Ni kenshi hirya no hino humvikana inkongi zangiza ibitari bicye, nyamara zashoboraga gukumirwa hakiri kare. Polisi y’u Rwanda ikunze gutanga amahugurwa y’icyo abantu bakora mu gihe hadutse umuriro ushobora guteza inkongi.
Ikipe ya Rayon Sports ikomeje kwiganza ku isoko ry’abakinnyi b’imbere mu gihugu, yasinyishije myugariro Abdel Matumona Wakonda wakiniraga ikipe y’Amagaju FC mu gihe kingana n’imyaka ibiri.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr. Justin Nsengiyumva yavuze ko nta mpungenge Abanyarwanda bakwiye kugira ku bijyanye n’icyorezo cya Ebola kimaze iminsi kivugwa mu bihugu by’abaturanyi, kuko hakajijwe ingamba zo kugikumira, gukurikirana no kwita ku wakwandura.
Ikipe ya Rayon Sports yasinyishije Nkundimana Fabio wakiniraga Marine FC, yigeze kwifuza mu 2022.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Gorilla FC yatangaje ko yasinyishije rutahizamu Sunday Inemesit wakiniraga AS Kigali.
Abanyeshuri barangije amasomo muri Green Hills Academy (GHA) muri uyu mwaka wa 2026, basabwe gukomeza kurangwa n’indangagaciro nziza, gukoresha neza ubumenyi bungutse no kugira uruhare mu iterambere ry’Igihugu n’Isi muri rusange.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR Inkotanyi Amb. Bazivamo Christophe, yagiranye ibiganiro na Perezida w’Ishyaka PASTEF ryo muri Senegal, Ousmane Sonko.
Minisitiri w’Intebe yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu tariki 6 Kamena 2026 mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ku ishusho rusange y’igihugu.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije Nisingizwe Christian wakiniraga ikipe ya Mukura VS.
Umuyobozi Nshingwabikorwa Wungirije w’Akarere ka Kicukiro, Huss Anny Monique, yasabye urubyiruko kubyaza umusaruro amahirwe rwashyiriweho kugira ngo arufashe kwiteza imbere. Ibi yabigarutseho tariki 06 Kamena 2026 mu Nteko rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateraniye ku cyicaro cy’Akarere.
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yanenze Radio Okapi yakwirakwije amakuru y’ibihuha, ivuga ko hari umubare munini w’Abanye-Congo bahejejwe ku mupaka wa Rusumo uhuza u Rwanda na Tanzania mu rwego rwo kubakumira kubera icyorezo cya Ebola.
Minisiteri y’Ibikorwa remezo yatangaje ko izamuka ry’ibiciro bya Mazutu ritazagira ingaruka ku biciro bisanzwe by’ingendo zo gutwara abantu n’ibintu kuko Leta yashyizemo nkunganire.
Mu Irushanwa mpuzamahanga rya Huawei ICT Competition 2025–2026 ryabereye i Shenzhen mu Bushinwa, abanyeshuri baturutse mu Rwanda bagaragaje ubuhanga budasanzwe mu barenga 220,000 bari baturutse mu bihugu birenga 100.
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yagaragaje ko igihe kigeze kugira ngo ibikorwa bya Olempike birusheho kuba mpuzamahanga by’ukuri, bikagera ku migabane yose y’Isi n’abaturage bayo, aho kwibanda mu bice bike by’Isi.
Umuyobozi Mukuru w’Umuryango wa Imbuto Foundation, Elodie Shami yashyikirije Umuryango wa Avega Agahozo ivuriro rigendanwa (mobile clinic), ryakiriwe na Perezida w’uyu muryango, Madamu Alphonsine Mukarugema.
One Acre Fund Rwanda yatangaje ko mu gihembwe cy’ihinga cya 2027AB iteganya gufasha abahinzi miliyoni 1.3, hibandwa cyane ku bihingwa bifite agaciro ku isoko kugira ngo umusaruro mwinshi ujyane no kongera inyungu z’abahinzi.
Mu gihe Isi ikomeje guharanira ko amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 atazibagirana, mu minsi mike ishize mu Bufaransa habereye ibikorwa bikomeye byibanze ku kwibuka no kuyasigasira, mu kuzirikana ubuzima bw’abarenga miliyoni imwe bazize uko bavutse ndetse bikajyana no gushimangira uruhare rw’ubuhanzi mu kubika no (…)
Igitaramo ‘Spinny and Friends’ gitegurwa n’umuhanga mu kuvanga imiziki, Joseph Kalisa uzwi ku izina rya Dj Spinny, cyari gitegerejwe na benshi ku wa 8 Kanama 2026, abagitegura batangaje ko cyimuriwe tariki 18 Nyakanga 2026, ku kibuga cya Cricket i Gahanga.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yakiriye neza amagambo yavuzwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Marco Rubio ubwo yari imbere y’Abadepite bagize Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga aho yabemereye ko u Rwanda rurimo gusohoza inshingano zarwo mu bijyanye n’amasezerano yarwo na DRC.
