Uwahoze ari Umudipolomate w’u Rwanda, Eugène Richard Gasana, yahamijwe n’itsinda ry’abacamanza bo muri Manhattan icyaha cy’ihohotera rishingiye ku gitsina, maze urukiko rutegeka ko aha Benita Uruhisho wari watanze ikirego, Miliyoni 5 z’Amadolari ya Amerika nk’indishyi nyuma y’urubanza mbonezamubano rwabereye i New York.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amashuri Makuru na za Kaminuza (HEC), ku bufatanye na Minisiteri y’Uburezi, bakomeje gahunda yo gusura ayo mashuri no kugenzura ireme ry’uburezi rihatangirwa, mu rwego rwo kuganira ku mbogamizi zihari no gushakira hamwe ibisubizo.
Nyuma yo kunyagirwa n’ikipe ya Al Hilal SC ibitego 4-0, umutoza w’ikipe ya APR FC Umunya-Maroc Taleb Abderrahim yavuze ko niba ikipe yifuza gukina Champions League umwaka utaha ikeneye abakinnyi beza bo kuyikina.
Tibor Nagy wahoze ari Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Afurika, yavuze ko yicuza kuba yarashyigikiye ko Félix Tshisekedi atsinda amatora ya Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yo mu 2018.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasoze uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri yagiriye muri Botswana.
Ikipe ya Al Hilal SC yo muri Sudani ikina shampiyona y’u Rwanda yatsinze APR FC ibitego 4-0 mu mukino w’umunsi wa 30 wa BK Pro League ishimangira umwanya wa yo wa mbere, APR FC itakaza umwanya wa kabiri yari imazeho igihe.
Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) cyatashye ku mugaragaro Heza Estate, umushinga munini w’imiturire uherereye i Batsinda, mu Murenge wa Kinyinya, Akarere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.
Ku munsi wa nyuma w’amahugurwa y’abanyamakuru, yaberaga mu karere ka Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo, bigishijwe uko bategura neza inkuru zijyanye n’ngengo y’imari ya Leta.
Dr. Malle Fofana yagizwe Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Umuryango GGGI, hashimangirwa uruhare rwa Afurika mu bikorwa byo kurwanya imihindagurikire y’ibihe. Umuryango Mpuzamahanga ushinzwe guteza imbere ubukungu butangiza ibidukikije (GGGI) watangaje ko Dr. Malle Fofana yagizwe Umuyobozi Mukuru Wungirije wawo (Deputy (…)
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, (RCS) rwatangaje ko Karasira Aimable Uzaramba yapfuye mu masaha y’ijoro ryo ku wa 7 Gicurasi 2026 ahagana saa sita nyuma y’uko afashe imiti myinshi yari asanzwe anywa, akarenza ingano yayo.
Raporo y’Urwego rw’Ubugenzuzi Bukuru bw’Imari ya Leta y’umwaka w’ingengo y’imari warangiye ku wa 30 Kamena 2025, igaragaza ko isaranganya ry’amazi mu baturage riri hagati ya 11% na 56%, Senateri Mureshyankwano Marie Rose akaba yagize impungenge ku isuku y’abaturage.
Raporo y’Urwego rw’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta igaragaza ibibazo bikomeye mu micungire no gukoresha ibitabo mu mashuri y’inshuke, abanza n’ayisumbuye, bigira ingaruka ku ireme ry’uburezi mu Rwanda.
Ubushakashatsi bwerekana ko iyo umwana ashowemo nibura idolari 1 ry’Amerika, ni ukuvuga arenga 1,457Frw, Leta imwungukaho arenga 17 iyo akuze, ni ukuvuga arenga 24,773Frw.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame kuri uyu mugoroba yakiriwe mu birori by’ubusabane byateguwe na mugenzi we wa Botswana.
Raporo y’Urwego rw’Ubugenzuzi Bukuru bw’Imari ya Leta igaragaza ko intege nke mu gutegura no gucunga amasezerano ari imwe mu mpamvu zituma imishinga myinshi ya Leta itinda cyangwa igahenda kurushaho, bikaviramo Leta igihombo kinini.
Ikipe ya PSG yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League ku nshuro ya kabiri yikurikiranya nyuma yo kunganya na Bayern Munich igitego 1-1, mu mukino wo kwishyura wa 1/2 wabereye mu Budage mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu, iyisezerera iyitsinze ibitego 6-5 mu mikino ibiri.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwafunze abantu bane barimo Mukeshimana Marcel, wahoze ari umuyobozi w’ishuri ry’imyuga rya Rubengera II TSS School ryo mu Karere ka Karongi, abahoze ari ababaruramari baryo babiri n’uwasinyaga cheque z’ishuri (signatory).
