Abaturage batuye mu Kagari ka Makurizo ho mu Mudugudu wa Nyamugari mu Murenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu, bavumbuye ibisasu byari bihishwe muri ako gace.
Mu Kagari ka Buheta mu Murenge wa Gakenke mu Karere ka Gakenke haravugwa urupfu rw’umukecuru witwa Nyirabatunzi w’imyaka 101 rwabaye mu gitondo cyo ku itariki 10 Kanama 2023, nyuma yo guterwa n’abajura mu ma saa tanu z’ijoro bakamucucura utwe.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 11 Kanama 2023 inkongi yibasiye icumbi ry’abarimu bari mu gikorwa cyo gukosora ibizamini bya Leta riherereye mu kigo cy’amashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro (TSS) riherereye mu Murenge wa Kageyo mu Karere ka Gicumbi.
Abasirikare bafashe ubutegetsi muri Niger batangaje ko badashobora kwakira intumwa za CEDEAO kubera ko batemera ibyifuzo by’izo ntumwa byo gusubiza ubutegetsi Perezida Bazoum.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, arasaba inzego zose gufatanya kugira ngo bahangane n’ikibazo cy’abatwika amashyamba kuko iki kibazo gihangayikishije.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 04 Kanama 2023, habayeho umuhango w’ihererekanyabubasha hagati y’abayobozi bashya n’abacyuye igihe b’inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri muri Mozambique mu Ntara ya Cabo Delgado.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rurasaba abandika inkuru zijyanye n’ubutabera kujya bakora ubushakshatsi aho gutwarwa n’amarangamutima. Ibi bitangajwe nyuma y’uko hari imiyoboro ya YouTube n’ibitangamakuru byanditse ko hari abaturage umunani bo mu Karere ka Ngoma bamaze amezi abiri bafunzwe na RIB imfunguzo (...)
Perezida wa Repubulika ya Mozambique, Filipe Jacinto Nyusi, yasuye inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri mu Karere ka Palma, mu Ntara ya Cabo Delgado.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rufunze abaturage batanu, barimo abagore babiri bakekwaho icyaha cyo kurwanya ububasha bw’amategeko ndetse n’icyaha cyo kwirengagiza inshingano z’umubyeyi cyangwa umwishingizi nta mpamvu.
Urwego rw’Iperereza (RIB) rwatangaje ko rwafashe Twizerimana David ufite chaines/channels za Youtube zitwa Smart Guys TV na Smart Nation TV na bagenzi be batatu bakurikiranyweho gukinisha abana filime z’urukozasoni no kuzikwirakwiza bifashishije imbuga nkoranyambaga nka YouTube.
Ku kibuga mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, ni ho aba bagize Inzego z’umutekano z’u Rwanda bahagurukiye aho umuhango wo kubasezeraho witabiriwe n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi ari kumwe n’Umuyobozi mukuru wungirije wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe ibikorwa, CP Vincent Sano.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 28 Nyakanga 2023 igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyasohoye itangazo ryamagana ibyatangajwe n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kivuga ko abasirikare b’u Rwanda binjiye ku butaka bwa Congo muri Kivu ya Ruguru.
Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, avuga ko muri iyi minsi bashyizeho gahunda yo kugenzura amarondo no kuyongerera ubumenyi mu rwego rwo kuyafasha gukora neza.
Itsinda ry’abasirikare muri Niger ryatangaje kuri Televiziyo y’Igihugu ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 26 Nyakanga 2023, ko bahiritse ubutegetsi bwa Perezida wa Niger Mohamed Bazoum. Ibyo batangaje ko bikozwe mu izina ry’Inama y’Igihugu ishinzwe kubungabunga ubusugire bw’igihugu (Conseil national pour la sauvegarde de (...)
Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Nyakanga, yakiriye mu biro bye Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda, Antoine Anfré.
Bamwe mu baturage batuye mu mirenge ihana imbibi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) batangaza ko umutekano umeze neza nubwo hamaze iminsi havugwa abarwanyi ba FDLR n’ingabo za Congo (FARDC) zegerejwe umupaka w’u Rwanda.
