Umuhanzi Israel Pappy uzwiho ubuhanga mu gucuranga Saxophone, agiye gusohora album iriho indirimbo zicuranze ku bwiganze bw’icyo cyuma cya muzika kizwi nka Saxophone, cyane ko ngo ari cyo akunda gucuranga kurusha ibindi.
Umuhanzi Diamond Platnumz ukomoka mu gihugu cya Tanzania, yatakambiye Perezida Samia Suluhu Hassan gufasha abahanzi bakabona igikorwa remezo kigezweho nka BK Arena, kugira ngo na bo bajye babona aho bakirira ibitaramo byabo hagezweho.
Umuhanzi Christopher Maurice Brown wamamaye mu njyana ya R&B, yabwiye abategura ibitaramo muri Kenya ko icyo gihugu kidafite ibikorwa remezo bifatika, kandi bijyanye n’igihe byakwakira igitaramo cye.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame ni bamwe mu babarirwa mu bihumbi bitabiriye igitaramo cya John Legend cyabereye i Kigali muri BK Arena, mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 21 Gashyantare 2025.
Umuhanzi Alyn Sano yemeje ko yumva ageze kuri 2% mu rugendo rwe rw’umuziki ariko yiteguye kugera ku nzozi ze ijana ku ijana kuko ubu ngubu yamenye ko atagomba gufatafata ibyo abonye byose, ahubwo agahitamo ibimufitiye inyungu.
Roger Stephens wamamaye mu muziki nka John Legend yageze i Kigali, aho yitabiriye igitaramo cya Move Afrika gitegurwa n’umuryango Global Citizen.
Umuhanzi Ma Voice, wabaye umukinnyi w’umupira w’amaguru mu Rwanda, yahishuye uburyo imvune yagize yatumye yisanga afite impano no mu kuririmba.
Umuhanzi Nimbona Jean Pierre wamamaye nka Kidum, yahamije ko iyo ari ku rubyiniro mu bitaramo bitandukanye yitabira, nta zindi mbaraga aba yakoresheje uretse ubunararobonye afite mu muziki.
Jonathan Niyo, umenyerewe mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, yasohoye indirimbo yise Nguhaye Umutima yakoranye n’umuhanzi Obed Zawadi, ubutumwa buri muri iyi ndirimbo bukaba busaba abantu kugarukira Imana bakayiha imitima yabo, kugira ngo ibayobore mu nzira ikwiye kandi inabaruhure mu bihe bigoye.
Icyamamare mu gukina filimi muri Tanzania, Wema Sepetu, yahishuye ibihe bigoye yanyuzemo ashaka urubyaro, ariko mu myaka myinshi ishize agerageza bikaba byaranze nk’uko abivuga agira ati “ntiwahinyuza Imana”.
Umuhanzi Hakizimana Dieudonné ukoresha izina rya Eddy Neo, yateguje abakunzi be ko atazongera kumara igihe adashyira indirimbo hanze, kuko agiye gushyiramo imbaraga kugira ngo baticwa n’irungu.
Mu kiganiro Dunda Show kuri KTRadio, cyo ku wa Kane tariki 30 Mutarama 2025, umuhanzi Mico The Best yavuze byinshi kuri gahunda afite zijyanye n’umuziki we muri uyu mwaka, birimo ko yifuza kuzawurangiza akoze indirimbo enye cyangwa eshanu, avuga ku ndirimbo ye afatanyijemo n’abahanzi batandukanye, yiswe ‘Twivuyange’, ariko (…)
Umuhanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Eric Reagan Ngabo. usanzwe utuye mu gihugu cya Finland mu Majyaruguru y’u Burayi, yashyize ahagaragara amashusho y’indirimbo nshya yise My Lord izaba iri kuri Album nshya yitegura gushyira ku isoko, ikazibanda cyane ku ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana.
Umuhanzi w’Umunya-Tanzania Harmonize, yerekanye umukunzi we mushya witwa Abigael Chams, mu gihe hari hashize ibyumweru bicyeya havugwa ibihuha ku rukundo rw’abo bombi, kuko byari bikiri mu ibanga.
Umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Gakondo, Makanyaga Abdul ku bufatanye na Rusakara Entertainment bateguye igitaramo cyo kwinjiza abanyarwanda mu mwaka wa 2025.
Mado Okoka Esther, umuhanzikazi mu muziki wa Gospel utuye i Burayi mu gihugu cya Denmark, yahuje inganzo na Ada Claudine utuye i Rubavu mu Rwanda, bakorana indirimbo ‘Ari muri twe’ ikubiyemo inkuru yo kuzuka kwa Yesu Kristo.
