Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko umuntu umwe mu Rwanda kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Ukwakira 2024, yishwe n’icyorezo cya Marburg, yuzuza umubare w’abantu icumi bamaze gupfa bazize icyo cyorezo.
														
													
													Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko mu Rwanda abantu batandatu ari bo bamaze kwicwa n’indwara y’umuriro mwinshi iterwa na virusi ya Marburg, abandi 20 bakaba barimo kuvurwa.
														
													
													Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ko muri iki gihe gushyira umuturage ku isonga ari isengesho ry’u Rwanda, rya buri munsi, yibutsa abahawe inshingano zo kumuyobora guhora iteka batekereza kandi bafatanyije na we gushaka icyamuteza imbere.
														
													
													Bizimana Jean Damascene ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, akaba ari Umujyanama mu muryango nyarwanda w’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga (RNUD), avuga ko uburenganzira bwabo hari igihe bubangamirwa bitewe no kuba hari abantu benshi bakeneraho serivisi ariko ntibabashe kubafasha uko bikwiye kubera ko batazi ururimi (…)
														
													
													Dr. Charles Murigande uri mu bateguye igitaramo Rwanda Shima Imana kizabera kuri Stade Amahoro kuri iki Cyumweru tariki 29 Nzeri 2024, avuga ko buri wese afite impamvu yo gushima Imana.
														
													
													Bikorimana Emmanuel wamenyekanye nka ‘Bikem Wa Yesu’ yinjiye mu muhamagaro mushya wo kuririmbira Imana, aho ubu yamaze gushyira hanze indirimbo yasubiyemo yitwa ‘Hari Umwami Wa Kera’ iyi ikaba ari indirimbo iboneka mu ndirimbo zo gushimisha Imana kuri Nimero ya 419.
														
													
													Kompanyi y’indege Scandinavian Airlines (SAS) yatangaje ko imwe mu ndege zayo byabaye ngombwa ko ku wa Gatatu tariki 18 Nzeri 2024 igwa gihutihuti igahagarikira urugendo mu nzira, nyuma y’aho imbeba ivumbutse iva mu gakarito karimo ibiryo umugenzi wari mu ndege yari ahawe.
														
													
													Banki ya Kigali (BK) yatangaje ko yishimiye ubufatanye bushya yagiranye na Ambasade ya Suède mu Rwanda, aho bemeranyijwe gutanga inguzanyo ya Miliyoni 10 z’Amadolari ya Amerika, ni ukuvuga asaga Miliyari 13 na Miliyoni 484 mu mafaranga y’u Rwanda, azatangwa nk’inguzanyo yo gushyigikira no guteza imbere imishinga mito (…)
														
													
													Byari nk’inzozi kuri bamwe kongera guhura n’abo baherukanaga mu myaka 60 ishize, bakiri abana bato bari hagati y’imyaka 12 na 14, ubu bakaba bageze mu zabukuru mu kigero cy’imyaka isaga 70 y’amavuko.
														
													
													Mukarubega Zulfat washinze Kaminuza y’Ubukerarugendo, Ikoranabuhanga n’Ubucuruzi (University of Tourism, Technology, and Business Studies - UTB), avuga ko yishimira amahirwe u Rwanda rwahaye abagore, akavuga ko we by’umwihariko yiyemeje gutanga umusanzu we abinyujije mu burezi, mu rwego rwo kugira uruhare mu byo Perezida wa (…)
														
													
													Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 19 Nzeri 2024 habereye impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri, ikaba yari ivanye abanyeshuri ku ishuri ribanza rya Saint Matthew ibacyuye.
														
													
													Mu Karere ka Nyamasheke, mu Ntara y’Iburengerazuba, ingo zirenga ibihumbi makumyabiri na bitandatu (26,000) zitari zifite amashanyarazi zigiye kuyahabwa mu rwego rwo kwihutisha iterambere muri aka Karere no kugeza amashanyarazi kuri bose.
														
													
													Abayobozi baturutse hirya no hino ku Isi baritegura guhurira mu mujyi wa Baku muri Azerbaijan mu nama ya mbere nini y’Umuryango w’Abibumbye yiga ku mihindagurikire y’ibihe (UN Climate Change Conference) izaba guhera tariki 11 – 22 Ugushyingo 2024.
														
													
													Abagore n’abakobwa bo mu bice bitandukanye by’Igihugu barasaba ko ibiciro by’ibikoresho byifashishwa mu kunoza isuku yabo bizwi nka Cotex cyangwa Sanitary Pads byagabanuka, kuko kuba bihenze bitaborohera kubikoresha.
														
													
													Korali Family of Singers yo muri EPR Kiyovu mu Mujyi wa Kigali, yateguye igiterane yise ‘Umuryango Mwiza Live Concert’ cyitezweho guhembura imitima ya buri cyiciro cyose cy’abagize umuryango, binyuze mu ndirimbo, mu ijambo ry’Imana no mu bikorwa byo gushimira abazaba bizihiza isabukuru yo kubana kwabo mu kwezi kwa 10 (…)
														
													
													Itangazo riturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe riravuga ko Bwana Gaspard Twagirayezu wari Minisitiri w’Uburezi yasimbuwe kuri uwo mwanya na Bwana Joseph Nsengimana, Twagirayezu agirwa Umuyobozi Mukuru w’Urwego rushinzwe Isanzure.
														
