Impuguke mu bukungu zisanga nubwo mu myaka irenga 20 ishize, urwego rw’amabanki mu Rwanda rwarabaye inkingi y’ingenzi ifasha guhuza abafite amafaranga n’abakeneye gushora imari, ariko amabanki yonyine adashobora gutera inkunga icyiciro gikurikira cy’iterambere ry’Igihugu.
Ba rwiyemezamirimo b’abagore bo muri Mauritius n’abo mu Rwanda biyemeje gufatanya mu mishinga y’ubucuruzi, aho abo muri Mauritius bazashora imari mu bigo bya ba rwiyemezamirimo b’Abanyarwandakazi.
Banki y’Amajyambere y’u Rwanda (BRD PLC), yatangije ku mugaragaro gahunda yo kwegereza abaturage serivisi z’imari, zizajya zitangirwa muri za SACCO zo ku rwego rw’Akarere mu gihugu hose.
Abadepite bagize Komisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo bya Leta mu Nteko Ishinga Amategeko banenze kuba ibicuruzwa by’abacuruzi b’Abanyarwanda bakorera ku mupaka wa Cyanika bibikwa muri Uganda, mu gihe ku ruhande rw’u Rwanda hari inyubako y’ububiko itaratangira gutanga serivisi kubera kutumvikana hagati y’umushoramari (…)
Ba rwiyemezamirimo b’abagore bo mu birwa bya Mauritius bagiye kuza mu Rwanda, mu ruzinduko rw’iminsi itatu rugamije gushaka amahirwe mashya y’ubucuruzi n’ishoramari, binyuze mu Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA), bakazagirana ibiganiro n’abo mu Rwanda.
Minisitiri w’Imari n’igenamigambi, Yussuf Murangwa, yavuze ko icyuho cy’ibyoherezwa n’ibitumizwa mu mahanga cyagabanutseho 1, 9 % mu mwaka wa 2025 biva kuri Miliyari 2,4 z’Amadorali ya Amerika 2024 bigera kuri Miliyari 2,3$ z’Amadorali ya Amerika mu mwaka wa 2025.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, yatangaje ko Ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka ku kigero kiringaniye cya 6.8% muri 2026, bitewe n’ingaruka z’intambara yo mu Burasirazuba bwo hagati ku biciro by’ibicuruzwa.
Urwego rw’Igihugu rw’Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR) rwagaragaje ko ibiciro ku masoko byakomeje kuzamuka mu gihugu, aho imibare y’Igipimo cy’ihindagurika ry’ibiciro (Consumer Price Index-CPI) yo muri Mata 2026 yerekana ko abaturage bakomeje guhura n’ubuzima buhenze, bitewe n’izamuka ry’ibiciro by’ibicuruzwa na serivisi (…)
Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) cyatashye ku mugaragaro Heza Estate, umushinga munini w’imiturire uherereye i Batsinda, mu Murenge wa Kinyinya, Akarere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.
Itangazamakuru ni akazi dukora umunsi ku wundi kabyara amafaranga muri rusange, ariko jyewe ntekereza ko nta muntu ukwiye gukora akazi kamwe, kereka iyo nta yandi mahitamo afite.
Ubushomeri buracyahagaze kuri 14 ku ijana mu rubyiruko rw’u Rwanda, ariko Clenia Dusenge uzwi nka Madederi mu izina ry’ubuhanzi, yaburwanyije akigera mu mwaka wa kane w’ayisumbuye, arabutsinda.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwagaragaje ko Ishoramari ry’abanyamahanga mu Rwanda (FDI) rikomeje kwiyongera kuko ryageze kuri Miliyoni 872.9 z’Amadolari mu 2024, rivuye kuri miliyoni 716.5 mu 2023, bingana n’izamuka rya 21.8%.
Ikigo cy’Imari Umutanguha Finance Company Plc kigiye kubarura abanyamigabane bacyo barenga ibihumbi 13, kugira ngo cyubahirize amategeko n’amabwiriza ya Banki Nkuru y’Igihugu, kandi kigire imyirondoro n’amakuru yuzuye kandi aha uburenganzira busesuye abanyamigabane bose.
Intambara no gushyamirana bikomeje kwiyongera mu Burasirazuba bwo Hagati, byahungabanyije isoko ry’ingufu, none ingaruka zabyo zirimo kugera no ku bihugu biherereye kure cyane y’ako Karere.
Ikigo cy’imari cya BK Group Plc, cyatangaje ko cyabonye inyungu ya Miliyari 110 na Miliyoni 100 Frw mu 2025, avuye kuri miliyari 91 Frw yari yungutse mu mwaka wari wabanje. Ikaba yarabonye inyongera ingana ya 22.9%.
