Umukino wa gicuti wari guhuza Amavubi na Tanzania ukabera muri Morocco wasubitswe kubera icyorezo cya Ebola.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya APR FC yashimiye abakinnyi batatu barimo Mamadou Sy, bari bamaze imyaka ibiri bayikinira bakaba batazongera amasezerano.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu wa Mozambique akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma, Inocêncio Impissa, yavuze ko gukomeza gukorana n’Ingabo z’u Rwanda ari ingenzi, kuko bifasha Ingabo za Mozambique gukomeza imyitozo no kwitegura guhangana n’ibibazo by’umutekano.
Umukinnyi wa filime w’icyamamare ukomoka mu Bwongereza, Idris Elba, yahawe icyubahiro gikomeye cyo kugirwa “Sir” nyuma yo guhabwa umudari w’ubutwari (knighthood) n’Umwami w’u Bwongereza, King Charles III, mu muhango wabereye i Windsor Castle.
Ubuzima bwahagaze mu Murwa Mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Kinshasa, nyuma y’uko ihuriro ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi kuri uyu wa Gatatu rihamagariye abaturage gukora imyigaragambyo mu rwego rwo kwamagana umugambi wo guhindura Itegeko Nshinga.
Umusesenguzi, umushakashatsi n’umwarimu wa Kaminuza Dr. Eric Ndushabandi, yahaye urubyiruko ubuhamya bugaragaza ko mu Rwanda, mu bihe by’ivangura byariho mbere ya Jenoside yakorewe abatutsi hari ibintu by’ibanze umuntu atashoboraga kubona, ku buryo urubyiruko rwabaga rufite gutekereza ibintu biciriritse.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, yaburiye abatuye isi ko mu mezi abiri ari imbere hitezwe inkubi y’umuyanga karundura ya El Niño ishobora kuzasiga isibye byinshi ku isi.
Kuri iki cyumweru kirangiye, isi yose yijihije umunsi mpuzamahanga wo kureka itabi, wizihizwa ku wa 31 Gicurasi.
Uwimbabazi Jeanne, yari afite imyaka 16 mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umuryango we wari utuye mu mujyi wa Kigali, yibuka ko byose byatangiye ari mu biruhuko bya Pasika.
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yavuze ko igihugu cye cyagize uruhare mu mateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, asobanura ko ukuri ku byabaye gukwiye gukomeza gushyirwa ahagaragara kugira ngo habeho ubutabera n’ubwiyunge.
Perezida Paul Kagame yavuze ko urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwatashywe i Paris ruzagira uruhare rukomeye mu kubungabunga amateka no kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira.
Perezida Paul Kagame yavuze ko n’ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yagizwemo uruhare n’abari hanze y’u Rwanda, inshingano ya mbere yo kuyisobanukirwa no kubaka igihugu kitazongera kuyisubiramo iri ku Banyarwanda ubwabo.
Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we w’u Bufaransa Emmanuel Macron ku butwari n’ubumuntu yagaragaje mu kwemera ko igihugu cye cyagize uruhare mu makosa yabaye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umudepite wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Gregory Meeks, yanenze gahunda y’ubutegetsi bwa Donald Trump yo gushyira muri Kenya ikigo cyo gushyira mu kato Abanyamerika barwaye cyangwa bakekwaho icyorezo cya Ebola.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iratangiza ku mugaragaro ibizamini ngiro bya 2025/2026 kuri uyu wa Gatatu tariki ya 3 Kamena.
Ikigo gishinzwe amazi, isuku n’isukura WASAC Group, cyavuze ko ikibazo cy’ibura ry’amazi hari aho gihuriye n’ibura ry’umuriro ryaje riyongera ku bibazo bisanzwe by’ingano y’amazi igabanuka mu bihe by’ubushyuhe, bigatuma atagera ku bafatabuguzi neza.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko butazongera amasezerano y’imikoranire n’ikipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United nyuma yo kwanga kwihuza na AS Kigali ngo zikore ikipe imwe.
U Rwanda rwagaragaje ko ubufatanye hagati ya Koreya y’Epfo n’Umugabane wa Afurika buhura n’icyerekezo cy’iterambere ry’umugabane, cyane cyane gahunda ya Afurika y’Icyerekezo 2063, igamije iterambere rirambye n’ubufatanye bwimbitse.
