Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu wa Mozambique akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma, Inocêncio Impissa, yavuze ko gukomeza gukorana n’Ingabo z’u Rwanda ari ingenzi, kuko bifasha Ingabo za Mozambique gukomeza imyitozo no kwitegura guhangana n’ibibazo by’umutekano.
Umusesenguzi, umushakashatsi n’umwarimu wa Kaminuza Dr. Eric Ndushabandi, yahaye urubyiruko ubuhamya bugaragaza ko mu Rwanda, mu bihe by’ivangura byariho mbere ya Jenoside yakorewe abatutsi hari ibintu by’ibanze umuntu atashoboraga kubona, ku buryo urubyiruko rwabaga rufite gutekereza ibintu biciriritse.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iratangiza ku mugaragaro ibizamini ngiro bya 2025/2026 kuri uyu wa Gatatu tariki ya 3 Kamena.
Ikigo gishinzwe amazi, isuku n’isukura WASAC Group, cyavuze ko ikibazo cy’ibura ry’amazi hari aho gihuriye n’ibura ry’umuriro ryaje riyongera ku bibazo bisanzwe by’ingano y’amazi igabanuka mu bihe by’ubushyuhe, bigatuma atagera ku bafatabuguzi neza.
Nkurunziza Patrick yavukiye muri Congo mu 1997, aho ababyeyi be bari barahungiye nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi
Nkurunziza Patrick, umusore wahungutse acitse umutwe wa FDLR mu myaka cumi n’itani ishize, na n’ubu aracyatangazwa n’amahoro yasanze mu Rwanda, ubwo yazaga azi ko azicwa, nk’uko abakuru muri FDLR babibabeshyaga.
Lt. Col Harelimana Gaspard, Umuyobozi Mukuru ushinzwe ikoranabuhanga mu ngabo z’u Rwanda, RDF, ni umwe mu banyarwanda bamenye ubwenge buhangano - AI mbere y’uko bukoreshwa mu buzima busanzwe mu Rwanda.
Umurizaboro Aline umwe mu rubyiruko rwitabiriye Ihuriro ry’Urubyiruko, yatanze ubuhamya bukomeye, aho yavuze ko yavutse gato nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, maze aba mu buzima bw’ibikomere bikomeye byatumye yiheza mu bantu.
Mbere y’ubukoloni, Umuganda wari uburyo bw’imigirire ishingiye ku muco gakondo wo gukorera hamwe hagamijwe gukemura ibibazo by’imibereho n’ubukungu bigamije inyungu zihuriweho gusa mu gihe cyabwo waje guhinduka uwo gukoraho imirimo y’abakoloni.
Madamu Jeannette Kagame yabwiye urubyiruko ko rufite igihango cyo kurinda ubumwe bw’Abanyarwanda, gusigasira ibyo Igihugu kimaze kugeraho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 no gukomeza kubaka u Rwanda.
Urubyiruko rwo mu ngeri zinyuranye z’Abanyarwanda rwongeye kwibutswa ibihuza Abanyarwanda, n’uruhare rusabwa kugira mu gusigasira amahoro, ubumwe, umutekano n’iterambere igihugu kigezeho.
Urubyiruko rwaturutse hirya no hino mu gihugu kuri uyu wa 30 Gicurasi rwitabiriye Ihuriro Ngarukamwaka ry’Urubyiruko ryiswe ‘Igihango cy’Urungano ryabereye ku Intare Conference Arena i Rusororo mu Karere ka Gasabo.
U Rwanda rwemeje ko muri uyu mwaka rwafashe umwanzuro wo gukomeza gukorana byihariye na Guverinoma ya Mozambique mu bikorwa byo kubungabunga umutekano mu Ntara ya Cabo Delgado, aho ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro n’umutekano.
Muri iyi minsi kuva ku munsi nyirizina wa Eid Al adha, Abayisilamu batashoboye gutanga igitambo baba bemerewe kubikora kandi bikabarwa kimwe n’ababikoze kuri Eid Al adha.
