Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO) ryishimiye ko abantu batanu banduye ubwoko budasanzwe bwa Ebola, butagira urukingo cyangwa umuti byemewe, bakize mu gihe icyorezo gikomeje kwibasira Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC).
Abadepite bagaragaje impungenge batewe n’imikoranire y’Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) na Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), bavuga ko hari abakozi bakora impanuka ariko ntibahabwe indishyi zikwiye, bitewe n’uko ibipimo by’ubumuga bagize bitavugwaho rumwe n’abaganga.
Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) by’umwihariko izishinzwe ibikorwa by’ubuvuzi, buravuga ko ibitaro bya gisirikare (Military Hospitals) byamaze kugezwa no mu Ntara z’Igihugu.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) zigiye kuvura amaso abaturage barenga 6,000 bari hirya no hino mu gihugu, hagamijwe kuborohereza kubona serivisi z’ubuvuzi bw’amaso bufite ireme no kugabanya ibyago byo kugira ubuhumyi bushobora kwirindwa.
Itsinda ry’abavuzi b’Abashinwa bamaze iminsi bakorera mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro, kuri uyu wa Gatandatu tariki 09 Gicurasi 2026 bazindukiye mu gikorwa cyo gusuzuma no kuvura indwara zitandukanye abakozi ba Kigali Today Ltd hamwe n’imiryango yabo.
Mu Rwanda ubu harakoreshwa imiti itatu mu kuvura Malariya. Ibiri muri iyo miti ni mishya kuko yatangiye gukoreshwa mu kwa cumi k’umwaka wa 2025, ikaba yaraje kunganira umuti wa Coartem wari umaze imyaka irenga 15 ukora wonyine, ukaba wari utangiye gucika intege nubwo na wo ukiri mu yifashishwa kandi yemewe, ariko hakaba hari (…)
Abaturage bo mu Kagari ka Nyarubuye mu Murenge wa Fumbwe mu Karere ka Rwamagana, ubwo kuri uyu wa Kane tariki 23 Mata 2026 bahabwaga inzitiramibu, basabwe kuzikoresha neza kugira ngo zibarinde kurumwa n’imibu itera Malariya, basabwa no kwirinda kwitiranya Malariya n’amarozi.
Mu gihe indwara ya Malariya ikomeje kugaragara hirya no hino mu Rwanda, abaturage barashima Leta yashyizeho gahunda y’abajyanama b’ubuzima, kuko bagira uruhare rukomeye mu gutahura no kuvura iyo ndwara hakiri kare.
Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda ifatanyije n’Itsinda ry’Abaganga b’Abashinwa bakorera mu Rwanda, ku wa Gatanu tariki 10 Mata 2026, bashyikirije Ibitaro bya Masaka biherereye mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, inkunga y’ibikoresho igamije gukomeza guteza imbere serivisi z’ubuvuzi.
Abajyanama b’ubuzima barenga ibihumbi 58 mu Rwanda bagiye gushyirwa muri Koperative Muganga SACCO, mu rwego rwo kurushaho kubafasha kwiteza imbere.
Hirya no hino ku mavuriro, haba ku bigo nderabuzima ndetse no ku bitaro, hagaragara imirongo miremire y’abarwayi baba baje kwivuza, bikababangamira kubera kuhamara igihe kinini batarakirwa, haba n’aho bamwe bataha bakazagaruka bukeye, gusa iki kibazo ngo kiraza gukemuka bidatinze.
Itsinda ry’abaganga b’Abashinwa bakorera mu Rwanda ryatangije uburyo bushya bwo gufasha abagore babyara, buhuza ubuvuzi gakondo bw’Abashinwa n’ubuvuzi bugezweho bwo gufasha abagore batwite kubyara.
Raporo nshya mpuzamahanga iravuga ko indwara ziterwa na mikorobe zitakibasha kwicwa n’imiti (antimicrobial resistance – AMR) zikomeje kuba ikibazo gikomeye ku buzima rusange, zigahitana abantu barenga miliyoni imwe buri mwaka, kandi zikibasira cyane umugabane wa Afurika.
Abaturage bo mu Karere ka Gatsibo barishimira ko bubakiwe ibitaro biri ku rwego rwo hejuru, bizatuma nta bibazo bya serivisi z’ubuzima bazongera guhura na byo.
Mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK) habereye igikorwa cyo kuvura igicuri umuntu wa mbere abazwe. Uretse kuba ubuvuzi bw’indwara y’Igicuri by’umwihariko kubaga, busanzwe buhenze, ariko nta n’ahantu byakorerwaga haba mu Rwanda ndetse no mu Karere, ku buryo abifuzaga guhabwa izo serivisi bajyaga kuzishakira mu bihugu (…)
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE) yijeje Abanyarwanda serivisi zinoze kandi zegereye abaturage mu bihe bya vuba, kuko ikibazo cyari kiriho kirimo kuvugutirwa umuti.
Inama y’Igihugu y’Abantu bafite Ubumuga, NCPD, mu Ntara y’Amajyepfo, irasaba ko serivisi z’ubuvuzi bakoresheje ubwishingizi bwa Mituweli zarushaho kunozwa, nk’uko Minisiteri y’Ubuzima iherutse kubyemeza.
U Rwanda rugiye gutangiza ubuvuzi bushya bushingiye ku ikoreshwa ry’ibinyabutabire hakoreshejwe ingufu za nikeleyeri (nuclear medicine), mu rwego rwo kongera ubushobozi bwo gusuzuma no kuvura indwara zikomeye zirimo iza Kanseri, umutima, impyiko n’izindi.
Abashakashatsi, abakora mu nzego z’ubuvuzi n’abarimu muri kaminuza zigisha ubuvuzi, bavuga ko guhangana n’icyorezo cy’udukoko tugira ubudahangarwa ku miti ari urugamba rusaba ubufatanye bw’inzego zitandukanye n’abaturage, kuko cyica bucece.
Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC), cyatangaje ko abarenga ibihumbi 17 mu Rwanda, bapfuye bazira ubudahangarwa bw’udukoko ku miti, ahanini biturutse ku ikoreshwa nabi ryayo ntibe ikibasha kubavura, nk’uko imibare ya RBC yo mu 2019 na 2021 ibigaragaza.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), bagiye kubaka Laboratwari y’icyitegererezo izafasha mu bijyanye no gupima no kugenzura indwara zituruka ku nyamaswa.
Leta y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), ku bufatanye na Leta ya Denmark na Banki y’Isi, yatangije ku mugaragaro igikorwa cyo gushyira ibuye ry’ifatizo ahagiye kwagurirwa Ikigo Nderabuzima cya Nyarubuye, kiri mu Murenge wa Nyarubuye mu Karere ka Kirehe, kugira ngo gishyirwe ku rwego (…)
Abafata imiti igabanya ubukana bwa virusi itera Sida bahamya ko kuyifata atari ikinegu, ahubwo ko ari ukwiyemeza kubaho kandi neza, nubwo hatabura ababaca intege, ariko abiyemeje guhatana bagera kuri byinshi, ubuzima bukagenda neza nk’uko babihamya.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga no Guhanga Udushya, Yves Iradukunda, yavuze ko ubwenge buhangano (Artificial Intelligence/AI) buzifashishwa mu gusuzuma umugore utwite, bikazafasha kumenya mbere uko ubuzima bwe n’ubw’umwana buhagaze.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr Yvan Butera, yavuze ko 95% by’Abanyarwanda bazajya babona serivisi z’ubuzima ku rwego rwa Poste de Santé no ku bigo nderabuzima.
Abaganga b’inzobere bavura indembe kwa muganga baturutse mu bihugu binyuranye by’isi bahuriye i Kigali mu nama yiga uburyo ubushakashatsi butanga ibisubizo ku byo umurwayi w’indembe akenera bwashyirwamo ingufu, kandi ntibube umwihariko w’ibihugu biteye imbere gusa.
Ubusanzwe akamaro k’inkingo ni ukurwanya indwara zandura, ariko kugira ngo zikore neza bisaba ko zikurikiranwa cyane haba uko zitwarwa n’uko zibikwa. Abahanga mu by’inkingo bagaragaza ko zigomba kuba ziri ku bushyuhe buri ku gipimo kiri hagati ya 2°C na 8°C.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko Ikoranabuhanga rya E-Ubuzima rizaba ryatangiye gukoreshwa mu bitaro byose n’ibigo nderabuzima bitarenze uyu mwaka (2025).
Niba usanzwe ugenda kwa muganga nta kabuza ko ujya ubona abaganga mu myambaro yabo akenshi iba itandukaniye mu mabara nubwo bose baba bahuriye ku muhamagaro wo kurengera ubuzima bw’abantu.
Abashakashatsi mu by’ubuzima bagaragaje ko muri Afurika bitwara umwanya munini kugira ngo bemererwe gutangira ubushakashatsi ku miti no ku nkingo, bikaba bidindiza iterambere ry’ubuvuzi muri rusange.