Perezida wa Tanzaniya Samia Suluhu Hassan asanga inama Nyafurika yiga ku iterambere cya Nikeleyeri ije gufasha umugabane gukura imishinga mu mpapuro ikajya mu bikorwa.
Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rwarasoje neza icyiciro cya mbere cy’isuzuma ry’Ikigo Mpuzamahanga gishinzwe Ingufu za Nikere (IAEA) rikaba ryarerekanye ko u Rwanda rwiteguye gutangira uruganda rutanga izi ngufu mu myaka ine iri imbere.
Perezida wa Tanzania, Dr. Samia Suluhu Hassan, yageze i Kigali kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Gicurasi 2026, aho yitabiriye Inama Nyafurika yiga ku mikoreshereze y’ingufu za Nikeleyeri (Nuclear Energy Innovation Summit for Africa /NEISA), iganirirwamo uburyo izo ngufu zakemura ibibazo by’amashanyarazi ku mugabane wa Afurika.
Buri wa Gatatu mu gitondo ku Ishuri rya Groupe Scolaire Matyazo riherereye mu Ntara y’Iburasirazuba y’u Rwanda, gahunda isanzwe y’ishuri ihinduka ikindi cyiciro cy’amasomo atandukanye.
Ubumenyi n’ikoranabuhanga bya nikleyeri ntibigarukira gusa ku gutanga amashanyarazi. Muri iki gihe, bifasha cyane mu buvuzi bugezweho harimo gusuzuma no kuvura kanseri, guteza imbere ubuhinzi, kunoza igenzura ry’ubuziranenge mu nganda, gufasha mu micungire y’amazi no guteza imbere ubushakashatsi bwa siyansi. Iri (…)
Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore, ubwo bagezaga ku Nteko rusange umutwe w’Abadepite kuri uyu wa Mbere tariki 18 Gicurasi 2026 Raporo y’Ibikorwa by’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) by’umwaka wa 2024/2025 na gahunda y’ibikorwa by’umwaka wa 2025/2026, bagaragaje ko (…)
The Pinnacle Kigali yabaye hoteli ya mbere mu Rwanda yinjiye mu ihuriro rya Small Luxury Hotels of the World (SLH), ihuriro rihuza hoteli zirenga 700 zigenga kandi z’akataraboneka ku Isi.
Ku gicamunsi cyo ku wa Gatanu tariki ya 15 Gicurasi, amashuri arerera mu Murenge wa Kimihurura yifatanyije n’Ishuri rya IFAK mu muhango wo kwibuka abari abanyeshuri, abarimu, abakozi ndetse n’abaturage baguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, biciwe muri iri shuri no mu marembo yaryo.
U Rwanda rumaze imyaka irenga icumi rugaragaza ubushake bwo gushyira ingufu za Nekeleyeri mu ngufu zikoreshwa mu kwiteza imbere.
Assoumpta Nyirakariza warokotse Jenoside, yibaza icyo abahakana n’abapfobya Jenoside bashingiraho nyamara yarakozwe ku mugaragaro.
Imipaka ya Rusizi ya mbere n’iya kabiri yafunzwe by’agateganyo mu rwego rwo kurwanya no gukumira icyorezo cya Ebola cyagaragaye mu baturanyi (RDC).
Mu gihe u Rwanda rukomeje gushora amafaranga menshi mu rwego rw’ubuzima no kongera umubare w’abaganga, hari imishinga minini yo kubaka no kuvugurura ibitaro ikomeje kudindira, nubwo yagenewe miliyari z’amafaranga mu ngengo y’imari.
Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, u Rwanda rwafashe ingamba zo gufunga by’agateganyo umupaka uhuza Rubavu na Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Ebola kimaze iminsi kivugwa muri RDC.
Perezida Paul Kagame, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali, yaherekeje mugenzi we wa Guinea, Mamadi Doumbouya, wasoje uruzinduko yari amazemo iminsi mu Rwanda.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, irahamagarira Abanyarwanda kubaka umuryango bakawusigasira, bakawuherekeza kandi bakabikorana umwete kuko umuryango ungana u Rwanda.