Tariki 21 Gicurasi 2026 habaye ibiza by’imvura ivanze n’umuyaga ukomeye byibasiye Akarere ka Gisagara mu Murenge wa Gikonko mu Kagari ka Cyiri mu Mudugudu wa Murambi n’ahandi baturanye.
Umutwe w’Abadepite wateguwe ingendo rusange z’Abadepite mu turere twose tw’igihugu zigamije kubona amakuru yo kugenzura ibikorwa birebana no kongera umusaruro w’ibihingwa ngandurarugo byatoranyijwe n’ibihingwa ngengabukungu bya kawa n’icyayi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye abagize Polisi y’Igihugu gukomeza kurangwa n’indangagaciro za kinyamwuga, ndetse no kwicisha bugufi mu murimo yabo bibaranga haba mu Rwanda ndetse no hanze y’imipaka y’u Rwanda aho batanga umusanzu wo kubungabunga umutekano.
Polisi y’u Rwanda yizihijwe imyaka 25 imaze itangiye gukora hatangwa ipeti rya AIP ku bapolisi 436 bamaze igihe bahugurirwa mu ishuri ry’amahugurwa rya Polisi riherereye mu Murenge wa Gishari mu Karere ka Rwamagana.
Uyu munsi, inzira zose zirerekeza i Gishari, mu Karere ka Rwamagana, ahari ikigo cy’amahugurwa cya Polisi y’Igihugu.
Mufti w’u Rwanda, Sheikh Sindayigaya Mussa yavuze ko bakomeje gukorana n’inzego zahawe gurikirana ishyirwa mu bikorwa ubusabe bwo kongera gusubizaho uburyo bw’indangururamajwi z’umuhamagaro wa Adhan, wo guhamagarira abantu gusenga mu gitondo.
Ubuyobozi bw’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda, bwatangaje ko ku munsi wa Eid Al Adha urimo kwizihizwa kuri uyu wa Gatatu hatangwa ibitambo ku matungo 3,078.
U Rwanda rwakajije ingamba zo gukumira icyorezo cya Ebola mu gihugu hose, mu gihe abayobozi b’inzego z’ubuzima muri Afurika n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga bakomeje gushyira imbaraga hamwe mu kugenzura icyorezo cya Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo gikomeje kwiyongera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) no (…)
Kuri uyu wa Kabiri, iya 26 Werurwe hatangijwe ku mugaragaro umushinga wiswe Scaling Sustainable School Feeding Innovations in Rwanda (3SFI) ugamije guteza imbere gahunda yo kugaburira abanyeshuri ku mashuri hifashishijwe ibishyimbo bikungahaye ku butare ndetse n’imboga zifite intungamubiri.
Mu gihe Abayisilamu bo mu Rwanda barimo kwifatanya n’abo ku isi kwizihiza Eid Al-Adha, ubuyobozi bw’umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda, burashima ubuyobozi bw’Igihugu bwabasubije agaciro bukaba butanga ikiruhuko ku minsi mikuru y’Abayisilamu.
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) yatangaje ko mu Itegeko n° 017/2026 ryo ku wa 23/04/2026 rihindura Itegeko n° 017/2020 ryo ku wa 07/10/2020 rishyiraho sitati rusange igenga abakozi ba Leta, nta mpinduka ziri mu buryo imishahara y’abakozi ba Leta igenwa.
Isomero rya Kigali ari ryo Kigali Public Library (KPL) rigiye guhemba abana 36 bahize abandi mu marushanwa yo gusoma no kwandika inkuru zitandukanye zirimo ibitabo imivugo n’ibindi.
Ku wa 25 Nyakanga 2025, Tanzania n’u Rwanda byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye agamije gushyiraho no gutangiza ibikorwa by’ibiro by’Ikigo Gishinzwe Ibyambu bya Tanzania (Tanzania Ports Authority) i Kigali mu Rwanda.
Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo Amb. Christine Nkurikiyinka yagarutse ku ivangura ryaranze u Rwanda mu gihe cy’Ubutegetsi bwateguye bukanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi, kugeza n’aho we ubwe ahorwa ko yakundanye n’umusore w’Umututsi.