Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Hakuziyaremye, hamwe n’Umuyobozi wa Africa Reinsurance Corporation, Corneille Karekezi, bagaragaje uko u Rwanda rufata urwego rw’ubwishingizi nk’ibikorwaremezo by’ingenzi byubaka ubukungu.
Umuyobozi w’Ikigega cy’Imari cya Banki y’Isi gifasha abikorera (International Finance Corporation), Makhtar Diop, yavuze ko inzego zirimo ubuhinzi zitejwe imbere zafasha Afurika mu guhanga imirimo, kwihaza mu biribwa no guteza imbere inganda.
Perezida Kagame yavuze ko imbuga nkoranyambaga nta kintu ajya azibonaho ngo kimutungure cyane, ahubwo ko azibona nk’uburyo bwiza buha buri wese umwanya wo kugaragaza ibyo atekereza kandi akumvwa.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, arashima imikorere y’urwego rw’abikorera muri Afurika, kuko hari igihe biba ngombwa ko rwinjira mu bibazo biba byatewe n’inzego za Leta.
Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) Jean-Guy Afrika yagaragaje ko ubukungu bw’isi buri guhinduka ku muvuduko munini, ibintu bisaba Afurika kwitwara mu buryo butayisubiza inyuma kugira ngo ibashe guhangana no kubyaza umusaruro amahirwe ifite.
Umuyobozi w’Ikinyamakuru gikomeye ku isi Jeune Afrique ari nacyo gitegura Afurika CEO Forum yavuze ko imyitwarire ya Afurika, aho buri wese yumva ko yagira Kampani ye y’ubucuruzi n’ishoramari, ari ibitekerezo bishaje kuko ntaho bigeza umushoramari.
I Kigali mu Rwanda kuri uyu wa Kane hatangiye inama y’iminsi ibiri izwi nka ’Africa CEO Forum’ iri mu zikomeye cyane muri Afurika. Ni inama ihuza abakuru b’Ibihugu, za Guverinoma, abayobozi b’ibigo bikomeye (CEOs), abashoramari, amabanki, n’inzego mpuzamahanga.
Perezida Paul Kagame yavuze ko mu gihe isi iri kunyura mu mpinduka zikomeye zirimo gutuma gahunda mpuzamahanga yari isanzweho (world order) igaragara nk’iri gusenyuka, Afurika ikwiye kubifata nk’umwanya wo kwishakamo ibisubizo aho gukomeza gutegereza ibisubizo biturutse hanze.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yavuze ko Afurika idakwiye gukomeza gutinya abibwira ko bafite ubushobozi bwo kuyobora isi n’ijuru, ahubwo babahe igihe.
Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yakiriye anashimira amakipe yahagarariye u Rwanda muri shampiyona y’Afurika ya volleyball.
Umunyamakurukazi Glory Iribagiza yandikiye Perezida Paul Kagame ibaruwa ifunguye, ndetse ayinyuza ku mbuga nkoranyambaga, amusaba ko yamufasha kubona ubutabera, kuko yizeye ko ari we wenyine washobora kubumuha, kandi ko atari impuhwe yifuza kugirirwa n’inzego z’ubutabera, ahubwo ko guhabwa ubutabera ari uburenganzira bwe.
Perezida Paul Kagame, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu yakiriye muri Village Urugwiro mugenzi we wa Mozambique, Daniel Chapo uri mu ruzinduko mu Rwanda.
Perezida Paul Kagame kandi yakiriye Mohamed Ould Ghazouani, Perezida wa Repubulika ya Kisilamu ya Mauritania, bagirana ibiganiro byibanze ku nzego z’ingenzi z’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.
Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye, Village Urugwiro, mugenzi we wa Nigeria, Bola Ahmed Tinubu uri mu ruzinduko mu Rwanda aho yitabiriye Inama ya Africa CEO Forum iteganyijwe kuva kuri uyu wa 14 kugeza ku wa 15 Gicurasi 2016.
Africa CEO Forum ni imwe mu nama zikomeye cyane muri Afurika, ihuza abakuru b’Ibihugu, za Guverinoma, abayobozi b’ibigo bikomeye (CEOs), abashoramari, amabanki, n’inzego mpuzamahanga.
Abadepite basabye Minisiteri y’Ibikorwa Remezo n’ibigo biyishamikiyeho ko bakwiye kwita ku kibazo cy’amazi make ari mu Karere ka Muhanga.
Kuri uyu wa Gatatu, APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro 2026 isezeye Etincelles FC yatsinze ibitego 3-1 mu mukino wo kwishyura bisanga n’ubundi 3-1 yayitsinze mu mukino ubanza.
