Mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru, ikipe y’igihugu ya Canada yasezereye Afurika y’Epfo muri 1/16 cy’Igikombe cy’Isi 2026 igera muri 1/8 iyitsinze igitego 1-0.
Amarerero ya FC Bayern AC Rwanda mu bahungu na PSG Academy mu bakobwa yegukanye ibikombe by’amarushanwa ya FIFA TDS 2026 mu batarengeje imyaka 16, umushinga ugamije guteza imbere impano nshya z’umupira w’amaguru.
Amakipe ya Kayonza Modern mu bahungu na Center for Champions mu bakobwa zegukanye irushanwa rya FIFA TDS rigamije kuzamura zitsindiye PSG Academy na Petit Séminaire Baptiste ku mukino wa nyuma.
Irushanwa ryo Kwibohora “Liberation Cup Tournament” rihuza amakipe ya gisirikare rigeze mu mikino ya ½ (Semi-finals), ahategerejwe imikino ikomeye izahuza amakipe akomeye mu byiciro bitandukanye birimo umupira w’amaguru, volleyball na basketball.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya Rayon Sports na Skol basinye amasezerano y’imikoranire mishya avuguruye nyuma y’imyaka 12 yari imaze ari umuterankunga wayo mukuru aho yageze ku gaciro ka miliyoni 185 Frw mu gihe cy’umwaka avuye kuri miliyoni zisaga 300 Frw yatangwaga.
Umutoza w’ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa (Les Bleus), Didier Deschamps, ntazatoza umukino wa nyuma wo mu itsinda mu gikombe cy’Isi, buzahuramo na Norway, nyuma yo gusubira mu Bufaransa kujya gushyingura nyina witabye Imana.
Rutahizamu ukiri muto wa Espagne, Lamine Yamal, yongeye gukurura amaso y’abakunzi b’umupira w’amaguru ubwo yaserukaga yambaye inkweto ziriho amabendera abiri mu mukino we wa mbere mu Gikombe cy’Isi akinira Espagne.
Rutahizamu wa Manchester City n’u Bubiligi ukina aca ku ruhande, Jeremy Doku, yateje impaka nyuma yo kuva mu mwiherero w’ikipe y’igihugu iri mu gihe cy’Igikombe cy’Isi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ajya kuba hafi umugore we wibarutse umwana wabo wa mbere.
Kapiteni w’ Ikipe y’Igihugu ya Argentine, Lionel Messi, yongeye kwandika amateka akomeye mu Gikombe cy’Isi nyuma yo kuzuza ibitego 18 muri iri rushanwa rikomeye ku rwego rw’Isi bituma aba uwa mbere ubikoze.
Umutoza Niyoyita Alice wari usoje amasezerano, yongereye umwaka umwe mu ikipe y’Indahangarwa WFC kuri uyu wa Mbere tariki ya 22 Kamena 2026, nyuma y’imyaka ine ayitoza.
Ku wa 21 Kamena 2026, mu karere ka Bugesera hasorejwe irushanwa ry’Umurenge Kagame Cup 2026, Umujyi wa Kigali wiharira ibikombe byinshi birimo icy’umupira w’amaguru cyatwawe na n’ikipe y’umurenge wa Masaka watsinze Nyarugenge 6-3.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports bwatangaje kuva mu mwaka w’imikino 2026-2027, izakorana na Banki ya Kigali nk’umuterankunga wayo mukuru mu gihe cy’imyaka itanu.
Ikipe ya APR FC yashimiye Niyomugabo Claude wari umaze imyaka irindwi ayikinira inyuma ku ruhande rw’ibumoso, nyuma yo kutongera amasezerano ikamusimbuza Ishimwe Christian yagaruye avuye muri Police FC yasinyishije kuri uyu wa Gatatu.
Ikipe y’igihugu ya Argentina n’u Bufaransa zatangiye Igikombe cy’Isi 2026 zitsinda Algeria na Senegal, Lionel Messi na Mbappe bakora amateka.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije rutahizamu Nizeyimana Mubarak wakiniraga Marine FC.