Maniragaba Emmanuel wo mu Kagari ka Migeshi, Umurenge wa Cyuve, ahangayikishijwe no kubura amafaranga ibihumbi 730 yari abikiye umuturanyi yaburiye mu gikorwa cyo kumutabara, basohora ibintu mu nzu yari imaze gufatwa n’inkongi.
Arikiyepisikopi wa Kiliziya Gatolika ya Diyosezi ya Pemba mu Ntara ya Cabo Delgado, Dom Antonio Juliasse Sandramo n’intumwa ayoboye, basuye icyicaro gikuru cy’inzego z’umutekano z’u Rwanda mu Karere ka Mocimboa da Praia.
Mu ijoro ryo ku wa 19 rishyira ku wa 20 Nyakanga 2023, Guverinoma y’u Rwanda yasohoye itangazo ryamagana ugushaka gushoza intamabara kw’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), zitwaje amakuru y’ibihuha atarigeze atangazwa na Leta y’u Rwanda.
Mu ishuri rikuru rya Gisirikari riherereye i Nyakinama mu Karere ka Musanze, harimo kubera imyitozo ya Gisirikari yitwa Ushirikiano Imara, ihuza ingabo zo mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Ayinkamiye Cecile wo mu Mudugudu wa Mugari, Akagari ka Rutaraka, Umurenge wa Nyagatare yafashwe na Polisi ya Nyagatare akekwaho guhohotera abana.
Inzego z’umutekano muri Uganda zikomeje guhiga abarwanyi ba ADF bavugwaho kugaba igitero ku kigo cy’amashuri yisumbuye, abantu 42 biganjemo abanyeshuri bakahasiga ubuzima, abandi batahise bamenyekana umubare bagashimutwa.
Ku wa Kane tariki 15 Kamena 2023, mu Ishuri Rikuru rya Polisi (National Police College) riherereye i Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru, hatangiye inama y’iminsi ibiri yiga ku Mahoro, Umutekano n’Ubutabera (Symposium on Peace, Security and Justice).
Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda Brig Gen Ronald Rwivanga kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Kamena 2023 yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru cyabereye ku cyicaro cya RDF avuga kuri bimwe mu byatumye abasirikare bo mu rwego rwa ofisiye 116 birukanwa ku mirimo yabo ndetse 112 muri bo amasezerano yabo araseswa.
Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Juvenal Marizamunda, yabwiye Abofisiye bakuru baturutse mu bihugu 11 byo ku mugabane wa Afurika ko bahanzwe amaso mu kubakira ku bumenyi bakesha amasomo bahawe, abasaba kurushaho gusigasira ubusugire bw’ibihugu bakomokamo.
Abakora umwuga wo gutwara abantu n’ibintu kuri moto mu Karere ka Nyagatare bafite impungenge ko ibinyabiziga byabo bishobora gutezwa cyamunara kubera kunanirwa kwishyura amadeni y’amakosa batakoze, bikekwa ko biterwa n’abahindura ibirango by’ibinyabiziga.
Umujyanama Mukuru wa Perezida wa Repubulika mu by’umutekano, General James Kabarebe, yagiriye uruzinduko rw’iminsi itatu muri Repubulika ya Santarafurika, aho yasuye Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro(MINUSCA).
Kuri uyu wa Kane tariki 08 Kamena 2023, itsinda riturutse mu Ngabo z’u Bufaransa (FAF) riyobowe na Brig Gen Fabien Kuzniak, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ubutwererane n’Amahanga, ryatangiye uruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Lt Col Simon Kabera wagizwe Umuvugizi Wungirije w’ Ingabo z’u Rwanda (RDF) kuri uyu wa Kane tariki 8 Kamena 2023, afite imyaka 50 y’amavuko, kuko yavutse mu 1973. Yavukiye muri Uganda, akomoka ku babyeyi b’Abanyarwanda bari barahungiye muri Uganda mu 1962.