Buri mwaka, Oslo Freedom Forum yigaragaza nk’imwe mu nama zikomeye ku isi zihuriza hamwe abantu biyita abaharanira “demokarasi, uburenganzira bwa muntu n’ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo.”
Umuyobozi mukuru ushinzwe iterambere ry’Imijyi n’igenamigambi mu Mujyi wa Nairobi, Patrick Analo Akivaga, yatawe muri yombi nyuma y’uko Urwego rushinzwe kurwanya ruswa n’imyitwarire mibi muri Kenya rumusanganye ibifurumba by’amafaranga arenga miliyoni 65 z’Amashilingi ya Kenya ni ukuvuga (Miliyoni 735 n’ibihumbi 126 (…)
Kuri mugoroba, wo kuri uyu wa Kane u Rwanda rwifatanyije na Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu muhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 250 icyo gihugu cy’igihangange ku Isi kimaze kibonye ubwigenge.
Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Bernadette Arakwiye yatangije ku mugaragaro sitasiyo ya mbere y’u Rwanda ikora igenzura ry’ikirere cyo hejuru cyane (Automatic Upper-Air Station) iherereye mu Karere ka Huye.
Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda rwasinyanye amasezerano y’imikoranire n’uruganda rwa Skol aho kuva mu mwaka w’imikino 2026-2027, ikipe ishobora kuzajya ihabwa miliyoni kuri buri mukino itsinze.
Ambasade y’Ubwami bw’u Buholandi mu Rwanda, iyobowe na Ambasaderi Joan J. Wiegman, yifatanyije n’Abanyarwanda mu bikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ubuyobozi bw’Ikigega cyihariye cy’Ingoboka (Special Grant Fund/SGF), buratangaza ko hari umushinga w’Itegeko urimo kuganirwaho ushobora kuzatuma Inkende ziyongera mu nyamaswa zishyurirwa igihe zoneye cyangwa zangiririje abaturage.
Guhera ku wa kabari w’icyumweru gitaha, Urukiko rwa Rubanda rw’Ubujurire rwa Paris mu Bufaransa ruzatangira kuburanisha urubanza rwa Dr Eugène Rwamucyo wajuririye icyemezo cyamukatiye gufungwa imyaka 27 nyuma yo guhamywa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abanyeshuri batanu b’Abanyarwanda biga muri Kaminuza ya Kent State University yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ku wa 3 Kamena 2026, bakoze urugendo rwabo rwa mbere batwaye indege mu gikorwa kigamije kubategura kuba abapilote babigize umwuga.
Ku nshuro ya mbere mu Rwanda hagiye kuba irushanwa ry’imikino yo kwiyerekana ’Acrobatics and Rythymic Gymnastics’ aho ryateguwe na Kigali International Gymnastics Academy (KIGA), ku bufatanye na n’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Gymnastics mu Rwanda (FERWAGY).
Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) rwafunze by’agateganyo amahoteri atanu akorera mu Rwanda, nyuma y’igenzura ryagaragaje ko atujuje ibisabwa mu rwego rw’ubukerarugendo n’amahoteri.
U Rwanda rwagaragarije itsinda ry’intoranywa ry’abashoramari b’Abanyamerika ubushobozi n’amahirwe rufite akwiye kubyazwa umusaruro mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, mu nama yahuje Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Afurika yiga ku ishoramari mu bijyanye n’amabuye y’agaciro.
Kuri uyu wa Kane, ikipe ya Kiyovu Sports yatangaje ko yasinyishije rutahizamu Lola Kanda Moise wakiniragaa Gicumbi FC.
U Rwanda na Pakistani byasinyanye amasezerano yitezweho gushimangira imikoranire mu bijyanye no kugenzura ikoreshwa ry’ingufu za Nikeleyeri, guteza imbere ubumenyi n’ubushobozi bw’abakozi, ndetse no gusangira ubunararibonye n’amakuru.
Ikibazo cy’umutekano mu Karere kizakomeza kumvikana mu gihe cyose umutwe w’iterabwoba wa FDLR ubarizwa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo utarasenywa burundu, ngo wamburwe n’intwaro nk’uko byagiye bigarukwaho mu bihe bitandukanye.
Koperative Umwalimu Sacco yashyizeho uburyo bushya bwo gukoresha igenagaciro ku basaba inguzanyo mu rwego rwo kurinda abanyamuryango igihombo.
