Impuguke mu ikoranabuhanga rigezweho, zihamya ko ubwenge buhango (AI) butasimbura ubwenge karemano cyangwa ubwenge bwa muntu, ko ahubwo bumworohereza akazi, ibyo akora byagombaga kumutwara amasaha menshi akabikora mu mwanya muto.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB) rwabwiye Abanyarwanda bose n’abafatanyabikorwa b’u Rwanda ko imirimo yose mu gihugu ikomeje nk’ibisanzwe mu Rwanda, harimo ubukerarugendo, inama, ibirori, ubucuruzi n’ingendo imbere mu gihugu.
Ku mpapuro, kuzamurwa mu nshingano byasaga n’aho ari ibintu bikomeye. Umuyobozi w’ishami muri serivisi za Leta mu Rwanda yashoboraga kuyobora abakozi, gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’intego, guhuza ibikorwa byo gutanga raporo, gusubiza ibibazo by’abagenzuzi no kwikorera umutwaro wo gushyira mu bikorwa gahunda za Leta — (…)
Nyuma y’ubuvugizi bw’Inteko Ishinga Amategeko, Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) yongeye kugenera ingengo y’imari ibikorwa byo kubakira abatishoboye barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Kuva ku wa 25 kugeza ku wa 30 Gicurasi 2026, u Rwanda rwakiriye intumwa z’Ubunyamabanga bwa g7+ ziturutse muri Timor-Leste mu ruzinduko rw’icyumweru rugamije gusangizanya ubumenyi no kongerera imbaraga ubufatanye mu miyoborere, kubaka amahoro, iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza, ndetse no gukomeza inzego z’ibihugu.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) yatangaje ko ikigo mpuzamahanga gishinzwe gusesengura ubushobozi bw’ibihugu mu kwishyura imyenda, S&P Global Ratings, cyemeje ko u Rwanda rugumanye igipimo cya ‘B+/B’ ndetse uburyo rugaragara bukaba budahindagurika “stable”, bivuze ko ubukungu bw’igihugu bukomeje kugaragaza (…)
Ambasaderi Christoophe Mfizi yabwiye abari bateraniye mu biganiro ku mateka y’u Rwanda byateguwe na Unity Club, ko abantu bakwiye kumenyera ko icyaha ari gatozi.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolée, arashima Inkotanyi zamufashije kuva mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zikamuzana zimutwaye mu ndege.
I Rusine mu gace k’Akagari ka Kajevuba mu Murenge wa Ntarabana w’Akarere ka Rulindo, uyu munsi baramukiye mu kiriyo nyuma y’ikirombe cyagwiriye abasore babiri, umwe yitaba Imana, mu gihe usigaye agishakishwa.
Perezida Paul Kagame yageze i Doha muri Qatar mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, mu ruzinduko rw’akazi. Ubwo yari ageze ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Doha, yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Qatar, Mohammed bin Abdulaziz bin Saleh Al Khulaifi, hamwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Qatar, Igor Marara Kayinamura.
Ubuyobozi Bukuru bwa BK Group bwatangaje ko mu 2025 icyo kigo cyungutse amafaranga y’u Rwanda miliyari 110 angana na 29% ugereranyije n’umwaka wawubanjirije.
Mu Nteko Ishinga Amategeko harimo kubera Inama nyunguranabitekerezo ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi n’Urugamba rwo kuyihagarika. Mbere y’ibiganiro, Madamu Jeannette Kagame yabanje gusura Ingoro y’Urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi iri ahakorera Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda.
Urwego rw’u Rwanda rushinzwe igorora rwungutse ba Ofisiye bato 146 barimo ab’igitsinagore 21 barangije amasomo abashyira mu cyiciro cya mbere cy’abofisiye bato muri RCS. Muri abo, abagera kuri 84 bari basanzwe bakorera muri urwo rwego, naho abandi 62 bo baje baturuka hanze mu buzima bwa gisivili.
Kuva ku mugoroba wo kuri uyu wa 21 Gicurasi, impungenge z’uko icyorezo cya Ebola gishobora gukomeza gukwirakwira mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) no mu bihugu biyikikije zirimo kwiyongera, nyuma y’aho abaturage bo mu gace ka Rwampara batwikiye ikigo cyari cyashyiriweho kuvura no gushyira mu (…)
Raporo y’Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda (ARJ), yerekana uko urwego rw’itangazamakuru ruhagaze, igaragaza ko mu Rwanda habarirwa ibitangazamakuru 325 ariko ibyemewe n’Urwego rw’Abanyamakuru rwigenzura (RMC) kandi bikora ni 239.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yatangaje ko yazamuye urwunguko rwayo mu rwego rwo guhangana n’izamuka ry’ibiciro ku masoko rikomeje kwiyongera.
