Umubyeyi witwa Mbabazi Liliane ufite umwana witwa Ndahiro Iranzi Isaac arasaba uwabishobora wese kumufasha kubona itike yo gusubiza umwana we mu Buhinde kugira ngo abagwe bwa kabiri, avurwe, akire neza.
Abakozi bakora mu mirimo yo kubaka umudugudu wa Gacuriro barinubira kwirukanwa kwa hato na hato ndetse bamwe ngo bakagenda batanahawe ibyo bemererwa n’amategeko.
Kuba Uburundi na Tanzaniya bidakoresha visa imwe n’ibindi bihugu byo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), byagaragajwe nka kimwe mu bidindiza iterambere ry’ubukerarugendo mu karere biherereyemo.