Umukino wa nyuma w’amatsinda wagombaga guhuza u Rwanda na Senegal urasubitswe mu gihe amakipe yari yamaze kugera ku kibuga.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abagore muri Volleyball, irasubira mu kibuga kuri uyu wa Kane aho ikina umukino wa nyuma w’amatsinda na Senegal
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abagore ya Volleyball itsinze Maroc amaseti 3-1 mu mukino w’umunsi wa mbere w’igikombe cya Afurika cy’abagore kiri kubera mu Rwanda
Mu mukino wa 1/4 wahuzaga u Rwanda na Maroc, urangiye u Rwanda rutsinzwe amaseti 3-0, ruhita runasezererwa.
Mu mukino usoza iy’amatsinda wabaye kuri uyu wa Gatanu, u Rwanda rutsinze Uganda amaseti atatu kuri abiri, rusoza ku mwanya wa mbere
Mu mukino wa kabiri w’igikombe cya Afurika cya Volleyball, u Rwanda rutsinze Burkina Faso mu mukino wa kabiri w’itsinda A.
Ku munsi wa mbere w’imikino y’igikombe cya Afurika muri Volleyball, ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu buryo bworoshye yatsinze u Burundi amaseti atatu ku busa
Muri tombola y’amatsinda y’igikombe cya Afurika cya Volleyball kizabera mu Rwanda, u Rwanda rwatomboye itsinda ririmo u Burundi na Uganda.
Impuzamashyirahamwe y’umukino wa Volleyball muri Afurika yashimye aho u Rwanda rugeze rwitegura igikombe cya Afurika kizabera mu Rwanda mu byumweru bibiri biri imbere.
Ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda ryatangaje ko ryamaze kwemererwa kwakira abafana mu gikombe cya Afurika kizabera mu Rwanda
Mu gihe habura iminsi 20 ngo hatangire igikombe cya Afurika cya Volleyball mu bagabo n’abagore, umutoza yamaze gusezerera bamwe mu bakinnyi mu myitozo
Irushanwa mpuzamahanga rya Volleyball ikinirwa ku mucanga ryaberega i Rubavu, risojwe amakipe yo muri Amerika ari yo yegukanye imidali ya zahabu mu bagabo n’abagore.
Kuri uyu wa Gatandatu ni bwo hakomezaga imikino ya 1/8 itari yaraye ibaye, aho ikipe imwe y’u Rwanda y’abagore yari isigayemo imaze gusezererwa
Ku munsi wa gatatu w’irushanwa mpuzamahanga rya Volleyball ikinirwa ku mucanga (Beach Volleyball) iri kubera mu Karere ka Rubavu, Abanyarwanda ntibabashije kugera mu cyiciro gikurikira.
Mu irushanwa mpuzamahanga rya Volleyball ikinirwa ku mucanga ririmo kubera i Rubavu, ikipe imwe y’u Rwanda ni yo yabashije kubona itike ya 1/8 cy’irangiza
Kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Nyakanga 2021, mu Rwanda hatangiye irushanwa mpuzamahanga rya Volleyball ikinirwa ku mucanga ‘Beach Volley World Tour/Rubavu Open 2021’, rikaba ryitabiriwe n’ibihugu 39 byo hirya no hino ku isi, harimo amakipe 35 y’abagabo na 31 mu bagore.
Mu rwego rwo kwibuka abasportifs bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, by’umwihariko abo mu mukino wa Volleyball, ikipe ya Gisagara VC na Rwanda Revenue ni zo zegukanye ibikombe.
Komite nshya y’ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball, yatangaje ko muri uyu mwaka w’imikino hongerewe umubare w’amarushanwa azakinwa ndetse n’ibihembo bizajya bitangwa
U Rwanda rugiye kwakira amarushanwa mpuzamahanga ya ‘2021 FIVB Beach Volleyball World Tour’ azatangira ku itariki ya 14 kugera tariki 18 Nyakanga 2021, akazaba ari ku rwego rwa kabiri mu marushanwa mpuzamahanga ya Volleyball World.
Ngarambe Raphaël ni we watorewe kuyobora Ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB), aho yagize amajwi 31 mu bantu 32 batoye.
Amakipe 25 arimo ay’abagabo n’ay’abagore yo mu bihugu 13 byo hirya no hino ku isi, yamaze kwiyandikisha kugira ngo azitabire irushanwa mpuzamahanga ry’umukino wa Volleyball yo ku mucanga ryiswe ‘IFVB Beach Volleyball 2-star World Tour tournament’, bikaba biteganyijwe ko rizabera i Rubavu kuva ku ya 14-18 Nyakanga 2021.
Ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda (FRVB), ryashyize hanze abakandida bemerewe kwiyamamza mu matora ahruka gusubikwa mu minsi ishize
Ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ryatangaje ko tariki ya 29 Gicurasi 2021 ari bwo hazaba amatora ya Komite Nyobozi y’iryo shyirahamwe.
Ikipe ya REG VC yasinyishije abakinnyi batatu mu rwego rwo kwitegura isubukurwa ry’imikino muri Volleyball, abo ni Iradukunda Pacific, Kwizera Eric na Tuyizere Jean Baptiste.
Ikipe ya REG VC yegukanye umwanya wa cyenda mu irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika (CAVB Men’s Club Championship), nyuma yo gutsinda APR VC amaseti atatu ku busa.
Ikipe ya REG VC yatsinzwe na Swehly yo muri Libya amaseti atatu kuri imwe mu gihe APR VC yatsinzwe na KPA yo muri Kenya amaseti atatu kuri abiri mu irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo (CAVB Men’s Club Championship) irimo kubera muri Tuniziya
Ubuyobozi bw’ikipe ya REG Volleyball Club buratangaza ko bwihaye intego yo kuza mu makipe ane ya mbere ku mugabane wa Afurika mu irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo (CAVB Men’s Club Championship 2021) izabera muri Tuniziya.
Ikipe ya REG Volleyball Club ndetse n’Ikipe ya APR Volleyball Club zigomba guhagararira u Rwanda mu mikino nyafurika y’amakipe yatwaye ibikombe iwayo (CAVB Champions league) izabera i Sousse muri Tunisia kuva tariki 16-28 Mata 2021, zigiye guhurira mu mukino wa gishuti mbere y’uko zerekeza muri icyo gihugu.
Minisiteri ya Siporo mu Rwanda yasubitse amatora ya Komite Nyobozi y’ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda yari ateganyijwe ku wa Gatandatu tariki ya 27 Werurwe 2021.
Ikipe ya REG VC ikomeje kwitegura imikino y’amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika (CAVB Men’s Club Championship) izabera mu mujyi wa Sousse muri Tunisia kuva tariki ya 16 kugeza 28 Mata 2021.