Umubiligi Sghir Hammadi watoje mu makipe arimo Young Africans yo muri Tanzania na Al Merrikh SC yo muri Sudani nk’umutoza wungirije yagizwe umutoza mukuru w’Amagaju FC.
Imikino y’umunsi wa 18 wa shampiyona Rayon Sports na APR FC zizakirwamo na AS Kigali na Gasogi United kuri Kigali Pele Stadium yahinduriwe amasaha kubera amatara.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Etincelles FC yatangaje ko yasezereye umutoza Masudi Djuma wari umaze amezi ane ayitoza isigaranwa na Bizimana Abdou ’Bekeni’.
Kuri uyu wa Mbere, abakinnyi ba Rayon Sports bongeye kwanga gukora imyitozo ku nshuro ya gatatu kubera kudahembwa.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Police FC yegukanye Igikombe cy’Intwari itsindiye APR FC ku mukino wa nyuma penaliti 7-6 nyuma yo kunganya 1-1 mu minota 90 isanzwe.
Mukura Victory Sports yatsinze ikipe ya Etincelles FC ibitego 1-0 mu mukino ufungura imikino yo kwishyura ya Rwanda Premier League kuri aya makipe wabereye kuri Stade Kamena mu karere ka Huye.
Ikipe ya Al Hilal yatsinze Mamelodi Sundowns ibitego 2-1 mu mukino ufungura imikino yo kwishyura ya y’amatsinda ya CAF Champignons League kuri Stade Amahoro i Remera, umukino witabiriwe n’abafana batari bacye.
Ikipe ya Kiyovu Sports yanganyije na Gorilla FC 0-0 mu mukino w’umunsi wa 18 ufungura imikino yo kwishyura ya Rwanda Premier League wabereye ku kibuga cya Kigali Pele i Nyamirambo.
Amakipe ane ya mbere ku rutonde rwa shampiyona muri volleyball agiye guhurira mu irushanwa ry’intwari.
Nyuma y’uko APR FC igurishije myugariro Niyigena Clement muri Al Hilal SC hatangiye kuvugwa ko umusimbura we yaba Ishimwe Abdoul wazamukiye mu Intare FC ukinira Mukura VS buri kipe iri kuvuga ko ari uwayo.
Amakipe y’Ikipe y’igihugu ya Misiri na Tunisia zageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika 2026 kiri kubera mu Rwanda, ikipe y’u Rwanda itsindwa na Gabon mu guhatanira imyanya.
Ikipe ya Police FC yatsinze Rayon Sports igitego 1-0, isanga ikipe ya APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Intwari.
Myugariro wa APR FC Niyigena Clement yasinyiye Al Hilal SC yo muri Sudani amasezerano y’imyaka itatu.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya APR FC yatsindiye AS Kigali ibitego 3-0 kuri Kigali Pele Stadium mu mukino w’Igikombe cy’Intwari igera ku mukino wa nyuma izahuriraho n’ikipe izakomeza hagati ya Police FC na Rayon Sports.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije myugariro Uwumukiza Obed wari umaze umwaka n’igice muri Mukura VS.
Ikipe y’Amagaju FC ibanziriza iya nyuma ku rutonde rwa shampiyona yongeye gusinyisha Destin Malanda wari umaze umwaka akinira Mukura VS.
Ikipe ya Rayon Sports irifuza abakinnyi batatu ba Mukura VS barimo myugariro w’iburyo Uwumukiza Obed, Iradukunda Elie Tatou usatira anyuze ku mpande na Joseph Sackey ukina hagati yugarira.
Ikipe ya Police FC yatije Mugisha Didier ukina asatira anyuze ku ruhande muri Rayon Sports.
Umutoza Imurora Japhet wabaye umutoza wungirije muri Musanze FC baheruka gutandukana bisabye kungwa na FERWAFA yasinyiye Amagaju FC nk’ushinzwe ubuzima bwa buri munsi bw’abakinnyi n’umutoza wungirije.
Ikipe ya Mukura VS yanganyije na Rayon Sports igitego kimwe kuri kimwe mu mukino w’umunsi wa 15 wa Rwanda Premier League wabereye Kuro Stade ya Akarere ka Muhanga.
Ikipe ya Police FC yasinyishije abakinnyi bane barimo Nshimirimana Ismael Pitchou wakiniye APR FC na Kiyovu Sports.
Kuri uyu wa Kane, Ikipe ya Gasogi United yasinyanye amasezerano afite agaciro ka miliyari 1,453,000,000 mu myaka itanu n’umufatanyabikorwa mushya Jayrutty Investment Limited yo muri Tanzania uzajya anayiha n’ibikoresho birimo imyambaro.
Ikipe ya Rayon Sports yanganyirije na Al Merrikh SC ibitego 2-2 mu mukino wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Gatatu.
Umusifuzi wo ku ruhande Jabo Aristote wanze igitego cyatsinzwe na APR FC mu mukino wa shampiyona yanganyijemo na Al Merrikh yahagaritswe imikino ine adasifura.
Ikipe ya RGP yegukanye Igikombe cya shampiyona Biyari ’Rwanda Cue Kings Championship’ yakinwaga ku nshuro ya gatatu aho yahigitse amakipe 15 yari yitabiriye arimo Drums yari imaze kuyitwara inshuro ebyiri.
Serumogo Ally wakiniraga Rayon Sports na Shaban Hussein Tshabalala wakiniraga Musanze FC berekanywe n’ikipe ya El Merriekh FC Bentiu nk’abakinnyi bayo bashya.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amagaru mu Rwanda n’Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda bamaganye abafana ba APR FC bakoze ibisa n’imyigaragambyo nyuma y’umukino banganyijemo na Al Merrikh SC 0-0 kubera kutishimira imisifurire.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko amarushanwa Umurenge Kagame Cup, azakomeza kugira uruhare mu kurwanya akarengane, umuturage agakomeza guhabwa serivisi nziza kandi imunogeye mu nzego z’ubuyobozi.
Kuri iki Cyumweru, hasojwe Igikombe cya Afurika 2025 cyaberaga muri Maroc cyegukanywe na Senegal itsindiye iki gihugu cyakiriye igitego 1-0, mu mukino wa nyuma, wagaragayemo impaka bitewe na penaliti yahawe Morocco, abakinnyi ba Senagal bakava mu kibuga umukino ugahagarara iminota 16.
Ikipe ya APR FC yanganyirije na Al Merrikh SC 0-0 mu mukino w’umunsi wa 15 wa shampiyona wabereye muri Stade Amahoro kuri iki Cyumweru, ugasozwa n’impaka zatewe n’igitego cya APR FC cyanzwe.