													
													Ibitaro bikuru byo mu mujyi wa Eldoret mu Burengerazuba bwa Kenya byemeje ko Dickson Ndiema, wahoze ari umukunzi wa Rebecca Cheptegei, yapfuye mu ijoro ryo ku wa Mbere.
														
													
													Musabyimana Albert warokotse Jenoside yatwaye abo mu muryango we hafi ya bose, ashima ubuyobozi bw’u Rwanda bwamwubatsemo icyizere cyo kubaho, ariga, ndetse abona akazi yiteza imbere, yiyemeza kwitura Igihugu ineza cyamugiriye ashinga ikigo cy’amashuri cyitwa Peace and Hope Academy gifasha abafite ubushobozi budahambaye.
														
													
													Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashyizeho abagize Guverinoma n’abandi bayobozi, itangazo riturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe rikaba rigaragaza ko abayobozi Umukuru w"igihugu yashyizeho ari Abaminisitiri 21, Abanyamabanga ba Leta 9 n’Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB).
														
													
													Ababyeyi bafite abana bafite inzozi zo kuzaba inzobere mu by’Ubwubatsi, Ubuganga cyangwa mu Bushakashatsi mu bijyanye n’ubumenyi n’ikoranabuhanga bashyiriweho amahirwe yo gukabya inzozi zabo binyuze mu kwiga muri Ntare Louisenlund School.
														
													
													Urwego rushinzwe ubuzima muri Suwede rwatangaje ko rwabonye umuntu ufite ubwoko bw’ubushita bw’inkende (mpox) bukaze muri iki gihugu.
														
													
													Mounir Nasraoui ubyara umukinnyi Lamine Yamal w’icyamamare mu mupira w’amaguru muri Espagne w’imyaka 17 y’amavuko, yatewe ibyuma inshuro nyinshi n’abagizi ba nabi ari muri parikingi.
														
													
													Ikigo cyitwa Castrol kirishimira ko kimaze imyaka 125 gikora ndetse kigakwirakwiza amavuta ya moteri na yo yitwa Castrol hirya no hino ku Isi. Kuri ubu icyo kigo kivuga ko iyo myaka kimaze gikora cyishimira serivisi giha abakigana, ari na ko cyibanda ku bushakashatsi, ku ikoranabuhanga no guhanga udushya kugira ngo (…)
														
													
													Perezida wa Repubulika Paul Kagame yarahiriye kuyobora u Rwanda mu myaka itanu iri imbere. Ni mu birori byabereye muri Stade Amahoro kuri iki Cyumweru, tariki 11 Kanama 2024, byitabirwa n’Abanyarwanda baturutse hirya no hino, inshuti z’u Rwanda, ndetse n’abanyacyubahiro baturutse mu bihugu byo mu mahanga.
														
													
													Abayobozi b’ibihugu n’abandi banyacyubahiro batandukanye bakomeje gusesekara i Kigali aho bitabiriye ibirori byo kurahira kwa Perezida Kagame uherutse gutsindira kuyobora u Rwanda muri Manda y’imyaka itanu.
														
													
													Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, ari i Kigali aho yitabiriye ibirori by’Irahira rya Perezida Paul Kagame.
														
													
													Indege ya kompanyi yitwa VoePass yo muri Brazil yari itwaye abantu 62 yakoze impanuka ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 09 Kanama 2024 ubwo yari igeze muri Leta ya Sao Paulo muri icyo gihugu.
														
													
													Urubyiruko rwo mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Gahanga mu Kagari ka Nunga rwahuriye mu biganiro byateguwe n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri ako gace ku bufatanye n’umuryango witwa Good News International, baganirizwa ku ngingo zitandukanye zibafasha gutegura ahazaza habo heza.
														
													
													Abayobozi bo hirya no hino ku Isi, abahanga udushya, abarimu muri za kaminuza, ibigo by’iterambere, amahuriro y’abahinzi borozi, ndetse n’abikorera bo muri Afurika n’ahandi ku Isi, bagiye guhurira mu Rwanda mu nama ngarukamwaka yiga ku iterambere ry’ibiribwa muri Afurika (Africa Food Systems Forum) izaba guhera tariki 2 – 6 (…)
														
													
													Ihuriro ry’Imiryango Nyarwanda y’abantu bafite ubumuga (NUDOR) rirasaba abantu batandukanye baba abayobozi mu nzego z’ibanze, abantu babana n’abafite ubumuga, n’abandi bakora ibikorwa by’ubutabazi gushyiraho uburyo bwihariye bwo gutabara no kugoboka abantu bafite ubumuga mu gihe cy’ibiza cyangwa mu gihe habaye andi makuba (…)