Umuyobozi mukuru ushinzwe ibikorwa muri BNR, Kasangwa Chantal, yasobanuye ko ikibazo cy’inoti z’inkorano cyangwa z’inyiganano, atari ikibazo gihangayishije kuko ari ibintu bibaho gacye cyane.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda RSSB cyagaruje 32% by’amafaranga y’imisanzu ya pansiyo cyari kiberewemo n’ibigo bya Leta n’iby’abikorera mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2024/2025, nk’uko byatangarijwe na Komisiyo y’Imibereho Myiza y’Abaturage mu Nteko Ishinga Amategeko.
Raporo y’ubushakashatsi bwakozwe n’Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda (ARJ) y’uyu mwaka wa 2026, igaragaza ko 30% gusa by’ibitangazamakuru ari byo biteganyiriza abakozi babyo mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB), bivuze ko ari na bo bafite ubwishingizi mu kwivuza butangwa n’icyo kigo cya Leta.
Raporo y’ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda - ARJ yagaragaje ikibazo mu mibereho y’abanyamwuga, aho abasaga cumi na barindwi ku ijana bahembwa umushahara uri munsi y’Amafaranga ibihumbi ijana y’u Rwanda ku kwezi.
Abahanga mu by’imibereho n’imibanire y’abantu bahamya ko umugabo ufata umwanya uhagije wo kwita ku bana, bituma agira ubuzima bwiza bwo mu mutwe kuko hari byishi birimo n’ibitari byiza areka kujyamo kubera kwita ku bana.
U Rwanda rukomeje kwandikwa mu mateka ku Isi nk’icyitegererezo mu guteza imbere uburinganire n’ubwuzuzanye hagati y’abagore n’abagabo. Ibi bikunze kugarukwaho binyuze mu mibare igaragaza ko abagore bagize 64% by’Abadepite, ndetse bakaba barenga kimwe cya kabiri cy’abagize Sena, ibintu byatumye u Rwanda ruba Igihugu cya mbere (…)
Mu myaka myinshi, ibihugu bya Afurika byoherezaga ibikoresho fatizo (nk’amabuye y’agaciro) mu mahanga, inyungu nyinshi zikajya mu bindi bihugu binyuze mu gutunganya ibyo bicuruzwa no kubibyaza umusaruro w’inyongera. U Rwanda rurifuza guhindura iyo mikorere, rukemeza ko ingufu za nucléaire zishobora kuba igisubizo cy’ingenzi.
Mu ishuri rikuru ryigisha ubuhinzi bubungabunga ubutaka RICA, Harerimana Leonce, umuyobozi ushinzwe iyamamazabuhunzi, asobanura amahame bagenderaho.
RICA ni Kaminuza rukumbi yigisha ibijyanye n’ubuhinzi bubungabunga ubutaka muri Afurika, ikaba iherereye mu Murenge wa Gashora mu Karere ka Bugesera.
Umuyobozi Mukuru w’Urwego Ngenzuramikorere (RURA), Evariste Rugigana, avuga ko umushinga uwo ari wo wose utagera ku ntego hatarimo uruhare rw’abaturage, kimwe n’ishyirwa mu bikorwa rya gahunda zijyanye n’ingufu za Nikeleyeri haba mu Rwanda n’ahandi ku Isi.
Impuguke mu bukungu, Dr. Donald Kaberuka yavuze ko imwe mu mbogamizi zikomeye Afurika ifite mu rwego rw’ingufu ari uko byinshi mu bikorwa byayo byo gutanga amashanyarazi bishingira ku miterere y’aho igihugu giherereye.
Mu gihe Afurika ikomeje gushaka ibisubizo birambye by’ikibazo cy’ingufu z’amashanyarazi, Dr. Donald Kaberuka yavuze ko ikibazo cy’uyu mugabane kitari ukubura imishinga cyangwa ikoranabuhanga, ahubwo ko imbogamizi nyamukuru ziri mu miyoborere, uburyo bwo gushora imari no mu mikoranire y’ibihugu.
Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore babwiye Inteko rusange ko imitangire ya serivise y’urwego rushinzwe gutanga serivisi z’Amazi Isuku n’Isukura WASAC ziri ku gipimo cyo hasi nk’uko bigaragara mu isesengura rya Raporo y’iyi Komisiyo.
U Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za Amerika byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu bijyanye n’ingufu za Nikeleyeri zigamije amahoro (NCMOU).