Abanyenganda bakorera mu cyanya cy’inganda cy’Akarere ka Muhanga, bavuga ko ikibazo cy’umuriro w’amashanyarazi udahagije, cyangwa ugenda bya hato na hato, kiza imbere mu mbogamizi bahura na zo mu kazi kabo, bagasaba ko hakorwa ibishoboka kigakemuka byihuse.
Umunyamategeko akaba n’impuguke mu by’imiyoborere PLO Lumumba yashimye cyane u Rwanda ku rugendo rudasanzwe rw’iterambere rwagezeho nyuma y’amateka akomeye rwanyuzemo ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, arushimira uburyo rwiyubatse rukongera kuba Igihugu gifite icyerekezo n’icyizere.
Mu mukino warebwe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ikipe ya APR VC yatsinze ikipe ya Black Rhinos VC yo muri Zimbabwe amaseti 3-0 mu mukino ufungura Shampiyona ya Afurika 2026 iri kubera mu Rwanda.
Ikipe ya Rayon Sports yanganyirije na Gorilla FC kuri Kigali Pele Stadium igitego 1-1 mu mukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro wabaye kuri uyu wa Gatatu.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abangavu yasezerewe na Zambia atareenze ijonjora ry’ibanze ryo gushaka itike y’lgikombe cy’lsi 2026 cy’abatarengeje imyaka 17 nyuma y’umukino wo kwishyura wabereye I Lusaka kuri uyu wa Gatatu.
Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF), François Twagirumukiza, yasabye abikorera bose mu Rwanda kwitegura neza amahirwe azava mu ihuriro rikomeye rya Africa CEO Forum, ashimangira ko ari urubuga rukomeye ruhindura ejo hazaza h’ubucuruzi n’ishoramari ku mugabane wa Afurika.
Minisiteri y’Ibikorwa remezo (MININFRA), yasabye ibigo bya Leta byose kugura nibura 30% by’imodoka zikoresha amashanyarazi.
Abaturage b’Abanyekongo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda batuye i Minembwe muri Kivu y’Amajyepfo ya Congo, bamaze iminsi bazamura ijwi ryabo, aho bari hose, basaba ko hagira umuntu ubumva, akabatabara, ntibakomeze kwicwa na Leta yabo.
Mu gihe indwara ya Malariya ikomeje kugaragara hirya no hino mu Rwanda, abaturage barashima Leta yashyizeho gahunda y’abajyanama b’ubuzima, kuko bagira uruhare rukomeye mu gutahura no kuvura iyo ndwara hakiri kare.
Abacuruzi by’umwihariko abakorera mu isoko rigezweho rya Kabeza (Kabeza Morden Market), bavuga ko kwibuka bibaha umukoro wo gukoresha neza umutungo wabo bawubakisha Igihugu, aho kugisenya nk’uko byakozwe n’abababanjirije mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Byari ibyishimo byo kubonana hagati y’abakunzi babiri, umwe witwa KT Radio ku ruhande rumwe, ndetse n’ abayikurikirira kuri 96.7 FM, mu Ntara y’Amajyepfo i Muhanga.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abantu icyenda bakurikiranyweho ibyaha bitandukanye birimo n’ubutekamutwe bwo kugurisha abantu uburo ku mafaranga Miliyoni hafi eshatu z’Amafaanga y’u Rwanda ku kilo.
Visi Perezida w’Impuzamashirahamwe y’Umukino wa Volleyball muri Afurika, Louis Rwakiranya yashimangiye ko nta mpungenge bafiteye iguhugu cy’u Rwanda zo kwakira imikino ya Shampiyona ya Africa ya Volleyball kuko hari benshi kirusha kwakira neza.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya APR FC yatsindiye Etincelles FC ibitego 3-1 kuri Stade Umuganda mu mukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro 2026.
Kuri uyu wa Kabiri, Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abagore yatsinze Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu mukino wa gatanu w’Irushanwa rya ICC Women’s Challenge riri kubera mu Rwanda wari uwa gatatu kuri yo.
Akarere ka Rusizi kagiye gukinirwamo Isiganwa ry’Amagare ryo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rizakinwa tariki 25 na 26 Mata 2026.
Kuri uyu wa kabiri, ndetse no ku wa Gatatu, KT Radiyo iravugira i Muhanga, gahunda igamije kwegera abakunzi bayo izakomereza no mu bindi bice by’Igihugu.
Ikipe y’Amagaju FC izakirira Rayon Sports kuri Stade Kamena mu mukino w’umunsi wa 28 wa shampiyona uteganyijwe tariki 26 Mata 2026, mu gihe yifuje kuyakirira i Kigali igasabwa kubikorera i Bugesera.
Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ryamuritse ku mugaragaro urubuga rwa murandasi ‘website’, rugamije korohereza abakunzi n’abafatanyabikorwa baryo kugera ku makuru na serivisi zirebana n’uyu mukino.
Ikigo cy’Imari Umutanguha Finance Company Plc kigiye kubarura abanyamigabane bacyo barenga ibihumbi 13, kugira ngo cyubahirize amategeko n’amabwiriza ya Banki Nkuru y’Igihugu, kandi kigire imyirondoro n’amakuru yuzuye kandi aha uburenganzira busesuye abanyamigabane bose.
Ibinyamakuru bya KigaliToday birangajwe imbere na KT Radio, birasura abaturage b’Akarere ka Muhanga n’uturere twa Ruhango na Ngororero, guhera kuri uyu wa kabiri, kugeza ku wa gatatu(uwa 21-22 Mata).
Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yahitanye Umwamikazi Rosalie Gicanda wari utuye mu Mujyi wa Butare, akaba yari umugore w’Umwami Mutara III Rudahigwa, wiciwe i Bujumbura mu Burundi mu 1959.
Ku Mayaga ya Ntongwe, ubu ni mu Karere ka Ruhango, barategura gahunda yo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, aho abenshi mu bishwe muri iyo Komini ya Ntongwe, bapfuye mu cyiswe imperuka ya Nyamukumba.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka (NLA) gitangaza ko ibishushanyo mbonera mu turere twose tw’Igihugu byakozwe ndetse biri no mu ikoranabuhanga, bityo ko abajyaga bubaka ahagenewe ubuhinzi cyane cyane mu cyaro ntibimenyekane, basabwa kubicikaho kuko hari n’ibihano bibategereje.
Nsengiyumva Emmanuel warokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi, ku kirombe cya Cyatenga mu Murenge wa Rukoma arashimira umuturage wakoraga akazi ko kwica imbwa, wanze kwijandika muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Muri Leta ya Louisiane ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, umugabo witwaje imbunda yishe abana umunani, barimo barindwi be bwite, anarasa abandi bantu babiri mbere y’uko nawe araswa n’abapolisi agapfa.
Abayobozi bakuru bo mu nzego za Leta z’u Rwanda na Uganda bongeye gushimangira ubushake bwo guteza imbere ubucuruzi n’ishoramari hagati y’ibihugu byombi, mu nama y’abayobozi bakuru b’ibihugu byombi izwi nka “Joint Permanent Commission (JPC) 2026.”
Ikipe ya Rutsiro FC yanganyije na Rayon Sports FC 0-0 mu mukino w’umunsi wa 27 wa Rwanda Premier League, wabereye kuri Stade Umuganda mu Karere ka Rubavu, kuri iki Cyumwuru.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Man City yatsinze Arsenal ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 33 wari uhanzwe amaso n’Isi kuko wari wafashwe nk’uwagena uzatwara Igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza 2025-2026.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abagore ya Cricket yatangiye itsindwa n’u Butaliyani nayo itsinda Vanuatu mu irushanwa rya ICC Women’s Challenge ribayeho ku nshuro ya mbere mu mateka, riri kubera kuri Stade ya Cricket ya Gahanga mu Karere ka Kicukiro kuva tariki 18 Mata 2026 kugeza ku ya 1 Gicurasi 2026.
Umuyobozi wungirije wa sosiyete izobereye mu gutunganya amafilime ya Paramount Pictures, Josh Greenstein, yatangaje ku mugaragaro ko igice cya gatatu cya filime yakunzwe cyane Top Gun (Top Gun 3), nanone izagaragaramo icyamamare mu gukina amafilime, Tom Cruise, kirimo gutegurwa kandi ko inyandiko yacyo (scenario) igeze kure.
Ubuhamya bwatanzwe na Gatamba Jean de Dieu warokokeye mu murenge wa Mwulire mu Karere ka Rwamagana kuru uyu wa Gatandatu tariki 18 Mata 2026 mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 yavuze ko Abatutsi bari bahungiye kuri uyu musozi babashije kwirwanaho kugeza ubwo abicanyi bahuruje (…)
Ikipe APR FC yatsinzwe Etincelles FC ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 27 wa Rwanda Premier League, wabereye kuri Stade Umuganda mu Karere ka Rubavu, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 18 Mata 2026.
Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF), rwibutse abikorera bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ariko bakaba nk’uko basanzwe babigenza buri mwaka ahantu hatandukanye, bateye inkunga ishyirahamwe ry’ababyeyi barokotse Jenoside rikora ubucuruzi, aho babahaye Miliyoni 5Frw mu rwego rwo kubongerera ubushobozi.
