Ikipe ya RSSB-Tigers yari ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL 2026, ikoze amateka nyuma yo kuyegukana ku nshuro ya mbere itsinze Petro du Luanda
Ubuyobozi butegura irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) bwatangaje ku mugaragaro impeta ikoze muri zahabu izahabwa ikipe izegukana igikombe, mu rwego rwo kongera guha agaciro iri rushanwa rikomeye ku mugabane wa Afurika.
Ikipe ya Petro de Luanda yasezereye ikipe ya Al Ahly Benghazi iyitsindiye amanota 94-88 muri BK Arena mu mukino wa 1/2 cy’irushanwa rya BAL 2026 warebwe na Perezida Paul Kagame.
Ikipe ya RSSB-Tigers ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL ikomeje kubera i Kigali, yakoze amateka yo kugera ku mukino wa nyuma (Final) nyuma yo gutsinda Ah Ahly yo mugihugu cya Misiri amaonta 106-97.
Mu nama ya BAL Innovation Summit yabereye i Kigali, ku wa Kabiri tariki 26 Gicurasi 2026, umukino w’intoki wa Basketball wagaragajwe nk’isano ihuza ibice byinshi by’ubuzima n’ubukungu bw’Ibihugu bya Afurika.
Imikino ya Basketball Africa League (BAL) irakomeza hakinwa imikino ya 1/2 aho RSSB Tigers yo mu Rwanda iza gu cakirana na Al Ahly yo mu gihugu cya Misiri.
Leonard Craig Randall II ukinira ikipe ya RSSB Tigers akaba akomeje no kwandika amateka mu mikino ya Basketball Africa League (BAL 2026) iri kuba ku nshuro ya Gatandatu, yasinyanye amasezerano y’imikoranire n’iduka Nyafurika rikora imyenda ya Siporo rya Flexx Now aho azajya yamamaza ibikorwa bya ryo.
Perezida Paul Kagame yavuze ko ishoramari rikomeje kwiyongera u Rwanda rushyira mu mikino ari ingamba zateguwe neza zigamije guhanga imirimo, gukurura abashoramari no kugira igihugu igicumbi cy’imikino n’imyidagaduro mu karere.
Mu mukino warebwe n’abarimo perezida Kagame, ikipe ya RSSB Tigers ihagarariye u Rwanda mu mikino ya kamarampaka ya BAL 2026, yatsinze FUS Rabat yo mu gihugu cya Maroke amanota 95-72.
Abasirikare b’u Rwanda bagize RWABAT-2 bakorera ahitwa Bossembele, muri Repubulika ya Santrafurika, bashyikirije abaturage ikibuga cy’umukino wa Basketball babasaniye.
Ikipe ya basketball yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Dallas Mavericks, yatangaje ko Masai Ujiri yagizwe Perezida wayo mushya, mu rwego rwo kongera imbaraga mu buyobozi no gukomeza guhatanira ibikombe muri shampiyona ya NBA.
Ikipe ya RSSB Tigers yo mu Rwanda ku nshuro yayo ya mbere yitabiriye imikino ya Basketball Africa League, yakoze amateka yo gutsinda imikino ine yikurikiranya nyuma yo gutsinda Dar City amanota 104-92.
Ikipe ya RSSB-Tigers ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL yabonye intsinzi ya kabiri yiyongerera amahirwe yo gukina imikino ya nyuma izabera i Kigali.
Ikipe ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL ihuza amakipe yabaye ayambere iwayo “RSSB-Tigers” yerekeje muri Afurika yepfo aho iri rushanwa rizabera.
Ishyirahamwe ry’Umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA) ryatangaje ku mugaragaro ko Ikipe ya RSSB Tigers Basketball Club ari yo izahagararira u Rwanda mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) riteganyijwe kuba ku nshuro ya Gatandatu, nyuma y’aho APR Basketball Club ifashe icyemezo cyo kutazaryitabira.
AMAFOTO - Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino w’abakinnyi beza muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (the 2026 NBA All-Star Game) wabereye i Los Angeles.
Perezida Paul Kagame, yakiriye Adam Silver, Komiseri w’Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball muri Leta zunze Ubumwe za Amerika (NBA) ari kumwe hamwe na Mark Tatum, Umuyobozi Wungirije wa NBA, bagirana ibiganiro byibanze ku bufatanye bw’igihe kirekire u Rwanda rufitanye n’iri shyirahamwe rikomeye ku isi mu mukino wa Basketball.
Mu mikino ihuza amakipe yabaye ayambere iwayo ku mugabane w’ Afurika muri Basketball y’abagore, ikipe ya APR yamaze kugera muri 1/2 naho REG yo igomba kujya gushaka imyanya myiza.
Mu mpera z’icyumweru dusoje mu ishyirahamwe ry’umukino wa basketball mu Rwanda hateranye inama y’inteko rusange yafatiwemo imyanzuro itandukanye harimo no gusezerera ikipe ya Orion BBC kubera ubwambuzi.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagabo mu mukino wa Basketball, itsinzwe na Guinea amanota 82 kuri 70 mu mukino ubanza wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi.
Urugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’isi cy’ibihugu cya 2027 ruratangira uyu munsi, u Rwanda rucakirana na Guinea.
Amakipe ahagarariye u Rwanda mu mikino y’akarere ka gatanu mu mikino ya basketball mu cyiciro cy’abagore REG WBBC na APR WBBC akomeje kwitwara neza muri Kenya.
Ikipe ya Tigers Basketball club izahagararira U Rwanda nyuma yo kwegukana igikombe cya Rwanda cup bwa mbere mu mateka yayo.
Gahunda ya Visit Rwanda, igamije kwamamaza ubukererugendo bw’u Rwanda yabaye umuterankunga wa LA Clippers ikina Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (NBA), na Los Angeles Rams ikina muri National Football League (NFL) mu rwego rwo kurushaho kwagura ubufatanye binyuze mu mikino itandukanye muri Amerika.
Ikipe ya REG women Basketball Club yegukanye shampiyona ya basketball mu Rwanda 2025 nyuma yo gutsinda bigoranye ikipe ya Kepler WBBC.
Mu mukino wa kamarampaka (Playoffs) wakinwe ku Cyumweru tariki 17 Kanama 2025, mu cyiciro cy’abagore muri shampiyona ya basketball mu Rwanda, ikipe ya Kepler yageze ku mukino wa nyuma imaze gusezerera ikipe ya APR WBBC.
Ikipe y’Igihugu ya Basketball mu bagabo yari ihagarariye u Rwanda mu mikino y’Igikombe cy’Afurika cya Basketball (AfroBasket 2025), cyaberaga muri Angola yasezerewe idatsinze umukino n’umwe.
Mu mikino ya kamarampaka (Playoffs) ikomeje gukinwa muri shampiyona ya Basketball mu bagore mu Rwanda, ikipe ya APR Women Basketball Club yatsinze Kepler WBBC amanota 77 kuri 71 imibare irahinduka.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda mu mukino wa Basketball, yatakaje umukino wa kabiri mu gikombe cy’Afurika kirimo kubera muri Angola.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda mu mukino wa basketball mu bagabo, itangiye imikino y’igikombe cy’Afurika itsindwa na Ivory Coast amanota 78 kuri 70.