Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports yatsindiye Marine FC ibitego 2-1 kuri Kigali Pele Stadium mu mukino w’umunsi wa 31 wa BK Pro League ikomeza gushimangira umwanya wa kabiri.
Nyuma yo kunyagirwa n’ikipe ya Al Hilal SC ibitego 4-0, umutoza w’ikipe ya APR FC Umunya-Maroc Taleb Abderrahim yavuze ko niba ikipe yifuza gukina Champions League umwaka utaha ikeneye abakinnyi beza bo kuyikina.
Ikipe ya Al Hilal SC yo muri Sudani ikina shampiyona y’u Rwanda yatsinze APR FC ibitego 4-0 mu mukino w’umunsi wa 30 wa BK Pro League ishimangira umwanya wa yo wa mbere, APR FC itakaza umwanya wa kabiri yari imazeho igihe.
Ikipe ya PSG yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League ku nshuro ya kabiri yikurikiranya nyuma yo kunganya na Bayern Munich igitego 1-1, mu mukino wo kwishyura wa 1/2 wabereye mu Budage mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu, iyisezerera iyitsinze ibitego 6-5 mu mikino ibiri.
Umutoza wa Rayon Sports yatangaje ko bigoye kongera kubona rutahizamu Fall Ngagne akina mu mwaka w’imikino 2025-2026 nyuma y’imvune yagiriye mu mukino wa shampiyona Rayon Sports yatsinzwemo na AS Muhanga kuri uyu wa Gatatu.
Nyuma y’imyaka icumi idatsinda Rayon Sports, kuri uyu wa Gatatu ikipe ya AS Muhanga yayitsindiye igitego 1-0 kuri Stade ya Muhanga mu mukino w’umunsi wa 30 wa BK Pro League 2025-2026.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko umukino wa kabiri wahuje Arsenal na Atletico Madrid wari ukomeye, ashimira Arsenal yawutsinze ikegukana itike yo kugera ku mukino wa nyuma w’irushanwa.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Arsenal yongeye kugera kugera ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League yaherukagaho mu 2006, nyuma yo gusezerera Atletico Madrid ku giteranyo cy’ibitego 2-1 mu mikino ibiri muri 1/2
Ikipe ya Gasogi United yatsinze Gicumbi FC ibitego 3-1, mu mukino uryoheye ijisho maze Kiyovu Sports itsinda Amagaju 1-0 mu mikino y’umunsi wa 30 ya shampiyona y’ikiciro cya mbere BK Pro League yabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 5 Gicurasi 2026.
Umusifuzi wo ku ruhande Nsengiyumva Jean Paul wakubise umugeri mu bugabo myugariro wa Mukura VS, Mbonyamahoro Serieux yahagaritswe umwaka wose adasifura, Nshimiyimana Remy Victor wo hagati ahagarikwa imikino itanu.
Umurundi Girumugisha Jean Claude ukinira ikipe ya Al Hilal SC yo muri Sudani iri gukina Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda 2025-2026 nk’umushyitsi yavuze ko Dauda Yussif ukinira APR FC ari umwe mu bakinnyi beza yabonye mu Rwanda.
Kuri iki Cyumweru hakinwe imikino itatu y’umunsi wa 29 wa BK Pro League 2025-2026 Mukura VS itsindirwa mu rugo na Rutsiro FC mu mukino umusifuzi yakubisemo umukinnyi umugeri.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports yanganyirije na APR FC igitego 1-1 mu mukino w’umunsi wa 29 wa BK Pro League 2025-2026 wabereye kuri Stade Amahoro.
Nyuma y’uko kwerekeza muri Al Hilal SC kwa myugariro wa APR FC Niyigena Clement byanze muri Mutarama 2026, uyu musore yavuze ko bakimukeneye bavugana kandi ko nta biganiro byo kongera amasezerano arimo na APR FC.
