Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yatangaje ko yategetse ingabo z’icyo gihugu gukomeza kwinjira muri Liban mu rugamba rwo guhangana n’umutwe wa Hezbollah uterwa inkunga na Iran, nubwo hari agahenge (ceasefire) kamaze igihe cy’ibyumweru bitandatu karatangajwe.
Ingabo zirinda ubutegetsi bwa Iran zizwi nka Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC) zatangaje ko zagabye igitero ku birindiro bya gisirikare bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, zisobanura ko ari igisubizo ku gitero Amerika yari yagabye hafi y’umujyi wa Bandar Abbas uherereye mu majyepfo ya Iran.
Mu Kigo cya Polisi cy’amahugurwa giherereye i Gishari mu Karere ka Rwamagana, kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Gicurasi 2026, habereye umuhango wo kwinjiza ba Ofisiye bashya 436 muri Polisi y’Igihugu no kwizihiza imyaka 25 y’ubufatanye butanga umutekano, ari na yo myaka Polisi y’u Rwanda imaze ibayeho.
Muri ba Ofisiye bashya 436 basoje amahugurwa uyu munsi tariki 27 Gicurasi 2026, mu Kigo cya Polisi giherereye i Gishari mu Karere ka Rwamagana, harimo abashyitsi, bakaba ari Abapolisi umunani n’abaje baturuka mu gihugu cy’inshuti y’u Rwanda cya Seychelles.
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Felix Namuhoranye, avuga ko muri iki gihe ikoranabuhanga ryakataje, rikoreshwa cyane no mu gukora ibyaha, bityo ko guhagarara ku miryango ya Banki urinze abajura bitagihagije.
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Felix Namuhoranye, avuga ko urwego akuriye rwiyemeje gukora ku buryo buri mutura Rwanda atagira impungenge z’umutekano we, ariko hakabamo ubufatanye n’abaturage mu kuwucunga.
Amakuru atangwa n’Ubuyobozi bw’Umurenge wa Ntarabana mu Karere ka Rulindo, aravuga ko umurambo wa Isaie Twizerimana wari ugishakishwa na wo wabonetse.
Kuri uyu wa Mbere tariki 25 Gicurasi 2026, nibwo mu Rukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge haburanishijwe urubanza rudasanzwe rw’umuntu ufite ubumuga bw’ubugufi bukabije wareze umunyamategeko (umuhesha w’inkiko w’umwuga), amushinja kumwita amazina amutesha agaciro, uregwa asabirwa gutanga ihazabu y’ibihumbi 200 Frw n’indishyi ya (…)
Perezida Kagame yirukanye ba Ofisiye bakuru 6, ba Ofisiye bato 13, ba Suzofisiye n’Abawada 277 mu rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS). Hari n’abazamuwe mu ntera nk’uko biri mu itangazo rya RCS.
Brig Gen Rwivanga yatangiye kuyobora Umutwe w’Ingabo za Afurika y’Iburasirazuba zihora ziteguye gutabara aho rukomeye(EASF). Uyu mwanya azawumaraho imyaka itatu aho azaba afite icyicaro i Nairobi muri Kenya.
Mu Ishuri rya Gisirikare i Gako, kuri uyu wa Gatandatu habereye Inama Nyunguranabitekerezo ku Mutekano w’Igihugu (National Security Symposium) ihuza abayobozi mu by’umutekano, abanyeshuri n’abashakashatsi bo mu mashuri makuru, hamwe n’abafatanyabikorwa batandukanye.
U Rwanda rwitabiriye imyitozo y’Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) yiswe USHIRIKIANO IMARA 2026. Ni imyitozo ibera mu Ishuri ry’Amahugurwa yo kubungabunga amahoro riherereye Embakasi i Nairobi mu gihugu cya Kenya.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, (RCS) rwatangaje ko Karasira Aimable Uzaramba yapfuye mu masaha y’ijoro ryo ku wa 7 Gicurasi 2026 ahagana saa sita nyuma y’uko afashe imiti myinshi yari asanzwe anywa, akarenza ingano yayo.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze uwitwa Imanirakiza Issa Naphtal, Noteri wigenga ukorera mu Karere ka Rubavu n’abandi bantu batandatu ari bo; Nkundimana Tharcisse, Nsabimana Straton, Harerimana Jean Paul, Mukeshimana Marie Louise, Ndagijimana Daniel na Ndagijimana Jean. Bakurikiranyweho ibyaha birimo kwihesha ikintu (…)
Imvura yaguye mu ma saa saba n’igice z’amanywa mu Karere ka Kirehe mu Murenge wa Mpanga mu Kagari ka Bwiyorere, yumvikanyemo inkuba yakubise inka 15 n’intama 18 z’umworozi witwa Mutarambirwa Patrick zari mu rwuri rwe, zose zihita zipfa.
