Serumogo Ally wakiniraga Rayon Sports na Shaban Hussein Tshabalala wakiniraga Musanze FC berekanywe n’ikipe ya El Merriekh FC Bentiu nk’abakinnyi bayo bashya.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amagaru mu Rwanda n’Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda bamaganye abafana ba APR FC bakoze ibisa n’imyigaragambyo nyuma y’umukino banganyijemo na Al Merrikh SC 0-0 kubera kutishimira imisifurire.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko amarushanwa Umurenge Kagame Cup, azakomeza kugira uruhare mu kurwanya akarengane, umuturage agakomeza guhabwa serivisi nziza kandi imunogeye mu nzego z’ubuyobozi.
Kuri iki Cyumweru, hasojwe Igikombe cya Afurika 2025 cyaberaga muri Maroc cyegukanywe na Senegal itsindiye iki gihugu cyakiriye igitego 1-0, mu mukino wa nyuma, wagaragayemo impaka bitewe na penaliti yahawe Morocco, abakinnyi ba Senagal bakava mu kibuga umukino ugahagarara iminota 16.
Ikipe ya APR FC yanganyirije na Al Merrikh SC 0-0 mu mukino w’umunsi wa 15 wa shampiyona wabereye muri Stade Amahoro kuri iki Cyumweru, ugasozwa n’impaka zatewe n’igitego cya APR FC cyanzwe.
Ikipe ya Gisagara volleyball yongeye kurikoroza nyuma yo gutsinda APR VC ivuye inyuma imbere y’abafana ibihumbi bari i Gisagara.
Ikipe ya Rayon Sports yatandukanye na kapiteni wayo Serumogo Ally nyuma y’uko asabiwe n’abafana gusimbuzwa mu mukino iyi kipe yanyagiwemo na Al Hilal SC kuri uyu wa Gatandatu, yasimbuzwa bakamuvugiriza induru.
Ikipe ya Al Hilal Sports Club yatsinze ikipe ya Rayon Sports ibitego 4-0 mu mikino y’inyongera y’umunsi wa 15, ikomeza gutanga isomo rya ruhago ku makipe akina shampoyona y’icyiciro cya mbere hano mu Rwanda, maze abafana ba Rayon Sports bakomera amashyi abakinnyi b’iyi kipe.
Muri weekend ishize, habaye byinshi byo kwishimira; hari imyidagaduro yazanywe na IshowSpeed ukunzwe n’abatari bacye muri iyi si ya Rurema, kuko nasanze n’abana bato bamuzi kundusha. Ariko hari n’ibindi byinshi byabaye ku bakunda kwidagadura.
Shampiyona ya volleyball umunsi wa 10 watangiranye itsinzi ya Kepler VC naho Police y’abagore yongera gutanga ubutumwa kuri RRA.
Kuri uyu wa Kane, Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahuye n’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura igikombe cya Afurika cya kizabera mu Rwanda kuva tariki 21 kugera tari 31 Mutarama 2026 abaha impanuro n’inshingano yo guhagararira Igihugu neza.
Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watoje Rayon Sports n’Umwongereza Mark Harrison n’Umunyarwanda Mateso Jean de Dieu uzungiriza umwe muri bo, bari mu batoza bashobora gutoza Amagaju FC aheruka gutandukana n’abatoza bayo bose.
Ikipe y’igihugu ya Senegal na Morocco zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika cya 2025 kiri kubera muri Maroc nyuma yo gusezerera Misiri na Nigeria muri 1/2.
Ikipe ya Etincelles FC ishobora gutandukana n’umutoza Masudi Djuma nyuma y’ubwumvikane bucye hagati ye n’abakinnyi bamusabiye ko yakwirukanwa.
Ikipe ya APR FC itsinze Amagaju FC igitego 1-0 mu mukino wa shampiyona wabereye kuri Stade ya Muhanga ifata umwanya wa kabiri, Amagaju FC akomeza ku gana ahabi.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amagaru mu Rwanda ryatangaje ko ryahagaritse Umunya-Algeria Adel Amrouche wari umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi nyuma y’uko atubahirije ibikubiye mu masezerano.
Kuri uyu wa Kabiri, Dr Mugemana Charles wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports yitabye Imana azize uburwayi.
Umutoza mushya wa Rayon Sports Bruno Ferry yahagaritse rutahizamu Ndikumana Asman kubera gukina ibyo atamutumye mu kibuga ku mukino banyagiwemo na APR FC.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yatsinze Cameroon ibitego 27-26 mu mukino wakinwe ku wa 11 Mutarama 2025 mbere y’iminsi micye ngo rwakire Igikombe cya Afurika kuva tariki 21 Mutarama 2025.
Kuri uyu wa Mbere, ikipe y’Amagaju FC yirukanye abatoza batanu bayobowe n’umutoza mukuru Niyongabo Amars nyuma yo kwandagazwa na Al Hilal SC batsindwa ibitego 8-0 mu mukino wa shampiyona wabaye ku wa 11 Mutarama 2026.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Al Hilal SC yanyagiriye Amagaju FC ibitego 8-0 kuri Kigali Pele Stadium mu mukino wa shampiyona wakinwe bwa mbere saa tatu z’ijoro mu Rwanda mu gihe wanabuzemo umuriro.
Ikipe ya FC Barcelona yegukanye igikombe kiruta ibindi muri Espagne nyuma yo gutsindira Real Madrid ibitego 3-2 ku mukino wa nyuma wabereye muri Saudi Arabia kuri iki Cyumweru.
Ikipe ya Musanze FC yatangaje ko yagurishije Umurundi Shaban Hussein Tshabalala yari yasinyishije mu mpeshyi ya 2025, aho yaguzwe miliyoni 20 Frw na El Merriekh Bintiu izajya imuhemba ibihumbi bitatu by’amadolari.
Ikipe ya Police FC inganyije na Kiyovu Sports 0-0 mu mukino washyize akadomo ku mikino ibanza ku makipe yombi.
Ikipe ya Al Merrikh SC yanganyirije na Mukura VS igitego 1-1 kuri Kigali Pele Stadium mu mukino wa shampiyona wabaye kuri iki Cyumweru, mbere yo kwakirwa na APR FC.
Imikino yo kwishyura muri shampiyona ya volleyball mu Rwanda yatangiranye itsinzi ikomeye ya Kepler women volleyball club no kongera gutsindwa kwa Police.
Kuri uyu wa gatandatu taliki ya 10 Mutarama 2026, ikipe ya Rayon Sports yongeye kwandagazwa n’umucyeba APR FC iyitsinda ibitego 4-1 mu mukino w’igikombe kiruta ibindi Super Cup.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 10 Mutarama 2026, ikipe ya Rayon Sports WFC yegukanye igikombe kiruta ibindi ’FERWAFA Super Cup 2025’, nyuma yo gutsindira Indahangarwa WFC muri Stade Amaho ibitego 4-0, aho nayo yari yaratsindiwe n’iyi kipe iyitwara Igikombe cy’Amahoro 2025.
Kuri uyu wa Kane, ikipe ya Al-Merrikh SC yanganyirije na Police FC kuri Kigali Pelé Stadium 1-1, Al Hilal ihatsindira Etincelles FC 2-0 mu mikino y’inyongera ku munsi wa 14 shampiyona.
Umunsi wa 14 wa shampiyona y’icyiro cya mbere Rwanda Premier League, wasozanyijwe uduhigo tudasazwe ugereranyije n’indi minsi 13 yabanje.