Abadepite bagize Komisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo bya Leta mu Nteko Ishinga Amategeko banenze kuba ibicuruzwa by’abacuruzi b’Abanyarwanda bakorera ku mupaka wa Cyanika bibikwa muri Uganda, mu gihe ku ruhande rw’u Rwanda hari inyubako y’ububiko itaratangira gutanga serivisi kubera kutumvikana hagati y’umushoramari (…)
Perezida Paul Kagame yagaragaje ko Afurika imaze igihe yizezwa ibitangaza igahabwa amasezerano menshi n’amahanga ariko akenshi ntashyirwe mu bikorwa ngo agire icyo afasha abaturage ku buryo bufatika.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko Abanyafurika ubwabo ari bo bagomba gufata iya mbere bagateza imbere Afurika, kuko nta wundi muyobozi wo ku Isi uwo ari we wese, watabara umugabane wa Afurika.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Rayon Sports yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026 isezereye Gorilla FC muri 1/2 ku gitego cyo hanze nyuma yo kunganya 0-0 ku mukino wo kwishyura.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingabo Mboneragihugu yavuze ko hafashwe ingamba ko kubakira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bizajya bijyanishwa no kubakira abandi Banyarwanda batishoboye muri rusange.
Ingoro Ndangamateka y’Urugamba rwo Kubohora Igihugu yo ku Mulindi w’Intwari igiye gushyirwamo ikoranabuhanga nk’iryo mu ngoro nk’iyo yo mu Bushinwa, rizafasha mu kumurika amateka ari muri iyo ngoro.
Abadepite bagize Komisiyo y’Ingengo y’Imari, bavuze ko byinshi mu byihutirwa byitaweho, ndetse n’ingengo y’imari ikenewe kubishyira mu bikorwa mu mwaka utaha, birimo birashakirwa amafaranga yo kubishyira mu bikorwa.
Abayobozi batandukanye bitabye Karame mu butumire bwa Perezida Yoweli Kaguta Museveni, warahiriye kuyobora Uganda mu myaka itanu iri imbere.
Umuhango wo kurahira kuyobora Uganda muri manda ye ya karindwi, Perezida Yoweli Kaguta Museveni yaje atari kumwe n’umugore we Janet Kataha Museveni.
Nyuma y’uko Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda Shema Ngoga Fabrice yari yatangaje ko hazatangwa igikombe kimwe niyo cyatwarwa n’ikipe yo muri Sudani, Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere rwatangaje ko hazatangwa bibiri.
Umuryango IBUKA uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Ruhango, urizeza Abarokotse ko n’ubwo hari ahakigaragara ingengabitekerezo ya Jenoside, ndetse hakaba n’abakoze Jenoside bakomeje kwihishahisha, hari icyizere cyo gukomeza kubona ubutabera, kuko Jenoside ari icyaha kidasaza.
Perezida Paul Kagame yifatanyije n’abandi bakuru b’ibihugu na za guverinoma mu musangiro wateguwe na Perezida wa William Ruto wa Kenya afatanyije na Madamu Rachel Ruto. Ni igikorwa cyabaye ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 11 Gicurasi 2026 mu Ngoro y’Umukuru w’Igihugu i Nairobi.
Abakinnyi, abafana, abayobozi ndetse n’abagize umuryango mugari wa Kiyovu Sports bifatanyije n’Abanyarwanda kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basura Urwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi bunamira abarenga ibihumbi 250 barushyinguyemo.
Ba rwiyemezamirimo b’abagore bo mu birwa bya Mauritius bagiye kuza mu Rwanda, mu ruzinduko rw’iminsi itatu rugamije gushaka amahirwe mashya y’ubucuruzi n’ishoramari, binyuze mu Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA), bakazagirana ibiganiro n’abo mu Rwanda.
Perezida Kagame yageze muri Kenya aho yifatanyije n’abandi Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma mu nama ihuza u Bufaransa n’ibihugu bya Afurika ‘Africa Forward Summit’, irimo kubera i Nairobi, hagati ya tariki 11-12 Gicurasi 2026.
Mu gihe Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Murangwa Yusuf, yagezaga ku Nteko Ishinga Amategeko imbanzirizamushinga y’ingengo y’imari y’umwaka wa 2026-2027 kuri uyu wa Mbere tariki 11 Gicurasi 2026, Senateri Mureshyankwano Marie Rose yashimye uko mu ngengo y’imari ihame ry’uburinganire ryitabwaho, ariko avuga ko hakirimo ikibazo.
