Korali Ambassadors of Christ yo mu Itorero ry’ Abadivantiste b’Umunsi wa Karindwi rya Remera, iri mu myiteguro y’ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 imaze ikora umurimo w’Imana.
Nubwo umuziki nyarwanda ukomeje gutera imbere ku muvuduko udasanzwe,nyamara ni kenshi abahanzi nyarwanda binubira ko batabona inyungu ifatika iturutse mu bihangano byabo, aho usanga rimwe na rimwe abandi ari bo babyungukiramo cyangwa bakanabikoresha ku buntu.
Abakunzi b’imyidagaduro muri Kigali bashyizwe igorora binyuze mu gitaramo kidasanzwe cyiswe The Long Weekend Affair, bakazataramirwa na Success SA, DJ uri mu bagezweho mu kuvangavanga umuziki muri Afurika y’Epfo, cyane cyane mu njyana y’Amapiano irimo gukundwa cyane muri iki gihe.
Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi, Beyoncé Knowles-Carter yamaze kwinjira ku rutonde rwa Forbes rw’abaherwe bafite umutungo ubarirwa muri Miliyari z’Amadolari, nk’uko byatangajwe mu rutonde rwa 2026.
Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Pastor Lopez ukomoka mu gihugu cy’u Burundi, yatangaje ko yishimiye cyane ubufatanye yagiranye na Prosper Nkomezi mu ndirimbo yabo bise “Imana Ikomeye.”
Umuraperi ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC, Gandhi Djuna, uzwi nka Maître Gims yatawe muri yombi akurikiranyweho ibyaha birimo gutera inkunga imitwe y’abagizi ba nabi.
Nicki Minaj, umuhanzikazi w’icyamamare mu njyana ya Rap, yajyanywe mu nkiko, ashinjwa kutishyura Amadolari ya Amerika 275,000 bivugwa ko yakoreshejwe mu gutegura ibitaramo bye.
Umusaza Ngombwa Timothée wahimbye indirimbo nyinshi zirimo izagize uruhare mu rugamba rwo kubohora u Rwanda nka ‘Ziravumera’ yitabye Imana afite imyaka 80. Amakuru y’urupfu rw’uyu musaza yamenyekanye kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Werurwe 2026.
Umuhanzi umenyerewe mu njyana gakondo, Cyusa Ibrahim yashyize hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise ’Rusanga n’Izayo’, aho yafatanyije na Layan Mpano, umunyamuziki gakondo w’ahazaza heza mu rugendo rw’iyi njyana.
Umuhanzi Prince Salomon yasohoye amashusho y’indirimbo ye nshya yise ‘BABA’, indirimbo yibanda ku gushimira Imana ku mirimo yakoze mu buzima bwe no ku rukundo rwayo rutajya rumusiga mu bihe bitandukanye yanyuzemo.
Umuhanzi w’Umunya-Nigeria wari ufite imyaka 26, Ifunanya Nwangene, yapfuye nyuma yo kurumwa n’inzoka yamusanze mu cyumba aryamye, mu nzu aho yabaga muri Nigeria.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Mutarama i Kigali habereye ibiganiro bizwi nka Masterclass, by’abantu bafite impano zitandukanye bigamije kubafasha kubihuza n’isoko ry’umurimo.
Umuhanzi umaze kugira izina mu Rwanda no ku ruhando mpuzamahanga Bruce Itahiwacu uzwi nka Bruce Mélodie, yatangiye urugendo rwo kumenyekanisha indirimbo ’Pom Pom’ mu bihugu by’amahanga.
Umuhanzikazi w’icyamamare muri Afurika, Tiwa Savage, yatangaje ko kuba umubyeyi bitahise bimworohera mu ntangiriro, aho yavuze ko mu myaka ya mbere amaze kwibaruka imfura ye yahuye n’imbogamizi nyinshi zamugizeho ingaruka ku mubiri, ku mitekerereze no ku mwuga we w’umuziki.
Umuhanzi w’icyamamare muri Afurika y’Iburasirazuba, Jose Chameleone ukomoka muri Uganda, arateganya gutangiza radiyo nshya mu Mujyi wa Bujumbura mu Burundi, mu mushinga ugamije guteza imbere umuziki, imyidagaduro n’umuco by’akarere, by’umwihariko hagamijwe gushyigikira abahanzi bato.
