Ikipe ya APR FC yanganyije na Marine FC 2-2 mu mukino w’umunsi wa 23 ya Rwanda Premier League, wabeyere kuri Stade Umuganda mu Karere ka Rubavu kuri uyu wa Gatandatu tariki 7 Werurwe 2026, ikomeza kugenda biguru ntege inyuma ya Al Hilal SC iyoboye urutonde.
Binyuze mu ishyirahamwe ry’umukino wa volleyball mu Rwanda (FRVB) u Rwanda rwasinyanye amasezerano yo kwakira shampiyona y’Afurika ya volleyball mu bagabo.
Haruna Niyonzima wabaye kapiteni w’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yahakanye ibyo gusezera gukina umupira w’amaguru burundu.
Indenge bwite ya Cristiano Ronaldo ukinira ikipe ya Al Nassr muri Saudi Arabia yavuye muri iki gihugu yerekeza muri Espagne kubera ibitero Iran iri kugaba ku bikorwa bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika hirya no hino ku Isi kubera ibitero zayigabyeho zifatanyije na Israel.
Ikipe ya APR Volleyball club imaze kuba ubukombe muri shampiyona ya volleyball mu Rwanda, nti yabashije kujyera mu mikino ya kamarampaka (Playoffs) nyuma yo gusoza ku mwanya wa 5 ku rutonde rwa shampiyona isanzwe.
Mu gihe Igihugu cya Iran kiri kugabwaho ibitero na Leta Zunze Ubumwe za Amerika zifatanyije na Israel ndetse bikaba byarahitanye Umuyobozi w’Ikirenga, iki Gihugu kizitabira Igikombe cy’Isi 2026 aho imikino itatu y’itsinda rya karindwi giherereyemo izabera muri Amerika?
Amakipe ya Gisagara Academy ndetse na St Aloys y’i Rwamagana niyo yegukanye shampiyona y’abato (Rwanda national volleyball Junior League 2025-2026)
Umudage Moritz Kretschy w’imyaka 24 y’amavuko ukinira ikipe ya NSN(Never Say Never) Development Team yegukanye Tour du Rwanda 2026 yasojwe kuri iki Cyumweru hasozwa ibilometero 997 na metero 800 byakinwe mu duce umunani twazengurutse igihugu kuva tariki 22 Gashyantare 2026.
Nyuma y’imvura nyinshi yaguye kuru stade ya Muhanga bigatuma umukino As Muhanga yakinagamo na Police usubikwa, urasubukurwa bakomereza aho bari bageze.
Kuri uyu wa Gatandatu, hakinwe Agace ka Karindwi ka Tour du Rwanda 2026 kangana n’ibilometero 147 na metero 200 kahagurukiye mu Mujyi wa Musanze kagasorezwa kuri Kigali Pele Stadium kegukanywe na Henrique Ribeiro Bravo ukinira ikipe ya Soudal Quick Step.
Ikipe ya APR FC yatsinze Gorilla FC 2-1 mu mukino w’umunsi wa 22 ya Rwanda Premier League, wabeyere kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Gashyantare 2026, ibona itsinzi nyuma y’imikino ine idatsinda.
Umunya-Israel Itamar Einhorn ukinira ikipe ya NSN yegukaye agace ka Gatandatu ka Tour du Rwanda 2026 kahagurukiye mu Karere Rubavu hasorezwa i Musanze kuri uyu wa Gatatu, kaba aka kabiri atwaye nyuma yo gutwara aka mbere.
Kuri uyu wa Kane, Umudage Zemke Jermaine w’myaka 20 y’amavuko ukinira ikipe ya Rembe Rad-Net yegukanye Agace ka Gatanu ka Tour du Rwanda 2026 kangana n’ibilometero 82 kakinwe hazengurukwa Umujyi wa Rubavu abasiganwa bagezemo ku wa 25 Gashyantare 2026 hakina agace ka kane katurutse mu Karere ka Karongi.
Ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Al Hilal SC mu mukino w’ikirarane cy’umunsi wa 19 wa Rwanda Premier League yongera gutanga ikizere cyo kuzanzamuka.