Umunyezamu w’Ikipe y’Igihugu ya Cape Verde, Josimar José Évora Dias uzwi cyane nka Vozinha, akomeje kuvugisha benshi nyuma yo kwitwara neza bidasanzwe yagaragaje mu mukino w’amateka wahuje ikipe ye na Espagne mu Gikombe cy’Isi 2026.
Umunya-Romania Laurențiu Reghecampf wari umaze umwaka atoza Al Hilal SC yo muri Sudani iri gukina Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda, yasubiye muri Espérance de Tunis yari yaje aturukamo.
Abakinnyi bose b’ikipe y’Igihugu ya Portugal bahawe udukomo two kwambara ku maboko twanditseho amazina ya Diogo Jota witabye Imana aguye mu mpanuka y’imodoka yabereye muri Espagne.
Umusifuzi w’Umunyasomaliya azahabwa amafaranga yose yagombaga kubona mu irushanwa ry’igikombe cy’Isi yagombaga gusifura, nyuma yo kwangirwa kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kimwe mu bihugu bitatu byakiriye iki gikombe.
Mu gihe Igikombe cy’Isi 2026 cyirimbanyije, mu bakinnyi bakitabiriye harimo 11 bahembwa amafaranga menshi kurusha abandi, haba mu mishahara bahabwa n’amakipe bakinamo ndetse no mu masezerano y’ubucuruzi n’iyamamaza bagirana n’ibigo bikomeye.
Ikipe y’igihugu y’Ubwongereza y’umupira w’amaguru The Three Lions, yahuye n’uruva gusenya nyuma y’uko ibikoresho byinshi byayo byibwe mbere y’umukino wayo wa mbere w’Igikombe cy’Isi uzayihuza na Croatia, ku wa 17 Kamena 2026.
Ikipe ya Police FC, Kiyovu Sports irifuza umutoza Hammadi watozaga w’Amagaju FC nayo yifuzaga kugumana.
Ikipe ya Mexico iri mu bihugu bitatu byakiriye Igikombe cy’Isi 2026 yafunguye iri rushanwa itsinda Afurika y’Epfo ibitego 2-0 mu mukino wo mu itsinda rya mbere wabaye ku wa 11 Kamena 2026.
Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku mugabane w’i Burayi(UEFA) yemeje ko umusifuzi Omar Artan wo muri Somalia uherutse kwangirwa kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yari gusifura Igikombe cy’Isi 2026, ariwe uzayobora umukino wa UEFA Super Cup 2026, uteganyijwe ku wa 12 Kanama i Salzburg.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, umukinnyi wo hagati Nkundimana Fabio wakiniraga Marine FC uheruka gusinyira Rayon Sports yatangajwe ku mugaragaro yiyongera kuri Nshimiyimana Emmanuel Kabange na Ganijuru Ishimwe bongereye amasezerano.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ys Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije Umunya-Chad Charles Tchouplaou wakiniraga Casric Stars yo mu cyiciro cya kabiri muri Afurika y’Epfo.
Ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 8 Kamena 2026, Uruganda rwa Skol rwari rumaze imyaka 12 ari umuterankunga mukuru wa Rayon Sports rwavuze ko iyi mikoranire yagannye ku musozo nyuma yo kurangira kw’amasezerano, bica amarenga y’imikoranire mishya iri gutegurwa.
Florentino Pérez, uherutse kongera gutorerwa kuyobora Real Madrid, kuri uyu wa Mbere yakiriye Papa Leo XIV kuri Stade ya Santiago Bernabéu, mu gikorwa cyahuje imbaga y’abakristu ba diyosezi ya Madrid, kikaba ari nacyo gikomeye mu ruzinduko rw’uyu Mushumba wa Kiliziya Gatolika muri uyu Murwa Mukuru.
Ikipe ya Police FC yatandukanye n’abakinnyi barindwi bose bari basoje amasezerano barimo Msanga Henry wifuzwa na Rayon Sports.