Umuhanzi Stevo Simple Boy wa Kenya, yatangaje ko ashaka guhura na Harmonize wa Tanzania, bakaganira ku ndirimbo yamwibye, ariko yanaramuka abyemeye bagakorana umushinga w’indirimbo bahuriyeho (Collabo).
Daniella Atim wahoze ari umugore w’icyamamare mu muziki, Jose Chameleone wo muri Uganda, yatangaje ko impamvu yatumye batandukana ahanini, ari ukunywa inzoga nyinshi bikajyana n’ubusinzi bukabije.
Umuririmbyi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Clementine Uwitonze uzwi ku izina rya Tonzi, yasabye abashoramari gutekereza ku muziki nk’ubundi bucuruzi kugira ngo uruganda rw’ibihangano rusagambe, cyane cyane bagaharanira gushora imari mu bagore baririmba.
Abaramyi barimo Diane Ella, Abid Cruz, Sutcliffe bahuje imbaraga na Niyo Bosco bakora indirimbo bise ‘UBU NDERA’, ikubiyemo ubutumwa bwo guhumuriza baremerewe n’ibyaha, babuze uwabaruhura iyo ngoyi bakegera Imana kuko ari yo itanga imbabazi ikaruhura abarushye.
Umuraperi Steven Munyurangabo uzwi cyane nka Siti True Karigombe, akaba umwe mu bamaze igihe kandi bahagaze neza muri njyana ya Hip Hop Nyarwanda, yashyize hanze Extended Play (EP) nshya yise ‘Ibyuya Byanjye’.
Umuhanzikazi Celine Uwase yageneye ubutumwa abantu muri iki gihe bagaragara nk’abavuye mu nzira nziza bahozemo, ababwira ko bakwiye guhindura iyo myitwarire mibi bakava mu byaha, ahubwo bakarangwa n’imyitwarire myiza ishimwa n’Imana n’abantu.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Sandrine Umutoni, arashishikariza abahanzi kuzitabira inama ya ACCESS 2024 u Rwanda rugiye kwakira, kuko ari inama izabafasha kunguka ubumenyi bw’uburyo babyaza inyungu ibihangano byabo, cyane cyane muri iki gihe cy’iterambere ry’ikoranabuhanga.
Korari La Porte d’Or yo mu Ishuri ry’Abadiventisiti Ryisumbuye rya Karenge (KASS) riherereye mu Murenge wa karenge mu Karere ka Rwamagana igeze kure imyiteguro y’igitaramo cyo Gushima Imana no Kumurika Umuzingo (Alubumu) wa Gatatu w’Indirimbo z’Amashusho.
Mu bakurikiranye ibikorwa byo kwiyamamaza by’umukandida wa FPR Inkotanyi Paul Kagame, mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2024, byagorana kubona umuntu utarumvise indirimbo ‘Azabatsinda Kagame’.
Bikorimana Emmanuel wamenyekanye nka ‘Bikem Wa Yesu’ yinjiye mu muhamagaro mushya wo kuririmbira Imana, aho ubu yamaze gushyira hanze indirimbo yasubiyemo yitwa ‘Hari Umwami Wa Kera’ iyi ikaba ari indirimbo iboneka mu ndirimbo zo gushimisha Imana kuri Nimero ya 419.
Umuhanzi Massamba Intore ufite ibigwi byiganje cyane mu njyana gakondo, uri no mu myiteguro ikomeye y’igitaramo yise ‘3040 Ubutore Concert’, yahishuye ko yaririmbye izindi njyana ariko akagaruka muri gakondo kuko umubyeyi we, Muzehe Sentore Athanase atari kubimwemerera kuyivamo.
Bien-Aimé Baraza, umuhanzi w’icyamamare wamenyekanye mu itsinda rya Sauti Sol ryo muri Kenya yavuze ko kuva kera byari inzozi ze zo gukorana indirimbo n’umuhanzi wo mu Rwanda.
Hari abazi iby’umuziki banenga imiririmbire y’amakorari mu nsengero, bavuga ko byaba byiza hagiye habaho uburyo bwo kwiga cyane cyane imicurangire ariko bakamenya no guhanga indirimbo zoroshye kandi ziryoheye abazumva.
Israel Mbonyi, umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana akaba kandi umwe mu bamaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda no mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, agiye gutaramira muri Uganda.