Perezida Paul Kagame atangiza inama ya cyenda Nyafurika ku ngendo zo mu kirere ‘Aviation Africa Summit and Exhibition 2025’, ibera muri Kigali Convention Center, yavuze ko hagikenewe gushora imari mu buryo bufatika mu nzego zijyanye n’iby’indege ku Mugabane wa Afurika.
Ubuyobozi bwa BK Group Plc, bwatangaje ko mu mezi atandatu ya mbere ya 2025, icyo kigo cyagize inyungu y’amafaranga y’u Rwanda miliyari 51.9, zingana n’izamuka rya 8.6% ugereranyije n’ayo cyungutse muri ayo mezi umwaka ushize.
Imurikagurisha mpuzamahanga ryabereye i Kigali muri Nyakanga na Kanama 2025 ryitabiriwe n’abantu b’ingeri zitandukanye, by’umwihariko abamurika. Hari ibyo bashima mu migendekere yaryo, ariko bagira n’ibindi basaba ko ubutaha byazanozwa.
Umuyobozi w’ishami rigenzura ubudahungabana bw’urwego rw’imari muri Banki Nkuru y’Igihugu (BNR), Ferdinand Murenzi, yavuze ko buri Munyarwanda ashobora kwinjira muri iyi Banki akabaza ikibazo afite kigendanye n’iby’imari.
Bamwe mu bahinzi n’aborozi n’abandi bafite aho bahuriye n’ibyo bikorwa, barishimira ko bimwe mu byo bafataga nk’imyanda byatangiye kubabyarira amafaranga, babikesha gahunda y’ubukungu bwisubira (Circular Food System for Rwanda).
Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), byasabwe kwihutisha kwemeza impinduka mu mabwiriza agenga Umuryango w’Ikoranabuhanga ry’Ubucuruzi (Customs Union), hagashyirwaho komite y’akarere izajya ikemura impaka mu bucuruzi no gukuraho inzitizi, zikomeje gukoma mu nkokora ubucuruzi hagati y’ibihugu binyamuryango.
NCBA Bank Rwanda yaguye serivisi zayo ku rwego rw’Igihugu, ifungura ku mugaragaro ishami rishya mu Karere ka Rubavu, yongera gushimangira umuhate wayo wo gukora ku buryo serivisi za banki zirushaho kuboneka ku buryo bworoshye, budaheza kandi buzana impinduka nziza mu gihugu hose.
Banki y’iterambere y’u Rwanda (BRD) na Banki ya Kigali (BK) zasinye amasezerano yo gutanga inguzanyo ya Miliyoni 52 z’Amadolari azakoreshwa mu mu mushinga munini wo kwagura icyanya cy’inganda cya Bugesera ‘Bugesera Special Economic Zone (BSEZ)’, iyo ikaba ari intambwe ikomeye itewe mu byerekeye impinduka mu by’inganda u (…)
Ubuyobozi bw’Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’ u Rwanda (RSE) bwatangaje ko ukwezi kwa Nyakanga kwasoje neza, kuko ibikorwa byanyuze kuri iryo soko bivuye mu nzego za Leta n’iz’abikorera byakusanyije miliyari zisaga 100 z’amafaranga y’u Rwanda.
Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko Ikigega cy’Iterambere gishinzwe guteza imbere imishinga (BDF) na Banki y’u Rwanda Itsura Amajyambere (BRD), bihuzwa hagamijwe gushyiraho urwego rukomeye ruzafasha guha agaciro abashoramari n’abacuruzi bo mu gihugu hose.
Umukozi wa Banki y’Inkuru y’u Rwanda, yasobanuye ko mu mpamvu zishobora gutuma ibigo by’imari byihuza, harimo gushaka kongera imbaraga ku isoko ry’imari, kugira ngo bashobore guhaza abakiriya, kandi bitabavunnye.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), ifite inshingano z’ibanze zo kugenzura Politi y’ifaranga, ni ukuvuga kubungabunga ifaranga ry’Igihugu, ariko kandi ikanagera ku rwego rw’imari, ni ukuvuga kugenzura imikorere y’ibigo by’imari, ibyo byose bigakorwa hagamijwe kurengera inyungu z’umuturage.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zageze ku rutonde rw’ibihugu bitanu bya mbere byoherezwamo ibicuruzwa byinshi bituruka mu Rwanda, zisimbuye u Bwongereza nk’uko bigaragazwa na raporo nshya y’ubucuruzi (the latest trade rankings).
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki 16 Nyakanga 2025, yamenyeshejwe ibyagezweho n’urwego rw’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda, rukomeje kugira uruhare rukomeye mu mpinduka mu iterambere ry’ubukungu.
