Kuri iki cyumweru kirangiye, isi yose yijihije umunsi mpuzamahanga wo kureka itabi, wizihizwa ku wa 31 Gicurasi.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO) ryishimiye ko abantu batanu banduye ubwoko budasanzwe bwa Ebola, butagira urukingo cyangwa umuti byemewe, bakize mu gihe icyorezo gikomeje kwibasira Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC).
Ebola ni indwara iterwa na virusi yo mu cyiciro cya virusi zifite imiterere imeze nk’udushumi (filament-like) kandi zishobora gutera indwara zikomeye zo kuva amaraso cyane ku bantu no ku nyamaswa (Filoviridae).
Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) yanenze Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO), irishinja gutangaza amakuru ajyanye n’icyorezo cya Ebola mu buryo ngo bushobora guteza urujijo no gukwirakwiza ubwoba mu baturage.
Inzego z’ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zivuga ko abantu bagera ku 1000 bagaragaje ibimenyetso by’indwara ya Ebola, ariko kugeza ubu abantu 105 gusa, ari bo bemejwe na Laboratwari ko bayirwaye.
Guverinoma ya Canada yatangaje ko yashyizeho ingamba zidasanzwe ku bagenzi baturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) no muri Uganda, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola.
Ubuyobozi bw’Intara ya Nord-Kivu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwatangaje ko guhera ku wa Gatandatu tariki ya 23 Gicurasi 2026, ingendo zitwara abantu hagati y’Umujyi wa Goma n’uwa Butembo zihagaritswe by’agateganyo mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola cyo mu bwoko bwa Bundibugyo.
Abadepite bagaragaje impungenge batewe n’imikoranire y’Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) na Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), bavuga ko hari abakozi bakora impanuka ariko ntibahabwe indishyi zikwiye, bitewe n’uko ibipimo by’ubumuga bagize bitavugwaho rumwe n’abaganga.
Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yatangaje ko ibirori byo kwizihiza Umunsi w’Abahowe Imana (Martyrs’ Day) byari biteganyijwe kuba tariki 03 Kamena 2026 byasubitswe, igihe bizabera kikazatangazwa mu minsi iri imbere, bitewe n’uko iki cyorezo kizaba gihagaze.
Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) by’umwihariko izishinzwe ibikorwa by’ubuvuzi, buravuga ko ibitaro bya gisirikare (Military Hospitals) byamaze kugezwa no mu Ntara z’Igihugu.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) zigiye kuvura amaso abaturage barenga 6,000 bari hirya no hino mu gihugu, hagamijwe kuborohereza kubona serivisi z’ubuvuzi bw’amaso bufite ireme no kugabanya ibyago byo kugira ubuhumyi bushobora kwirindwa.
Itsinda ry’abavuzi b’Abashinwa bamaze iminsi bakorera mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro, kuri uyu wa Gatandatu tariki 09 Gicurasi 2026 bazindukiye mu gikorwa cyo gusuzuma no kuvura indwara zitandukanye abakozi ba Kigali Today Ltd hamwe n’imiryango yabo.
Umuyobozi w’ishami rishinzwe kurwanya Malaria n’izindi ndwara ziterwa n’udukoko muri RBC, Dr Aimable Mbituyumuremyi, akebura abantu bajya gukora umuganda ahandi bakajya gutema ibihuru ariko basize amazi aretse mu ngo, bakayacaho batazi ko ya mibu bagiye gusanga mu bihuru mu by’ukuri ikomoka iwabo mu ngo.
Mu Rwanda ubu harakoreshwa imiti itatu mu kuvura Malariya. Ibiri muri iyo miti ni mishya kuko yatangiye gukoreshwa mu kwa cumi k’umwaka wa 2025, ikaba yaraje kunganira umuti wa Coartem wari umaze imyaka irenga 15 ukora wonyine, ukaba wari utangiye gucika intege nubwo na wo ukiri mu yifashishwa kandi yemewe, ariko hakaba hari (…)
Abaturage bo mu Kagari ka Nyarubuye mu Murenge wa Fumbwe mu Karere ka Rwamagana, ubwo kuri uyu wa Kane tariki 23 Mata 2026 bahabwaga inzitiramibu, basabwe kuzikoresha neza kugira ngo zibarinde kurumwa n’imibu itera Malariya, basabwa no kwirinda kwitiranya Malariya n’amarozi.
Mu gihe indwara ya Malariya ikomeje kugaragara hirya no hino mu Rwanda, abaturage barashima Leta yashyizeho gahunda y’abajyanama b’ubuzima, kuko bagira uruhare rukomeye mu gutahura no kuvura iyo ndwara hakiri kare.
Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda ifatanyije n’Itsinda ry’Abaganga b’Abashinwa bakorera mu Rwanda, ku wa Gatanu tariki 10 Mata 2026, bashyikirije Ibitaro bya Masaka biherereye mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, inkunga y’ibikoresho igamije gukomeza guteza imbere serivisi z’ubuvuzi.
Abantu baragirwa inama yo kwita ku buzima bwo mu kanwa boza mu kanwa nibura gatatu ku munsi kandi bakoresheje uburoso n’umuti wabugenewe. Mu gihe kandi abenshi usanga boza amenyo batambitse uburoso, ni byiza gukoresha uburoso mu cyerekezo gihagaze kuko iyo butambitse byangiza igice cy’inyuma cy’amenyo ndetse n’ibiryo (…)
Abajyanama b’ubuzima barenga ibihumbi 58 mu Rwanda bagiye gushyirwa muri Koperative Muganga SACCO, mu rwego rwo kurushaho kubafasha kwiteza imbere.
Hirya no hino ku mavuriro, haba ku bigo nderabuzima ndetse no ku bitaro, hagaragara imirongo miremire y’abarwayi baba baje kwivuza, bikababangamira kubera kuhamara igihe kinini batarakirwa, haba n’aho bamwe bataha bakazagaruka bukeye, gusa iki kibazo ngo kiraza gukemuka bidatinze.
Itsinda ry’abaganga b’Abashinwa bakorera mu Rwanda ryatangije uburyo bushya bwo gufasha abagore babyara, buhuza ubuvuzi gakondo bw’Abashinwa n’ubuvuzi bugezweho bwo gufasha abagore batwite kubyara.
Raporo nshya mpuzamahanga iravuga ko indwara ziterwa na mikorobe zitakibasha kwicwa n’imiti (antimicrobial resistance – AMR) zikomeje kuba ikibazo gikomeye ku buzima rusange, zigahitana abantu barenga miliyoni imwe buri mwaka, kandi zikibasira cyane umugabane wa Afurika.
Abaturage bo mu Karere ka Gatsibo barishimira ko bubakiwe ibitaro biri ku rwego rwo hejuru, bizatuma nta bibazo bya serivisi z’ubuzima bazongera guhura na byo.
Umuhanzi umenyerewe mu muziki Nyarwanda Jules Sentore aratangaza ko agiye gushaka ubushobozi bwo gufasha abana bafite ubumuga bwa Autisme bo mu kigo Oroshya Autisme kiri mu Karere ka Muhanga.
Mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK) habereye igikorwa cyo kuvura igicuri umuntu wa mbere abazwe. Uretse kuba ubuvuzi bw’indwara y’Igicuri by’umwihariko kubaga, busanzwe buhenze, ariko nta n’ahantu byakorerwaga haba mu Rwanda ndetse no mu Karere, ku buryo abifuzaga guhabwa izo serivisi bajyaga kuzishakira mu bihugu (…)
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE) yijeje Abanyarwanda serivisi zinoze kandi zegereye abaturage mu bihe bya vuba, kuko ikibazo cyari kiriho kirimo kuvugutirwa umuti.
Inama y’Igihugu y’Abantu bafite Ubumuga, NCPD, mu Ntara y’Amajyepfo, irasaba ko serivisi z’ubuvuzi bakoresheje ubwishingizi bwa Mituweli zarushaho kunozwa, nk’uko Minisiteri y’Ubuzima iherutse kubyemeza.
Abafata imiti igabanya ubukana bwa Virusi itera SIDA (HIV/VIH), basanga ikwiye gukundwa, kubahwa no gufatwa neza, kuko ari kimwe mu bibafasha kubaho neza no kumara igihe kirekire.
U Rwanda rugiye gutangiza ubuvuzi bushya bushingiye ku ikoreshwa ry’ibinyabutabire hakoreshejwe ingufu za nikeleyeri (nuclear medicine), mu rwego rwo kongera ubushobozi bwo gusuzuma no kuvura indwara zikomeye zirimo iza Kanseri, umutima, impyiko n’izindi.
Abashakashatsi, abakora mu nzego z’ubuvuzi n’abarimu muri kaminuza zigisha ubuvuzi, bavuga ko guhangana n’icyorezo cy’udukoko tugira ubudahangarwa ku miti ari urugamba rusaba ubufatanye bw’inzego zitandukanye n’abaturage, kuko cyica bucece.