Louise Mushikiwabo, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), yageze i Kigali aje kwitabira ibikorwa by’Inama ya Africa CEO Forum.
Perezida wa Mozambique, Daniel Chapo nawe yageze i Kigali aho yitabiriye inama ya Africa CEO Forum iteganyijwe kuva tariki ya 14 kugeza ku ya 15 Gicurasi 2026.
Gen Brice Clotaire Oligui Nguema, Perezida wa Gabon, yageze i Kigali aho aje kwitabira inama ihuza abayobozi b’ibigo bitandukanye, abashoramari n’abanyapolitike baturutse muri Afurika ndetse no hirya no hino ku Isi, izwi nka Africa CEO Forum.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye mu biro bye intumwa ziyobowe na Ahmed Elsewedy, Perezida akaba n’Umuyobozi Mukuru wa Elsewedy Electric, hamwe na Hossam El Shaer, Perezida wa Sunrise Resorts & Cruises na Madaar, bari i Kigali bitabiriye inama ya Africa CEO Forum.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya Al Hilal SC yegukanye igikombe cya Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda 2025-2026 nyuma yo gutsindira Gasogi United kuri Kigali Pele Stadium ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 31 wa BK Pro League ikuzuza amanota 73 mu gihe isigaje imikino itatu.
Mohamed Ould Ghazouani, Perezida wa Repubulika ya Kisilamu ya Mauritania, yageze mu Rwanda aho aje kwitabira inama ya Africa CEO Forum iteganyijwe kuri uyu wa Kane tariki 14 kugeza ku wa 15 Gicurasi 2026.
Kuri uyu wa Gatatu Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye mu biro bye Faure Essozimna Gnassingbé uyobora Togo nka Perezida w’Inama y’Abaminisitiri muri icyo gihugu.
Perezida wa Nigeria, Bola Ahmed Tinubu yageze i Kigali mu Rwanda aho yitabiriye Inama ya Africa CEO Forum ihuza abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma ndetse n’abayobozi b’ibigo bitandukanye, abashoramari baturutse muri Afurika ndetse no hirya no hino ku Isi.
Umuyobozi Mukuru w’ikigo cy’ingufu (REG) ZINGIRO Armand yabwiye Abadepite bagize Komisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo bya Leta ko umushinga wo kubaka umuyoboro w’Amashanyarazi wagombaga guhuza igice cya Bwishyura mu karere ka Karongi na Kamanyora muri Repubulika Iharanira Demokari ya Congo wadindiye kubera ko ingengo (…)
Faure Essozimna Gnassingbé, Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, kuri uyu wa Gatatu yageze mu Mujyi wa Kigali, mu ruzinduko rw’akazi rugamije gukomeza gutsura umubano n’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.
Banki y’Amajyambere y’u Rwanda (BRD PLC), yatangije ku mugaragaro gahunda yo kwegereza abaturage serivisi z’imari, zizajya zitangirwa muri za SACCO zo ku rwego rw’Akarere mu gihugu hose.
Mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’igihombo gikomoka ku kwangirika k’umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi mbere yo koherezwa ku masoko mpuzamahanga, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) cyateganyije gushora arenga miliyari 1.3 Frw mu kubaka no gusana ibikorwa remezo (…)
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yatangaje ko hakiri icyuho cy’ingengo y’imari kingana na miliyari 17.2 Frw muri gahunda ya nkunganire y’imbuto, ifumbire n’ishwagara, ibintu bishobora kugira ingaruka ku bushobozi bwo gukomeza gufasha abahinzi kubona inyongeramusaruro ku gihe.
Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron yanenze umurongo Leta Zunze Ubumwe za Amerika yafashe wo gufatira u Rwanda ibihano kubera ibirego bishingiye ku ntambara iri mu Burasirazuba bwa Congo.
Perezida wa Guinea Conakry, Mamadi Doumbouya, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yageze mu Rwanda aho aje kwitabira inama ya Africa CEO Forum iteganyijwe kubera i Kigali ku wa 14 kugeza ku wa 15 Gicurasi 2026.
Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida w’Ikigega Mpuzamahanga gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi (International Fund for Agricultural Development – IFAD), Álvaro Lario.