Hashize imyaka icyenda (9) u Rwanda rutangiye gukoresha utudege tutagira abapilote tuzwi nka drones, mu kugeza byihuse amaraso n’inkingo ku bitaro n’ibigo nderabuzima hirya no hino mu turere, ariko zikanakoreshwa mu guteza imbere ubuhinzi, kandi umusaruro wazo mu nzego zombi ukaba ugaragara mu buryo bufatika.
Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango Habarurema Valens, arasaba abikorera gushora imari mu bwubatsi bw’inzu z’ubucuruzi mu mujyi wa Ruhango, hagamijwe gukomeza kuzamura urwego rw’ishoramari kuko izihari zidahagije.
U Rwanda rwatangiye kohereza mu mahanga ikintu gishya kitari ikawa, icyayi cyangwa se amabuye y’agaciro, ahubwo ni za ‘systems’ z’ikoranabuhanga, zoherezwa mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, kandi rurimo kwinjiza amafaranga kubera izo serivisi.
Banki ya Kigali (BK) irahamagarira Abanyarwanda baba mu mahanga gufata iya mbere bagashora imari yabo mu iterambere ry’u Rwanda, binyuze mu buryo bwizewe kandi bwunguka.
Uruganda Inyange Milk Powder Plant ruri i Nyagatare mu Ntara y’Iburasirazuba, rwatangiye kugurisha amata y’ifu ku bayakeneye mu Rwanda barimo n’inganda, bikaba bizatuma Igihugu kizigama Amadolari ya Amerika arenga Miliyoni 25 buri mwaka, yakoreshwaga mu kugura amata y’ifu aturuka hanze.
Banki ya Kigali (BK) yatangije igikorwa cyo guhura no kuganira n’abakiriya bayo banini mu rwego rwo kugira ngo bagire n’ibindi bikorwa bakorana bishobora gufasha impande zombi bitari kubitsa amafaranga no gutanga inguzanyo gusa.
Wigeze wibaza ku mutekano w’amafaranga yawe igihe banki cyangwa ikigo cy’Imari iciriritse ubitsamo amafaranga yawe bihombye? Uribaza uti ese naba mpombye burundu nta garuriro?
Muri iki gihe abatuye u Rwanda n’Isi muri rusange bahanze amaso ikoranabuhanga kuko ritanga akazi, kakihuta kandi mu buryo butavunanye, urubyiruko na rwo ntirwatanzwe ayo mahirwe, cyane ko u Rwanda rukora ibishoboka ngo buri wese ikoranabuhanga rimugereho, rukumva kuryitabira bizarufasha kwihangira imirimo rugatandukana (…)
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) irakangurira abagore kwitabira gukoresha ikoranabuhanga rya telefoni muri serivisi z’imari, kuko ari ingenzi mu kuzamura iterambere bagizemo uruhare.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) batangiye urugendo rushishikariza abikorera gushora imari mu Karere ka Rubavu gafite amahirwe menshi y’ubucuruzi n’ubukerarugendo binyuze muri Rubavu Investment Forum.
Ubwo yatangarizaga Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi, ibikorwa bya Guverinoma ku byagezweho mu rwego rwo guteza imbere imibereho myiza y’Abanyarwanda, ku wa Kane tariki 19 Kamena 2025, Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yashimye gahunda ya Leta yo guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi muri gahunda y’ubwishingizi (…)
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yavuze ko n’ubwo icyorezo cya COVID-19 cyashegeshe ubukungu bw’Isi by’umwihariko Umugabane wa Afurika, ngo nyuma y’icyo cyorezo ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku gipimo cyo hejuru kubera ingamba Leta yafashe.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yussuf Murangwa, ubwo yamurikiraga Inteko Ishinga Amategeko ingengo y’Imari y’umwaka wa 2025-2026, yavuze ko amafaranga azagenda ku mirimo yo kubaka ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali kirimo kubakwa mu Bugesera mu ngengo y’Imari ya 2025-26, angana na Miliyari 853,6Frw.
Kuri uyu wa 12 Kamena 2025 Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, irageza ku Nteko ishinga amategeko imitwe yombi, itegeko rishyiraho Ingengo y’Imari izakoreshwa umwaka wa 2025-2026.f
Abahinzi b’imboga n’imbuto biganjemo abo mu Ntara y’Amajyaruguru, bagiye kubakirwa isoko rihuriweho, bazajya bagurishirizaho umusaruro w’ibyo bihingwa, ryitezweho koroshya uruhererekane nyongeragaciro rw’imboga n’imbuto, kongera ubuziranenge no gukemura ibibazo by’igihombo baterwaga n’umusaruro wangirikaga.
Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Hakuziyaremye, aratangaza ko umutekano w’amafaranga imbere n’inyuma y’Igihugu cy’u Rwanda uhagaze neza, kubera ubwirinzi bwa BNR, n’imikoranire y’inzego ku mutekano w’amafaranga.