Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yashimiye umukinnyi w’Umunyarwandakazi Florence witwaye neza muri Shampiyona Nyafurika y’Imikino Ngororamubiri ikomeje kubera i Accra muri Ghana, agaragaza ko yishimiye umuhate n’intsinzi byamurwnze ku rwego rw’Umugabane.
Kaminuza yigisha ubuhinzi bubungabunga ubutaka RICA kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Gicurasi 2026 basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali.
Perezida wa Nigeria, Bola Ahmed Tinubu, asanga Afurika idakeneye abaza kuyiha amabwiriza ahubwo ikwiye gushyirwa imbere kuko ari kimwe mu bizafasha umugabane wose gutera imbere.
Nyuma yo kurangiza amashuri yisumbuye afite impamyabumenyi mu mibare, ibinyabuzima n’ubutabire (MBC), Daniel Niyogushimwa yashatse akazi mu karere ka Nyamasheke mu Burengerazuba bw’u Rwanda ariko arakabura.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, irahamagarira Abanyarwanda kubaka umuryango bakawusigasira, bakawuherekeza kandi bakabikorana umwete kuko umuryango ungana u Rwanda.
Abasenateri bashimye intambwe u Rwanda rukomeje gutera mu kwigira no kugabanya ubushobozi rushingira ku nkunga z’amahanga, nyuma y’uko imibare y’imbanzirizamushinga w’ingengo y’imari ya 2026/2027 igaragaza ko amafaranga menshi azava imbere mu gihugu.
Umwaka utaha w’ingengo y’imari, abaganga bize muri gahunda yo gukuba abaganga inshuro enye mu gihe cy’imyaka ine bise 4x4 bazatangira kurangiza amasomo yabo, Minisiteri y’Ubuzima ikaba yateguje Guverinoma ko igomba kwitegura imishahara izahemba abize muri iyi gahunda guhera umwaka utaha.
Urubuga ruzwi cyane mu gukora ibyegeranyo by’Ubukerarugendo rwitwa Fodors, mu 2013 rwashyize ahagaragara impamvu cumi n’ebyiri zatuma umuntu asura u Rwanda. Ariko kuva muri iriya myaka kugeza uyu munsi, U Rwanda rwakomeje gutsinda buri mwaka mu imurikagurisha rinini ku isi ry’ubukerarugendo rya ITB Berlin.
Urwego rw’abikorera rwafashe inshingano zo gukora ibishoboka byose kugira ngo amabuye y’agaciro y’u Rwanda yoherezwe hanze amaze gutunganywa, hagamijwe kongera inyungu ndetse no kongera ububiko bw’amadevize y’amahanga.
Mu muryango Nyarwanda ndetse no mu bindi bihugu byinshi, hari imyumvire abantu bagifite ko umukobwa ufite ubwiza bugaragara hari imirimo atagombye gukora kuko iba ihabanye n’uko asa, aho uzasanga bamwe bavuga bati, “uri mwiza cyane, ntiwagombye kuba umuhinzi,” cyangwa ngo “uri mwiza, ntiwari ukwiriye kubona wambaye imyenda (…)
Mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, usanga Imirwa Mikuru y’Ibihugu ihatanira kuba igicumbi cy’ubucuruzi n’ihuriro ry’inama mpuzamahanga.
Shakira Isabel Mebarak Ripoll wamamaye mu ruhando rwa muzika nka Shakira, ni umuhanzi ukomoka muri Colombia muri Amerika y’Amajyepfo, wavukiye ahitwa Barranquilla ku itariki 2 Gashyantare 1977, akaba azwi cyane ku kabyiniriro ka ‘Queen of Latin Music’.
Kubona umurambo ku muhanda, mu mazi, mu bisambu n’ahandi, ni ikintu gifatwa nk’igiteye ubwoba ndetse gihungabanya amarangamutima ku bantu bamwe na bamwe, ariko bibaho, umuntu akabyuka mu gitondo agiye muri gahunda ze zitandukanye, yagera ku muhanda akabona umurambo atazi aho wavuye, atazi na nyirawo. Iyo bigenze bityo hari (…)
Umuntu iyo agejeje ku myaka mirongo inani bavuga ko akuze, yageza ku myaka 100 bakavuga ko yaramye, ariko mu nyamaswa hari izigeza ku myaka magana ane.
Ubwiherero cyangwa se umusarani ni ingenzi mu isuku n’isukura, dore ko ari n’ahantu hakenerwa n’umuntu uwo ari we wese. Icyakora mu gihe abantu babucukura, hari ibyo basabwa kwitondera.