Abadepite bagize Komisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo bya Leta mu Nteko Ishinga Amategeko banenze kuba ibicuruzwa by’abacuruzi b’Abanyarwanda bakorera ku mupaka wa Cyanika bibikwa muri Uganda, mu gihe ku ruhande rw’u Rwanda hari inyubako y’ububiko itaratangira gutanga serivisi kubera kutumvikana hagati y’umushoramari (…)
Perezida Paul Kagame yagaragaje ko Afurika imaze igihe yizezwa ibitangaza igahabwa amasezerano menshi n’amahanga ariko akenshi ntashyirwe mu bikorwa ngo agire icyo afasha abaturage ku buryo bufatika.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko Abanyafurika ubwabo ari bo bagomba gufata iya mbere bagateza imbere Afurika, kuko nta wundi muyobozi wo ku Isi uwo ari we wese, watabara umugabane wa Afurika.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Rayon Sports yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026 isezereye Gorilla FC muri 1/2 ku gitego cyo hanze nyuma yo kunganya 0-0 ku mukino wo kwishyura.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingabo Mboneragihugu yavuze ko hafashwe ingamba ko kubakira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bizajya bijyanishwa no kubakira abandi Banyarwanda batishoboye muri rusange.
Ingoro Ndangamateka y’Urugamba rwo Kubohora Igihugu yo ku Mulindi w’Intwari igiye gushyirwamo ikoranabuhanga nk’iryo mu ngoro nk’iyo yo mu Bushinwa, rizafasha mu kumurika amateka ari muri iyo ngoro.
Abadepite bagize Komisiyo y’Ingengo y’Imari, bavuze ko byinshi mu byihutirwa byitaweho, ndetse n’ingengo y’imari ikenewe kubishyira mu bikorwa mu mwaka utaha, birimo birashakirwa amafaranga yo kubishyira mu bikorwa.
Abayobozi batandukanye bitabye Karame mu butumire bwa Perezida Yoweli Kaguta Museveni, warahiriye kuyobora Uganda mu myaka itanu iri imbere.
Umuhango wo kurahira kuyobora Uganda muri manda ye ya karindwi, Perezida Yoweli Kaguta Museveni yaje atari kumwe n’umugore we Janet Kataha Museveni.
Nyuma y’uko Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda Shema Ngoga Fabrice yari yatangaje ko hazatangwa igikombe kimwe niyo cyatwarwa n’ikipe yo muri Sudani, Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere rwatangaje ko hazatangwa bibiri.
Umuryango IBUKA uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Ruhango, urizeza Abarokotse ko n’ubwo hari ahakigaragara ingengabitekerezo ya Jenoside, ndetse hakaba n’abakoze Jenoside bakomeje kwihishahisha, hari icyizere cyo gukomeza kubona ubutabera, kuko Jenoside ari icyaha kidasaza.
Perezida Paul Kagame yifatanyije n’abandi bakuru b’ibihugu na za guverinoma mu musangiro wateguwe na Perezida wa William Ruto wa Kenya afatanyije na Madamu Rachel Ruto. Ni igikorwa cyabaye ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 11 Gicurasi 2026 mu Ngoro y’Umukuru w’Igihugu i Nairobi.
Abakinnyi, abafana, abayobozi ndetse n’abagize umuryango mugari wa Kiyovu Sports bifatanyije n’Abanyarwanda kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basura Urwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi bunamira abarenga ibihumbi 250 barushyinguyemo.
Ba rwiyemezamirimo b’abagore bo mu birwa bya Mauritius bagiye kuza mu Rwanda, mu ruzinduko rw’iminsi itatu rugamije gushaka amahirwe mashya y’ubucuruzi n’ishoramari, binyuze mu Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA), bakazagirana ibiganiro n’abo mu Rwanda.
Perezida Kagame yageze muri Kenya aho yifatanyije n’abandi Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma mu nama ihuza u Bufaransa n’ibihugu bya Afurika ‘Africa Forward Summit’, irimo kubera i Nairobi, hagati ya tariki 11-12 Gicurasi 2026.
Mu gihe Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Murangwa Yusuf, yagezaga ku Nteko Ishinga Amategeko imbanzirizamushinga y’ingengo y’imari y’umwaka wa 2026-2027 kuri uyu wa Mbere tariki 11 Gicurasi 2026, Senateri Mureshyankwano Marie Rose yashimye uko mu ngengo y’imari ihame ry’uburinganire ryitabwaho, ariko avuga ko hakirimo ikibazo.
U Rwanda rwitabiriye imyitozo y’Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) yiswe USHIRIKIANO IMARA 2026. Ni imyitozo ibera mu Ishuri ry’Amahugurwa yo kubungabunga amahoro riherereye Embakasi i Nairobi mu gihugu cya Kenya.