiherero mu Misiri nyuma y’uko Morocco ihagaritse imikino yose ya gicuti yari kubera muri iki gihugu kubera icyorezo cya Ebola.
Umukino wa gicuti wari guhuza Amavubi na Tanzania ukabera muri Morocco wasubitswe kubera icyorezo cya Ebola.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya APR FC yashimiye abakinnyi batatu barimo Mamadou Sy, bari bamaze imyaka ibiri bayikinira bakaba batazongera amasezerano.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko butazongera amasezerano y’imikoranire n’ikipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United nyuma yo kwanga kwihuza na AS Kigali ngo zikore ikipe imwe.