Abasenateri bashimye intambwe u Rwanda rukomeje gutera mu kwigira no kugabanya ubushobozi rushingira ku nkunga z’amahanga, nyuma y’uko imibare y’imbanzirizamushinga w’ingengo y’imari ya 2026/2027 igaragaza ko amafaranga menshi azava imbere mu gihugu.
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, avuga ko kuba u Rwanda rufite ibikorwa remezo bigezweho biteza imbere siporo ari ukubera imiyoborere myiza y’Igihugu, yita ku kamaro ka siporo.
Abasenateri bagaragaje impungenge ku igabanuka ry’ingengo y’imari yagenewe urwego rw’ubwikorezi mu mwaka wa 2026/2027, bavuga ko bishobora kudindiza ubucuruzi bw’umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi ndetse bigaca intege abashoramari.
Sena yagaragaje ko idashimishijwe n’uko mu mbanzirizamushinga w’ingengo y’imari ya Leta ya 2026/2027 hari ibikorwa byo kubungabunga inzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi no kubakira abarokotse Jenoside bitagenewe amafaranga ahagije, isaba ko bikosorwa.
Sena yagaragaje impungenge ku igabanuka ry’ingengo y’imari yagenewe kugeza ibikorwaremezo mu byanya by’inganda, ivuga ko bishobora kudindiza iterambere ry’inganda, guca intege abashoramari no kugira ingaruka ku bushobozi bw’igihugu bwo kubona amadovize.
Umuyobozi w’Ikigega cy’Imari cya Banki y’Isi gifasha abikorera (International Finance Corporation), Makhtar Diop, yavuze ko inzego zirimo ubuhinzi zitejwe imbere zafasha Afurika mu guhanga imirimo, kwihaza mu biribwa no guteza imbere inganda.
Perezida Kagame yavuze ko imbuga nkoranyambaga nta kintu ajya azibonaho ngo kimutungure cyane, ahubwo ko azibona nk’uburyo bwiza buha buri wese umwanya wo kugaragaza ibyo atekereza kandi akumvwa.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, arashima imikorere y’urwego rw’abikorera muri Afurika, kuko hari igihe biba ngombwa ko rwinjira mu bibazo biba byatewe n’inzego za Leta.
Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) Jean-Guy Afrika yagaragaje ko ubukungu bw’isi buri guhinduka ku muvuduko munini, ibintu bisaba Afurika kwitwara mu buryo butayisubiza inyuma kugira ngo ibashe guhangana no kubyaza umusaruro amahirwe ifite.
Umuyobozi w’Ikinyamakuru gikomeye ku isi Jeune Afrique ari nacyo gitegura Afurika CEO Forum yavuze ko imyitwarire ya Afurika, aho buri wese yumva ko yagira Kampani ye y’ubucuruzi n’ishoramari, ari ibitekerezo bishaje kuko ntaho bigeza umushoramari.
I Kigali mu Rwanda kuri uyu wa Kane hatangiye inama y’iminsi ibiri izwi nka ’Africa CEO Forum’ iri mu zikomeye cyane muri Afurika. Ni inama ihuza abakuru b’Ibihugu, za Guverinoma, abayobozi b’ibigo bikomeye (CEOs), abashoramari, amabanki, n’inzego mpuzamahanga.
Perezida Paul Kagame yavuze ko mu gihe isi iri kunyura mu mpinduka zikomeye zirimo gutuma gahunda mpuzamahanga yari isanzweho (world order) igaragara nk’iri gusenyuka, Afurika ikwiye kubifata nk’umwanya wo kwishakamo ibisubizo aho gukomeza gutegereza ibisubizo biturutse hanze.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yavuze ko Afurika idakwiye gukomeza gutinya abibwira ko bafite ubushobozi bwo kuyobora isi n’ijuru, ahubwo babahe igihe.
Perezida Paul Kagame, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu yakiriye muri Village Urugwiro mugenzi we wa Mozambique, Daniel Chapo uri mu ruzinduko mu Rwanda.
Perezida Paul Kagame kandi yakiriye Mohamed Ould Ghazouani, Perezida wa Repubulika ya Kisilamu ya Mauritania, bagirana ibiganiro byibanze ku nzego z’ingenzi z’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.