Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, yaburiye abatuye isi ko mu mezi abiri ari imbere hitezwe inkubi y’umuyanga karundura ya El Niño ishobora kuzasiga isibye byinshi ku isi.
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yavuze ko igihugu cye cyagize uruhare mu mateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, asobanura ko ukuri ku byabaye gukwiye gukomeza gushyirwa ahagaragara kugira ngo habeho ubutabera n’ubwiyunge.
Perezida Paul Kagame yavuze ko urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwatashywe i Paris ruzagira uruhare rukomeye mu kubungabunga amateka no kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira.
Perezida Paul Kagame yavuze ko n’ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yagizwemo uruhare n’abari hanze y’u Rwanda, inshingano ya mbere yo kuyisobanukirwa no kubaka igihugu kitazongera kuyisubiramo iri ku Banyarwanda ubwabo.
Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we w’u Bufaransa Emmanuel Macron ku butwari n’ubumuntu yagaragaje mu kwemera ko igihugu cye cyagize uruhare mu makosa yabaye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umudepite wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Gregory Meeks, yanenze gahunda y’ubutegetsi bwa Donald Trump yo gushyira muri Kenya ikigo cyo gushyira mu kato Abanyamerika barwaye cyangwa bakekwaho icyorezo cya Ebola.
U Rwanda rwagaragaje ko ubufatanye hagati ya Koreya y’Epfo n’Umugabane wa Afurika buhura n’icyerekezo cy’iterambere ry’umugabane, cyane cyane gahunda ya Afurika y’Icyerekezo 2063, igamije iterambere rirambye n’ubufatanye bwimbitse.
Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko uzasubiza “mu buryo bukomeye kandi bujyanye n’uburemere bw’ibitero” mu gihe haba hari ibindi bitero bishya byagabwa ku duce ugenzura mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Perezida Paul Kagame ategerejwe i Paris mu Bufaransa kuri uyu wa 2 Kamena, aho azitabira umuhango wo gufungura ku mugaragaro urwibutso rushya rwagenewe kuzirikana abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ku butumire bwa Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron.
Irani yavuze ko urujya n’uruza rw’amato mu Muyoboro wa Hormuz ruzasubira ku rwego rwariho mbere y’intambara mu minsi 30 nyuma y’amasezerano y’amahoro.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier J.P. Nduhungirehe, ari i Seoul muri Koreya y’Epfo aho yitabiriye inama ihuza ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga ba Afurika n’icyo Gihugu (Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting).
Abantu batandukanye b’imihanda yose banenze icyemezo cya Amerika, Canada na Mexico ku ngendo z’Abanyafurika bashaka kujya kureba igikombe cy’isi (World Cup 2026).
Perezida wa Repubulika Paul Kagame kuri uyu mugoroba yakiriwe mu birori by’ubusabane byateguwe na mugenzi we wa Botswana.
Ubutabera bw’u Bufaransa bwatesheje agaciro icyemezo cyo kudakurikirana kwa Agathe Habyarimana, umugore w’uwahoze ari Umukuru w’Igihugu Juvenal Habyarimana, wayoboye Leta yakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Inteko Ishinga Amategeko, umutwe wa Sena, muri Kenya, igiye kwiga ku busabe bwo kwambura Uhuru Kenyatta uburenganzira , inyungu n’ibindi bitandukanye ahabwa nk’uwahoze ari Perezida w’icyo gihugu, harimo amashilingi Miliyoni imwe n’ibihumbi magana atanu ya Kenya( Ksh 1.5M), ni ukuvuga asaga ibihumbi 11 by’Amadolari ya (…)
Muri Mali, impanga z’abana 9 bavukiye rimwe, harimo abahungu 4, Mohammed VI, Elhadji, Oumar na Bah hamwe na bashiki babo Kadidia, Fatouma, Hawa, Adama na Oumou, bafite agahigo ko kuba ari abana benshi bavukiye rimwe, bagakomeza kubaho, bafite ubuzima bwiza, ubu bakaba barimo kwitegura gutangira ishuri.