Myugariro wo mutima w’u bwugarizi wa APR FC Niyigena Clement yavuze ko imvune atari yamera neza 100% ku buryo yakina umukino wa BK Pro League uzabahuza na Rayon Sports ku wa 2 Gicurasi 2026.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe Atletico Madrid yanganyirije mu rugo na Arsenal igitego 1-1 mukino ubanza wa 1/2 cy’irangiza cya UEFA Champions wabereye muri Espagne.
Kuri uyu wa Gatatu, Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abagore yatomboye ikipe y’igihugu Ethiopia mu ijonjora rya kabiri ry’imikino yo gushaka itike yo kuzakina Imikino Olempike ya 2028 izabera i Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Perezida Paul Kagame yitabiriye umukino wa 1/2 cya UEFA Champions League, ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 28 Mata 2026, kuri Stade Parc des Princes i Paris mu Bufaransa. Umukino warangiye ikipe ya Paris Saint-Germain (PSG), isanganywe ubufatanye na Visit Rwanda, yatsinze Bayern Munich ibitego 5–4.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya PSG yatsindiye iwayo Bayern Munich ibitego 5-4 mu mukino ubanza wa 1/2 cya UEFA Champions League wari uryoheye ijisho ukarangwa n’irumbuka ry’ibitego ku mpande zombi
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Rayon Sports yatsindiye Amagaju FC ibitego 2-0 kuri Stade Kamena mu mukino w’umunsi wa 28 wa BK Pro League, yongera kubona intsinzi bwa mbere nyuma y’amezi abiri ikina mu kibuga, hatabariwemo mpaga yateye Gasogi United.
Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 25 Mata 2026, abakinnyi bitabiriye irushanwa rya Cricket rya ’ICC Women’s Challenge Trophy’ ribaye bwa mbere mu mateka rikabera mu Rwanda bifatanye n’Abanyarwanda mu muganda usoza ukwezi kwa Mata 2026.
Kuri uyu wa Gatandatu, Ikipe ya Mukura VS yatangaje Jibu nk’umuterankunga wayo mushya uzajya ayifasha ibirimo guhemba umukinnyi mwiza w’ukwezi.
Ikipe ya APR FC yatsindiye Mukura VS ibitego 3-0 kuri Stade Kamena, mu mukino w’umunsi wa 28 wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda ’BK Pro League’.
Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali Dr. Diane Karusisi yavuze ku makuru amaze iminsi avugwa y’imikoranire n’ikipe ya Rayon Sports aho ateruye ngo abihakane ngo cyangwa abyemeze.
Kuri uyu wa Gatanu, Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda rwasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano y’imyaka itanu n’igice yo kwitirirwa iyi shampiyona, afite agaciro ka miliyari 3 na miliyoni 250 Frw. Kuva ubu, iyi shampiyona yafashe izina rya ’BK Pro League’.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda ryatangaje ko ryahagaritse by’agateganyo Imurora Japhet ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi mu Amagaju FC mu bikorwa byose bya ruhago kubera kubera ibyiswe imyitwarire idahwitse ifitanye isano n’amajwi yagiye hanze yumvikanamo ibisa nko kugena ibiva mu mukino banatsinzemo Musanze (…)
Ikipe ya Rayon Sports yanganyirije na Gorilla FC kuri Kigali Pele Stadium igitego 1-1 mu mukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro wabaye kuri uyu wa Gatatu.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abangavu yasezerewe na Zambia atareenze ijonjora ry’ibanze ryo gushaka itike y’lgikombe cy’lsi 2026 cy’abatarengeje imyaka 17 nyuma y’umukino wo kwishyura wabereye I Lusaka kuri uyu wa Gatatu.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya APR FC yatsindiye Etincelles FC ibitego 3-1 kuri Stade Umuganda mu mukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro 2026.
Ikipe y’Amagaju FC izakirira Rayon Sports kuri Stade Kamena mu mukino w’umunsi wa 28 wa shampiyona uteganyijwe tariki 26 Mata 2026, mu gihe yifuje kuyakirira i Kigali igasabwa kubikorera i Bugesera.