Abanyarwanda Pacifique bakunda kwita Sky Off na Kazungu Frank ’The One’ batsinze Abanya-Tanzania mu irushanwa rya Liberation Cup ryo kwizihiza Umunsi wo Kwibohora mu mukino w’iteramakofe, Anita Pendo na Mama Sava bashimisha abitabiriye.
Abakinnyi b’Abanyarwanda bazahagararira u Rwanda mu Irushanwa ry’Iteramakofe ryo Kwizihiza Umunsi wo Kwibohora ryateguwe na Bodymax Promotion riteganyijwe kuri iki Cyumweru, bavuze ko biteguye kwitwara neza muri iyi mikino.
Umunyabigwi mu mukino w’iteramakofe, Floyd Mayweather, akurikiranyweho ibyaha bibiri bikomeye, nyuma y’iperereza ryagaragaje ko yatanze sheki itazigamiwe ubwo yashakaga kwishyura isaha ihenze ifite agaciro k’ibihumbi 200 by’Amadolari ya Amerika (Ni ukuvuga arenga miliyoni 297Frw)
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatsinze Malawi mu mukino w’umunsi wa kabiri w’irushanwa ryo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 riri gukinirwa kuri Stade Mpuzamahanga ya Gahanga mu Mujyi wa Kigali, kuva ku wa Gatatu w’iki Cyumweru aho rwari rwatsinzwe na Zimbabwe.
Ku nshuro ya kabiri, Bodymax Promotion yateguye irushanwa ryo kwizihiza Umunsi wo Kwibohora rizitabirwa n’ibihugu bitandatu bigize Afurika y’i Burasirazuba.
Ku Cyumweru, tariki 7 Kamena 2026, ikipe ya The Champions Sports Academy yatangije iserukiramuco ry’imikino ngororamubiri aho ku nshuro ya mbere ryitabiriwe n’abana barenga 50 ribera muri Notre Dame des Anges i Remera.
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yagaragaje ko igihe kigeze kugira ngo ibikorwa bya Olempike birusheho kuba mpuzamahanga by’ukuri, bikagera ku migabane yose y’Isi n’abaturage bayo, aho kwibanda mu bice bike by’Isi.
Ku nshuro ya mbere mu Rwanda hagiye kuba irushanwa ry’imikino yo kwiyerekana ’Acrobatics and Rythymic Gymnastics’ aho ryateguwe na Kigali International Gymnastics Academy (KIGA), ku bufatanye na n’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Gymnastics mu Rwanda (FERWAGY).
Ikipe y’ishuri rya CGFK yo mu karere ka Kicukiro mu bahungu na PSBB mu bakobwa zegukanye ibikombe by’irushanwa ry’Amashuri Kagame Cup mu batarengeje imyaka 20 mu mupira w’amaguru mu gihe muri rusange ibikombe byihariwe n’ibigo byo mu Ntara y’Amajyepfo birimo Ecole Sainte Bernadette de Kamonyi
Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yashimiye umukinnyi w’Umunyarwandakazi Florence witwaye neza muri Shampiyona Nyafurika y’Imikino Ngororamubiri ikomeje kubera i Accra muri Ghana, agaragaza ko yishimiye umuhate n’intsinzi byamurwnze ku rwego rw’Umugabane.
Amakipe ya RAC, RBC na CHUB yegukanye ibikombe mu irushanwa ry’imikino y’abakozi ihuzwa no kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umurimo.
Ku wa Kabiri, tariki 28 Mata 2026 ikipe y’igihugu ya Nepal yatsinze u Rwanda mu irushanwa rya ICC Women’s Challenge riri kuba bwa mbere rikabera mu Rwanda, bigabanyiriza Abanyarwandakazi amahirwe yo gutwara igikombe.
Kuri uyu wa Mbere, ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatsinze u Butaliyani mu irushanwa rya ICC Women’s Challenge riri kubera mu Rwanda kuva tariki 18 Mata 2026 yuzuza intsinzi ya kane muri iri rushanwa.
Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’umukino w’iferamakofe Niyonzima Pacifique yasinyiye ikipe ya BodyMax nk’umukinnyi wabigize umwuga avuye mu Inkuba Club.
