Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Jean de Dieu Uwihanganye, avuga ko imodoka z’amashanyarazi zitwara abagenzi zatumye igiciro cy’ubwikorezi kitazamuka cyane, kuko ubu cyazamutseho 35% mu gihe cyagombye kuba cyarazamutseho 120%.
Abadepite bagaragaje impungenge ku mitangire y’amasoko ya Leta, bavuga ko akomeje guharirwa abantu bake bifite, bigatuma ba rwiyemezamirimo bato n’urubyiruko badafashwa kugera ku mahirwe yo kuyapiganira, basaba ko hajyaho ingamba zituma umutungo wa Leta usaranganywa mu buryo buboneye.
Ikipe ya Rayon Sports WFC yegukanye igikombe cya Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu bagore,ku nshuro ya gatatu yikurikiranya n’amanota 57, irusha ikipe ya Police WFC ya kabiri amanota atatu.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Ambasaderi Jean de Dieu Uwihanganye, avuga ko ibura ry’umuriro w’amashanyarazi ntaho rihuriye n’intambara irimo kubera mu Burasirazuba bwo Hagati, cyane cyane muri Iran, nk’uko hari abamaze iminsi babivuga ndetse basa n’ababiteramo urwenya.
Ikipe APR FC yatsinze AS Muhanga mu mukino w’umunsi wa 26 wa Rwanda Premier League wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri iki Cyumweru tariki 5 Mata 2026, maze ikomeza kotsa igitutu Al Hilal SC iyoboye urutonde rw’agateganyo.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Amb. Uwihanganye Jean de Dieu, yatangaje ko Gaz icukurwa mu Kiyaga cya Kivu izatangira gukoreshwa mu gihembwe cya mbere cya 2028, ni ukuvuga mu mezi atatu abanza y’uwo mwaka.
Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi, Beyoncé Knowles-Carter yamaze kwinjira ku rutonde rwa Forbes rw’abaherwe bafite umutungo ubarirwa muri Miliyari z’Amadolari, nk’uko byatangajwe mu rutonde rwa 2026.
Musenyeri Dr Laurent Mbanda, uyobora Itorero ry’Abangilikani mu Rwanda (EAR), yagarutse ku bantu batandukanye muri iki gihe usanga bizihiza umunsi wa Pasika kandi batari Abakirisitu, batanamwemera, bizihiza Pasika kuko ari umunsi mukuru gusa, mbese bakayizihiza mu ‘kigare’, agaragaza ko ibyo bidakwiye, ariko ngo hari (…)
Abanyakigali kimwe n’abandi bakirisitu bo hirya no hino ku Isi babukereye mu kwizihiza ibirori by’umunsi mukuru wa Pasika, wizihijwe kuri iki Cyumweru tariki 05 Mata 2026.
Ikigo cy’imari cya BK Group Plc, cyatangaje ko cyabonye inyungu ya Miliyari 110 na Miliyoni 100 Frw mu 2025, avuye kuri miliyari 91 Frw yari yungutse mu mwaka wari wabanje. Ikaba yarabonye inyongera ingana ya 22.9%.
Abepiskopi Gatolika mu Rwanda, mu butumwa bwabo bwa Pasika bageneye abakristu, babasabye kuba abahamya b’ukuri ba Kristu wazutse, by’umwihariko mu gihe u Rwanda n’Isi yose byitegura kwinjira mu cyumweru cy’icyunamo no mu minsi ijana yo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umunyarwenya akaba n’umukinnyi w’amafilime, Mugisha Emmanuel uzwi cyane mu ruhando rw’ubuhanzi nka Clapton Kibonge, yakoze ubukwe n’umugore we Ntambara Jacky bamaranye imyaka umunani babana, akaba yamubwiye ko ubu ari bwo agiye kumukunda kurushaho.
kipe Rayon Sports yanganyije na Gicimbi FC 0-0 mu mukino w’umunsi wa 26 wa Rwanda Premier League, wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 4 Mata 2026, ikomeza kugenda biguru ntege ku gikombe cya shampiyona y’u Rwanda.
Banki ya Kigali yeretse Abakiriya bayo b’imena uburyo System ya ‘BK Open API’ izabafasha ikanaborohereza kubona serivisi mu buryo bworoshye batarinze gutegereza igihe kinini ndetse no kujyayo.
Ikipe ya RSSB Tigers yo mu Rwanda ku nshuro yayo ya mbere yitabiriye imikino ya Basketball Africa League, yakoze amateka yo gutsinda imikino ine yikurikiranya nyuma yo gutsinda Dar City amanota 104-92.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwashyize ahagaragara ibiciro bishya by’ingendo mu modoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange mu Ntara, bikazatangira gukurikizwa ku wa Mbere tariki 06 Mata 2026.
Hari abantu basohokera ahantu, bakaba bazi ko bari burye inkoko, bicaye mu busitani buri iruhande rwa Piscine, maze bagataha.
