Perezida Paul Kagame yavuze ko ishoramari rikomeje kwiyongera u Rwanda rushyira mu mikino ari ingamba zateguwe neza zigamije guhanga imirimo, gukurura abashoramari no kugira igihugu igicumbi cy’imikino n’imyidagaduro mu karere.
Mu mukino warebwe n’abarimo perezida Kagame, ikipe ya RSSB Tigers ihagarariye u Rwanda mu mikino ya kamarampaka ya BAL 2026, yatsinze FUS Rabat yo mu gihugu cya Maroke amanota 95-72.
Mu mukino ufungura irushanwa ryo kwibuka Rutsindura Alphonse wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, usize ikipe ya Gisagara VC yitwaye neza.
Perezida Paul Kagame yashimye Arsenal yegukanye igikombe cya Shampiyona, avuga ko ari umuhigo ukomeye besheje nyuma y’umwaka w’imikino utari woroshye, bikiyongeraho ko bari bamaze imyaka 22 bagishakisha ariko ntibakibone.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Arsenal yongeye gutwara igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza yari imaze imyaka 22 idatwara, nyuma y’uko Man City bari bahanganye inganyije na AFC Bournemouth igitego 1-1 ikegukana icya 2025-2026.
Kuri uyu wa Kabiri, i Cairo mu Misiri habereye tombola y’uko amakipe agabanyije mu matsinda yo gushaka Itike y’igikombe cya Afurika 2027, yasize Amavubi yisanze mu itsinda rimwe na Mali, Cape Verde na Liberia.
Abakinnyi bane barimo umunyezamu Kwizera Olivier basubukuye imyitozo mu ikipe ya Rayon Sports iri kwitegura APR FC ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro uteganyijwe tariki 23 Gicurasi 2026 nyuma y’uburwayi butandukanye bari bafite.
Ivuye inyuma, Ikipe ya REG VC yegukanye igikombe cya shampiyona nyuma yo gutsinda Police VC naho APR WVC yo yisasira Kepler VC.
Ikipe ya APR FC yamaze kwegukana igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda ya 2025/2026 yatsinze Rutsiro FC ibitego 3- 0 iyongerera ibyago byo kumanuka mu cyiciro cya kabiri.
Abasirikare b’u Rwanda bagize RWABAT-2 bakorera ahitwa Bossembele, muri Repubulika ya Santrafurika, bashyikirije abaturage ikibuga cy’umukino wa Basketball babasaniye.
Kuri uyu wa Gandatu, ikipe ya APR FC yegukanye Igikombe cya 24 cya shampiyona, cyikaba icya karindwi cyikurikiranya nyuma y’uko Kiyovu Sports inganyije na AS Muhanga igitego 1-1.
U Rwanda rugiye kwakira irushanwa ry’umupira w’amaguru rya CECAFA rihuza abahoze bakina ruhago mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba n’iyo Hagati rigiye kuba nshuro ya kane.
Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yashimiye umukinnyi w’Umunyarwandakazi Florence witwaye neza muri Shampiyona Nyafurika y’Imikino Ngororamubiri ikomeje kubera i Accra muri Ghana, agaragaza ko yishimiye umuhate n’intsinzi byamurwnze ku rwego rw’Umugabane.
Kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya Rayon Sports yanganyirije na Gorilla FC igitego 1-1 mu mukino w’umunsi wa 32 wa BK Pro League 2025-2026 iva ku gikombe cya shampiyona burundu.
Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda rwatangaje ko iya 2026-2027 izatangira ku wa 4 Nzeri 2026 aho igizwe n’imikino 34 kuri buri kipe ku makipe 18 arimo ayo muri Sudani nanone.
Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yakiriye anashimira amakipe yahagarariye u Rwanda muri shampiyona y’Afurika ya volleyball.
Kuri uyu wa Gatatu, APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro 2026 isezeye Etincelles FC yatsinze ibitego 3-1 mu mukino wo kwishyura bisanga n’ubundi 3-1 yayitsinze mu mukino ubanza.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya Al Hilal SC yegukanye igikombe cya Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda 2025-2026 nyuma yo gutsindira Gasogi United kuri Kigali Pele Stadium ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 31 wa BK Pro League ikuzuza amanota 73 mu gihe isigaje imikino itatu.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Rayon Sports yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026 isezereye Gorilla FC muri 1/2 ku gitego cyo hanze nyuma yo kunganya 0-0 ku mukino wo kwishyura.
Nyuma y’uko Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda Shema Ngoga Fabrice yari yatangaje ko hazatangwa igikombe kimwe niyo cyatwarwa n’ikipe yo muri Sudani, Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere rwatangaje ko hazatangwa bibiri.
Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda Shema Ngoga Fabrice yatangaje ko muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda 2025-2026 hazatangwa igikombe kimwe nubwo cyatwarwa n’ikipe yo muri Sudani aho kuba bibiri, ikipe ya mbere mu yo mu Rwanda ihabwe amafaranga.
Umujyi wa Kigali wahawe igihembo cyiswe “UCI Bike City Label Award” waherewe mu nama ya UCI Mobility & Bike City Forum yabereye i Athens mu Bugereki.
Umutoza w’ikipe ya Rutsiro FC Rubangura Omar yavuze ko ataje nk’umucunguzi w’iyi kipe uje kurema ibintu byinshi mu byapfuye, ahubwo azakora ibishoboka byose kugura ngo igume mu cyiciro cya mbere.
Ikipe ya APR VC y’abagore yegukanye igikombe cya shampiyona, REG VC ihagrika umuvuduko wa Police VC bituma bagomba gutegereza umukino wa kane.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports yatsindiye Marine FC ibitego 2-1 kuri Kigali Pele Stadium mu mukino w’umunsi wa 31 wa BK Pro League ikomeza gushimangira umwanya wa kabiri.
Kuri uyu wa Gatanu, amakipe y’u Rwanda ya Handball y’abatarengeje imyaka 18 na 20 yegukanye ibikombe bibiri by’Akarere ka Gatanu atsinze u Burundi na Ethiopia ku mukino wa nyuma.
Nyuma yo kunyagirwa n’ikipe ya Al Hilal SC ibitego 4-0, umutoza w’ikipe ya APR FC Umunya-Maroc Taleb Abderrahim yavuze ko niba ikipe yifuza gukina Champions League umwaka utaha ikeneye abakinnyi beza bo kuyikina.
Ikipe ya Al Hilal SC yo muri Sudani ikina shampiyona y’u Rwanda yatsinze APR FC ibitego 4-0 mu mukino w’umunsi wa 30 wa BK Pro League ishimangira umwanya wa yo wa mbere, APR FC itakaza umwanya wa kabiri yari imazeho igihe.
Ikipe ya PSG yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League ku nshuro ya kabiri yikurikiranya nyuma yo kunganya na Bayern Munich igitego 1-1, mu mukino wo kwishyura wa 1/2 wabereye mu Budage mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu, iyisezerera iyitsinze ibitego 6-5 mu mikino ibiri.
Umutoza wa Rayon Sports yatangaje ko bigoye kongera kubona rutahizamu Fall Ngagne akina mu mwaka w’imikino 2025-2026 nyuma y’imvune yagiriye mu mukino wa shampiyona Rayon Sports yatsinzwemo na AS Muhanga kuri uyu wa Gatatu.