Ba rwiyemezamirimo b’abagore bo muri Mauritius n’abo mu Rwanda biyemeje gufatanya mu mishinga y’ubucuruzi, aho abo muri Mauritius bazashora imari mu bigo bya ba rwiyemezamirimo b’Abanyarwandakazi.
Abadepite bagize Komisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo bya Leta mu Nteko Ishinga Amategeko banenze kuba ibicuruzwa by’abacuruzi b’Abanyarwanda bakorera ku mupaka wa Cyanika bibikwa muri Uganda, mu gihe ku ruhande rw’u Rwanda hari inyubako y’ububiko itaratangira gutanga serivisi kubera kutumvikana hagati y’umushoramari (…)
Urwego rw’Igihugu rw’Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR) rwagaragaje ko ibiciro ku masoko byakomeje kuzamuka mu gihugu, aho imibare y’Igipimo cy’ihindagurika ry’ibiciro (Consumer Price Index-CPI) yo muri Mata 2026 yerekana ko abaturage bakomeje guhura n’ubuzima buhenze, bitewe n’izamuka ry’ibiciro by’ibicuruzwa na serivisi (…)
Banki ya Kigali yeretse Abakiriya bayo b’imena uburyo System ya ‘BK Open API’ izabafasha ikanaborohereza kubona serivisi mu buryo bworoshye batarinze gutegereza igihe kinini ndetse no kujyayo.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko guhera ku wa Gatandatu tariki 4 Mata 2026, saa kumi n’ebyiri za mu gitondo (6:00), ibiciro ntarengwa by’ibikomoka kuri peteroli, harimo n’umusoro ku nyongeragaciro (VAT), bivuguruwe mu buryo bukurikira: Lisansi iragura Amafaranga y’u Rwanda 2,303 kuri Litiro, naho Mazutu iragura (…)
Banki Nkuru y’Igihugu (BNR) yatangaje ko nubwo hari igitutu gituruka hanze, ubukungu bw’u Rwanda bwakomeje kwihagararaho muri 2025, aho urwego rw’inganda rwiyongereyeho 11%, serivisi ziyongeraho 8.5%, naho ubuhinzi bwiyongeraho 7.4%. Ibi byatewe n’ishoramari mu bikorwa remezo no kwiyongera kw’ibyoherezwa mu mahanga, cyane (…)
Ubuyobozi bushya bwatowe n’Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF) burasaba Leta kongera gusuzuma icyemezo cyo kwemerera ibikorwa by’ubucuruzi gukora amasaha 24 kuri 24, buvuga ko kongera amasaha y’akazi ari ingenzi mu kuzamura umusaruro, inyungu n’iterambere mu nzego zitandukanye.
Mu bice bimwe na bimwe by’Igihugu hari ahantu henshi usanga babuze uwiyemeza gufata ivomero cyangwa robinet ngo ajye afasha abandi kuvoma amazi meza, babibona nk’aho ari igikorwa kibatesha umwanya kikababuza kwikorera ibikorwa bibateza imbere, nyamara, burya iyo baguhaye ayo mahirwe baba banaguhaye n’inzu y’ubucuruzi (…)
Abaturage bo mu Karere ka Nyamagabe hamwe n’impunzi zicumbikiwe mu Nkambi ya Kigeme by’umwihariko abarema isoko ry’amatungo rya Ryarubondo, barishimira ko kurivugurura byatumye riba mpuzamahanga ku buryo risigaye riremwa n’abaturutse mu bihugu by’abaturanyi baje kuhagurira amatungo arimo inka, ingurube ihene n’intama.
Ikigo cy’ubucuruzi mpuzamahanga gikora ubwikorezi buhuza Afurika n’Ubushinwa, Africa Link Cargo Ltd mu cyumweru gishize cyatumiye Abakiliya bacyo mu busabane bwo kwizihiza umwaka mushya w’Ubushinwa, no kubashimira ko bababaye indatenguha.
U Rwanda rwinjije Amadolari ya Amerika arenga miliyoni 13 mu minsi itanu gusa, biturutse ku bicuruzwa byoherejwe mu mahanga bikomoka ku buhinzi. Ibi bigaragaza uruhare rukomeje kwiyongera rw’uru rwego mu kuzamura ubukungu bw’Igihugu no kuzana amadovize.
Mu gihe Banki y’u Rwanda ivuga ko iyo ibiciro byazamutseho hagati ya 2-8% biba ari ibisanzwe, muri Mutarama 2026, byazamutseho 8,9%, byongera igitutu ku baturage ku bushobozi bwo guhaha no kubona serivisi z’ingenzi.
U Rwanda rwakuye Uganda ku mwanya wa mbere mu kohereza ikawa nyinshyi muru Kenya, bishimangira indi ntambwe ikomeye mu rugendo rw’igihugu rwo kongera umusaruro w’ ibikomoka ku buhunzi byoherezwa mu mahanga.