Nubwo muri iki gihe Isi ishishikajwe no gutubura ibiribwa hakoreshwa amafumbire n’imiti mvaruganda, umuhinzi-mworozi witwa Albert Nkundabagenzi, we yiyemeje gusigasira ubuhinzi bw’umwimerere aho akoresha amafumbire yikorera nk’imborera n’imiti yikorera mu bimera.
Ben Serugo na Mbanza Chance ni umugabo n’umugore bazwi mu muziki bakorana wo kuramya no guhimbaza Imana aho bakoresha izina rya ‘Ben&Chance’. Ben na Chance batangiye baririmbana mu 2011 ubwo bari bahuriye muri Alarm Ministries. Baje gutangira gukundana ndetse bakora ubukwe mu 2014.
Wari uzi ko habaho akabyiniriro k’abakirisitu? Yego! Ora Center iherereye Kicukiro yateguye Christian Dance Party and Games. Ni ibirori cyangwa se akabyiniriro kari buze kuba karimo umuziki uhimbaza Imana, ibyo kunywa bidasembuye ndetse n’imikino itandukanye kandi ihesha Imana icyubahiro. Bamwe mu bari bwitabire kano (…)
Jean Ahishakiye, utuye mu Murenge wa Muhima mu Karere ka Nyarugenge, amaze imyaka irenga 20 atuye muri aka gace. Avuga ko hafi ya buri rugo rufite icyobo kijyamo amazi yakoreshejwe, ariko abantu bake akaba ari bo bamenya aho ayo mazi aherera.
Umujyi wa Buruseli ugiye kwakira umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana Alexis Dusabe mu gitaramo ’Umuyoboro 25 Concert’ cyo kwizihiza imyaka 25 amaze mu muziki.
Mu kinyejana cya 19, mu bitaro byo mu Mujyi wa Vienna muri Austria, habaye ikibazo gikomeye cy’ubwiyongere budasanzwe bw’imfu z’abagore bapfaga nyuma yo kubyara ariko ndwara yabahitanaga yari itaramenyekana.
U Burundi buherutse guhura n’ibyago. Mu Mujyi wa Bujumbura, ku wa 31 Werurwe, Ikigo cya gisirikare cya "Base" muri zone ya Musaga, cyafashwe n’inkongi, intwaro zose zirashya ziratokombera.
Kuri uyu wa 2 Mata, umuryango UNABU wateguye igikorwa cyiswe “Easter Chocolate Hunt”, cyabereye ku ishuri rya Ecole Internationale de Kigali (EIK), kigamije gufasha no gushyigikira abakobwa bafite ubumuga mu rugendo rwabo rwo kwiga.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yongeye kwibutsa abantu bose ko ari umubyeyi, kandi ufite uburenganzira bwo kuruhuka, akabana n’umuryango we.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko guhera ku wa Gatandatu tariki 4 Mata 2026, saa kumi n’ebyiri za mu gitondo (6:00), ibiciro ntarengwa by’ibikomoka kuri peteroli, harimo n’umusoro ku nyongeragaciro (VAT), bivuguruwe mu buryo bukurikira: Lisansi iragura Amafaranga y’u Rwanda 2,303 kuri Litiro, naho Mazutu iragura (…)
Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko ubukungu bw’igihugu kugeza ubu buhagaze neza nubwo isi yugarijwe n’ingaruka z’intambara yo mu Burasirazuba bwo Hagati.
Perezida Paul Kagame, mu kiganiro aherutse kugirana na Jeune Afrique, yabajijwe ku byo akunze kuvuga by’imikoranire y’ingabo za RDC na FDLR, abazwa niba yaba azi umubare w’abagize FDLR.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagaragaje ko u Rwanda nta kintu rushobora gukora mu byo rwasabwe byo gukuraho ingamba z’ubwirinzi, niba Perezida wa Congo Felix Tshisekedi bakomeje kumureka agakora ibyo yishakiye.
Muri gahunda ya RIB yo gukumira ibyaha, abanyeshuri bo ku ishuri ryisumbuye ryitiriwe St Ignace riherereye mu Murenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo, baganirijwe ku byaha bikorerwa ku mbuga nkoranyambaga cyangwa se ibikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga, nka bimwe mu byo urubyiruko rukunze kwisangamo, basabwa kubyirinda.
Mu Karere ka Ruhango hatangijwe umushinga w’icyitegererezo, ugamije gukusanya imyanda, no kuyitunganya, ku bufatanye n’Igihugu cy’u Bufaransa.
Ababyeyi b’abana bafite Autisme bavuga ko ari abana nk’abandi nubwo baba bafite imyitwarire idasanzwe, itandukanye n’iy’abandi, kuko iyo bakurikiranywe uko bikwiye bashobora kwigirira akamaro bakakagirira n’Igihugu.
