Inteko Ishinga Amategeko, umutwe wa Sena, muri Kenya, igiye kwiga ku busabe bwo kwambura Uhuru Kenyatta uburenganzira , inyungu n’ibindi bitandukanye ahabwa nk’uwahoze ari Perezida w’icyo gihugu, harimo amashilingi Miliyoni imwe n’ibihumbi magana atanu ya Kenya( Ksh 1.5M), ni ukuvuga asaga ibihumbi 11 by’Amadolari ya (…)
Muri Mali, impanga z’abana 9 bavukiye rimwe, harimo abahungu 4, Mohammed VI, Elhadji, Oumar na Bah hamwe na bashiki babo Kadidia, Fatouma, Hawa, Adama na Oumou, bafite agahigo ko kuba ari abana benshi bavukiye rimwe, bagakomeza kubaho, bafite ubuzima bwiza, ubu bakaba barimo kwitegura gutangira ishuri.
Isoko ry’agakingirizo ririmo guhura n’ingaruka zikomeye z’izamuka rikabije ry’ibiciro bya peteroli.
Muri Leta ya Louisiane ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, umugabo witwaje imbunda yishe abana umunani, barimo barindwi be bwite, anarasa abandi bantu babiri mbere y’uko nawe araswa n’abapolisi agapfa.
Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, JD Vance, yihanangirije Papa Leo XIV amusaba “kwitonda cyane” igihe atanga ibitekerezo ku bijyanye na tewolojiya, nyuma y’uko uyu mupapa anenze politiki mpuzamahanga ya Amerika, by’umwihariko ku bijyanye n’intambara.
Urukiko rwo mu Bufaransa rwasubitse icyemezo cyarwo ku kuba rwatera utwatsi cyangwa rukomeza gukurikirana dosiye ya Jenoside yakorewe Abatutsi iregwamo Agathe Kanziga, umugore wa nyakwigendera Juvénal Habyarimana wahoze ari Perezida w’u Rwanda.
Mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi cyabereye i Paris ku wa 7 Mata, u Bufaransa bwongeye gushimangira ko bwiyemeje gukomeza kubungabunga amateka, guharanira ukuri no gutanga ubutabera, ndetse bushimangira gukoresha inyito nyayo ya “Jenoside yakorewe Abatutsi”.
Ukraine yifatanyije n’u Rwanda, Abanyarwanda ndetse n’umuryango mpuzamahanga mu gihe hibukwa ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu guha icyubahiro no kunamira inzirakarengane zose zahitanywe n’ayo mahano yaranze ikiremwamuntu.
Ku wa 7 Mata 2026, Ambasade ya Repubulika y’u Rwanda mu Burusiya yibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umujyi wa Kentwood, muri Leta ya Michigan mu zigize Leta Zunze Ubumwe za Amerika, wemeje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata buri mwaka ari Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda igahitana ubuzima bw’abarenga miliyoni imwe mu minsi ijana gusa.
Bwa mbere mu mateka y’Abangilikani mu Bwongereza, hashyizweho Musenyeri w’umugore uwo akaba ari Sarah Mullally.
Joseph Kabila wabaye Perezida wa RDC kuva mu 2001 kugeza mu 2019, yavuze ko igihe kigeze buri muturage wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo aho yaba aherereye hose haba mu buhungiro cyangwa imbere mu gihugu ahaguruka akarwanya ubutegetsi bw’igitugu bwamaze kwigarurira Igihugu cyabo.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko ashobora gutera no gusenya ingomero z’amashanyarazi za Iran, mu gihe icyo gihugu cyaba kitarafungura umuhora wa Hormuz mu masaha 48, kugira ngo amato atwara ibicuruzwa yongere gutambuka nta nkomyi, kuko ubwikorezi bw’ibikomoka kuri peteroli ndetse na gaze (…)
Ku wa 17–18 Werurwe 2026, abahagarariye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC) n’u Rwanda bahuriye i Washington, D.C., muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho bemeranyije ku ngamba zifatika zigamije gukomeza ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano y’Amahoro ya Washington.