Kuri uyu wa Kabiri, Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abagore yatsinze Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu mukino wa gatanu w’Irushanwa rya ICC Women’s Challenge riri kubera mu Rwanda wari uwa gatatu kuri yo.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abagore ya Cricket yatangiye itsindwa n’u Butaliyani nayo itsinda Vanuatu mu irushanwa rya ICC Women’s Challenge ribayeho ku nshuro ya mbere mu mateka, riri kubera kuri Stade ya Cricket ya Gahanga mu Karere ka Kicukiro kuva tariki 18 Mata 2026 kugeza ku ya 1 Gicurasi 2026.
Ibihangange mu mukino w’iteramakofe, Floyd Mayweather na Manny Pacquiao bagiye kongera guhurira mu mukino wa mbere w’iteramakofe w’ababigize umwuga uzabera muri Sphere i Las Vegas.
Nyuma y’amezi abiri ryemewe n’amategeko, mu mpera z’iki cyumweru, Ishyirahamwe ry’Umukino Njyarugamba (Mixed Martial Arts) mu Rwanda ku nshuro ya kabiri ryateguye amahugurwa ya tekinike mu mukino Njyarugamba wa MMA yitabiriwe n’abantu 28 biganjemo abakiri bato barimo n’Abanyamahanga bane.
Abadepite b’u Rwanda, Hon. Germaine Mukabalisa na Hon. Damien Nyabyenda, kuri uyu wa 08 Ukuboza 2025, batsindiye imidali itatu mu mikino ihuza abagize Inteko Zishinga Amategeko zo mu Muryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (East African Community Inter-Parliamentary Games) ibera i Kampala muri Uganda.
Ku Gatandatu, tariki 6 Ukuboza 2025 habaye imikino ya nyuma ya Shampiyona y’u Rwanda 2025 muri Golf yegukanwe na Nzanzuwera Celestin na Sezibera Gerald.
Kuri uyu wa gatandatu taliki ya 6 Ukuboza mu ishuri rikuru rya East African Christian College riri mu murenge wa Masaka akarere ka Kicukiro ho mu mujyi wa Kigali, hatangijwe ku mugaragaro imikino ihuza za Kaminuza.
Ku wa Kane, tariki ya 20 Ugushyingo 2025, Komite y’Igihugu y’Imikino y’Abafite Ubumuga (NPC Rwanda) yizihije Umunsi Mpuzamahanga w’Umwana, amakipe ya Nyagatare na Huye zegukana ibikombe mu mukino wa Goalball na Boccia.
Abakinnyi Hirwa Kelia na Ndekwe Kellys mu cyiciro cy’abakuru ni bamwe mu bakinnyi begukanye irushanwa rya Chinese Ambassador’s Table Tennis Cup 2025 ryabereye mu mujyi wa Kigali.
Ku wa 8 Ugushyingo 2025, Zaria Court izakira irushanwa rishya ry’ iteramakofi rya Kigali Fight Night, riteganyijwe guhindura isura y’umukino w’iteramakofe muri Afurika y’Iburasirazuba.
Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yavuze ko nta kipe y’igihugu izongera gusohokera u Rwanda igiye kuba ingwizamurongo gusa.
Irushanwa rya Golf rya NCBA, rimaze kuba igice cy’ingenzi ku ngengabihe y’akarere, ryagarutse ku nshuro ya kabiri mu Rwanda rifite intego nshya: kugaragaza uko siporo ishobora guhuza ubukungu, imiryango, n’impano mu bihugu bitandukanye.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 24 Ukwakira, mu Ntara y’Amajyepfo hatangiye isiganwa ry’imodoka rimenyerewe nka ‘Huye Rally’, aho iry’uyu mwaka(2025) ribera mu Turere twa Huye na Gisagara, rikazasozwa kuri iki Cyumweru, iya 26 Ukwakira.
Minisitiri w’Uburezi Nsengimana Joseph, Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire, n’abandi bayobozi ba siporo mu mashuri n’amashyirahamwe y’imikino bahuriye muri Lycée de Kigali ahabereye umuhango wo gutangiza ku mugaragaro umwaka w’imikino y’amashuri 2025/26 bibutsa abanyeshuri kujyanisha imikino no kwiga.
Mu ijoro ryo ku wa 18 Ukwakira 2025, BK Arena yakiriye 1/2 cy’imikino y’irushanwa rya PFL Africa muri Mixed Martial Arts ’MMA’ ryitabirwe na Perezida Paul Kagame, abakinnyi umunani baboneramo itike gukina imikino ya nyuma.
Abakinnyi bagize ikipe y’igihugu y’u Rwanda igiye gukina imikino y’Akarere ka Gatatu mu Iteramakofe muri Kenya bahize gutahana imidali.