Mu ntangiriro z’imyaka ya 2000, Uwitonze Clarisse yacikirije amashuri, maze mu gihe yibazaga uko ejo he hazamera, amenya ko hari ishuri ryigisha imyuga mu Bafurere bo mu Mujyi wa Huye, maze na we ajya kugerageza amahirwe ye.
Iradukunda Grace Divine uzwi nka Dj Ira uri mu bamaze kubaka ibigwi mu kuvanga imiziki mu Rwanda, yasubije Abarundi bakibabajwe n’uko yahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda ababwira ko bamumenye kubera u Rwanda kandi ko umwanzuro yafashe adateze kuwicuza.
U Rwanda rumaze igihe ruhangayikishijwe n’imyitwarire ihungabanya ingo, ku buryo usanga hirya no hino mu biganiro hari n’abadashidikanya kuvuga ko inyinshi ari iz’ihungabana, Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyatangaje ko mu myaka itatu ishize, hagaragaye gatanya 4,479.
Nyuma y’Imana itarahirwa mu busa no mu binyoma nk’uko amategeko ya Kiliziya Gatolika abatoza abemera bayo, Umwami w’u Rwanda rudahigwa na we ntiyarahirwaga mu busa no mu binyoma ku buryo kumwirahira byakurokoraga mu rukiko.
Abantu benshi bakunze gufata ifunguro ririho ibiribwa bitandukanye kubera kutamenya intungamubiri zibigize ndetse bamwe ugasanga ifunguro ryabo rigizwe ahanini n’ibiribwa bifite intungamubiri zimwe.
Ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiraga muri Mata 1994, kuri Paruwasi ya Nyange yari muri Komini Kivumu, Perefegitura ya Kibuye, inama yateraniye mu ruganiriro rw’icumbi ry’umwe mu bapadiri witwa Athanase Seromba, nuko bahategurira gahunda y’ubugome butigeze bubaho mbere.
Mu myaka myinshi ishize, abantu benshi bakomeje kujya bumva no kwizera inkuru nyinshi zivuga ko umuntu akoresha gusa 10% by’ubwenge bwe, bityo ko aramutse abashije gukoresha 100% byabwo yakora ibintu bidasanzwe. Icyakora, abashakashatsi mu bya Neuroscience bagaragaje ko izi nkuru ari ibihuha cyane ko zishingiye ku myumvire (…)
Hirya no hino ku Isi, haracyagaragara ibikorwa bibangamiye uburenganzira bw’abakobwa n’abagore, hamwe usanga hari ibihugu bikibatsikamira rimwe na rimwe kubera umuco cyangwa n’indi myizerere y’amadini.
Imwe mu Filime y’uruhererekane yakunzwe cyane mu Rwanda guhera mu myaka ya 2010, Zirara Zishya, igiye kongera gukorwa nyuma y’imyaka igera kuri 17 yari ishize ihagaritswe gushyirwa hanze bitewe n’igihombo cyatewe n’imikorere y’abayitunganyaga.
Filime mbarankuru ivuga ku buzima bw’Ingagi zo muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga mu Rwanda yiswe “A Gorilla Story: Told by David Attenborough” yakozwe na David Attenborough yashyizwe ku rubuga rwa Netflix. Iyi filime yashyizwe kuri Netflix ku wa Gatanu tariki 17 Mata 2026.
Umuyobozi Nshingwabikorwa Wungirije w’Akarere ka Gasabo Mudaheranwa Regis yifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Ndera mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, by’umwihariko hibukwa abiciwe mu kigo cya CARAES, maze ababwira amwe mu mateka yaranze ubutegetsi bwa Habyarimana Juvenal wabaye uwa mbere (…)
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abangavu batarengeje imyaka 17 yatsizwe n’iya Zambia ibitego 2-0 mu mukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze ryo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026 wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Gatanu, Perezida wa FERWAFA abizeza gukomeza gushyigikirwa.
Intambara no gushyamirana bikomeje kwiyongera mu Burasirazuba bwo Hagati, byahungabanyije isoko ry’ingufu, none ingaruka zabyo zirimo kugera no ku bihugu biherereye kure cyane y’ako Karere.
Nyuma yo gutangaza ibiciro bishya by’ingendo, abagera hafi ku 100 batwara abagenzi bamaze guhanirwa kubahenda bazamura ibiciro.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Uwihanganye Jean de Dieu, yatangaje ko ibiciro ku ngendo bitazazamuka ku batega imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, nubwo ibiciro bya lisansi byiyongereye.