Mu nama ya 49 y’ihuriro ryiga ku bukungu bw’isi (Wef19) iri kubera i Davos mu Busuwisi, Perezida Kagame unayoboye umuryango w’Ubumwe bwa Afurika yavuze ko kuri ubu benshi bamaze kubona ko hari inyungu nyinshi ku kuba Afurika yaba ikomeye kandi yunze ubumwe.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere RDB ruvuga ko mu bibazo 209 abashoramari barugejejeho muri 2018, higanjemo icy’ibikorwa remezo bidahagije.
Umuyobozi w’Intara y’Iburengerazuba atangaza ko inzoga ya Heineken yengerwa mu Rwanda igiye kuzana iterambere, gutanga akazi no kongera umubare w’ibikorerwa mu Rwanda.
Uruganda rwa Kinazi rukora ifu y’imyumbati ruremeza ko rugiye kubona amasoko atatu akomeye yo muri Amerika muri Leta za California, Colorado na Oregon mu rwego rwo kongera abakiriya banini.
Ubuyobozi bwa sosiyete itwara abagenzi mu mujyi wa Kigali KBS, buvuga ko bugiye kuzana izindi bisi 20 ziyongera ku zisanzwe hagamijwe guca imirongo miremire y’abagenzi bazitegereza.
Ingamba zo guhangana n’imihindagurikire y’ibihe muri 2018 zateye umusaruro mbumbe w’u Rwanda(GDP) kuzamuka, nk’uko bitanganzwa na Ministeri y’ubuhinzi n’ubworozi(MINAGRI).
Abagenzi baturuka hirya no hino bajya mu bindi bice by’Igihugu bagejeje isa ine z’ijoro bacyicaye muri gare ya Nyabugogo, ariko bahawe icyizere cy’uko bari burare bageze iyo bajya.
Muri Werurwe umwaka utaha moto za mbere zikoresha amashanyarazi zizatangira gukoreshwa mu Rwanda, aho zitegerejweho gufasha igihugu guhangana n’ibyuka bihumanya ikirere.
Igihugu cya Autriche kigiye gushora imari ingana na miliyoni 66 z’amayero (Euros) muri Afurika, azajya mu bikorwa bigamije itarambere muri rusange ndetse no mu guteza imbere imishinga mito n’iciriritse.
Mu mwaka wa 2017/2018 mu Rwanda hahanzwe imirimo irenga ibihumbi 200, muri yo ibihumbi 166 ingana na 81% ni idashingiye ku buhinzi, naho 19% yo ishingiye ku buhinzi.
Havugimana Saidi uzwi nka "Haji" ni umucuruzi w’amata ukomeye mu Karere ka Nyanza, asobanura inkomoko y’ubucuruzi bwe, n’inzira yanyuzemo kugira ngo agere ku rwego ariho ubu.
Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda yagaragarije Banki nkuru y’ u Rwanda ko itishimiye uko inyungu yakwa ku nguzanyo zitangwa n’amabanki ikomeza kuzamuka, aho kugabanuka, bikaba bibangamiye iterambere ry’Abanyarwanda.
Ambasaderi Henry Rao Hongwei uhagarariye Bushinwa mu Rwanda yiyemeje kuzamura umubare w’abashora imari mu bucuruzi bw’ikawa y’u Rwanda.
Minisitiri Sezibera avuga ko hari imishinga myinshi y’umuryango wa EAC yadindiye irimo uwa Gariyamoshi, uw’amashanyarazi n’iyindi bigatuma ibihugu biwugize bitihuta mu iterambere kubera ibyo bitumvikanaho.
