Dr. Gakwenzire Philibert, Perezida w’Umuryango IBUKA uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, agaragaza ko nubwo Kabuga yapfuye, ibye bitarangiriye aho, ahubwo ko hari ibikwiye gusobanuka, mu nyungu z’ubutabera.
Kabuga Félicien ufatwa nk’umuterankunga wa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda, yapfiriye mu bitaro yari arwariyemo i La Haye mu Buholandi.
Umunyamakurukazi Glory Iribagiza yandikiye Perezida Paul Kagame ibaruwa ifunguye, ndetse ayinyuza ku mbuga nkoranyambaga, amusaba ko yamufasha kubona ubutabera, kuko yizeye ko ari we wenyine washobora kubumuha, kandi ko atari impuhwe yifuza kugirirwa n’inzego z’ubutabera, ahubwo ko guhabwa ubutabera ari uburenganzira bwe.
Uwahoze ari Umudipolomate w’u Rwanda, Eugène Richard Gasana, yahamijwe n’itsinda ry’abacamanza bo muri Manhattan icyaha cy’ihohotera rishingiye ku gitsina, maze urukiko rutegeka ko aha Benita Uruhisho wari watanze ikirego, Miliyoni 5 z’Amadolari ya Amerika nk’indishyi nyuma y’urubanza mbonezamubano rwabereye i New York.
Urwego rw’Umuvunyi rwahuguye abantu 74 bagize komite zishinzwe gukumira no kurwanya ruswa muri Ministeri n’Ibigo bya Leta 17. Ni amahugurwa y’umunsi umwe yari agamije kunoza kurushaho gukumira no kurwanya ibyuho bya ruswa aho bakorera.
Urubanza ruregwamo Laurent Bucyibaruta wahoze ari Perefe wa Gikongoro mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi rukomeje gutera impaka mu mategeko, cyane cyane ku kibazo cy’uko indishyi z’abahohotewe zigomba gukomeza gusuzumwa n’ubutabera bw’u Bufaransa n’ubwo uregwa yapfuye.
Inteko rusange umutwe w’Abadepite yateranye ku wa Kane tariki 29 Mata 2026 yatangaje ko Leta yatsinzwe imanza 9 bituma yishyura 46,438,529 Frw harimo n’indishyi z’akababaro kubera imanza yarezwemo zirebana no kuba zimwe mu nzego za Leta zitubahiriza amategeko, amabwiriza n’ibyemezo bijyanye n’imicungire y’abakozi ba Leta.
Mu nkiko z’u Rwanda kuri ubu hari imanza 892 zifitanye isano n’ibibazo by’ubwishingizi bijyanye n’indishyi, impanuka, amasezerano y’ubwishingizi, n’ibindi.
Mu rubanza rukomeje kubera mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Ubuhuza i La Haye mu Buholandi, ku kibazo cy’amasezerano atarubahirijwe ajyanye n’impunzi n’abimukira bagombaga kuzanwa mu Rwanda baturutse mu Bwongereza, kuri uyu munsi warwo wa kabiri, Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Dr. Ugirashebuja Emmanuel, (…)
Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Biruta Vincent, yabwiye Abadepite bagize Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no kurwanya Jenoside ko ingamba Leta yashyizeho zatangiye gutanga umusaruro ku bucucike buri mu magororero hirya no hino mu gihugu kuko bwagabanutseho 46,8%.
Isomwa ry’urubanza rwa Oswald Rurangwa uregwa ibyaha bya Jenoside ryari riteganyijwe kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Werurwe 2026, ryasubitswe, rihabwa indi tariki.
Abantu bari barakatiwe n’inkiko bakaba bafunguwe by’agateganyo, bafite ibyo basabwa kubahiriza, batabikora bikaba bishobora kubaviramo ingaruka z’uko basubizwa muri gereza kurangiza igihano bari basigaje nk’uko biteganywa mu iteka rya Minisitiri ryo ku wa 4/3/2026, ryemeza ifungurwa ry’agateganyo ry’abakatiwe.
Urukiko rwa Rubanda rw’Ubujurire rwa Paris mu Bufaransa rwemeje ko Claude Muhayimana ahamwa n’icyaha cyo kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, rumukatira igifungo cy’imyaka 14.
Ubushinjacyaha bw’Uburukiko rwa Rubanda mu Bufaransa bwasabiye Claude Muhayimana igifungo cy’imyaka 15, mu rubanza rw’ubujurire, rumukurikiranyeho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Urubanza rw’ubujurire Claude Muhayimana ashinjwamo ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi birimo ubufatanyacyaha mu byaha bya Jenoside n’ibyaha byibasiye inyokomuntu, ku wa 24 Gashyantare 2026 yatangiye kwisobanura, urukiko rumushinja kunyuranya mu mvugo.