Kuri uyu wa Gatatu, De Clercq Matthijs ukinira ikipe Soudal Quick Step yegukanye agace ka kane ka Tour du Rwanda 2026 kangana n’ibilometero 127.2 kahagurukiye mu Karere Karongi kagasorezwa rwagati mu Mujyi wa Rubavu.
Kuri uyu wa Kabiri, hakinwe agace ka gatatu ka Tour du Rwanda 2026 kahagurukiye mu Karere ka Huye kagasorezwa I Rusizi ku bilometero 145.3 kegukanwe na Jurgen Zomermaand ukinira ikipe ya Development Team Picnic PostNL mu gihe Umunyarwanda waje hafi yabaye uwa 11.
Ibihangange mu mukino w’iteramakofe, Floyd Mayweather na Manny Pacquiao bagiye kongera guhurira mu mukino wa mbere w’iteramakofe w’ababigize umwuga uzabera muri Sphere i Las Vegas.
Kuri uyu wa Mbere, Umunya-Espagne Marti Soriano Pau yegukanye agace kabiri ka Tour du Rwanda 2026 kahagurukiye i Nyamata mu karere ka Bugesera kagasorezwa mu Mujyi wa Huye kanganaga n’ibilometero 134 na metero 600 akoresheje amasaha atatu, iminota icumi,amasegonda icumi n’ibyijana 30 akurikirwa n’Umunya-Eritrea Henok (…)
Mugihe shampiyona ya volleyball isa ni gana ku musozo, amakipe amwe yamaze kubona itike ya kamarampaka mugihe abandi bagitegereje umunsi wa nyuma.
Mu mukino wateje impaka, ikipe ya Rayon Sports itsinze Mukura VS 2-1 mu mukino w’umunsi wa 21 wa Rwanda Premier League, yigira imbere ku rutonde rwa shampiyona.
Ubuyobozi bw’Isiganwa ry’Amagare rizenguruka u Rwanda bwatangaje ko abantu babiri bitabye Imana ubwo barebaga agace ka mbere kakinwe kuri iki Cyumweru kagasorezwa i Rwamagana.
Kuri iki Cyumweru, hatangiye gukinwa Isiganwa ry’Amagare rizenguruka u Rwanda ’ Tour du Rwanda 2026’ hakinwa agace ka mbere mu munani tuzakinwa kegukanwa n’Umunya-Israel Itamar Einhorn ukinira ikipe ya NSN.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro bwashimiye amakipe y’abagabo n’abagore mu mupira w’amaguru yabonye itike yo kuzahagararira Akarere ku rwego rw’Umujyi wa Kigali mu marushanwa azwi nka ‘Umurenge Kagame Cup 2026’.
Ikipe ya APR FC yanganyije na Police FC 1-1 mu mukino ufungura umunsi wa 21 wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda wabereye kuri Kigali Pele Stadium, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Gashyantare 2026.
Kimenyi Yves wabaye umunyezamu w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda n’amakipe arimo APR FC, Rayon Sports na Kiyovu yatangaje ko asezeye umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga kubera imvune ikomeye yagize mu myaka itatu ishize.
Shampiyona ya volleyball irabura iminsi micye igashyirwaho akadomo, amakipe ntarizera niba azakina imikino ya kamarampaka.
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare Sempoma Felix yatangaje abakinnyi batanu bazaba bagize ikipe y’u Rwanda Isiganwa ry’Amagare rizenguruka u Rwanda rya 2026 rizatangira ku wa 22 Gashyantare 2026.
Ikipe ya Al Merreikh SC yatsinze Al Hilal SC ibitego 2-1 mu mukino w’ikirarane cy’ umunsi wa 15 gisoza imikino ibanza ya Rwanda Premier League, wabereye kuri stade Amahoro, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17 Gashyantare 2026.
Kuri uyu wa Kabiri kuri Kigali Pele Stadium hakiniwe imikino ibiri ibanza ya 1/8 cy’Igikombe cy’Amahoro, ikipe ya Police FC inganya na Gicumbi FC 1-1 mu gihe APR FC yatsinze Kiyovu Sports 2-0.
AMAFOTO - Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino w’abakinnyi beza muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (the 2026 NBA All-Star Game) wabereye i Los Angeles.