Isoko ry’agakingirizo ririmo guhura n’ingaruka zikomeye z’izamuka rikabije ry’ibiciro bya peteroli.
Muri Leta ya Louisiane ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, umugabo witwaje imbunda yishe abana umunani, barimo barindwi be bwite, anarasa abandi bantu babiri mbere y’uko nawe araswa n’abapolisi agapfa.
Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, JD Vance, yihanangirije Papa Leo XIV amusaba “kwitonda cyane” igihe atanga ibitekerezo ku bijyanye na tewolojiya, nyuma y’uko uyu mupapa anenze politiki mpuzamahanga ya Amerika, by’umwihariko ku bijyanye n’intambara.
Urukiko rwo mu Bufaransa rwasubitse icyemezo cyarwo ku kuba rwatera utwatsi cyangwa rukomeza gukurikirana dosiye ya Jenoside yakorewe Abatutsi iregwamo Agathe Kanziga, umugore wa nyakwigendera Juvénal Habyarimana wahoze ari Perezida w’u Rwanda.
Mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi cyabereye i Paris ku wa 7 Mata, u Bufaransa bwongeye gushimangira ko bwiyemeje gukomeza kubungabunga amateka, guharanira ukuri no gutanga ubutabera, ndetse bushimangira gukoresha inyito nyayo ya “Jenoside yakorewe Abatutsi”.
Ukraine yifatanyije n’u Rwanda, Abanyarwanda ndetse n’umuryango mpuzamahanga mu gihe hibukwa ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu guha icyubahiro no kunamira inzirakarengane zose zahitanywe n’ayo mahano yaranze ikiremwamuntu.
Ku wa 7 Mata 2026, Ambasade ya Repubulika y’u Rwanda mu Burusiya yibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umujyi wa Kentwood, muri Leta ya Michigan mu zigize Leta Zunze Ubumwe za Amerika, wemeje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata buri mwaka ari Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda igahitana ubuzima bw’abarenga miliyoni imwe mu minsi ijana gusa.
Bwa mbere mu mateka y’Abangilikani mu Bwongereza, hashyizweho Musenyeri w’umugore uwo akaba ari Sarah Mullally.
Joseph Kabila wabaye Perezida wa RDC kuva mu 2001 kugeza mu 2019, yavuze ko igihe kigeze buri muturage wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo aho yaba aherereye hose haba mu buhungiro cyangwa imbere mu gihugu ahaguruka akarwanya ubutegetsi bw’igitugu bwamaze kwigarurira Igihugu cyabo.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko ashobora gutera no gusenya ingomero z’amashanyarazi za Iran, mu gihe icyo gihugu cyaba kitarafungura umuhora wa Hormuz mu masaha 48, kugira ngo amato atwara ibicuruzwa yongere gutambuka nta nkomyi, kuko ubwikorezi bw’ibikomoka kuri peteroli ndetse na gaze (…)
Ku wa 17–18 Werurwe 2026, abahagarariye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC) n’u Rwanda bahuriye i Washington, D.C., muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho bemeranyije ku ngamba zifatika zigamije gukomeza ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano y’Amahoro ya Washington.
U Rwanda rwagaragaje ko amasezerano rwagiranye n’u Bwongereza ajyanye no kwakira abimukira ndetse n’abasaba ubuhungiro yari ajyanye na politiki yarwo isanzweho kandi imaze igihe kirekire yo kurengera ubuzima bw’impunzi bikajyana no kuzifasha mu mibereho n’iterambere ry’ubukungu mugihe Ubwongereza bwayafashe nk’ayo gukemura (…)
Kuri uyu wa 18 Werurwe, Minisitiri w’Ubutabera w’u Rwanda akaba n"intumwa Nkuru ya Leta, Dr Ugirashebuja Emmanuel ari kumwe n’abunganira u Rwanda mu mategeko, basobanuriye urukiko impamvu yatumye u Rwanda rurega u Bwongereza.