Jose Chameleone yavuze ko adashyigikiye kuba umuhungu we, Abba Marcus akoresha ibiyobyabwenge ariko ashimangira ko kumuciraho iteka atariyo nzira nziza kurusha kumuganiriza no kumugira inama yo kubireka.
Umuhanzi w’indirimbo zisana imitima Musinga Joe yavuze ko buri Munyarwanda, by’umwihariko urubyiruko n’abahanzi, afite inshingano zo gusigasira amateka y’u Rwanda no gukoresha impano ze mu kubaka igihugu no kwimakaza ubumwe.
Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwami bw’u Bwongereza, Johnston Busingye, yakiriye umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi, bagirana ibiganiro mbere y’igitaramo ateganya gukorera mu Bwongereza.
Prophet Vincent Mackay usanzwe ukorera ivugabutumwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yakoze ubukwe na Kate Clinton Ndikumagenge, mu birori bibereye ijisho byabaye ku wa Gatandatu tariki 20 Kamena 2026.
Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, Gen Muhoozi Kainerugaba, yasabye Bebe Cool guhagarika ibikorwa byo gukomeza guharabika Miss Mutesi Jolly, yari amaze iminsi ashinja kumutekera umutwe.
Prophet Vincent Mackay ukorera ivugabutumwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika agiye kurushinga n’Umunyarwandakazi Kate Clinton Ndikumagenge, mu bukwe buzaba kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 20 Kamena 2026.
Mutesi Jolly wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu 2016, yatangaje ko yifashishije sosiyete yunganira abantu mu mategeko yo muri Uganda ya Mbidde & Co Advocates, agiye kujyana mu nkiko umuhanzi wo muri Uganda, Moses Ssali uzwi nka Bebe Cool nyuma y’uko amuharabitse ku mbuga nkoranyambaga amushinja ubutubuzi.
Umuhanzi akaba n’umwe mu bakora bakanatunganya indirimbo Mugisha Robinson uzwi nka Element Eleeeh, agiye gutangira urugendo rw’ibitaramo bizenguruka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), ruzaba mu mezi abiri akurikirana y’Ugushyingo n’Ukuboza 2026.
Umuhanzi Nyarwanda Ngabo Richard umaze kwamamara nka Kevin Kade, ntazitabira ibitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival nk’uko byari biteganyijwe, nyuma yo gutangaza ko afite ibibazo by’uburwayi.
Umuhanzikazi Jennifer Lopez, yishimiye bidasanzwe ikipe ya New York Knicks yegukanye igikombe cya Shampiyona ya Basketball muri Amerika (NBA) nyuma y’imyaka 53.
Itsinda ry’abaririmbyi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine na Kamikazi Dorcas batangaje ku mugaragaro ko bamaze guhagarika imikoranire bari bafitanye na MIE ya Irene Murindahabi, icyemezo cyatangiye gushyirwa mu bikorwa ako kanya.
Umukinnyi wa filime, umunyamideli ndetse n’umucuruzi w’icyamamare muri Tanzania, Wema Sepetu, ari mu byishimo nyuma yo kwibaruka umwana we wa mbere w’umuhungu.
Umunyamideli n’umucuruzi w’icyamamare muri Uganda, Zari Hassan, yatangaje ko we n’umugabo we Shakib Cham Lutaaya batandukanye nyuma y’imyaka itanu bari bamaze babana.
Itsinda rya UB40 featuring Ali Campbell ryakoze amateka mu gitaramo cyabereye muri BK Arena, kiba kimwe mu bitaramo byihariye bitazibagirana, cyane cyane ku bakuze bumva umuziki waryo.
Chorale de Kigali ni imwe mu makorari akomeye, kandi akunzwe cyane mu Rwanda, muri Kiliziya Gatolika.
Umuhanzikazi Boukuru wari uteganyijwe kubanza ku rubyiniro mu gitaramo cya UB40 Featuring Ali Campbell cyabereye muri BK Arena, ntiyabashije kuririmba nk’uko byari byateganyijwe, bitewe n’impamvu zitunguranye.
Umuhanzi Nemeye Platini uri mu bakunzwe cyane mu muziki nyarwanda, ari kuvurirwa mu Bitaro bya CHUK (Centre Hospitalier Universitaire de Kigali ).
Korali Ambassadors of Christ yo mu Itorero ry’ Abadivantiste b’Umunsi wa Karindwi rya Remera, iri mu myiteguro y’ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 imaze ikora umurimo w’Imana.
Nubwo umuziki nyarwanda ukomeje gutera imbere ku muvuduko udasanzwe,nyamara ni kenshi abahanzi nyarwanda binubira ko batabona inyungu ifatika iturutse mu bihangano byabo, aho usanga rimwe na rimwe abandi ari bo babyungukiramo cyangwa bakanabikoresha ku buntu.
Abakunzi b’imyidagaduro muri Kigali bashyizwe igorora binyuze mu gitaramo kidasanzwe cyiswe The Long Weekend Affair, bakazataramirwa na Success SA, DJ uri mu bagezweho mu kuvangavanga umuziki muri Afurika y’Epfo, cyane cyane mu njyana y’Amapiano irimo gukundwa cyane muri iki gihe.
Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi, Beyoncé Knowles-Carter yamaze kwinjira ku rutonde rwa Forbes rw’abaherwe bafite umutungo ubarirwa muri Miliyari z’Amadolari, nk’uko byatangajwe mu rutonde rwa 2026.
Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Pastor Lopez ukomoka mu gihugu cy’u Burundi, yatangaje ko yishimiye cyane ubufatanye yagiranye na Prosper Nkomezi mu ndirimbo yabo bise “Imana Ikomeye.”
Umuraperi ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC, Gandhi Djuna, uzwi nka Maître Gims yatawe muri yombi akurikiranyweho ibyaha birimo gutera inkunga imitwe y’abagizi ba nabi.
Nicki Minaj, umuhanzikazi w’icyamamare mu njyana ya Rap, yajyanywe mu nkiko, ashinjwa kutishyura Amadolari ya Amerika 275,000 bivugwa ko yakoreshejwe mu gutegura ibitaramo bye.
Umusaza Ngombwa Timothée wahimbye indirimbo nyinshi zirimo izagize uruhare mu rugamba rwo kubohora u Rwanda nka ‘Ziravumera’ yitabye Imana afite imyaka 80. Amakuru y’urupfu rw’uyu musaza yamenyekanye kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Werurwe 2026.
Umuhanzi umenyerewe mu njyana gakondo, Cyusa Ibrahim yashyize hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise ’Rusanga n’Izayo’, aho yafatanyije na Layan Mpano, umunyamuziki gakondo w’ahazaza heza mu rugendo rw’iyi njyana.
Umuhanzi Prince Salomon yasohoye amashusho y’indirimbo ye nshya yise ‘BABA’, indirimbo yibanda ku gushimira Imana ku mirimo yakoze mu buzima bwe no ku rukundo rwayo rutajya rumusiga mu bihe bitandukanye yanyuzemo.
Umuhanzi w’Umunya-Nigeria wari ufite imyaka 26, Ifunanya Nwangene, yapfuye nyuma yo kurumwa n’inzoka yamusanze mu cyumba aryamye, mu nzu aho yabaga muri Nigeria.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Mutarama i Kigali habereye ibiganiro bizwi nka Masterclass, by’abantu bafite impano zitandukanye bigamije kubafasha kubihuza n’isoko ry’umurimo.