Abaminisitiri b’Ubuzima bo mu bihugu umunani bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bahuriye mu nama ku buryo bw’ikoranabuhanga guhera tariki ya 1-2 Kamena 2026, bagamije guhuza ingamba zo guhangana n’icyorezo cya Ebola kimaze iminsi kibasiye cyane Intara ya Ituri, mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya (…)
Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko uzasubiza “mu buryo bukomeye kandi bujyanye n’uburemere bw’ibitero” mu gihe haba hari ibindi bitero bishya byagabwa ku duce ugenzura mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Perezida Paul Kagame ategerejwe i Paris mu Bufaransa kuri uyu wa 2 Kamena, aho azitabira umuhango wo gufungura ku mugaragaro urwibutso rushya rwagenewe kuzirikana abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ku butumire bwa Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron.
Nubwo icyemezo cyafashwe n’urukiko rw’ubukemurampaka ku masezerano y’abimukira hagati y’u Rwanda n’u Bwongereza cyabujije u Rwanda kubona andi mafaranga miliyoni 100 z’Amapawundi rwari rwiteze, uru rubanza rwagaragaje ikintu kitavuzwe cyane: ubushobozi n’ubushake bw’u Rwanda bwo kurengera inyungu zarwo binyuze mu nzira (…)
Nk’uko bisanzwe mu minsi ijana yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ibigo bitandukanye bikorera mu Rwanda byifatanya n’u Rwanda n’Isi muri rusange kwibuka. Ni muri rwego Ibitaro bya Nyamata biherereye mu Karere ka Bugesera na byo buri mwaka bitegura gahunda yo kwibuka.
Irani yavuze ko urujya n’uruza rw’amato mu Muyoboro wa Hormuz ruzasubira ku rwego rwariho mbere y’intambara mu minsi 30 nyuma y’amasezerano y’amahoro.
Abarenga miliyoni 50 b’Abanyetiyopiya bazindukiye mu matora rusange yabaye kuri uyu wa Mbere tariki ya 1 Kamena 2026, mu gikorwa gifatwa nk’icy’ingenzi mu rugendo rwa Demokarasi muri iki gihugu.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier J.P. Nduhungirehe, ari i Seoul muri Koreya y’Epfo aho yitabiriye inama ihuza ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga ba Afurika n’icyo Gihugu (Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting).
Ikipe y’ishuri rya CGFK yo mu karere ka Kicukiro mu bahungu na PSBB mu bakobwa zegukanye ibikombe by’irushanwa ry’Amashuri Kagame Cup mu batarengeje imyaka 20 mu mupira w’amaguru mu gihe muri rusange ibikombe byihariwe n’ibigo byo mu Ntara y’Amajyepfo birimo Ecole Sainte Bernadette de Kamonyi
Kayizari Jean Damascene warokotse Jenoside mu Kagari ka Butare mu Murenge wa Kabacuzi mu Karere ka Muhanga, avuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye ari umugeni witegura kurongora, kuko yari yarasabye umukobwa wo mu Murenge wa Kayenzi mu Karere ka Kamonyi.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO) ryishimiye ko abantu batanu banduye ubwoko budasanzwe bwa Ebola, butagira urukingo cyangwa umuti byemewe, bakize mu gihe icyorezo gikomeje kwibasira Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC).
Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yatangaje ko yategetse ingabo z’icyo gihugu gukomeza kwinjira muri Liban mu rugamba rwo guhangana n’umutwe wa Hezbollah uterwa inkunga na Iran, nubwo hari agahenge (ceasefire) kamaze igihe cy’ibyumweru bitandatu karatangajwe.
Ebola ni indwara iterwa na virusi yo mu cyiciro cya virusi zifite imiterere imeze nk’udushumi (filament-like) kandi zishobora gutera indwara zikomeye zo kuva amaraso cyane ku bantu no ku nyamaswa (Filoviridae).
