Impuguke mu bukungu zisanga nubwo mu myaka irenga 20 ishize, urwego rw’amabanki mu Rwanda rwarabaye inkingi y’ingenzi ifasha guhuza abafite amafaranga n’abakeneye gushora imari, ariko amabanki yonyine adashobora gutera inkunga icyiciro gikurikira cy’iterambere ry’Igihugu.
Banki y’Amajyambere y’u Rwanda (BRD PLC), yatangije ku mugaragaro gahunda yo kwegereza abaturage serivisi z’imari, zizajya zitangirwa muri za SACCO zo ku rwego rw’Akarere mu gihugu hose.
Ba rwiyemezamirimo b’abagore bo mu birwa bya Mauritius bagiye kuza mu Rwanda, mu ruzinduko rw’iminsi itatu rugamije gushaka amahirwe mashya y’ubucuruzi n’ishoramari, binyuze mu Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA), bakazagirana ibiganiro n’abo mu Rwanda.
Minisitiri w’Imari n’igenamigambi, Yussuf Murangwa, yavuze ko icyuho cy’ibyoherezwa n’ibitumizwa mu mahanga cyagabanutseho 1, 9 % mu mwaka wa 2025 biva kuri Miliyari 2,4 z’Amadorali ya Amerika 2024 bigera kuri Miliyari 2,3$ z’Amadorali ya Amerika mu mwaka wa 2025.
Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) cyatashye ku mugaragaro Heza Estate, umushinga munini w’imiturire uherereye i Batsinda, mu Murenge wa Kinyinya, Akarere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.
Itangazamakuru ni akazi dukora umunsi ku wundi kabyara amafaranga muri rusange, ariko jyewe ntekereza ko nta muntu ukwiye gukora akazi kamwe, kereka iyo nta yandi mahitamo afite.
Ubushomeri buracyahagaze kuri 14 ku ijana mu rubyiruko rw’u Rwanda, ariko Clenia Dusenge uzwi nka Madederi mu izina ry’ubuhanzi, yaburwanyije akigera mu mwaka wa kane w’ayisumbuye, arabutsinda.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwagaragaje ko Ishoramari ry’abanyamahanga mu Rwanda (FDI) rikomeje kwiyongera kuko ryageze kuri Miliyoni 872.9 z’Amadolari mu 2024, rivuye kuri miliyoni 716.5 mu 2023, bingana n’izamuka rya 21.8%.
Ikigo cy’Imari Umutanguha Finance Company Plc kigiye kubarura abanyamigabane bacyo barenga ibihumbi 13, kugira ngo cyubahirize amategeko n’amabwiriza ya Banki Nkuru y’Igihugu, kandi kigire imyirondoro n’amakuru yuzuye kandi aha uburenganzira busesuye abanyamigabane bose.
Intambara no gushyamirana bikomeje kwiyongera mu Burasirazuba bwo Hagati, byahungabanyije isoko ry’ingufu, none ingaruka zabyo zirimo kugera no ku bihugu biherereye kure cyane y’ako Karere.
Ikigo cy’imari cya BK Group Plc, cyatangaje ko cyabonye inyungu ya Miliyari 110 na Miliyoni 100 Frw mu 2025, avuye kuri miliyari 91 Frw yari yungutse mu mwaka wari wabanje. Ikaba yarabonye inyongera ingana ya 22.9%.
Koperative Umwalimu SACCO ikomeje kwagura ibikorwa byayo mu gutanga serivisi hakoreshejwe ikoranabuhanga aho abanyamuryango bayo ubu bakoresha telefone zigendanwa n’ubundi buryo bakabona serivisi zitandukanye zo kubitsa, kubikuza no gufata inguzanyo, batabanje gukora ingendo bajya ku mashami y’Umwalimu SACCO.
Nta kinezeza nko gupanga umushinga wo kugura imari ishyushye nk’ubutaka, inzu, ibikoresho byo mu nzu cyangwa iby’ikoranabuhanga,cyangwa se n’amatungo yo korora, maze utiriwe uhamagara hirya no hino ugafungura telefoni yawe ifite internet, ikaguha icyo umutima wawe ushaka.
Ubuyobozi bwa Banki ya Kigali bwafunguye ku mugaragaro ishami ryayo ku mupaka wa Rusizi ya Kabiri (Rusizi II) , umupaka uhuza u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, mu Murenge wa Mururu ho mu Karere ka Rusizi.