Urwego Ngenzuramikorere, RURA, rwatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peteroli, aho litiro ya lisansi yagumye kuri 2.938 Frw, mu gihe mu gihe litiro ya mazutu yo yazamutseho 722 Frw kuko yavuye kuri 2205 Frw ikagera kuri 2.927 Frw.
Buri rugo rw’i Kigali rugira ingengo y’imari ya buri kwezi idahinduka. Ubukode bw’inzu buza mbere, hagakurikiraho ibiribwa, ingendo, umuriro w’amashanyarazi, amafaranga y’ishuri n’ay’itumanaho bikagabana ibisigaye. Imiryango ikora uko ishoboye igahuza ibyo ifite n’ibyo ikeneye, amazi na yo akenshi ntaba ari ikintu cyitabwaho (…)
Amakipe abiri yo muri Libya arimo Al Ahly Benghazi na Al Nasr nayo y’i Benghazi ndetse na CS Sfaxien yo muri Tunisia ashobora kwitabira CECAFA Kagame Cup 2026 izabera mu Rwanda kuva tariki 19 Nyakanga 2026.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madame Jeannette Kagame, ku wa Kabiri Kamena bitabiriye umuhango wo gutaha urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwubatswe i Paris mu Bufaransa.
Buri rugo rw’i Kigali rugira ingengo y’imari ya buri kwezi idahinduka. Ubukode bw’inzu buza mbere, hagakurikiraho ibiribwa, ingendo, umuriro w’amashanyarazi, amafaranga y’ishuri n’ay’itumanaho bikagabana ibisigaye. Imiryango ikora uko ishoboye igahuza ibyo ifite n’ibyo ikeneye, amazi na yo akenshi ntaba ari ikintu cyitabwaho (…)
Amafaranga ni igikoresho abantu bifashisha mu guhanahana ibintu na serivisi (kugura no kugurisha). Zimwe mu nshingano zayo ni uguhana ibintu (exchange), kubika agaciro (store of value), gupima agaciro (measure of value) no kwishyurana (means of payment).
Abaturage bo mu karere ka Karongi mu murenge wa Gishyita bakora uburobyi mu Kiyaga cya Kivu bavuga ko izamuka rya Lisansi na Mazutu ryatumye ibiciro by’insambaza n’amafi, bizamuka bitewe ahanini n’ubwato bwifashishwa mu burobyi n’ubwikorezi bukoresha Lisansi na mazutu.
Abashakashatsi bo muri Kaminuza ya Cambridge mu Bwongereza batangaje ko bakoze urukingo rushya rwifashishije ubwenge buhangano (AI), bavuga ko rushobora kurinda abantu ubwoko bwinshi bwa virusi zo mu muryango wa Coronavirus ndetse n’izishobora guteza ibyorezo mu gihe kiri imbere.
Urwego rw’imari mu Rwanda rumaze kunguka ikigo gishya cy’imari iciriritse, cyitwa CHIC Finance Plc, kikaba giturutse mu banyamigabane b’inzu y’ubucuruzi ikunzwe cyane mu Mujyi wa Kigali, Champion Investment Company, abantu bazi muri macye nka CHIC.
Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko kurengera ibidukikije n’umutungo kamere wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) bikwiye gushyirwa imbere mu rugendo rwo kubaka igihugu no guteza imbere abaturage.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA), kirahamagarira abaturarwanda kugira uruhare n’ijambo mu bikorwa byo gukumira no guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.
Kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya Rayon Sports yasinyishije Ndayishimiye Didier wakiniraga AS Kigali inyuma ku ruhande rw’iburyo ariko ushobora no gukina hagati mu kibuga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro burashima ababyeyi 151 bazwi ku izina rya ba ‘Malayika Murinzi’ bemeye kwakira abana mu miryango yabo, bakabarera neza babitayeho, kandi ibi bakabikora nta gihembo cyangwa izindi nyungu bategereje.
Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwasubitse isomwa ry’urubanza ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien wamenyekanye nka Yampano mu muziki.