Ubwo yaganiraga n’abanyamakuru bitabiriye amahugurwa ku ngengo y’imari ya Leta, kuri uyu wa Gatatu tariki 6 Gicurasi 2026, Peter Karinganire, impuguke mu bukungu, yabibukije ko uko Pasiteri cyangwa Bishop aba agomba kuba azi Bibiliya, ari nako abanyamakuru bakwiye kuba bumva neza, intego z’Igihugu by’umwihariko Icyerekezo (…)
Umutoza wa Rayon Sports yatangaje ko bigoye kongera kubona rutahizamu Fall Ngagne akina mu mwaka w’imikino 2025-2026 nyuma y’imvune yagiriye mu mukino wa shampiyona Rayon Sports yatsinzwemo na AS Muhanga kuri uyu wa Gatatu.
Ubutabera bw’u Bufaransa bwatesheje agaciro icyemezo cyo kudakurikirana kwa Agathe Habyarimana, umugore w’uwahoze ari Umukuru w’Igihugu Juvenal Habyarimana, wayoboye Leta yakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
U Rwanda na Botswana basinyanye amasezerano y’ubucuruzi n’ishoramari, ndetse n’imikoranire hagati y’inzego zishinzwe iterambere z’ibihugu byombi.
Nyuma y’imyaka icumi idatsinda Rayon Sports, kuri uyu wa Gatatu ikipe ya AS Muhanga yayitsindiye igitego 1-0 kuri Stade ya Muhanga mu mukino w’umunsi wa 30 wa BK Pro League 2025-2026.
Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, Alexis Kamuhire yagaragarije Inteko rusange, imitwe yombi y’Abagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda ko gutinda kurangiza kubaka inzu 548 i Batsinda icyiciro cya II (HEZA ESTATE) byatumye igiciro cyagombaga kuzirangiza kiyongera kigera kuri Miliyari 42.24Frw.
Dore imbonerahamwe yerekana gusesagura umutungo wa Leta mu Rwanda, nk’uko bigaragazwa na Raporo y’umugenzuzi mukuru w’Imari ya Leta y’umwaka warangiye kuwa 30 Kamena 2025.
Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta yagaragaje amasezerano 8 afite agaciro ka Miliyari 133.9 Frw atararangiza igihe yateganyirijwe, ariko imirimo yayo ikaba igenda nabi cyane.
Senateri Evode Uwizeyimana, yavuze ko uretse muri Afurika, umuntu wubatse inzu yakoreragamo Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere, RDB, nta handi yakongera kwemererwa kubaka.
Abanyarwanda n’abaturarwanda bari mu buhinzi n’ubworozi bya buri munsi, babona 3% gusa by’inguzanyo zose zitangwa mu gihugu, mu gihe bo barenga 70% by’abaturage bose, ikaba imwe mu mbogamizi zituma umusaruro w’urwo rwego utazamuka, nk’uko raporo zitandukanye zibyerekana.
Raporo y’umugenzuzi mukuru w’Imari ya Leta, yagaragaje ko mu myaka itanu ishize, ibigo byagenzuwe bigenda byiyongera mu gutunganya neza ibitabo by’ibaruramari, no gukoresha neza umutungo wa Leta.
Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta iragaragaza ko mu mishinga ya Leta yagenzuwe, imishinga itandatu yabonye amafaranga y’abaterankunga, ndetse ikaba yaragombaga gutangira, nyamara ikererwa amezi agera kuri 31, cyangwa se hafi imyaka itatu.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze i Gaborone mu ruzinduko agirira muri Botswana, akaba yakiriwe na mugenzi we wa kiriya Gihugu, Duma Boko.
Urwego rw’Umuvunyi rwahuguye abantu 74 bagize komite zishinzwe gukumira no kurwanya ruswa muri Ministeri n’Ibigo bya Leta 17. Ni amahugurwa y’umunsi umwe yari agamije kunoza kurushaho gukumira no kurwanya ibyuho bya ruswa aho bakorera.
Urubanza ruregwamo Laurent Bucyibaruta wahoze ari Perefe wa Gikongoro mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi rukomeje gutera impaka mu mategeko, cyane cyane ku kibazo cy’uko indishyi z’abahohotewe zigomba gukomeza gusuzumwa n’ubutabera bw’u Bufaransa n’ubwo uregwa yapfuye.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko umukino wa kabiri wahuje Arsenal na Atletico Madrid wari ukomeye, ashimira Arsenal yawutsinze ikegukana itike yo kugera ku mukino wa nyuma w’irushanwa.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Arsenal yongeye kugera kugera ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League yaherukagaho mu 2006, nyuma yo gusezerera Atletico Madrid ku giteranyo cy’ibitego 2-1 mu mikino ibiri muri 1/2
Ikipe ya Gasogi United yatsinze Gicumbi FC ibitego 3-1, mu mukino uryoheye ijisho maze Kiyovu Sports itsinda Amagaju 1-0 mu mikino y’umunsi wa 30 ya shampiyona y’ikiciro cya mbere BK Pro League yabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 5 Gicurasi 2026.