Ku Rwibutso rwitiriwe Captain Mbaye Diagne ruherereye rwagati mu Mujyi wa Dakar, habereye igikorwa cyo kumwibuka. Captain Mbaye Diagne yiciwe mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ikipe ya RSSB-Tigers yari ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL 2026, ikoze amateka nyuma yo kuyegukana ku nshuro ya mbere itsinze Petro du Luanda
APR FC yasoje umwaka w’imikino wa 2025/26 mu buryo bwiza nyuma yo gutsinda Gicumbi FC ibitego 2-0, ishyikirizwa Igikombe cya Shampiyona yegukanye ku nshuro ya karindwi yikurikiranya kuva mu 2020, cyabaye icya 24 mu mateka yayo.
Kuri iki Cyumweru Nkurayija Ishimwe Hubert yatorewe kuyobora Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda mu myaka ine iri imbere, asimbuye Ndayishimiye Samson.
Nkurunziza Patrick yavukiye muri Congo mu 1997, aho ababyeyi be bari barahungiye nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi
Nkurunziza Patrick, umusore wahungutse acitse umutwe wa FDLR mu myaka cumi n’itani ishize, na n’ubu aracyatangazwa n’amahoro yasanze mu Rwanda, ubwo yazaga azi ko azicwa, nk’uko abakuru muri FDLR babibabeshyaga.
Amakipe ya Police VC mu bagabo na RRA WVC mu bagore yegukanye irushanwa rya Climate Action ryateguwe n’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda rifatanyije n’Ikigo Gishinzwe Kurengera Ibidukikije ’REMA’ atsinze REG VC na Police WVC.
Lt. Col Harelimana Gaspard, Umuyobozi Mukuru ushinzwe ikoranabuhanga mu ngabo z’u Rwanda, RDF, ni umwe mu banyarwanda bamenye ubwenge buhangano - AI mbere y’uko bukoreshwa mu buzima busanzwe mu Rwanda.
Perezida Paul Kagame yashimiye Ikipe ya Paris Saint Germain yegukanye igikombe cya Shampiyona y’Amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’Uburayi, UEFA Champions League
Umurizaboro Aline umwe mu rubyiruko rwitabiriye Ihuriro ry’Urubyiruko, yatanze ubuhamya bukomeye, aho yavuze ko yavutse gato nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, maze aba mu buzima bw’ibikomere bikomeye byatumye yiheza mu bantu.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya PSG yatsindiye Arsenal ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League, penaliti 4-3 nyuma yo kunganya 1-1 mu minota 120 itwara iri rushanwa ku nshuro ya kabiri yikurikiranya.
Maddox, umuhungu wa Angelina Jolie na Brad Pitt, ibyamamare mu gukina amafilime muri Amerika, yikuyeho izina rya se, akaba ari we ubikoze nyuma y’abavandimwe be batatu (3) mu bana batandatu (6) b’abo babyeyi.
Mbere y’ubukoloni, Umuganda wari uburyo bw’imigirire ishingiye ku muco gakondo wo gukorera hamwe hagamijwe gukemura ibibazo by’imibereho n’ubukungu bigamije inyungu zihuriweho gusa mu gihe cyabwo waje guhinduka uwo gukoraho imirimo y’abakoloni.
Ubuyobozi butegura irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) bwatangaje ku mugaragaro impeta ikoze muri zahabu izahabwa ikipe izegukana igikombe, mu rwego rwo kongera guha agaciro iri rushanwa rikomeye ku mugabane wa Afurika.
Madamu Jeannette Kagame yafunguye ’Ntarama Genocide Memorial Gallery’, Inzu y’Amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi iri ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama mu Karere ka Bugesera.
Madamu Jeannette Kagame yabwiye urubyiruko ko rufite igihango cyo kurinda ubumwe bw’Abanyarwanda, gusigasira ibyo Igihugu kimaze kugeraho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 no gukomeza kubaka u Rwanda.
Urubyiruko rwo mu ngeri zinyuranye z’Abanyarwanda rwongeye kwibutswa ibihuza Abanyarwanda, n’uruhare rusabwa kugira mu gusigasira amahoro, ubumwe, umutekano n’iterambere igihugu kigezeho.
Urubyiruko rwaturutse hirya no hino mu gihugu kuri uyu wa 30 Gicurasi rwitabiriye Ihuriro Ngarukamwaka ry’Urubyiruko ryiswe ‘Igihango cy’Urungano ryabereye ku Intare Conference Arena i Rusororo mu Karere ka Gasabo.