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, avuga ko kuba u Rwanda rufite ibikorwa remezo bigezweho biteza imbere siporo ari ukubera imiyoborere myiza y’Igihugu, yita ku kamaro ka siporo.
Kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya Rayon Sports yanganyirije na Gorilla FC igitego 1-1 mu mukino w’umunsi wa 32 wa BK Pro League 2025-2026 iva ku gikombe cya shampiyona burundu.
Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda rwatangaje ko iya 2026-2027 izatangira ku wa 4 Nzeri 2026 aho igizwe n’imikino 34 kuri buri kipe ku makipe 18 arimo ayo muri Sudani nanone.
Abasenateri bagaragaje impungenge ku igabanuka ry’ingengo y’imari yagenewe urwego rw’ubwikorezi mu mwaka wa 2026/2027, bavuga ko bishobora kudindiza ubucuruzi bw’umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi ndetse bigaca intege abashoramari.
Sena yagaragaje ko idashimishijwe n’uko mu mbanzirizamushinga w’ingengo y’imari ya Leta ya 2026/2027 hari ibikorwa byo kubungabunga inzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi no kubakira abarokotse Jenoside bitagenewe amafaranga ahagije, isaba ko bikosorwa.
Sena yagaragaje impungenge ku igabanuka ry’ingengo y’imari yagenewe kugeza ibikorwaremezo mu byanya by’inganda, ivuga ko bishobora kudindiza iterambere ry’inganda, guca intege abashoramari no kugira ingaruka ku bushobozi bw’igihugu bwo kubona amadovize.
Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Hakuziyaremye, hamwe n’Umuyobozi wa Africa Reinsurance Corporation, Corneille Karekezi, bagaragaje uko u Rwanda rufata urwego rw’ubwishingizi nk’ibikorwaremezo by’ingenzi byubaka ubukungu.
Umuyobozi w’Ikigega cy’Imari cya Banki y’Isi gifasha abikorera (International Finance Corporation), Makhtar Diop, yavuze ko inzego zirimo ubuhinzi zitejwe imbere zafasha Afurika mu guhanga imirimo, kwihaza mu biribwa no guteza imbere inganda.
Perezida Kagame yavuze ko imbuga nkoranyambaga nta kintu ajya azibonaho ngo kimutungure cyane, ahubwo ko azibona nk’uburyo bwiza buha buri wese umwanya wo kugaragaza ibyo atekereza kandi akumvwa.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, arashima imikorere y’urwego rw’abikorera muri Afurika, kuko hari igihe biba ngombwa ko rwinjira mu bibazo biba byatewe n’inzego za Leta.
Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) Jean-Guy Afrika yagaragaje ko ubukungu bw’isi buri guhinduka ku muvuduko munini, ibintu bisaba Afurika kwitwara mu buryo butayisubiza inyuma kugira ngo ibashe guhangana no kubyaza umusaruro amahirwe ifite.
Umuyobozi w’Ikinyamakuru gikomeye ku isi Jeune Afrique ari nacyo gitegura Afurika CEO Forum yavuze ko imyitwarire ya Afurika, aho buri wese yumva ko yagira Kampani ye y’ubucuruzi n’ishoramari, ari ibitekerezo bishaje kuko ntaho bigeza umushoramari.
I Kigali mu Rwanda kuri uyu wa Kane hatangiye inama y’iminsi ibiri izwi nka ’Africa CEO Forum’ iri mu zikomeye cyane muri Afurika. Ni inama ihuza abakuru b’Ibihugu, za Guverinoma, abayobozi b’ibigo bikomeye (CEOs), abashoramari, amabanki, n’inzego mpuzamahanga.
Perezida Paul Kagame yavuze ko mu gihe isi iri kunyura mu mpinduka zikomeye zirimo gutuma gahunda mpuzamahanga yari isanzweho (world order) igaragara nk’iri gusenyuka, Afurika ikwiye kubifata nk’umwanya wo kwishakamo ibisubizo aho gukomeza gutegereza ibisubizo biturutse hanze.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yavuze ko Afurika idakwiye gukomeza gutinya abibwira ko bafite ubushobozi bwo kuyobora isi n’ijuru, ahubwo babahe igihe.
Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yakiriye anashimira amakipe yahagarariye u Rwanda muri shampiyona y’Afurika ya volleyball.
Umunyamakurukazi Glory Iribagiza yandikiye Perezida Paul Kagame ibaruwa ifunguye, ndetse ayinyuza ku mbuga nkoranyambaga, amusaba ko yamufasha kubona ubutabera, kuko yizeye ko ari we wenyine washobora kubumuha, kandi ko atari impuhwe yifuza kugirirwa n’inzego z’ubutabera, ahubwo ko guhabwa ubutabera ari uburenganzira bwe.
