Perezida wa Guinea Conakry, Mamadi Doumbouya, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yageze mu Rwanda aho aje kwitabira inama ya Africa CEO Forum iteganyijwe kubera i Kigali ku wa 14 kugeza ku wa 15 Gicurasi 2026.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingabo Mboneragihugu yavuze ko hafashwe ingamba ko kubakira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bizajya bijyanishwa no kubakira abandi Banyarwanda batishoboye muri rusange.
Ingoro Ndangamateka y’Urugamba rwo Kubohora Igihugu yo ku Mulindi w’Intwari igiye gushyirwamo ikoranabuhanga nk’iryo mu ngoro nk’iyo yo mu Bushinwa, rizafasha mu kumurika amateka ari muri iyo ngoro.
Abadepite bagize Komisiyo y’Ingengo y’Imari, bavuze ko byinshi mu byihutirwa byitaweho, ndetse n’ingengo y’imari ikenewe kubishyira mu bikorwa mu mwaka utaha, birimo birashakirwa amafaranga yo kubishyira mu bikorwa.
Perezida Kagame yageze muri Kenya aho yifatanyije n’abandi Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma mu nama ihuza u Bufaransa n’ibihugu bya Afurika ‘Africa Forward Summit’, irimo kubera i Nairobi, hagati ya tariki 11-12 Gicurasi 2026.
Mu gihe Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Murangwa Yusuf, yagezaga ku Nteko Ishinga Amategeko imbanzirizamushinga y’ingengo y’imari y’umwaka wa 2026-2027 kuri uyu wa Mbere tariki 11 Gicurasi 2026, Senateri Mureshyankwano Marie Rose yashimye uko mu ngengo y’imari ihame ry’uburinganire ryitabwaho, ariko avuga ko hakirimo ikibazo.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi yatangaje ko umuhanda mushya ujya ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali kirimo kubakwa mu Karere ka Bugesera ugiye gutangira kubakwa.
Guverinoma y’u Rwanda iteganya gushora Frw 138.3 miliyari mu mishinga y’amazi isuku n’isukura mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2026/27, mu rwego rwo kongera amazi meza ku baturage no kunoza imicungire y’isuku mu mijyi no mu byaro.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi irategura Ingengo y’imari ingana na Miliyari 7,796.3 Frw y’Umwaka wa 2026-2027 nk’uko byagaragajwe mu mbanzirizamushinga w’Ingengo y’imari izatangazwa muri Kamena uyu mwaka.
Ku munsi wa nyuma w’amahugurwa y’abanyamakuru, yaberaga mu karere ka Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo, bigishijwe uko bategura neza inkuru zijyanye n’ngengo y’imari ya Leta.
Raporo y’Urwego rw’Ubugenzuzi Bukuru bw’Imari ya Leta y’umwaka w’ingengo y’imari warangiye ku wa 30 Kamena 2025, igaragaza ko isaranganya ry’amazi mu baturage riri hagati ya 11% na 56%, Senateri Mureshyankwano Marie Rose akaba yagize impungenge ku isuku y’abaturage.
Ubushakashatsi bwerekana ko iyo umwana ashowemo nibura idolari 1 ry’Amerika, ni ukuvuga arenga 1,457Frw, Leta imwungukaho arenga 17 iyo akuze, ni ukuvuga arenga 24,773Frw.
Raporo y’Urwego rw’Ubugenzuzi Bukuru bw’Imari ya Leta igaragaza ko intege nke mu gutegura no gucunga amasezerano ari imwe mu mpamvu zituma imishinga myinshi ya Leta itinda cyangwa igahenda kurushaho, bikaviramo Leta igihombo kinini.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwafunze abantu bane barimo Mukeshimana Marcel, wahoze ari umuyobozi w’ishuri ry’imyuga rya Rubengera II TSS School ryo mu Karere ka Karongi, abahoze ari ababaruramari baryo babiri n’uwasinyaga cheque z’ishuri (signatory).
Ubwo yaganiraga n’abanyamakuru bitabiriye amahugurwa ku ngengo y’imari ya Leta, kuri uyu wa Gatatu tariki 6 Gicurasi 2026, Peter Karinganire, impuguke mu bukungu, yabibukije ko uko Pasiteri cyangwa Bishop aba agomba kuba azi Bibiliya, ari nako abanyamakuru bakwiye kuba bumva neza, intego z’Igihugu by’umwihariko Icyerekezo (…)
Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, Alexis Kamuhire yagaragarije Inteko rusange, imitwe yombi y’Abagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda ko gutinda kurangiza kubaka inzu 548 i Batsinda icyiciro cya II (HEZA ESTATE) byatumye igiciro cyagombaga kuzirangiza kiyongera kigera kuri Miliyari 42.24Frw.
