Amakipe ya Police VC mu bagabo na RRA WVC mu bagore yegukanye irushanwa rya Climate Action ryateguwe n’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda rifatanyije n’Ikigo Gishinzwe Kurengera Ibidukikije ’REMA’ atsinze REG VC na Police WVC.
Amakipe ya REG VC na Police VC mu bagabo na RRA WVC na Police WVC mu bagore yageze ku mukino wa nyuma w’irushanwa rya Climate Action ryateguwe n’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda rifatanyije n’Ikigo Gishinzwe Kurengera Ibidukikije ’REMA’.
Amakipe ane ya mbere mu bagabo n’abagore mu mwaka usanzwe wa shampiyona ya Volleyball 2025-2026 agiye guhatana mu irushanwa ryateguwe n’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Kurengera Ibidukikije (REMA).
Ikipe ya APR VC yegukanye irushanwa ryo kwibuka Alphonse Rutsindura wishwe muri jenoside yakorewe abatutsi.
Mu mukino ufungura irushanwa ryo kwibuka Rutsindura Alphonse wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, usize ikipe ya Gisagara VC yitwaye neza.
Ivuye inyuma, Ikipe ya REG VC yegukanye igikombe cya shampiyona nyuma yo gutsinda Police VC naho APR WVC yo yisasira Kepler VC.
Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yakiriye anashimira amakipe yahagarariye u Rwanda muri shampiyona y’Afurika ya volleyball.
Ikipe ya APR VC y’abagore yegukanye igikombe cya shampiyona, REG VC ihagrika umuvuduko wa Police VC bituma bagomba gutegereza umukino wa kane.
Ikipe ya Al Ahly SC yo mu Misiri yegukanye igikombe cya shampiyona ya Afurika ya Volleyball iri kuba ku nshuro ya 47 i Kigali itsinze Police VC yo mu Rwanda amaseti 3-0 ku mukino wa nyuma, maze amakipe abiri muri ane yari ahagarariye u Rwanda yandika amateka yo kuza muri atatu ya mbere muri Afurika.
Kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya Police VC yageze ku mukino wa nyuma wa Shampiyona ya Afurika ya Volleyball 2026 nyuma yo gusezerera REG VC muri 1/2 iyitsinze amaseti 3-1.
Amakipe ane aturuka mu Rwanda no mu Misiri niyo azakina imikino ya 1/2 cya Shampiyona ya Afurika ya Volleyball iri kubera mu Rwanda giteganyijwe kuri uyu wa Gatanu.
Ku nshuro ya mbere mu mateka ikipe yo mu Rwanda izakina umukino wa nyuma Shampiyona ya Afurika y’amakipe yabaye aya mbere iwayo, aho ku nshuro ya 47 iri kubera mu Rwanda kuva tariki 20 Mata 2026.
Amakipe ahagarariye u Rwanda muri Shampiyona ya Afurika ya Volleyball 2026 iri kubera i Kigali arimo Police VC, REG VC na Kepler VC zageze muri 1/4 nyuma yo gutsinda imikino yazo maze mu gihe APR VC yakiriye imikino yo yasezerewe itarenze 1/8.
Imikino ya 1/8 mu irushanwa rya Shampiyona ya Afurika ya Volleyball 2026 igiye gutangira nyuma y’uko iy’amatsinda irangiye, aho amakipe 16 agiye guhatanira itike ya 1/4 cy’irangiza mu mikino iri kubera i Kigali, aho APR VC iri munzira ya Al Ahly.
Umunsi wa Gatanu wa shampiyona ya Afurika 2026 iri kubera i Kigali, wakomeje amakipe atatu muri ane ahagarariye u Rwanda akomeza kwitwara neza naho Kepler VC iratsikira.
Amakipe ane ahagarariye u Rwanda muri shampiyona ya Afurika 2026 ,iri kubera i Kigali akomeje kwitwara neza nyuma yo kubona intsinzi zikomeye, maze APR VC, Police VC na Kepler VC zuzuza amanota icyenda mu matsinda yayo.
Amakipe ya APR VC, Police VC na Kepler VC ahagarariye u Rwanda yitwaye neza mu mikino yayo ya yakabiri muri Shampiyona Nyafurika y’Abagabo muri Volleyball, (CAVB Men’s Club Championship 2026) iri kubera mu Rwanda naho REG VC itsinda umukino wa mbere.
Amakipe ya Police VC na Kepler VC yabonye intsinzi mu mukino wa mbere wa Shampiyona ya Afurika muri Volleyball iri kubera mu Rwanda, REG VC itungurana itsindwa.
Mu mukino warebwe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ikipe ya APR VC yatsinze ikipe ya Black Rhinos VC yo muri Zimbabwe amaseti 3-0 mu mukino ufungura Shampiyona ya Afurika 2026 iri kubera mu Rwanda.
Visi Perezida w’Impuzamashirahamwe y’Umukino wa Volleyball muri Afurika, Louis Rwakiranya yashimangiye ko nta mpungenge bafiteye iguhugu cy’u Rwanda zo kwakira imikino ya Shampiyona ya Africa ya Volleyball kuko hari benshi kirusha kwakira neza.
Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ryamuritse ku mugaragaro urubuga rwa murandasi ‘website’, rugamije korohereza abakunzi n’abafatanyabikorwa baryo kugera ku makuru na serivisi zirebana n’uyu mukino.
Kuva ku wa 20 Mata 2026, kugeza kuwa 3 Gicurasi 2026 igihugu cy’u Rwanda kizakira imikino ihuza amakipe y’abagabo yabaye aya mbere iwayo muri Afurika (CAVB Men’s Club Championship 2026) rigiye kuba kunshuro ya 47 mu mujyi wa Kigali.
Umufaransa Frédéric Guérin yageze i Kigali aho aje gutoza amakipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Volleyball mu bagabo n’abagore aho aje asimbuye umutoza ukomoka muri Brezili, Paulo de Tarso.
Mu gihe imikino ya kamarampaka ikomeje muri shampiyona ya volleyball mu Rwanda, amakipe ya Gisagara VC na Kepler VC yayoboye umwaka w’imikino usanzwe, yisanze yasezerewe bitunguranye.
Ikipe ya Police VC na REG VC mu bagabo na APR WVC zageze ku mukino wa nyuma uzagena uwegukana shampoyona 2025-2026 binyuze muri kamparamaka (Playoffs) nyumo yo gutsinda imikino itatu zasabwaga gutsinda Gisagara VC, Kepler VC na RRA WVC.
Mu gihe imikino ya kamarampaka (Playoffs) irimbanyije, amakipe ya Police ndetse na REG ari munzira zerekeza ku mukino wa nyuma naho Gisagara na Kepler bo nti borohewe.
Mu gihe imikino ya kamarampaka yatangiraga kuri uyu mugoroba, amakipe ya Gisagara, Kepler na RRA yahawe ubutumwa mbere yuko hakinwa umukino wa kabiri.
Binyuze mu ishyirahamwe ry’umukino wa volleyball mu Rwanda (FRVB) u Rwanda rwasinyanye amasezerano yo kwakira shampiyona y’Afurika ya volleyball mu bagabo.
Ikipe ya APR Volleyball club imaze kuba ubukombe muri shampiyona ya volleyball mu Rwanda, nti yabashije kujyera mu mikino ya kamarampaka (Playoffs) nyuma yo gusoza ku mwanya wa 5 ku rutonde rwa shampiyona isanzwe.
Amakipe ya Gisagara Academy ndetse na St Aloys y’i Rwamagana niyo yegukanye shampiyona y’abato (Rwanda national volleyball Junior League 2025-2026)