Buri mwaka, Oslo Freedom Forum yigaragaza nk’imwe mu nama zikomeye ku isi zihuriza hamwe abantu biyita abaharanira “demokarasi, uburenganzira bwa muntu n’ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo.”
Umuyobozi mukuru ushinzwe iterambere ry’Imijyi n’igenamigambi mu Mujyi wa Nairobi, Patrick Analo Akivaga, yatawe muri yombi nyuma y’uko Urwego rushinzwe kurwanya ruswa n’imyitwarire mibi muri Kenya rumusanganye ibifurumba by’amafaranga arenga miliyoni 65 z’Amashilingi ya Kenya ni ukuvuga (Miliyoni 735 n’ibihumbi 126 (…)
Kuri mugoroba, wo kuri uyu wa Kane u Rwanda rwifatanyije na Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu muhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 250 icyo gihugu cy’igihangange ku Isi kimaze kibonye ubwigenge.
Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Bernadette Arakwiye yatangije ku mugaragaro sitasiyo ya mbere y’u Rwanda ikora igenzura ry’ikirere cyo hejuru cyane (Automatic Upper-Air Station) iherereye mu Karere ka Huye.
Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda rwasinyanye amasezerano y’imikoranire n’uruganda rwa Skol aho kuva mu mwaka w’imikino 2026-2027, ikipe ishobora kuzajya ihabwa miliyoni kuri buri mukino itsinze.
Ambasade y’Ubwami bw’u Buholandi mu Rwanda, iyobowe na Ambasaderi Joan J. Wiegman, yifatanyije n’Abanyarwanda mu bikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ubuyobozi bw’Ikigega cyihariye cy’Ingoboka (Special Grant Fund/SGF), buratangaza ko hari umushinga w’Itegeko urimo kuganirwaho ushobora kuzatuma Inkende ziyongera mu nyamaswa zishyurirwa igihe zoneye cyangwa zangiririje abaturage.
Guhera ku wa kabari w’icyumweru gitaha, Urukiko rwa Rubanda rw’Ubujurire rwa Paris mu Bufaransa ruzatangira kuburanisha urubanza rwa Dr Eugène Rwamucyo wajuririye icyemezo cyamukatiye gufungwa imyaka 27 nyuma yo guhamywa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abanyeshuri batanu b’Abanyarwanda biga muri Kaminuza ya Kent State University yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ku wa 3 Kamena 2026, bakoze urugendo rwabo rwa mbere batwaye indege mu gikorwa kigamije kubategura kuba abapilote babigize umwuga.
Ku nshuro ya mbere mu Rwanda hagiye kuba irushanwa ry’imikino yo kwiyerekana ’Acrobatics and Rythymic Gymnastics’ aho ryateguwe na Kigali International Gymnastics Academy (KIGA), ku bufatanye na n’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Gymnastics mu Rwanda (FERWAGY).
Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) rwafunze by’agateganyo amahoteri atanu akorera mu Rwanda, nyuma y’igenzura ryagaragaje ko atujuje ibisabwa mu rwego rw’ubukerarugendo n’amahoteri.
U Rwanda rwagaragarije itsinda ry’intoranywa ry’abashoramari b’Abanyamerika ubushobozi n’amahirwe rufite akwiye kubyazwa umusaruro mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, mu nama yahuje Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Afurika yiga ku ishoramari mu bijyanye n’amabuye y’agaciro.
Kuri uyu wa Kane, ikipe ya Kiyovu Sports yatangaje ko yasinyishije rutahizamu Lola Kanda Moise wakiniragaa Gicumbi FC.
U Rwanda na Pakistani byasinyanye amasezerano yitezweho gushimangira imikoranire mu bijyanye no kugenzura ikoreshwa ry’ingufu za Nikeleyeri, guteza imbere ubumenyi n’ubushobozi bw’abakozi, ndetse no gusangira ubunararibonye n’amakuru.
Ikibazo cy’umutekano mu Karere kizakomeza kumvikana mu gihe cyose umutwe w’iterabwoba wa FDLR ubarizwa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo utarasenywa burundu, ngo wamburwe n’intwaro nk’uko byagiye bigarukwaho mu bihe bitandukanye.
Koperative Umwalimu Sacco yashyizeho uburyo bushya bwo gukoresha igenagaciro ku basaba inguzanyo mu rwego rwo kurinda abanyamuryango igihombo.
Inteko Ishinga Amategeko y’Amerika, Umutwe w’Abadepite (House of Representatives), igenzurwa n’Abarepubulikani, yatoye umwanzuro usaba Perezida Donald Trump guhagarika ibikorwa bya gisirikare muri Iran keretse habayeho uburenganzira butangwa na Kongere (Sena).