Abenshi mu bakunzi b’iki kinyobwa gisembuye, bahamya ko iryoha ariko ngo igiciro cyayo si buri wese wakigondera. Ibi bigiye kuba amateka kuri bo kuko guhera mu Ukuboza uyu mwaka wa 2018, Heineken itangira kwengerwa mu Rwanda ndetse igiciro cyayo kikava ku mafaranga 1000 Rwf kikaba 800 Rwf nk’uko uruganda Bralirwa Plc rugiye (…)
U Rwanda na Qatar basinyanye amasezerano ku by’ ingendo z’indege, ubutwererane n’ubuhahirane, kurengera ishoramari, ndetse n’amasezerano y’ubufatanye mu bukungu, ubucuruzi ndetse na tekinike.
Nyagahene Eugene ni umugabo ufite imyaka 60 y’amavuko, akaba yubatse afite abana batatu b’abakobwa. Ni umwe mu baherwe bo muri iki gihugu, akaba ari we watangije Radiyo yigenga ya mbere mu Rwanda "Radio 10", yaje no kubyara TV10.
Umuherwe w’Umushinwa Jack Ma yemeza ko kuba u Rwanda ari igihugu gishaka impinduka z’iterambere byamworoheye kuruhitamo nk’igihugu cyakorana na sosiyete ya Alibaba.
Ikompanyi y’indege y’u Rwanda, RwandAir izatangiza ingendo zayo mu gihugu cya Israel umwaka utaha nk’uko byatangajwe n’ambasaderi wa Israel mu Rwanda.
Guest House ya Nkombo yagombaga kuba iri gukora ntiyigeze ifungura imiryango, kubera impungenge abashoramari bafite ku miterere y’iki kirwa no kuzabona abayigana.
Imisozi igizwe n’amabuye mu Karere ka Kirehe igaragarira abahatuye nk’amwe mu mahirwe Leta ishobora gufatanya nabo kubyaza umusaruro.
Muri uku kwezi k’ Ukwakira, Banki Nkuru y’u Rwanda yahaye ikigo cya "RIHA Payment System Ltd " uruhushya rw’amezi atandatu rwo gutangira kugerageza uburyo bushya icyo kigo cyavumbuye bwitwa ‘AuraSoft Riha Mobile Wallet’ bwo gufasha abantu guhererekanya amafaranga hifashishijwe ikoranabuhanga.
Nyuma y’uko Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda yagendereye Akarere ka Huye agasaba ko urwari uruganda rw’ibibiriti rugurishwa hagakurwa ikigunda mu mujyi, rwashyizwe ku isoko ariko ntiruragurwa.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yasabye Abahuzabikorwa b’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko (NYC) mu turere na ba Visi Meya bashinzwe imibereho myiza y’Abaturage ubufatanye no guhiga imihigo itanga ibisubizo ku imibereho mibi y’abaturage n’urubyiruko by’umwihariko.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, atangaza ko icyerekezo cy’u Rwanda ari uko ibyoherezwa mu mahanga biziyongeraho 17% buri mwaka kugeza muri 2024.
Banki ya Kigali (BK) yatangaje ko urubyiruko rufite imishinga irambye kandi yunguka kurusha indi, izakomeza guhabwa amafaranga y’igishoro azishyurwa nta nyungu zigeretseho.
Perezida Paul Kagame yavuze ku byinshimo afite byo kubona imodoka yamenye ubwenge asanga mu Rwanda ari nayo ya mbere ikoze amateka mu kuhakorerwa.
Ikigo cy’ivunjisha n’ihererekanya ry’amafaranga UAE Exchange cyashyizeho ishami ryihariye rizajya rikorwamo n’abagore gusa, aho bazajya bakora ibijyanye no kwakira ababagana ndetse no gutanga serivisi zose za UAE Exchange.
Assiel Muhayimana ukomomka i Kinazi mu Karere ka Huye akora ibikoresho birimo ingorofani n’amasuka yifashishije imashini yikoreye, kandi ngo yiteguye kuzahanga imirimo 50.
U Rwanda na Nigeria byasinye amasezerano y’imikoreshereze y’ikirere (BASA) aho indege za RwandAir zemerewe bidasubirwaho gukoresha ibibuga by’indege byose bya Nigeria.