U Rwanda ruri mu nzira yo gutangira gukoresha Ifaranga Koranabuhanga (e-FRW ry’u Rwanda), ababizobereyemo bakavuga ko niritangira gukoreshwa rizaba rifite agaciro gakomeye ku rwego mpuzamahanga, ku buryo ufite inzu cyangwa isambu mu Rwanda, ashobora kuzabitangaho ingwate mu mabanki yo mu mahanga agahabwa inguzanyo, mu gihe (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burasaba abikorera bo muri ako Karere, kutarebera abava ahandi bakaza kuhakorera ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro. Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, yabibasabye ubwo bari mu gikorwa cyo gutora Komite Nyobozi nshya ya PSF, yasimbuye icyuye igihe.
Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) Soraya Munyana Hakuziyaremye, yavuze ko hakenewe ubufatanye bwa Banki Nkuru z’ibihugu kugira ngo hareberwe hamwe imbogamizi mu nzego zitandukanye cyane cyane ibijyanye n’amategeko bishobora gutuma hari ibitagerwaho neza nk’uko bikwiye.
Ikigo cya Access to Finance Rwanda (AFR) cyatangije gahunda yiswe “Terimbere MSME Facility”, igamije guhuza abakora ubucuruzi buto n’ubuciriritse n’ubufasha bakeneye burimo kongererwa ubushobozi hagamijwe guteza imbere ubucuruzi, ndetse no kugera ku mari n’igishoro mu buryo bworoshye.
Ikigo cyo muri Kenya kizobereye mu by’imari, CPF Group, cyafunguye ishami ryacyo mu Rwanda, kikaba gifite intego yo korohereza Abanyarwanda n’abaturarwanda kugera ku mari.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) ivuga ko abishyura neza inguzanyo bafata mu mabanki n’Ibigo by’Imari bari ku kigero cyiza bikaba bitanga ikizere ko urwego rw’imari ruhagaze neza.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi ndetse n’abafatanyabikorwa bayo, bashyizeho ikigega cyo gufasha urubyiruko rusanzwe rufite ibyo rukora ariko ntiruzamuke kubera igishoro gito, rugahabwa inguzanyo ku nyungu nto kandi idasaba ingwate, ari cyo cyiswe Aguka Youth Fund.
Kubungabunga ibidukikije mu Rwanda ni inshingano ya buri wese, kandi buri giti giterwa kigira uruhare mu kubaka ejo hazaza harangwa n’icyatsi n’iterambere rirambye.
Banki ya Kigali (BK) igiye gutanga inguzanyo igera kuri Miliyari imwe y’amafaranga y’u Rwanda (1,000,000,000Frw) ku bahanzi Nyarwanda. Ni gahunda yatangijwe ku mugaragaro n’ubuyobozi bwa BK, ku bufatanye na Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi (MoYA), ku mugoroba wo ku wa 24 Gashyantare 2026, hagamijwe kugira ngo (…)
Koperative Duhuze Imbaraga Gatsibo, ihuriyemo impunzi z’Abanyekongo zicumbikiwe mu nkambi ya Nyabiheke iherereye muri ako Karere hamwe n’abaturage bo mu Karere ka Gatsibo, yujuje uruganda rufite agaciro ka Miliyoni 210 z’amafaranga y’u Rwanda.
Umujyi wa Kigali wasabye ko mu kuvugurura itegeko ryo gutanga amasoko ya Leta harebwa uburyo Isoko rinini ritahabwa umuntu umwe gusa, kugira ngo bitazajya bidindiza ibikorwa biteganyijwe gukorwa muri iryo soko.
Niyotwagira Jean Damascene, umworozi uhagarariye ihuriro ry’aborozi b’inka zitanga umukamo mu Karere ka Ngoma, yabwiye Perezida Paul Kagame, ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi nta nka n’imwe yari afite kandi ko nta n’ikintu na kimwe yari afite, ariko ubu akaba atunze ku buryo agemura Litiro 100 z’amata ku munsi.
Leta y’u Rwanda n’Ikigo cy’Abanyamerika gicunga utudege tutagira abapilote (drones), Zipline Rwanda, basinye amasezerano atuma iki kigo cyagura aho gukorera, harimo Umujyi wa Kigali no mu Ntara y’Iburengerazuba.
Ubwo yitabiraga umwiherero w’Abanyarwanda baba muri Diaspora n’inshuti z’u Rwanda, wabereye i Paris mu Bufaransa mu mpera z’icyumweru gishize (Rwandan Diaspora Retreat 2025), Banki ya Kigali (BK), yabagaragarije amahirwe ahari yo gushora imari mu rugendo rw’iterambere u Rwanda rukomeje.
Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva, yagaragaje ko urwego rw’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda, ari inkingi ikomeye ifatiye runini Igihugu n’abagituye.