Ikipe ya Rutsiro FC yanganyije na Rayon Sports FC 0-0 mu mukino w’umunsi wa 27 wa Rwanda Premier League, wabereye kuri Stade Umuganda mu Karere ka Rubavu, kuri iki Cyumwuru.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Man City yatsinze Arsenal ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 33 wari uhanzwe amaso n’Isi kuko wari wafashwe nk’uwagena uzatwara Igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza 2025-2026.
Ikipe APR FC yatsinzwe Etincelles FC ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 27 wa Rwanda Premier League, wabereye kuri Stade Umuganda mu Karere ka Rubavu, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 18 Mata 2026.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abangavu batarengeje imyaka 17 yatsizwe n’iya Zambia ibitego 2-0 mu mukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze ryo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026 wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Gatanu, Perezida wa FERWAFA abizeza gukomeza gushyigikirwa.
Umutoza Haringingo Francis waheruka gusezera Kiyovu Sports akajya gutoza Rayon Sports ariko iyi kipe yavuyemo itabyemera kugeza ubwo yimwe uruhushya rwo gutoza, yemerewe gutoza binyuza mu biganiro byagizwemo uruhare na Perezida w’Impuzamashyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda Shema Ngoga Fabrice
Kuri uyu wa Kane, ikipe ya Rayon Sports yashyize hanze ibiciro by’umukino wa shampiyona uzayihuza na APR FC tariki 2 Gicurasi 2026 kuri Stade Amahoro.
Perezida Paul Kagame yashimiye ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza ikaba n’umufatanyabikorwa ukomeye w’u Rwanda binyuze muri gahunda ya #VisitRwanda, nyuma yo kugera muri 1/2 cy’irangiza cya UEFA Champions League ndetse ayifuriza amahirwe masa mu cyiciro gikurikira.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya Bayern Munich yageze muri 1/2 cya UEFA Champions League yasezereye Real Madrid ku giteranyo cy’ibitego 6-4, nyuma kuyitsinda 4-3 mu mkino wo kwishyura wari uryoheye ijisho, Arsenal ihagera isezereye Sporting CP banganyije 0-0 busanga 1-0 cyo mu mukino ubanza.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, amakipe ya Atletico Madrid na PSG yageze muri 1/2 cya UEFA Champions League asezereye FC Barcelona na Liverpool muri 1/4 cy’irangiza.
Kuri uyu wa Mbere tariki 6 Mata 2026, Urwego rutegura rukanagenzura Shampiyona Nyarwanda y’Icyiciro cya Mbere mu mupira w’amaguru ‘Rwanda Premier League’ rwatangaje ikirango cyarwo gishya gisimbura icyari gisanzwe.
Ikipe Al Hilal SC yanganyije na Marines FC igitego 1-1 mu mukino w’Umunsi wa 26 wa Rwanda Premier League wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Mbere tariki 6 Mata 2026.
Ikipe ya Rayon Sports WFC yegukanye igikombe cya Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu bagore,ku nshuro ya gatatu yikurikiranya n’amanota 57, irusha ikipe ya Police WFC ya kabiri amanota atatu.
Ikipe APR FC yatsinze AS Muhanga mu mukino w’umunsi wa 26 wa Rwanda Premier League wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri iki Cyumweru tariki 5 Mata 2026, maze ikomeza kotsa igitutu Al Hilal SC iyoboye urutonde rw’agateganyo.
kipe Rayon Sports yanganyije na Gicimbi FC 0-0 mu mukino w’umunsi wa 26 wa Rwanda Premier League, wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 4 Mata 2026, ikomeza kugenda biguru ntege ku gikombe cya shampiyona y’u Rwanda.
Ikipe y’igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yabonye itike y’igikombe cy’Isi 2026 nyuma yo gutsindira Jamaica igitego 1-0 ku mukino wa w’imikino ya kamarampaka Mpuzamigabane wabereye muri Mexico mu rukurera rwo kuri uyu wa Gatatu.
Ishyirahamwe ry’abahoze bakinira Ikipe y’igihugu y’Umupira w’Amaguru - Amavubi ryagaragaje imyitwarire "ritishimiye" ku bari bashinzwe umutekano kuri Sitade Amahoro, nyuma y’Umukino u Rwanda rwegukanyemo intsinzi.