U Rwanda rwitabiriye imyitozo y’Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) yiswe USHIRIKIANO IMARA 2026. Ni imyitozo ibera mu Ishuri ry’Amahugurwa yo kubungabunga amahoro riherereye Embakasi i Nairobi mu gihugu cya Kenya.
Minisitiri w’Imari n’igenamigambi, Yussuf Murangwa, yavuze ko icyuho cy’ibyoherezwa n’ibitumizwa mu mahanga cyagabanutseho 1, 9 % mu mwaka wa 2025 biva kuri Miliyari 2,4 z’Amadorali ya Amerika 2024 bigera kuri Miliyari 2,3$ z’Amadorali ya Amerika mu mwaka wa 2025.
Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda Shema Ngoga Fabrice yatangaje ko muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda 2025-2026 hazatangwa igikombe kimwe nubwo cyatwarwa n’ikipe yo muri Sudani aho kuba bibiri, ikipe ya mbere mu yo mu Rwanda ihabwe amafaranga.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi yatangaje ko umuhanda mushya ujya ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali kirimo kubakwa mu Karere ka Bugesera ugiye gutangira kubakwa.
Umujyi wa Kigali wahawe igihembo cyiswe “UCI Bike City Label Award” waherewe mu nama ya UCI Mobility & Bike City Forum yabereye i Athens mu Bugereki.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, yatangaje ko Ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka ku kigero kiringaniye cya 6.8% muri 2026, bitewe n’ingaruka z’intambara yo mu Burasirazuba bwo hagati ku biciro by’ibicuruzwa.
Guverinoma y’u Rwanda iteganya gushora Frw 138.3 miliyari mu mishinga y’amazi isuku n’isukura mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2026/27, mu rwego rwo kongera amazi meza ku baturage no kunoza imicungire y’isuku mu mijyi no mu byaro.
Depite Christine Mukabunani yabajije Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi icyo Leta iteganya mu gutuma amafaranga Leta y’u Rwanda iba igomba kwishyurwa mu bikorwa by’ubutumwa bwo kubungabunga amahoro ku isi, ariko Loni igatinda kuyishyura mu gihe Guverinoma iba yayapangiye mu ngengo y’imari.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, aritabira Inama ku Iterambere ry’ahazaza ha Afurika izwi nka ‘Africa Forward Summit, irimo kubera muri Kenya.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi irategura Ingengo y’imari ingana na Miliyari 7,796.3 Frw y’Umwaka wa 2026-2027 nk’uko byagaragajwe mu mbanzirizamushinga w’Ingengo y’imari izatangazwa muri Kamena uyu mwaka.
Urwego rw’Igihugu rw’Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR) rwagaragaje ko ibiciro ku masoko byakomeje kuzamuka mu gihugu, aho imibare y’Igipimo cy’ihindagurika ry’ibiciro (Consumer Price Index-CPI) yo muri Mata 2026 yerekana ko abaturage bakomeje guhura n’ubuzima buhenze, bitewe n’izamuka ry’ibiciro by’ibicuruzwa na serivisi (…)
Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) by’umwihariko izishinzwe ibikorwa by’ubuvuzi, buravuga ko ibitaro bya gisirikare (Military Hospitals) byamaze kugezwa no mu Ntara z’Igihugu.
Umutoza w’ikipe ya Rutsiro FC Rubangura Omar yavuze ko ataje nk’umucunguzi w’iyi kipe uje kurema ibintu byinshi mu byapfuye, ahubwo azakora ibishoboka byose kugura ngo igume mu cyiciro cya mbere.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) zigiye kuvura amaso abaturage barenga 6,000 bari hirya no hino mu gihugu, hagamijwe kuborohereza kubona serivisi z’ubuvuzi bw’amaso bufite ireme no kugabanya ibyago byo kugira ubuhumyi bushobora kwirindwa.
Buri mwaka ku Isi hizihizwa iminsi ibiri itandukanye ariko yose ihuriye ku bagore, ku buryo hari benshi bashobora kuyitiranya. Buri ku wa 8 Werurwe, ibihugu byinshi byo ku Isi byizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore (Women’s Day), mu gihe buri ku cyumweru cya kabiri cya Gicurasi, ahenshi bizihiza Umunsi Mpuzamahanga (…)
Minisitiri ushinzwe Abakozi ba Leta n’Umurimo, Hon. Christine Nkulikiyinka, yashyikirije Azali Assoumani, Perezida w’Ibirwa bya Comoros ubutumwa bwa Perezida Kagame.