U Rwanda rwagaragaje ko amasezerano rwagiranye n’u Bwongereza ajyanye no kwakira abimukira ndetse n’abasaba ubuhungiro yari ajyanye na politiki yarwo isanzweho kandi imaze igihe kirekire yo kurengera ubuzima bw’impunzi bikajyana no kuzifasha mu mibereho n’iterambere ry’ubukungu mugihe Ubwongereza bwayafashe nk’ayo gukemura (…)
Kuri uyu wa 18 Werurwe, Minisitiri w’Ubutabera w’u Rwanda akaba n"intumwa Nkuru ya Leta, Dr Ugirashebuja Emmanuel ari kumwe n’abunganira u Rwanda mu mategeko, basobanuriye urukiko impamvu yatumye u Rwanda rurega u Bwongereza.
Abunganira u Rwanda mu rubanza ruregamo u Bwongereza bagereranyije imyitwarire y’u Bwongereza n’“umucuruzi, abonye ko atazabona ibyo yashakaga, agatangira gutota uwo basinyana ati ’sinya, sinya!’
General Alain-Guillaume Bunyoni wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Burundi yarekuwe, nyuma y’imyaka hafi itatu yari amaze ari muri gereza.
Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Bufaransa Emmanuel Macron baganira ku mubano mwiza kandi ubyara inyungu hagati y’ibihugu byombi.
Kuva kuri uyu wa Mbere tariki 9 kugeza ku ya 11 Werurwe 2026 mu Rwanda hateraniye Inama ya Kabiri yiga ku bucuruzi n’ubufatanye hagati yarwo n’ibihugu byo mu Majyaruguru y’u Burayi na Baltic, ihuje abagera kuri 250 baturutse mu nzego zitandukanye hagamijwe kwagura ubufatanye mu bucuruzi, ishoramari, guhanga udushya, ubuzima (…)
Polisi yo muri Amerika yataye muri yombi umugore warashe amasasu arindwi ku nzu y’Umuhanzi w’icyamamare mu njyana POP, Rihanna, iherereye ahitwa i Beverly Hills.
Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran wishwe na Leta Zunze Ubunmwe za Amerika ejo, yamaze gusimburwa.
Intambara yarose hagati ya Iran na Amerika ifatanyije n’umukunzi wayo wo mu mbere Isiraheli kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, 28 Gashyantare.
Igihugu cya Gabon kibicishije mu Rwego rukuru rwacyo rushinzwe Itumanaho (HAC), cyahagaritse ikoreshwa ry’imbuga nkoranyambaga zose ku butaka bw’iki gihugu mu gihe kitazwi.
Umwe yitaga mugenzi we mushiki we, undi na we akamwita musaza we bavukana, kandi bikaba ari ukuri, kuko bose ari abana b’u Rwanda bari mu butumwa mpuzamahanga, aho bahagarariye ibigo bikomeye ku ruhando mpuzamahanga.
Ikigo gishinzwe kugenzura Iposita n’Itumanaho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (ARPTC) cyasohoye itangazo rishinja sosiyete MTN Group gutanga mu buryo bunyuranyije n’amategeko serivisi za telefoni zigendanwa n’iya internet ku butaka bwa RDC, by’umwihariko mu bice bya Goma na Rutshuru.
Umuntu witwaje intwaro yateye ishuri riherereye mu burengerazuba bwa Canada, arasa urufaya rw’amasasu hapfa abantu icyenda (9) naho 27 barakomereka.
U Rwanda rwabwiye amahanga ko impinduka zirambye ku mugabane wa Afurika zizakomeza kugorana kugerwaho niba hatabayeho gushyira hamwer amikoro ava imbere mu bihugu no gushimangira inzego z’imiyoborere y’ibihugu.
Umukandida w’Umusosiyaliste, Antonio José Seguro w’imyaka 63, yatsinze amatora ya Perezida muri Portugal, ahigitse uwo bari bahanganye ukomeye, André Ventura.