Inteko Ishinga Amategeko y’Amerika, Umutwe w’Abadepite (House of Representatives), igenzurwa n’Abarepubulikani, yatoye umwanzuro usaba Perezida Donald Trump guhagarika ibikorwa bya gisirikare muri Iran keretse habayeho uburenganzira butangwa na Kongere (Sena).
Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima ‘OMS/WHO’ , Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, yaburiye ibihugu bishyiraho ibihano rusange ndetse n’ingamba zikomeye zo kubuza cyangwa gukumira abantu gukora ingendo kubera icyorezo cya Ebola, ko ahubwo ibyo ari byo bituma kirushaho kwiyongera.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amagaru mu Rwanda ryatangaje ko Amavubi agiye gukomereza umwiherero mu Misiri nyuma y’uko Morocco ihagaritse imikino yose ya gicuti yari kubera muri iki gihugu kubera icyorezo cya Ebola.
Imibare mishya y’ubucuruzi igaragaza ko Ubushinwa buri hafi gusimbura Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) ku mwanya w’isoko rya mbere ry’ibicuruzwa byoherezwa mu mahanga biturutse mu Rwanda, ibintu byerekana impinduka zikomeye mu mikorere y’ubucuruzi bw’u Rwanda mu myaka ya vuba ishize.
Umunyarwanda Felicien Kabuga ufatwa nk’umuterankunga w’imena wa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yashyinguwe mu Bubiligi mu ibanga rikomeye.
Umukino wa gicuti wari guhuza Amavubi na Tanzania ukabera muri Morocco wasubitswe kubera icyorezo cya Ebola.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya APR FC yashimiye abakinnyi batatu barimo Mamadou Sy, bari bamaze imyaka ibiri bayikinira bakaba batazongera amasezerano.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu wa Mozambique akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma, Inocêncio Impissa, yavuze ko gukomeza gukorana n’Ingabo z’u Rwanda ari ingenzi, kuko bifasha Ingabo za Mozambique gukomeza imyitozo no kwitegura guhangana n’ibibazo by’umutekano.
Umukinnyi wa filime w’icyamamare ukomoka mu Bwongereza, Idris Elba, yahawe icyubahiro gikomeye cyo kugirwa “Sir” nyuma yo guhabwa umudari w’ubutwari (knighthood) n’Umwami w’u Bwongereza, King Charles III, mu muhango wabereye i Windsor Castle.
Ubuzima bwahagaze mu Murwa Mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Kinshasa, nyuma y’uko ihuriro ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi kuri uyu wa Gatatu rihamagariye abaturage gukora imyigaragambyo mu rwego rwo kwamagana umugambi wo guhindura Itegeko Nshinga.
Umusesenguzi, umushakashatsi n’umwarimu wa Kaminuza Dr. Eric Ndushabandi, yahaye urubyiruko ubuhamya bugaragaza ko mu Rwanda, mu bihe by’ivangura byariho mbere ya Jenoside yakorewe abatutsi hari ibintu by’ibanze umuntu atashoboraga kubona, ku buryo urubyiruko rwabaga rufite gutekereza ibintu biciriritse.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, yaburiye abatuye isi ko mu mezi abiri ari imbere hitezwe inkubi y’umuyanga karundura ya El Niño ishobora kuzasiga isibye byinshi ku isi.
Kuri iki cyumweru kirangiye, isi yose yijihije umunsi mpuzamahanga wo kureka itabi, wizihizwa ku wa 31 Gicurasi.
Uwimbabazi Jeanne, yari afite imyaka 16 mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umuryango we wari utuye mu mujyi wa Kigali, yibuka ko byose byatangiye ari mu biruhuko bya Pasika.
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yavuze ko igihugu cye cyagize uruhare mu mateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, asobanura ko ukuri ku byabaye gukwiye gukomeza gushyirwa ahagaragara kugira ngo habeho ubutabera n’ubwiyunge.
Perezida Paul Kagame yavuze ko urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwatashywe i Paris ruzagira uruhare rukomeye mu kubungabunga amateka no kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira.
Perezida Paul Kagame yavuze ko n’ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yagizwemo uruhare n’abari hanze y’u Rwanda, inshingano ya mbere yo kuyisobanukirwa no kubaka igihugu kitazongera kuyisubiramo iri ku Banyarwanda ubwabo.
Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we w’u Bufaransa Emmanuel Macron ku butwari n’ubumuntu yagaragaje mu kwemera ko igihugu cye cyagize uruhare mu makosa yabaye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umudepite wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Gregory Meeks, yanenze gahunda y’ubutegetsi bwa Donald Trump yo gushyira muri Kenya ikigo cyo gushyira mu kato Abanyamerika barwaye cyangwa bakekwaho icyorezo cya Ebola.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iratangiza ku mugaragaro ibizamini ngiro bya 2025/2026 kuri uyu wa Gatatu tariki ya 3 Kamena.
Ikigo gishinzwe amazi, isuku n’isukura WASAC Group, cyavuze ko ikibazo cy’ibura ry’amazi hari aho gihuriye n’ibura ry’umuriro ryaje riyongera ku bibazo bisanzwe by’ingano y’amazi igabanuka mu bihe by’ubushyuhe, bigatuma atagera ku bafatabuguzi neza.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko butazongera amasezerano y’imikoranire n’ikipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United nyuma yo kwanga kwihuza na AS Kigali ngo zikore ikipe imwe.
U Rwanda rwagaragaje ko ubufatanye hagati ya Koreya y’Epfo n’Umugabane wa Afurika buhura n’icyerekezo cy’iterambere ry’umugabane, cyane cyane gahunda ya Afurika y’Icyerekezo 2063, igamije iterambere rirambye n’ubufatanye bwimbitse.
Abaminisitiri b’Ubuzima bo mu bihugu umunani bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bahuriye mu nama ku buryo bw’ikoranabuhanga guhera tariki ya 1-2 Kamena 2026, bagamije guhuza ingamba zo guhangana n’icyorezo cya Ebola kimaze iminsi kibasiye cyane Intara ya Ituri, mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya (…)
Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko uzasubiza “mu buryo bukomeye kandi bujyanye n’uburemere bw’ibitero” mu gihe haba hari ibindi bitero bishya byagabwa ku duce ugenzura mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Perezida Paul Kagame ategerejwe i Paris mu Bufaransa kuri uyu wa 2 Kamena, aho azitabira umuhango wo gufungura ku mugaragaro urwibutso rushya rwagenewe kuzirikana abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ku butumire bwa Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron.
Nubwo icyemezo cyafashwe n’urukiko rw’ubukemurampaka ku masezerano y’abimukira hagati y’u Rwanda n’u Bwongereza cyabujije u Rwanda kubona andi mafaranga miliyoni 100 z’Amapawundi rwari rwiteze, uru rubanza rwagaragaje ikintu kitavuzwe cyane: ubushobozi n’ubushake bw’u Rwanda bwo kurengera inyungu zarwo binyuze mu nzira (…)
Nk’uko bisanzwe mu minsi ijana yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ibigo bitandukanye bikorera mu Rwanda byifatanya n’u Rwanda n’Isi muri rusange kwibuka. Ni muri rwego Ibitaro bya Nyamata biherereye mu Karere ka Bugesera na byo buri mwaka bitegura gahunda yo kwibuka.
Irani yavuze ko urujya n’uruza rw’amato mu Muyoboro wa Hormuz ruzasubira ku rwego rwariho mbere y’intambara mu minsi 30 nyuma y’amasezerano y’amahoro.
Abarenga miliyoni 50 b’Abanyetiyopiya bazindukiye mu matora rusange yabaye kuri uyu wa Mbere tariki ya 1 Kamena 2026, mu gikorwa gifatwa nk’icy’ingenzi mu rugendo rwa Demokarasi muri iki gihugu.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier J.P. Nduhungirehe, ari i Seoul muri Koreya y’Epfo aho yitabiriye inama ihuza ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga ba Afurika n’icyo Gihugu (Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting).
Ikipe y’ishuri rya CGFK yo mu karere ka Kicukiro mu bahungu na PSBB mu bakobwa zegukanye ibikombe by’irushanwa ry’Amashuri Kagame Cup mu batarengeje imyaka 20 mu mupira w’amaguru mu gihe muri rusange ibikombe byihariwe n’ibigo byo mu Ntara y’Amajyepfo birimo Ecole Sainte Bernadette de Kamonyi
Kayizari Jean Damascene warokotse Jenoside mu Kagari ka Butare mu Murenge wa Kabacuzi mu Karere ka Muhanga, avuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye ari umugeni witegura kurongora, kuko yari yarasabye umukobwa wo mu Murenge wa Kayenzi mu Karere ka Kamonyi.