Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF), François Twagirumukiza, yasabye abikorera bose mu Rwanda kwitegura neza amahirwe azava mu ihuriro rikomeye rya Africa CEO Forum, ashimangira ko ari urubuga rukomeye ruhindura ejo hazaza h’ubucuruzi n’ishoramari ku mugabane wa Afurika.
Minisiteri y’Ibikorwa remezo (MININFRA), yasabye ibigo bya Leta byose kugura nibura 30% by’imodoka zikoresha amashanyarazi.
Byari ibyishimo byo kubonana hagati y’abakunzi babiri, umwe witwa KT Radio ku ruhande rumwe, ndetse n’ abayikurikirira kuri 96.7 FM, mu Ntara y’Amajyepfo i Muhanga.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abantu icyenda bakurikiranyweho ibyaha bitandukanye birimo n’ubutekamutwe bwo kugurisha abantu uburo ku mafaranga Miliyoni hafi eshatu z’Amafaanga y’u Rwanda ku kilo.
Kuri uyu wa kabiri, ndetse no ku wa Gatatu, KT Radiyo iravugira i Muhanga, gahunda igamije kwegera abakunzi bayo izakomereza no mu bindi bice by’Igihugu.
Ibinyamakuru bya KigaliToday birangajwe imbere na KT Radio, birasura abaturage b’Akarere ka Muhanga n’uturere twa Ruhango na Ngororero, guhera kuri uyu wa kabiri, kugeza ku wa gatatu(uwa 21-22 Mata).
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka (NLA) gitangaza ko ibishushanyo mbonera mu turere twose tw’Igihugu byakozwe ndetse biri no mu ikoranabuhanga, bityo ko abajyaga bubaka ahagenewe ubuhinzi cyane cyane mu cyaro ntibimenyekane, basabwa kubicikaho kuko hari n’ibihano bibategereje.
Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF), rwibutse abikorera bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ariko bakaba nk’uko basanzwe babigenza buri mwaka ahantu hatandukanye, bateye inkunga ishyirahamwe ry’ababyeyi barokotse Jenoside rikora ubucuruzi, aho babahaye Miliyoni 5Frw mu rwego rwo kubongerera ubushobozi.
Nyuma yo gutangaza ibiciro bishya by’ingendo, abagera hafi ku 100 batwara abagenzi bamaze guhanirwa kubahenda bazamura ibiciro.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Uwihanganye Jean de Dieu, yatangaje ko ibiciro ku ngendo bitazazamuka ku batega imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, nubwo ibiciro bya lisansi byiyongereye.
Igiciro cya Lisansi cyazamuwe kigera ku mafaranga y’u Rwanda 2,938 kuri litiro, ibiciro biratangira kubahirizwa kuva kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Mata saa kumi n’ebyiri za mugitondo.
Perezida wa Ibuka ku rwego rw’Igihugu, Dr. Philbert Gakwenzire, yavuze ko Kiliziya ubundi yigisha kubana neza, ariko ngo si ko byagenze, kuko hari ingero nyinshi zibigaragaza, uhereye ku rwa Padiri Seromba Athanase, ndetse no ku bisigazwa by’inkingi (blocs) za Kiliziya ya Paruwasi ya Nyange, mu Karere ka Ngororero.
Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Gao Wenqi, kuri uyu gatatu yagiranye ibiganiro na Gen. MK Mubarakh, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (Rwanda Defence Force), mu ruzinduko rugamije gukomeza gutsura umubano usanzwe hagati y’ibihugu byombi.
Mu gihe u Rwanda n’isi yose bibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, Urwibutso ruri mu mujyi wa Rouen mu Bufaransa rwangijwe n’abataramenyekana.
Jenoside yakorewe Abatutsi itangira muri Mata 1994, Adeline Munganyinka yari umwana utangira ishuri.
Urwego rw’Abikorera mu Rwanda (PSF) rwagaragarije Abasenateri bagize Komisiyo y’Ubukungu muri Sena ko bafite imbogamizi zo kudashora imari mu nganda kubera ikiguzi cy’ubutaka buhenze cyane.