Ibicuruzwa u Rwanda ruvana muri Kenya byaragabanutse ku kigero kirenga 80% mu mwaka ushize, ni ukuvuga hagati y’Ukwakira 2024 n’Ukwakira 2025.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’ubucuruzi, RICO, cyahawe kurangiza isoko rya Gisenyi rimaze imyaka 15 ryubakwa, butangaza ko rigiye kwakirwa no gukorerwamo ku itariki 15 Ugushyingo 2025.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 5 Ugushyingo 2025, u Rwanda rwifatanyije n’ibindi bihugu bitandukanye mu muhango wo gufungura ku mugaragaro imurikabikorwa ku byinjizwa mu Bushinwa (China International Import Expo - CIIE), ririmo kubera i Shanghai muri icyo gihugu, rikaba ryitezweho kongera ibyo u Rwanda rwoherezayo.
Abo mu myaka yo hambere, ndetse n’abagiye bavuka nyuma yabo, baziranyeho ko mu myaka ishize iyo mu Rwanda havugwaga amata y’ifu, nta yandi yahitaga aza mu bwonko vuba nka NIDO.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), yashyizeho amabwiriza mashya yihariye inatanga umucyo ku bemerewe kwakira ubwishyu mu madovize, harimo n’Amadorali.
Mu gihembwe cya kabiri cya 2025, icyuho hagati y’ibyoherezwa mu mahanga n’ibitumizwayo cyagabanutseho 12.5% ugereranyije n’igihembwe nk’iki umwaka ushize, nk’uko bigaragara muri raporo y’Ubucuruzi Mpuzamahanga Bwanditse bw’u Rwanda.
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ikomeje kuba nk’isoko rikomeye kandi ryizewe ku bicuruzwa by’u Rwanda, aho kugeza ubu ibiva mu Rwanda byoherejweyo biri hejuru ya 20% by’ibicuruzwa byose byoherezwa hanze.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 5 Nzeri 2025, nibwo binyuze mu itangazo Urwego rw’Igihugu rushinzwe Kugenzura Imikorere y’Inzego zimwe z’Imirimo Ifitiye Igihugu Akamaro (RURA), rwatangaje ko ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peteroli byavuguruwe, bikaba byatangiye gukurikizwa uhereye kuri uyu wa Gatandatu tariki 06 Nzeri (…)
Ubuyobozi bwa BK Group Plc, bwatangaje ko mu mezi atandatu ya mbere ya 2025, icyo kigo cyagize inyungu y’amafaranga y’u Rwanda miliyari 51.9, zingana n’izamuka rya 8.6% ugereranyije n’ayo cyungutse muri ayo mezi umwaka ushize.
Imurikagurisha mpuzamahanga ryabereye i Kigali muri Nyakanga na Kanama 2025 ryitabiriwe n’abantu b’ingeri zitandukanye, by’umwihariko abamurika. Hari ibyo bashima mu migendekere yaryo, ariko bagira n’ibindi basaba ko ubutaha byazanozwa.
Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), byasabwe kwihutisha kwemeza impinduka mu mabwiriza agenga Umuryango w’Ikoranabuhanga ry’Ubucuruzi (Customs Union), hagashyirwaho komite y’akarere izajya ikemura impaka mu bucuruzi no gukuraho inzitizi, zikomeje gukoma mu nkokora ubucuruzi hagati y’ibihugu binyamuryango.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zageze ku rutonde rw’ibihugu bitanu bya mbere byoherezwamo ibicuruzwa byinshi bituruka mu Rwanda, zisimbuye u Bwongereza nk’uko bigaragazwa na raporo nshya y’ubucuruzi (the latest trade rankings).
U Rwanda rwatangiye kohereza mu mahanga ikintu gishya kitari ikawa, icyayi cyangwa se amabuye y’agaciro, ahubwo ni za ‘systems’ z’ikoranabuhanga, zoherezwa mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, kandi rurimo kwinjiza amafaranga kubera izo serivisi.
Abahinzi b’imboga n’imbuto biganjemo abo mu Ntara y’Amajyaruguru, bagiye kubakirwa isoko rihuriweho, bazajya bagurishirizaho umusaruro w’ibyo bihingwa, ryitezweho koroshya uruhererekane nyongeragaciro rw’imboga n’imbuto, kongera ubuziranenge no gukemura ibibazo by’igihombo baterwaga n’umusaruro wangirikaga.
Banki Nkuru y’U Rwanda (BNR), iri kwiga uko ikiguzi cy’ihererekanya ry’amafaranga hifashishijwe ikoranabuhanga cyagabanuka, mu buryo bwo gufasha abantu kwirinda guhanahana amafaranga mu ntoki.
Binyuze mu masezerano yo kugabanya imisoro bagiranye ku wa 12 Gicurasi 2025, ibihugu bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bushinwa, byiyemeje kugabanya imisoro biheruka gutumbagiza mu rwego rwo koroshya ubuhahirane hagati y’impande zombi.
Abari mu ruhererekane rwo kongerera agaciro impu n’ibizikomokaho, basanga gukorera hamwe bizatuma banoza ibyo bakora, kuko kuba ba nyamwigendaho byatumaga batunguka kuko hari impu zangirikaga kubera kubura isoko.