Umugaba Mukuru Wungirije w’Ingabo za Uganda (UPDF) zirwanira ku butaka, Maj Gen Francis Takirwa, yitabye Imana.
Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yahaye umuhungu we akaba n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (UPDF), Gen. Muhoozi Kainerugaba, umudali w’ishimwe.
Umupadiri wananiye Kiliziya Gatolika akijyana mu buhungiro aho yahise yiyita umunyapolitiki, Thomas Nahimana akomeje kuba ikiganiro ku mbuga nkoranyambaga. Abo batangiranye baravuga urugendo rwe muri iyo politiki imeze nk’ikinamico, n’uburyo bagendanyemo, bameze nk’abarota.
Urukiko rw’ibanze rw’i Abidjan muri Côte d’Ivoire rwakatiye Umudepite wo muri Mali witwa Mamadou Hawa Gassama, gufungwa imyaka itatu muri gereza, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gutuka Perezida wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara.
Imibare itangazwa na Leta y’u Buhinde igaragaza ko abantu barenga ibihumbi 50 bicwa no kurumwa n’inzoka buri mwaka, bikaba bigize hafi kimwe cya kabiri c’impfu zose ziba kw’isi.
Mu Bushinwa, bamwe mu babyeyi baravugwaho gukoresha videwo zakozwe n’ubwenge bw’ubukorano (AI) zigaragaza abantu bicuza uko bitwaye mu buzima, izo videwo bazikoresha bagamije gushyira igitutu ku bana babo kugira ngo bashishikarize gushaka ingo zabo no kubyara.
Leta iyobowe n’igisirikare muri Burkina Faso, yasheshe amashyaka ya politiki yose yo muri iki gihugu, aho bivugwa ko yarengaga 100.
Mu buryo bwatunguye benshi, itorero Anglicane ryo mu Bwongereza ryabonye umuyobozi w’umugore nyuma y’imyaka 500 rimaze, akaba abaye umuyobozi wa 106, uyu akaba ari Bishop Sarah Mullally.
I Los Angeles muri Leta ya California, kuri uyu wa kabiri hatangiye urubanza rw’umukobwa w’imyaka 19 ushinja MetaAI kumena amakuru y’ibanga ahererekanya na bagenzi be, bikaba byaragize ingaruka ku buzima bwe bwo mu mutwe.
U Rwanda ruri kurega u Bwongereza rusaba indishyi zishobora kurenga miliyoni 50 z’amapawundi (£50m), nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe Sir Keir Starmer ahagaritse amasezerano y’abimukira yari yarashyizweho n’ishyaka ry’Aba-Conservateurs hagati y’u Bwongereza n’u Rwanda.
Abanyamulenge babaga mu mujyi wa Uvira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ubu bakaba barawuhunze, bahamya ko kuva mu 2017 kugeza ubu babonye amahoro ukwezi kumwe, ni ukuvuga igihe umutwe wa AFC/M23 wamaze muri uyu mujyi nyuma yo kuwufata.
Mu nama yo ku rwego rwo hejuru yabereye i Stockholm muri Suwede, ihuza Afurika n’ibihugu byo mu Majyaruguru y’Uburayi ku buzima (Africa–Nordic Health Summit), u Rwanda rwasangije amahanga ubunararibonye mu gushyiraho ingamba zigamije kuziba icyuho cy’umubare w’abaganga ukiri muto, hibandwa ku mpinduka zirambye mu rwego (…)
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) cyakiriye icyiciro cya mbere cy’impfizi 10 zo mu bwoko bwa Holstein-Friesian zizwi cyane mu gutanga amata menshi.
Mu Buyapani, kuri uyu wa 21 Mutarama, Urukiko rwakatiye umugabo w’imyaka 45 igifungo cya burundu muri gereza, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica uwahoze ari Minisitiri w’Intebe Shinzo Abe, amurashe ku manywa, igikorwa cyahungabanyije igihugu cyose .
Umuyobozi w’ihuriro AFC/M23, Corneille Nangaa, avuga ko umuryango wa Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ari wo usahura amabuye y’agaciro y’iki gihugu biciye mu masosiyete bakoresha, bikitirirwa AFC/M23 n’u Rwanda.
Ingabo z’u Rwanda zo muri Brigade ishinzwe ubwubatsi (Engineering Command) ziri muri Jamaica, ku bufatanye n’aba Enjeniyeri b’abasirikare b’iki gihugu, batangiye kubaka no gusana ibyangijwe n’inkubi y’umuyaga yiswe Hurricane Melissa, yakiyogoje mu mpera z’umwaka ushize.