Banki ya Kigali yeretse Abakiriya bayo b’imena uburyo System ya ‘BK Open API’ izabafasha ikanaborohereza kubona serivisi mu buryo bworoshye batarinze gutegereza igihe kinini ndetse no kujyayo.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko guhera ku wa Gatandatu tariki 4 Mata 2026, saa kumi n’ebyiri za mu gitondo (6:00), ibiciro ntarengwa by’ibikomoka kuri peteroli, harimo n’umusoro ku nyongeragaciro (VAT), bivuguruwe mu buryo bukurikira: Lisansi iragura Amafaranga y’u Rwanda 2,303 kuri Litiro, naho Mazutu iragura (…)
Koperative Umwalimu SACCO ikomeje kwagura ibikorwa byayo mu gutanga serivisi hakoreshejwe ikoranabuhanga aho abanyamuryango bayo ubu bakoresha telefone zigendanwa n’ubundi buryo bakabona serivisi zitandukanye zo kubitsa, kubikuza no gufata inguzanyo, batabanje gukora ingendo bajya ku mashami y’Umwalimu SACCO.
Nta kinezeza nko gupanga umushinga wo kugura imari ishyushye nk’ubutaka, inzu, ibikoresho byo mu nzu cyangwa iby’ikoranabuhanga,cyangwa se n’amatungo yo korora, maze utiriwe uhamagara hirya no hino ugafungura telefoni yawe ifite internet, ikaguha icyo umutima wawe ushaka.
Ubuyobozi bwa Banki ya Kigali bwafunguye ku mugaragaro ishami ryayo ku mupaka wa Rusizi ya Kabiri (Rusizi II) , umupaka uhuza u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, mu Murenge wa Mururu ho mu Karere ka Rusizi.
Banki Nkuru y’Igihugu (BNR) yatangaje ko nubwo hari igitutu gituruka hanze, ubukungu bw’u Rwanda bwakomeje kwihagararaho muri 2025, aho urwego rw’inganda rwiyongereyeho 11%, serivisi ziyongeraho 8.5%, naho ubuhinzi bwiyongeraho 7.4%. Ibi byatewe n’ishoramari mu bikorwa remezo no kwiyongera kw’ibyoherezwa mu mahanga, cyane (…)
Ubuyobozi bushya bwatowe n’Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF) burasaba Leta kongera gusuzuma icyemezo cyo kwemerera ibikorwa by’ubucuruzi gukora amasaha 24 kuri 24, buvuga ko kongera amasaha y’akazi ari ingenzi mu kuzamura umusaruro, inyungu n’iterambere mu nzego zitandukanye.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyatangaje ko Umusaruro Mbumbe w’u Rwanda (GDP), wageze kuri Miliyari 23,387Frw mu 2025 uvuye kuri Miliyari 19,918 Frw wariho mu 2024.
Mu bice bimwe na bimwe by’Igihugu hari ahantu henshi usanga babuze uwiyemeza gufata ivomero cyangwa robinet ngo ajye afasha abandi kuvoma amazi meza, babibona nk’aho ari igikorwa kibatesha umwanya kikababuza kwikorera ibikorwa bibateza imbere, nyamara, burya iyo baguhaye ayo mahirwe baba banaguhaye n’inzu y’ubucuruzi (…)
U Rwanda ruri mu nzira yo gutangira gukoresha Ifaranga Koranabuhanga (e-FRW ry’u Rwanda), ababizobereyemo bakavuga ko niritangira gukoreshwa rizaba rifite agaciro gakomeye ku rwego mpuzamahanga, ku buryo ufite inzu cyangwa isambu mu Rwanda, ashobora kuzabitangaho ingwate mu mabanki yo mu mahanga agahabwa inguzanyo, mu gihe (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burasaba abikorera bo muri ako Karere, kutarebera abava ahandi bakaza kuhakorera ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro. Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, yabibasabye ubwo bari mu gikorwa cyo gutora Komite Nyobozi nshya ya PSF, yasimbuye icyuye igihe.
Mu nama y’Ikoranabuhanga mu by’Imari (Inclusive FinTech Forum) Banki ya Kigali yamuritse ku mugaragaro urubuga rwa ‘BK Open API’, rugenewe abakora porogaramu zifasha ibigo mu bijyanye n’ikoranabuhanga mu by’imari guhuza serivisi zabyo n’iz’iyi banki.
Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) Soraya Munyana Hakuziyaremye, yavuze ko hakenewe ubufatanye bwa Banki Nkuru z’ibihugu kugira ngo hareberwe hamwe imbogamizi mu nzego zitandukanye cyane cyane ibijyanye n’amategeko bishobora gutuma hari ibitagerwaho neza nk’uko bikwiye.
Ikigo cya Access to Finance Rwanda (AFR) cyatangije gahunda yiswe “Terimbere MSME Facility”, igamije guhuza abakora ubucuruzi buto n’ubuciriritse n’ubufasha bakeneye burimo kongererwa ubushobozi hagamijwe guteza imbere ubucuruzi, ndetse no kugera ku mari n’igishoro mu buryo bworoshye.