Umusifuzi wo ku ruhande Nsengiyumva Jean Paul wakubise umugeri mu bugabo myugariro wa Mukura VS, Mbonyamahoro Serieux yahagaritswe umwaka wose adasifura, Nshimiyimana Remy Victor wo hagati ahagarikwa imikino itanu.
Inteko Ishinga Amategeko, umutwe wa Sena, muri Kenya, igiye kwiga ku busabe bwo kwambura Uhuru Kenyatta uburenganzira , inyungu n’ibindi bitandukanye ahabwa nk’uwahoze ari Perezida w’icyo gihugu, harimo amashilingi Miliyoni imwe n’ibihumbi magana atanu ya Kenya( Ksh 1.5M), ni ukuvuga asaga ibihumbi 11 by’Amadolari ya (…)
Ubwo Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite yigaga ku mushinga w’itegeko ryerekeye ubucuruzi bw’Umutungo koranabuhanga, Depite Mukabalisa Germaine yifuje kumenya ushinzwe kugenzura ubu bucuruzi hagati ya Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) n’Isoko ry’Imari n’Imigabane (CMA), kuko yumva hashobora kuba guhurira ku nshingano.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze uwitwa Imanirakiza Issa Naphtal, Noteri wigenga ukorera mu Karere ka Rubavu n’abandi bantu batandatu ari bo; Nkundimana Tharcisse, Nsabimana Straton, Harerimana Jean Paul, Mukeshimana Marie Louise, Ndagijimana Daniel na Ndagijimana Jean. Bakurikiranyweho ibyaha birimo kwihesha ikintu (…)
Abadepite basabye Komisiyo y’Ubukungu n’Ubucuruzi kwita cyane ku ngingo zireba zikanarengera umuguzi mu buryo bwihariye mu mushinga w’Itegeko ryerekeye ubucuruzi bw’umutungo koranabuhanga.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amashuri Makuru (HEC) kirimo kwakira ubusabe bw’Abanyarwanda bashaka kwiga mu mahanga ku nguzanyo ya Leta, mu masomo arimo na Siporo, azatangirana n’ukwezi kwa Cyenda (Nzeri) 2026. Gusaba iyo nguzanyo birakorwa muri uku kwezi kose kwa Gatanu (guhera tariki 01 Gicurasi 2026 kugeza tariki 31 Gicurasi (…)
Abadepite bemeje umushinga w’itegeko rigenga ubucuruzi bw’umutungo koranabuhanga, ushyiraho ibihano bikomeye ku bantu ku giti cyabo cyangwa ibigo bikora ubu bucuruzi batabifitiye uruhushya.
Umuryango w’abantu icumi (umugabo, umugore n’abana umunani) bo mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Mwogo mu Mudugudu wa Karutabana, Akagari ka Kagasa, wari uhangayikishijwe no kuba mu nzu itameze neza, ubu urashima ko wubakiwe inzu, ukaba ugiye kubaho utekanye.
Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yavuze ko ingabo za Leta ya Kinshasa, FARDC, hamwe n’abo bafatanyije bakomeje kugaba ibitero bikomeye ku baturage b’abasivili, mu duce dutandukanye two mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amashuri Makuru (HEC), kuri uyu wa Mbere tariki 04 Gicurasi 2026, cyatangije ku mugaragaro gahunda yo gusura amashuri Makuru na za Kaminuza hirya no hino mu Gihugu, mu rwego rwo kureba imikorere ihari no guteza imbere ubufatanye bugamije kuzamura ireme ry’imyigishirize n’imyigire mu mashuri makuru (…)
Kuri uyu wa Mbere i Addis Ababa muri Ethiopia hatangiye imikino y’Akarere ka Gatanu muri Handball #IHFTroph Zone 5, u Rwanda rutangira rutsinda Tanzania mu batarengeje imyaka 18 na 20.
Ikipe ya basketball yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Dallas Mavericks, yatangaje ko Masai Ujiri yagizwe Perezida wayo mushya, mu rwego rwo kongera imbaraga mu buyobozi no gukomeza guhatanira ibikombe muri shampiyona ya NBA.
Muri Mali, impanga z’abana 9 bavukiye rimwe, harimo abahungu 4, Mohammed VI, Elhadji, Oumar na Bah hamwe na bashiki babo Kadidia, Fatouma, Hawa, Adama na Oumou, bafite agahigo ko kuba ari abana benshi bavukiye rimwe, bagakomeza kubaho, bafite ubuzima bwiza, ubu bakaba barimo kwitegura gutangira ishuri.