Muri Chili abantu 19, bapfuye baguye mu nkongi yibasiye amashyamba kubera ibihe by’impeshyi icyo gihugu kirimo, mu gihe abandi 50.000 bahunze bakava mu byabo.
Abatuye mu mujyi wa Uvira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), baravuga ko hari abaturage batangiye ibikorwa by’ubusahuzi nyuma yaho umutwe wa AFC/M23 uviriye burundu muri uyu mujyi.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zatangiye kugurisha ku mugaragaro peteroli ya Venezuela, nyuma y’aho Perezida w’iki gihugu, Nicolás Maduro, ashimutiwe n’ingabo za Amerika, ashinjwa ibyaha byo gukorana n’abambutsa ibiyobyabwenge muri USA.
Urwego rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika rushinzwe ububanyi n’amahanga (State Department) rwatangaje ko ruhagaritse by’agateganyo gutanga viza z’abimukira ku baturage b’ibihugu 75, hagamijwe gukumira abasaba viza bashobora gufatwa nk’abazaba umutwaro ku nkunga za Leta (public charge).
Thomas Nahimana, umupadiri wo muri Diyosezi ya Cyangugu wahunze igihugu akishora muri politiki yo gusebya u Rwanda n’iy’ingengabitekerezo ya Jenoside ubu aravugwa mu mishinga y’amayobera.
Mu gihugu cya Nicaragua giherereye muri Amerika yo hagati, haravugwa abantu basaga 60 batawe muri yombi, bazira gukora imyigaragambyo yo kwishimira ifatwa rya Nicolas Maduro wari Perezida w’igihugu cya Venezuela, uherutse gutwarwa bunyago n’Ingabo zidasanzwe za Leta zunze Ubumwe za Amerika, ubu akaba afungiye muri iki gihugu (…)
Kuri uyu wa Kane tariki 8 Mutarama 2026, i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, habereye umuhango wo gushyingura mu cyubahiro imibiri y’abantu 22 bishwe n’igitero cya drone z’ingabo za Leta y’iki gihugu (FARDC), cyabaye ku itariki ya 2 Mutarama 2026 muri santere ya Masisi, muri teritwari ya Masisi.
Faustin-Archange Touadéra wari usanzwe ari Perezida wa Santrafurika, ni we watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu ku bwiganze bw’amajwi 76.15%, nk’uko byatangajwe by’agateganyo na Komisiyo ishinzwe amatora muri iki gihugu (ANE), nyuma y’ibarura ry’ibyavuye muri ayo matora.
Kuri uyu wa Mbere tariki 5 Mutarama 2026, uwari Perezida wa Venezuela Nicolas Maduro n’umugore we baherutse gufatwa n’igisirikare cya Amerika kibakuye mu rugo rwabo, bagejejwe imbere y’Urukiko rwa Manhattan i New York muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, Maduro akaba yahakanye ibyaha byose aregwa.
Ambasaderi w’u Rwanda mu Burusiya Maj. Gen. Joseph Nzabamwita yasabye abagize umuryango w’Abanyarwanda batuye muri iki Gihugu gukomeza guharanira guhesha isura nziza u Rwanda bimakaza ubumwe mu bikorwa byose bibahuza.
Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Perezida Nicolas Madulo wa Venezuela n’umugore we bafashwe bakajyanwa hanze y’igihugu cyabo, bikaba byabaye ubwo igisirikare cya Amerika cyagabaga ibitero bikomeye mu murwa mukuru wa Venezuela, Caracas mu ijoro ryakeye ry’uyu wa Gatandatatu tariki 3 (…)
Mu gihe hirya no hino ku Isi hari abakibarira amasaha ku ntoki, kugira ngo basoze umwaka wa 2025 ari nako binjira mu mushya wa 2026, hari abamaze kuwugeramo n’abandi bawumazemo amasaha menshi.
Mu mpera z’iki cyumweru turangije, ku mbuga nkoranyambaga hari higanje ubutumwa bwuzuye amarangamutima avanze n’agahinda, kubera busubiza imvugo za Gen Sylvain Ekenge, Umuvugizi w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (FARDC), zitesha agaciro Abatutsi n’Abatutsikazi by’umwihariko.