Masai Ujiri, umwe mu banyabigwi mu buyobozi b’umukino wa basketball, binyuze mu kuba yarabaye Perezida w’ikipe ya Toronto Raptors yo muri Canada, yatangajwe nk’umwe mu banyamigabane b’ikipe nshya ya Toronto Tempo, igiye gukina muri shampiyona y’abagore muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (WNBA).
Umutoza Haringingo Francis yongeye kugirwa umutoza wa wa Rayon Sports yatoje hagati ya Nyakanga 2022 na Kamena 2023.
Kuri uyu wa Mbere, Amavubi yegukanye Igikombe cya FIFA Series 2026, nyuma yo gutsindira Estonia ibitego 2-0 kuri Stade Amahoro mu mukino wa nyuma w’itsinda rya mbere.
Kuva ku gicamunsi, inzira zose ziragana kuri Stade Amahoro i Remera, aho ikipe y’u Rwanda y’Umupira w’Amaguru - Amavubi icakirana n’iya Estonia ku mukino wa nyuma wa FIFA Series, uhuza amakipe aturanye ku rutonde rwa FIFA.
Kuri uyu wa Mbere, hatashywe ku mugaragaro ibikorwa byagizwemo uruhare n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) birimo Hoteli y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda yari imaze imyaka hafi 10 yubakwa, ndetse n’ibibuga by’umupira w’amaguru.
Kuri iki Cyumweru, kuri Kigali Pelé Stadium hasorejwe Imikino ya gicuti Mpuzamahanga ’FIFA Series’ mu itsinda rya kabiri aho ikipe y’igihugu ya Aruba yegukanye igikombe naho Tanzania ikegukana umwanya wa gatatu inyagiye Macau 6-0.
Ku wa Gatandatu, tariki ya 28 Werurwe 2026, hateganyijwe ibirori bikomeye by’umukino w’iteramakofe bizwi nka Kigali Fight Night, bigiye kuba ku nshuro ya kabiri bikazabera muri rond-point ya Kigali Convention Centre, ahazitibara abakinnyi baturutse hirya no hino ku mugabane wa Afurika.
Ikipe ya RSSB-Tigers ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL i Pretoria muri Afurika Yepfo, yatangiye itsinda Al Ahly yo muri Libya
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi yanyagiriye ikipe y’igihugu ya Grenada imbere ya Perezida Paul Kagame ibitego 4-0, mu mukino wo mu itsinda rya mbere wabereye kuri Stade Amahoro, mu mikino ya FIRA Series 2026, iri kubera i kigali.
Ikipe y’igihugu ya Tanzania yatunguwe na Liechtenstein itsindwa igitego 1-0, mu mukino wa kabiri mu itsinda rya Kabiri ry’imikino Mpuzamahanga ’FIFA Series 2026’, wabereye kuri Kigali Pele Stadium, kuri uyu wa Kane mu gihe Maccau yatsinzwe na Aruba ibitego 4-1.
Igihugu cy’u Rwanda kigiye kwakira imikino ya gicuti Mpuzamahanga itegurwa n’Ishyiraramwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi FIFA ’FIFA Series’, iteganyijwe kuba hagati ya tariki 26 kugeza 30 Werurwe 2026, aho ibihugu umunani bigabanyije mu matsinda abiri.
Kuri uyu wa Kabiri, Mohamed Salah yasezeye ikipe ya Liverpool azavamo mu mpera z’umwaka w’imikino 2025-2026 nyuma y’imyaka icyenda ayikinira.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yakoze imyitozo ya mbere yitegura irushanwa rito rikubiyemo imikino ya gicuti Mpuzamahanga izabera mu Rwanda hagati y’itariki 26 na 31 Werurwe 2026.
Nyuma y’uko Gasogi United yanze gukina umukino w’umunsi wa 25 wa Shampiyona yatewemo mpaga na Rayon Sports ku wa 22 Werurwe 2026, hakomeje kwibazwa impamvu yaba yarabiteye ahavugwa nyinshi zirimo no kuba yarifuzaga guhabwa amafaranga yatanzwe na Al Hilal SC kugira yemere impinduka zakozwe.