Ikipe ya APR VC y’abagore yegukanye igikombe cya shampiyona, REG VC ihagrika umuvuduko wa Police VC bituma bagomba gutegereza umukino wa kane.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports yatsindiye Marine FC ibitego 2-1 kuri Kigali Pele Stadium mu mukino w’umunsi wa 31 wa BK Pro League ikomeza gushimangira umwanya wa kabiri.
Itsinda ry’abavuzi b’Abashinwa bamaze iminsi bakorera mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro, kuri uyu wa Gatandatu tariki 09 Gicurasi 2026 bazindukiye mu gikorwa cyo gusuzuma no kuvura indwara zitandukanye abakozi ba Kigali Today Ltd hamwe n’imiryango yabo.
Nyinawagaga Claudine wari mu Rwanda ndetse afite imyaka y’ubukure (27) mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, avuga ko ntawe ukwiye gushidikanya ku itegurwa rya Jenoside, kuko ibihamya byinshi bihari.
Mukandahiro Agnes yeretse umuryango we ko azaba umuganga ariko babyita iby’abana. Mu mikino ye, yahoraga mu mitekerereze y’ubuvuzi, akandikira abana bagenzi be imiti ku makoma y’insina, kandi akababwira uko bazayinywa mu gitondo, saa sita na nimugoroba, ubundi akabatera inshinge.
Muganga Agnes Mukandahiro amaze imyaka 21 atanga serivise zo gusiramura, kandi yakira abantu bose, abakuru n’abato. Muri iyi myaka amaze, yabonye byinshi, yigiyemo byinshi, ndetse ubu afite ubunararibonye butuma agira abantu inama z’imyitwarire, kugira ngo gusiramura bitababaza kurushaho.
Muganga Agnes Mukandahiro ashishikariza ababyeyi kujya basiramuza abana babo, ariko n’abantu bakuru batabikoresheje, bakabikora kuko bifite akamaro mu buryo butandukanye, harimo kuba bifasha mu isuku y’umuntu no kumurinda ibyago byo kurwara indwara zimwe na zimwe
Hashize igihe kirekire abantu bumva iby’umuhora wa Hormuz mu makuru mpuzamahanga, cyane cyane iyo havugwa intambara ya Amerika na Iran, ibiciro bya peteroli cyangwa umutekano mu Burasirazuba bwo Hagati. Nubwo wumvikana kenshi, benshi ntibasobanukirwa neza impamvu uyu muhora ari ingenzi ku Isi yose, ndetse n’impamvu ushobora (…)
Uko imbwa zibamo amoko atandukanye, ni nako zigira ubushobozi bwo gukora no kumva ibintu bitandukanye, akenshi bitewe n’uko zatojwe.
Iyo abantu benshi bumvise ijambo Karate, bahita batekereza umukino wo kurwana, gukubita cyangwa gutsinda uwo muhanganye. Ariko kuri Théophile Bazimaziki, Karate ni ishuri ry’ubuzima ryamwigishije kwifata, kubaha abandi no kugenzura amarangamutima mu bihe bikomeye.
Iyo uri mu mujyi wa Muhanga, ukomeza umuhanda ujya i Huye, warenga gato i Kabgayi ukagera ahitwa ku Kinamba, ukata ibumoso ugafata umuhanda w’itaka ugakora urugendo nk’urwa kilometero imwe, nuko ukagera mu gasantere ka Kinini, ni mu Kagali ka Mubuga Umurenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga.
Umuhanzi Mighty Popo akaba n’Umuyobozi w’ishuri rya Muzika rya Nyundo (rikorera i Muhanga), ndetse n’abandi bahanzi b’injyana ya Reggae, bateguye igitaramo cyo kwibuka ibigwi by’umuhanzi wamamaye muri iyo njyana, Bob Marley.
Dolly Rebecca Parton, umuhanzi w’Umunyamerikakazi wamamaye cyane muri ‘Country Music’ ndetse wanakunzwe na benshi, ubu ageze ku myaka 80 ariko aracyumva afite ubushake bwo gukomeza gukora ibitaramo ngo ashimishe abakunzi be, nubwo ibibazo by’ubuzima bitamworoheye.
Inzobere mu mirire zisobanura uburyo umuntu yagombye kunywamo ikawa ndetse n’ingano umuntu akwiye kunywa.
Kuri uyu wa Gatanu, amakipe y’u Rwanda ya Handball y’abatarengeje imyaka 18 na 20 yegukanye ibikombe bibiri by’Akarere ka Gatanu atsinze u Burundi na Ethiopia ku mukino wa nyuma.