Hirya no hino mu Mujyi wa Kigali abantu bakereye ibirori byo gusoza umwaka no gutangira undi, aho bagiye bahurira ahantu hatandukanye hari ibitaramo bibafasha kwishima, nko ku mbuga ya Kigali Convention Centre, aharimo kubera igitaramo kirimo umuhanzi w’icyamamare w’umunya-Tanzania Ali Kiba, aho afatanyije n’abarimo Kevin (…)
Umuhanzi w’icyamamare ukomoka muri Tanzania, Ali Saleh Kiba uzwi cyane nka Ali Kiba mu muziki, yageze i Kigali kuri uyu wa Mbere tariki 29 Ukuboza 2025.
Umuhanzi Senderi International Hit yavuze ko bitari bumushimishe ngo agubwe neza, iyo atagira igikorwa gifatika akorera Intara y’Iburasirazuba avukamo, by’umwihariko mu Karere ka Kirehe.
Igitaramo ‘Icyambu Live Concert’ cya Israel Mbonyi cyari giteganyijwe kubera i Rubavu ku itariki ya 1 Mutarama 2026, cyasubitswe ku munota wa nyuma.
Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 28 Ukuboza 2025, ku mbuga yo kuri Kigali Convention Centre habereye igitaramo cyiswe Igisope Experience, aho abacyitabiriye baryohewe n’indirimbo z’abahanzi barimo Makanyaga Abdul, Dauphin, Chicorea, Indashyikirwa, n’abandi. Ni igitaramo kiri muri gahunda izamara icyumweru yateguwe (…)
Umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Gakondo, Cyusa Ibrahim afatanyije n’Abami b’Igisope barimo Munyanshoza Dieudonné bakunze kwita Mibirizi, bagiye gutaramira Abanyarwanda babinjiza mu mwaka mushya wa 2026.
Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi yatangaje ko yabonye ubusabe bwo kuba yakorera igitaramo muri stade Amahoro, akabyakira neza, akaba agitegereje ko hari ibishyirwa mu buryo kugira ngo bibe byamukundira.
Banki ya Kigali (BK), ku bufatanye n’umuhanzi The Ben, babinyujije mu gitaramo The Nu Year Groove, bagiye gutangiza neza umwaka Abanyarwanda bishimye.
Umuhanzi w’icyamamare w’Umunya-Nigeria, David Adedeji Adeleke, wamenyekanye cyane muri muzika nka Davido, yasesekaye i Kigali mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu tariki 5 Ugushyingo 2025, aho aje mu gitaramo cyari gitegerejwe na benshi, kibera muri BK Arena ku mugoroba w’uyu wa Gatanu.
Umuhanzi Alexis Dusabe agiye gukora igitaramo yise ‘Umuyoboro 25 Years Concert’, kigamije kwifatanya n’abakunzi be mu kwizihiza imyaka 25 amaze mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, ari na cyo azamurikiramo alubumu ye ya kane.
Nyuma y’imyaka isaga 17 adakorera igitaramo mu Rwanda, Richard Nick Ngendahayo avuga ko yiteguye gushimisha abakunzi be, mu gitaramo arimo gutegura, aho avuga ko imyiteguro isa n’iyarangiye.
Umuhanzi w’Umunya-Jamaica wamamaye mu njyana ya Reggae, Jimmy Cliff, yitabye Imana azize uburwayi, akaba yari afite imyaka 81.
Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine usanzwe ufatanya na murumuna we Kamikazi Dorcas, yanditse ubutumwa bukomeye bukubiyemo agahinda ndetse n’ubuzima bushaririye akomeje gucamo.
Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Rev Emmanuel Ganza, yavuze ko yishimiye kongera kugaruka mu Rwanda kuko ari mu rugo, kandi hamurutira ahandi hose yaba atuye ku Isi.
Umuhanzi Senderi Hit ukomeje icyiciro cya kabiri cy’ibitaramo bizenguruka Uturere twose tw’Igihugu, mu kwizihiza imyaka 20 amaze mu muziki yataramiye ab’i Musanze avuga ko yasanze baramwiteguye, mu kumushyigikira muri uru rugendo afata nk’amateka.