Perezida Paul Kagame, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu yakiriye muri Village Urugwiro mugenzi we wa Mozambique, Daniel Chapo uri mu ruzinduko mu Rwanda.
Perezida Paul Kagame kandi yakiriye Mohamed Ould Ghazouani, Perezida wa Repubulika ya Kisilamu ya Mauritania, bagirana ibiganiro byibanze ku nzego z’ingenzi z’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.
Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye, Village Urugwiro, mugenzi we wa Nigeria, Bola Ahmed Tinubu uri mu ruzinduko mu Rwanda aho yitabiriye Inama ya Africa CEO Forum iteganyijwe kuva kuri uyu wa 14 kugeza ku wa 15 Gicurasi 2016.
Africa CEO Forum ni imwe mu nama zikomeye cyane muri Afurika, ihuza abakuru b’Ibihugu, za Guverinoma, abayobozi b’ibigo bikomeye (CEOs), abashoramari, amabanki, n’inzego mpuzamahanga.
Abadepite basabye Minisiteri y’Ibikorwa Remezo n’ibigo biyishamikiyeho ko bakwiye kwita ku kibazo cy’amazi make ari mu Karere ka Muhanga.
Kuri uyu wa Gatatu, APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro 2026 isezeye Etincelles FC yatsinze ibitego 3-1 mu mukino wo kwishyura bisanga n’ubundi 3-1 yayitsinze mu mukino ubanza.
Louise Mushikiwabo, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), yageze i Kigali aje kwitabira ibikorwa by’Inama ya Africa CEO Forum.
Perezida wa Mozambique, Daniel Chapo nawe yageze i Kigali aho yitabiriye inama ya Africa CEO Forum iteganyijwe kuva tariki ya 14 kugeza ku ya 15 Gicurasi 2026.
Gen Brice Clotaire Oligui Nguema, Perezida wa Gabon, yageze i Kigali aho aje kwitabira inama ihuza abayobozi b’ibigo bitandukanye, abashoramari n’abanyapolitike baturutse muri Afurika ndetse no hirya no hino ku Isi, izwi nka Africa CEO Forum.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye mu biro bye intumwa ziyobowe na Ahmed Elsewedy, Perezida akaba n’Umuyobozi Mukuru wa Elsewedy Electric, hamwe na Hossam El Shaer, Perezida wa Sunrise Resorts & Cruises na Madaar, bari i Kigali bitabiriye inama ya Africa CEO Forum.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya Al Hilal SC yegukanye igikombe cya Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda 2025-2026 nyuma yo gutsindira Gasogi United kuri Kigali Pele Stadium ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 31 wa BK Pro League ikuzuza amanota 73 mu gihe isigaje imikino itatu.
Mohamed Ould Ghazouani, Perezida wa Repubulika ya Kisilamu ya Mauritania, yageze mu Rwanda aho aje kwitabira inama ya Africa CEO Forum iteganyijwe kuri uyu wa Kane tariki 14 kugeza ku wa 15 Gicurasi 2026.
Kuri uyu wa Gatatu Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye mu biro bye Faure Essozimna Gnassingbé uyobora Togo nka Perezida w’Inama y’Abaminisitiri muri icyo gihugu.
Perezida wa Nigeria, Bola Ahmed Tinubu yageze i Kigali mu Rwanda aho yitabiriye Inama ya Africa CEO Forum ihuza abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma ndetse n’abayobozi b’ibigo bitandukanye, abashoramari baturutse muri Afurika ndetse no hirya no hino ku Isi.
Umuyobozi Mukuru w’ikigo cy’ingufu (REG) ZINGIRO Armand yabwiye Abadepite bagize Komisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo bya Leta ko umushinga wo kubaka umuyoboro w’Amashanyarazi wagombaga guhuza igice cya Bwishyura mu karere ka Karongi na Kamanyora muri Repubulika Iharanira Demokari ya Congo wadindiye kubera ko ingengo (…)
Faure Essozimna Gnassingbé, Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, kuri uyu wa Gatatu yageze mu Mujyi wa Kigali, mu ruzinduko rw’akazi rugamije gukomeza gutsura umubano n’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.
Banki y’Amajyambere y’u Rwanda (BRD PLC), yatangije ku mugaragaro gahunda yo kwegereza abaturage serivisi z’imari, zizajya zitangirwa muri za SACCO zo ku rwego rw’Akarere mu gihugu hose.
Mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’igihombo gikomoka ku kwangirika k’umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi mbere yo koherezwa ku masoko mpuzamahanga, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) cyateganyije gushora arenga miliyari 1.3 Frw mu kubaka no gusana ibikorwa remezo (…)