Inama y’Abaminisitiri yaraye iteraniye muri Village Urugwiro, yavuze ko ibibazo by’intambara biri mu Burasirazuba bwo hagati, bizagira ingaruka ku bukungu bw’igihugu, cyane cyane mu rwego rw’ingufu.
Kuri uyu wa Kane tariki 2 Mata, Ambasaderi GAO Wenqi ari kumwe n’abakozi bose ba Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda, bagiye kunamira no guha icyubahiro Abashinwa bashyinguye mu irimbi riherereye mu Karere ka Rulindo mu Ntara y’Amajyaruguru.
CP Theos Badege yagizwe Komiseri mukuru wungirije w’Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS).
Umushumba wa Diyosezi ya Kabgayi Musenyeri Barthazard Ntivuguruzwa, aranenga abavugabutumwa bihisha mu binyoma bakiba abaturage binyuze mu itangazamakuru n’imbuga nkoranyambaga.
Guverinoma y’u Rwanda n’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) byageze ku masezerano mashya binyuze muri gahunda ya Extended Credit Facility (ECF) agena inkunga nshya ya miliyoni 250 z’amadolari y’Amerika (asaga miliyari 300 Frw) azakoreshwa mu gihe cy’amezi 38 mu gufasha Igihugu gusigasira ubukungu.
Tekereza umusirikare warasezerewe burundu, akirukanwa mu Ngabo z’u Rwanda (RDF) nyuma yo gufungwa inshuro eshatu mu gihe yari mu ngabo. Umwuga we wari urangiye, ndetse n’Inzozi ze za Pansiyo zari zirangiriye aho. Mu yandi mategeko ya gisirikare henshi ku isi, ibyo byari kuba birangiriye aho.
Hari umuturage wabwiye Komisiyo y’Abadepite y’Imibereho Myiza y’Abaturage ko Ejo Heza yamwimye amafaranga yemererwa ku bwizigame bwe, ubu ngo akaba yaragejeje ikirego cye kuri Perezida wa Repubulika.
Mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubuvuzi bw’amatungo buhenze, abaturage bo mu Karere ka Kayonza batangije ubwisungane mu kuvuza amatungo yabo, kuko sosiyete z’ubwishingizi zishingira impfu z’amatungo gusa hakaba nta bwishingizi bw’indwara zayo bubaho.
Guverinoma y’u Rwanda yijeje aborozi b’ingurube bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke bari bameze nk’abibagiranye mu kugezwaho intanga z’ingurube hifashishijwe utudege tutagira abapilote tuzwi nka Drones, ko mu gihe kitarenze amezi atanu iki kibazo kizaba cyakemutse.
Ihuriro ry’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ku Mayaga AGSF mu Karere ka Ruhango, barishimira kuba bagiye Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, bafite inzu y’Amateka imaze kuzura ku Rwibutso rw’Akarere rwa Ruhango ruri i Kinazi.
Senateri Gasana Alfred yatabarije inka za gahunda ya Girinka Munyarwanda, kuko ngo zititabwaho uko bikwiye kuko abazihabwa ahanini batabasha kuzivuza neza iyo zarwaye, bigatuma hari izipfa mu gihe bazihawe ngo zibafashe kwikura mu bukene.
Senateri Dr Charles Muligande yibuka ko ubwo yari akiri muri Guverinoma, uwari Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi yavuze ko bagiye kubaka ubuhunikiro bw’imyaka bwa toni ibihumbi 20.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Telesphore Ndabamenye, ari imbere y’Inteko Ishinga Amategeko umutwe wa Sena, yasubije ibibazo bijyanye n’ubuhinzi n’ubworozi byari byagejejwe kuri Minisitiri w’Intebe. Muri ibyo bibazo harimo n’ikijyanye n’ubuziranenge bw’ibiryo by’amatungo, aho yagaragaje ko imwe mu ngamba zafashwe zo (…)
Mbere y’umwaka wa 2030, u Rwanda ruzaba rushobora gutanga intanga z’inka ibihumbi 840, bivuye ku ntanga ibihumbi 120 zitangwa uyu mwaka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burasaba abaturage kwitegura neza kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi. Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacqueline yabitangarije mu muganda wo gusukura ku Rwibutso rw’Akarere rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruri i Kabgayi, ahahuriye abaturage b’Utugari twegereye urwo (…)
Itegeko ryo muri Senegal riteganya gukuba kabiri ibihano by’igifungo ku byaha bijyanye no kuryamana ku bantu bahuje ibitsina ryashyizweho umukono na Perezida Bassirou Diomaye Faye, rikaba ryatangajwe mu Igazeti ya Leta ku wa Kabiri, tariki ya 31 Werurwe 2026.
Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha - IRMCT, Abubacarr M. Tambadou ejo yasuye igororero rya Nyanza ririmo n’abafungiwe ibyaha bya Jenoside boherejwe n’uru rukiko yishimira imibereho yabo.