U Rwanda rwagiranye amasezerano y’inguzanyo ingana na miliyoni 213 z’Amayero (arenga miliyari 300 Frw), mu buryo bw’imari ikomatanyije (blended finance), igamije gushyigikira gahunda z’iterambere no gukomeza gucunga neza umwenda wa Leta.
Perezida Kagame yahaye imbabazi abantu batanu bari barakatiwe igifungo kitageze ku myaka ibiri cyangwa baraciwe ihazabu, kubera ibyaha birimo gutanga sheki zitazigamiye n’ubufatanyacyaha mu gukoresha nabi umutungo ufitiye rubanda akamaro.
Inteko rusange y’umutwe w’Abadepite yateranye kuri uyu wa Mbere tariki 13 Mata 2026 itora umushinga w’itegeko ryemera kwemeza burundu Amasezerano y’inguzanyo hagati y’u Rwanda na Banki ya Standard Chartered ingana na miliyoni magana abiri na cumi n’eshatu, ibihumbi ijana na mirongo itandatu na bine na magana atatu mirongo (…)
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bo ku Gisozi mu Karere ka Gasabo, baranenga abantu baho batinyutse gushinjura Oswald Rurangwa wahamijwe ibyaha bya Jenoside ndetse Urukiko rukamukatira burundu, kuko ngo birengagiza ibyo bazi.
Iyo tuvuga Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, inkuru akenshi iguma mu Rwanda—ku misozi yarwo no mu midugudu yarwo. Ariko ku bihumbi by’abantu, ayo mahano ntiyahagarariye ku mipaka. Imibiri yabo yatwawe n’inzuzi, igera mu mazi y’Ikiyaga cya Victoria ku nkombe z’ibindi bihugu.
Perezida wa IBUKA, Dr. Philibert Gakwenzire, asanga imyitwarire y’Ingabo z’Ababiligi ari igihamya y’uko batigeze bifuriza u Rwanda na Afurika amahoro.
Kuri uyu wa 11 Mata, mu Murenge wa Gashora, Akarere ka Bugesera, mu cyahoze ari Komine Gashora habereye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hanashyingurwa mu cyubahiro imibiri 52 yabonetse.
Jyewe ndarambiwe, ndambiwe ko mumbwira ibya ONU, birandambiye(j’en ai marre) - ni amagambo yavuzwe na Yolande Mukagasana, umwanditsi, umushakashatsi ku mateka, warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda (ARJ), Dan Ngabonziza, yijeje imiryango y’abanyamakuru bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ko hagiye kubakwa ikimenyetso (Monument), abo banyamakuru bazajya bibukirwaho mu rwego rwo kubaha icyubahiro.
Ministiri w’intebe Justin Nsengiyumva yifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Ngororero, mu Karere ka Ngororero, mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Akarere ka Ngororero kagaragazwa nk’ahantu hafite amateka yihariye mu bijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi, aho ubwicanyi bwatangiye kare, mbere ya 1994, bugaragaza ko Jenoside itatangiranye n’ubwicanyi gusa ahubwo yatangiranye n’ingengabitekerezo n’imvugo z’urwango byagiye bikwirakwizwa mu baturage.
Ayinkamiye Louise warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, avuga ko kuri ubu icyo yumva yakwitura Igihugu, ari uko abana be bose bajya mu nzego z’umutekano, bakaba abasirikare cyangwa abapolisi, kuko ngo iyo hataba abasirikare b’Inkotanyi atari kubaho.
Shimada Tomoaki, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Buyapani, yashimye ubudaheranwa u Rwanda rwagaragarije Isi yose nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi igahitana abarenga miliyoni mu minsi ijana gusa rugaharanira kongera kwiyubaka no kugera ku iterambere rirambye.
Urugaga mpuzamahanga rw’abashakashatsi kuri Jenoside yakorewe abatutsi, RESIRG rufite icyicaro Bruxelles mu Bubiligi, ruravuga ko abantu bagomba kuzirikana ko batagomba kwicecekera, mu gihe hagaragaye ibibazo by’akarengane n’ihohoterwa, na mbere yuko habaho amahano nka Jenoside.