Dore imbonerahamwe yerekana gusesagura umutungo wa Leta mu Rwanda, nk’uko bigaragazwa na Raporo y’umugenzuzi mukuru w’Imari ya Leta y’umwaka warangiye kuwa 30 Kamena 2025.
Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta yagaragaje amasezerano 8 afite agaciro ka Miliyari 133.9 Frw atararangiza igihe yateganyirijwe, ariko imirimo yayo ikaba igenda nabi cyane.
Senateri Evode Uwizeyimana, yavuze ko uretse muri Afurika, umuntu wubatse inzu yakoreragamo Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere, RDB, nta handi yakongera kwemererwa kubaka.
Raporo y’umugenzuzi mukuru w’Imari ya Leta, yagaragaje ko mu myaka itanu ishize, ibigo byagenzuwe bigenda byiyongera mu gutunganya neza ibitabo by’ibaruramari, no gukoresha neza umutungo wa Leta.
Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta iragaragaza ko mu mishinga ya Leta yagenzuwe, imishinga itandatu yabonye amafaranga y’abaterankunga, ndetse ikaba yaragombaga gutangira, nyamara ikererwa amezi agera kuri 31, cyangwa se hafi imyaka itatu.
Ubwo Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite yigaga ku mushinga w’itegeko ryerekeye ubucuruzi bw’Umutungo koranabuhanga, Depite Mukabalisa Germaine yifuje kumenya ushinzwe kugenzura ubu bucuruzi hagati ya Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) n’Isoko ry’Imari n’Imigabane (CMA), kuko yumva hashobora kuba guhurira ku nshingano.
Abadepite basabye Komisiyo y’Ubukungu n’Ubucuruzi kwita cyane ku ngingo zireba zikanarengera umuguzi mu buryo bwihariye mu mushinga w’Itegeko ryerekeye ubucuruzi bw’umutungo koranabuhanga.
Abadepite bemeje umushinga w’itegeko rigenga ubucuruzi bw’umutungo koranabuhanga, ushyiraho ibihano bikomeye ku bantu ku giti cyabo cyangwa ibigo bikora ubu bucuruzi batabifitiye uruhushya.
Umuryango w’abantu icumi (umugabo, umugore n’abana umunani) bo mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Mwogo mu Mudugudu wa Karutabana, Akagari ka Kagasa, wari uhangayikishijwe no kuba mu nzu itameze neza, ubu urashima ko wubakiwe inzu, ukaba ugiye kubaho utekanye.
Arnold de Bosscher uzwi nka DJ Toxxyk nyuma yo guhamwa n’ibyaha yari akurikiranyweho kuri uyu wa mbere tariki 4 Gicurasi 2026, Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwamuhanishije gutanga ihazabu ya miliyoni 1,5 Frw no gukora imirimo y’inyungu rusange asubitse mu gihe cy’amezi atandatu, runategeka ko ahita arekurwa.
Inzego zifite ubutaka mu nshingano zigaragaza ko mu Rwanda habarirwa ibibanza by’ubutaka miliyoni 12 kandi byinshi mubyo Abanyarwanda batunze biri munsi ya ½ cya hegitari.
Musenyeri Barthazar Ntivuguruzwa, avuga ko Diyosezi ya Kabgayi, izakomeza kunganira Leta mu guhanga imirimo mishya, mu gukemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza.
Perezida Paul Kagame kuri iki Cyumweru tariki 03 Gicurasi 2026, azagirira uruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe muri Tanzania. Ni uruzinduko rugamije gishimangira umubano w’ibihugu byombi no guteza imbere ubucuruzi n’ubufatanye mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba.
Nyuma y’uko abakoresha Gas bari basanzwe bajyana amacupa ku bacuruzi ba Gas, cyangwa se bagahamagara abayicuruza bakayibazanira, kuri ubu hakozwe porogaramu yo muri telefone yitwa ‘tekereheza app’ ukeneye Gas akoresha akayitumiza, abatanga Gas bagahita babona ubusabe bw’uyikeneye bagahita bayimugezaho.