Mu rubanza rw’ubujurire rwa Jean Claude Muhayimana rubera mu Rukiko rwa Rubanda i Paris ku byaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umutangabuhamya yavuze ko yiboneye imodoka y’uregwa mu bikorwa by’urugomo n’ubugome byabereye mu Karere ka Karongi.
Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro guhanisha igihano cy’igifungo cy’imyaka itanu abantu batanu bakekwaho gusakaza amashusho agaragaza Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano ari gukora imibonano mpuzabitsina.
Mu gihe hari abinubira ko hari abantu bakekwaho icyaha bajya bafatwa ndetse bagashyikirizwa inzego z’ubutabera ariko mu gihe gito bakarekurwa, cyangwa se bagahabwa igifungo gisubitse, hakaba abakeka ko hatanzwe ruswa, abakora mu nzego z’ubutabera bo bagaragaza ko icyifuzo cy’uwareze atari cyo inzego z’ubutabera zikurikiza.
Perezida w’Urugaga rw’Abahesha b’Inkiko b’Umwuga mu Rwanda, Me Jean Aimé Niyonkuru, yavuze ko hari Abahesha b’Inkiko b’Umwuga bajya kwishyuriza abantu imitungo, bamara kubona amafaranga bakayishyirira mu mifuka yabo.
Brig Gen Gakwerere Ezechiel wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’Umutwe w’Iterabwoba wa FDLR, arashyikirizwa ubutabera bwa Gisirikare mu gihe cya vuba.
Claude Muhayimana, Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’u Bufaransa, yongeye kwitaba Urukiko rwa Rubanda (Cour d’assises) i Paris kugira ngo aburane mu bujurire, nyuma y’uko yari yarakatiwe igifungo cy’imyaka 14 mu mwaka wa 2021.
Ni nyuma y’uko uburana n’abamwunganira bagaragaje ko batiteguye kuburana ku byaha bine akekwaho. DJ Toxxyk wavutse tariki 27 Nyakanga 1993, ni umusore w’imyaka 33 utuye mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Remera, Akagari ka Rukiri I mu Mudugudu w’Urumuri.
Ubushinjacyaha Bukuru bw’Igihugu butangaza ko bwesheje 100% umuhigo bwihaye wo gukora amadosiye mu mwaka wa 2024-2025, kuko bwari bwahize gukora nibura 96% ariko burarenza bukora 96.4%.
Urukiko rw’Ibanze rwa Kiyumba ruherereye mu Karere ka Muhanga rwakatiye Germain Musonera igifungo cy’imyaka 20, rumutegeka kwishyura indishyi z’akababaro za Miliyoni 50Frw ku muryango urengera inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (IBUKA).
Perezida w’Agateganyo w’Inama y’Abakomiseri muri Komisiyo y’Igihugu ishinzwe abakozi ba Leta (NPSC) Sebagabo Muhire Barnabé, yatangaje ko uturere twatsinzwe imanza 4 ducibwa 18,826,907Frw kubera kutubahiriza uburenganzira bw’abakozi.
Urukiko rwa rubanda rwa Paris mu Bufaransa, rwongeye guhamya Dr Munyemana Sosthène icyaha cya Jenoside, rugumishaho igihano cy’igifungo cy’imyaka 24 yari yarahawe mbere.
I Paris mu Bufaransa, ubushinjacyaha bwasabye urukiko rwa rubanda urugereko rw’ubujurire guhamya Sosthene Munyemana ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi n’ibyibasiye inyokomuntu no kumuhanisha igifungo cya burundu.
Mu Rwanda hashyizweho uburyo bushya bwo kwihutisha ubutabera, buzwi nka ‘plea bargain’, aho ukekwaho icyaha ashobora kwemera icyaha cye mu magambo ye bwite, maze uwahohotewe akemererwa gusaba indishyi mu gihe cy’ibiganiro.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, akaba na Perezida w’Urwego rw’Ubucamanza, Mukantaganzwa Domitilla yavuze ko ibirarane by’imanza biterwa ahanini n’imyumvire ikiri hasi y’abagana inkiko ku ikemurwa ry’ibibazo mu bwumvikane, kuko benshi bumva ko ibibazo byabo bigomba gukemuka biciye mu iburanisha ry’urubanza hakaboneka utsinda (…)
Ku rukiko rwa Gisirikare ruri i Nyamirambo, kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Kanama 2025, hatangiye kuburanishirizwa urubanza ruregwamo abantu 28 barimo abasivile 23, abasirikare batatu, n’abo mu rwego rushinzwe igorora (RCS) babiri barimo CSP Hillary Sengabo, usanzwe ari Umuvugizi w’urwo rwego.