Mu minsi ishize, mu gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, narebye amashusho agaragaza neza impamvu zitandukanye zigaragaza politiki yo mu Karere kacu, n’itandukaniro riri hagati y’imvugo za dipolomasi mpuzamahanga n’ubuzima nyakuri bw’abatuye u Rwanda.
Perezida Paul Kagame, mu kiganiro aherutse kugirana na Jeune Afrique, yabajijwe ku byo akunze kuvuga by’imikoranire y’ingabo za RDC na FDLR, abazwa niba yaba azi umubare w’abagize FDLR.
Abahagarariye inyungu za gisirikare z’ibihugu byabo mu Rwanda (Defence Attachés) basobanuriwe uko umutekano w’u Rwanda n’uwo mu Karere wifashe, ndetse bagaragarizwa n’uruhare rw’Ingabo z’u Rwanda mu bikorwa byo kubungabunga amahoro by’Umuryango w’Abibumbye no mu butumwa bw’amahoro bushingiye ku mikoranire ya gisirikare (…)
Abayobozi b’Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’iza Tanzania (TPDF) bahuriye mu Karere ka Karagwe mu Nama ya 15 y’Abayobozi b’Ingabo bakorera ku mipaka, igamije gukemura ibibazo by’umutekano byo ku mipaka no gukomeza kunoza ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.
Igihugu cya Iran cyahakanye iby’uko cyaba kiri mu biganiro na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma y’uko Perezida Donald Trump avuze ko byabaye ndetse bikaba byaratanze umusaruro mwiza.
Umutwe witwaje intwaro wa FDLR, ntukiri itsinda ry’abantu bake basigaye ku basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda, ahubwo wahindutse ihuriro rigari ry’imikorere n’imibereho bya gisirikare, nk’uko byagaragajwe n’ubushakashatsi bw’umuhanga mu by’Akarere k’Ibiyaga Bigari, Dr. Alex Mvuka Ntung.
Ibihugu bya Qatar, Azerbaijan, Bahrain, Egypt, Jordan, Kuwait, Lebanon, Pakistan, Saudi Arabia, Syria, Türkiye na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) byasabye Iran guhagarika ibitero byayo ako kanya nta yandi mananiza, nyuma y’inama yabihurije i Riyadh mu murwa mukuru wa Saudi Arabia, tariki 18 Werurwe 2026.
Abantu 11 berekanywe na RIB nyuma yo gufatwa kubera ibyaha bitandukanye bakurikiranyweho. Aba bantu harimo abagore 3 n’abagabo 8. Bakurikiranyweho ibyaha by’ubwambuzi bushukana, aho bakekwaho gufatanya n’abandi kugurisha imitungo itari iyabo, irimo inzu n’ubutaka.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yemeje ko mu gihe inkunga yatangwaga n’Ubumwe bw’Ibihugu by’u Burayi mu bikorwa byo kurwanya iterabwoba muri Mozambique yahagarikwa, Ingabo z’u Rwanda zari ziri mu butumwa muri icyo gihugu, zahita zivayo, ubwo hagashakwa igihugu cyakoherezayo (…)
Abasirikare 100 b’u Rwanda, bari boherejwe mu butumwa bw’ubutabazi muri Jamaica, bageze i Kigali, aho bashimiwe ubwitange, umurimo mwiza kandi unoze bakoze ndetse n’ikinyabupfura cyabaranze muri izo nshingano bari bahawe.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica (JDF), Vice Admiral Antonette Wemyss-Gorman, yashimiye ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda kuba bwarohereje Ingabo gufasha abaturage ba Jamaica nyuma y’ingaruka z’inkubi y’umuyaga wiswe Hurricane Melissa, yasenyeye benshi bagasigara ntaho bafite ho kuba.
Ni amakuru yamenyekanye mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Werurwe 2026, mu kiganiro ‘BURAKEYE’ cya KT Radio, aho umuturage yatanze amakuru y’uburyo i Muhanga bwakeye hari inkuru y’incamugongo.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutasi ku Mari (FIC) cyasabye ibigo by’imari n’Abanyarwanda muri rusange kwitwararika ku bantu bari ku rutonde rw’ibihano mpuzamahanga, kibaburira ko gutanga amafaranga, umutungo cyangwa izindi serivisi ku bantu bafatiwe ibihano bishobora kubakururira ibihano bikomeye biteganywa n’amategeko.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha - RIB rwafunze Sebahizi Jean Chrysostome na Twagirayezu Jean Marie Vianney bakurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya umwana, gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, no gushyiraho umutwe w’abagizi ba nabi cyangwa kuwujyamo.
Ihuriro rya AFC/M23 ryatangaje ko riherutse gushyikiriza Komite Mpuzamahanga y’Umuryango Utabara Imbabare (CICR) abantu barenga 5,000 barimo ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abarwanyi ba Wazalendo bafatiwe ku rugamba.