Abafite imishinga ifite udushya yifashisha ubwenge buhangano (AI) n’Ikoranabuhanga rigezweho mu guteza imbere uburezi bushingiye ku makuru (data-driven education), bashyiriweho amahirwe yo guhabwa ibihumbi 50 by’Amadolari ya Amerika (angana na miliyoni zirenga 70 z’amafaranga y’u Rwanda), bakazanafashwa mu ishyirwa mu (…)
Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, iy’Uburezi ku bufatanye n’izindi nzego zifite uburezi mu nshingano, baratangaza ko harimo gutegurwa uburyo abana bari munsi y’imyaka 16 babuzwa gukoresha imbuga nkoranyambaga, kuko zibangiririza imitekerereze.
Mu kiganiro #EdTechMondays kigamije guteza imbere ikoranabuhanga mu burezi, cyo ku wa Mbere tariki 30 Werurwe 2026, kuri KT Radio cyagarutse ku buryo bwo kongera imbaraga mu ikoranabuhanga mu mashuri yo mu cyaro binyuze mu kwagura murandasi (Internet) n’ibikorwaremezo, ku buryo byafasha kugira amahirwe angana ku myigire (…)
Abagore bari muri Siyanse, Ikoranabuhanga n’Imibare baracyari bacye ugereranyije n’abagabo, nubwo hari gahunda zitandukanye za Leta zigenda zibafasha kuzamura ubushobozi kugira ngo bashobore kuziba icyo cyuho.
Abarimo umuhanzi Bruce Melodie n’umunyamakuru Scovia Mutesi, ubwo bari mu Nama y’Umushyikirano kuri uyu munsi wayo wa kabiri, basabye ko abakoresha imbuga nkoranyambaga mu Rwanda bakoroherezwa kuzibyaza amafaranga.
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) ivuga ko yiteguye gukorana n’ibigo byigenga bigaragaza ubushake n’ubushobozi mu guhanga imirimo binyuze ku ikoranabuhanga rihuza abashaka akazi n’abakoresha.
Abajyaga basebya u Rwanda bakoresha amazina atazwi kuri X bafatiwe ingamba zizatuma bamenyekana abo ari bo n’ibihugu baherereyemo.
Minisitiri w’Ikoranabuhanga no Guhanga Udushya, Ingabire Paula ageza ibisobanuro ku nteko rusange umutwe w’Abadepite, ibisubizo mu magambo ku bibazo byagaragaye mu ikoreshwa ry’ikoranabuhanga hatangwa serivisi ku baturage, yavuze ko hakenewe iminara 2,500 yiyongera ku 1700 yari isanzwe kugira ngo Internet ibashe kugera mu (…)
Urwego rw’ubuzima n’urw’ubuhinzi ni zimwe mu zikomeye kuko zifatiye runini ikiremwamuntu, kubera ko ibiva mu buhinzi ari bimwe mu bituma umuntu arushaho kugira ubuzima bwiza, kandi igihe umuntu adafite ubuzima buzima, kiba ari igihe cyo kwitabwaho n’abaganga kuko hari ikiba kitagenda mu mubiri.
Ikaze mu kiganiro #EdTechMondays cyo muri uku kwezi kwa munani, kuri uyu wa Mbere tariki 25 Kanama 2025, kivuga ku kwagura ubufatanye bwa Leta n’abikorera mu guteza Imbere ikoranabuhanga mu burezi (Building Public-Private Partnerships for Sustainable EdTech Growth).
Kumarana igihe kinini imbere y’ibikoresho by’ikoranabuhanga nka telefone, mudasobwa ntoya (tablets), cyangwa televiziyo bishobora guteza ibibazo by’imitekerereze n’imyitwarire ku bana, kandi imwe mu ngaruka z’ibyo bibazo, ni ibituma abana barushaho gukoresha izo mashini, nk’uko ubushakashatsi bushya bubigaragaza.
Abakobwa 120 biga mu cyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye (Tronc Commun) bavuye mu bigo bitandukanye byo hirya no hino mu Rwanda barashima amahugurwa bahawe ku byerekeranye n’ikoranabuhanga rigezweho ryo gukora porogaramu za mudasobwa ndetse no gukora codes, ubumenyi ku gukora no gukoresha za robots n’ibindi.
Abagore barenga ibihumbi 16 bo mu Karere ka Ngoma barishimira ko amahugurwa bahawe na Banki Nkuru y’Igihugu (BNR), ku gukoresha serivisi z’imari hifashishijwe ikoranabuhanga rya telephone, yabafashije kugira ubumenyi ku mikorere n’imikoreshereze yayo.
Urubuga nkoranyambaga rwa YouTube rwatangaje ko rurimo kuvugurura amategeko agenga iyishyurwa ry’amavidewo ashyirwaho (monetization), mu rwego rwo gukumira akorwa hifashishijwe ubwenge bw’ubukorano (AI) n’ayibwe ahandi, bikazatangira gushyirwa mu bikorwa ku wa 15 Nyakanga 2025.
Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo itangaza ko 62% by’Abanyarwanda bakoresha Internet, gusa ngo haracyari byinshi byo gukorwa kugira ngo ikoranabuhanga rigere kuri bose, kuko hari abagihura n’imbogamizi mu kurikoresha, cyane cyane mu cyaro.
Uko iminsi ihita iterambere rigenda rirushaho kwihuta, aho ikoranabuhanga rikomeje guhinduka izingiro ry’ubuzima.
Iyo umushoramari w’Umunyarwanda atangije ubucuruzi muri iki gihe, aba azi ko isi yose imureba. Afite icyerekezo gishingiye ku muco w’u Rwanda n’umwuka w’iterambere, intambwe ikurikiraho ni ukugishyira kuri murandasi. Ariko hakunze kubaho ikibazo kimwe kigira kiti : Urubuga rwanjye rukwiye kuba he kuri murandasi?
Urubyiruko rwabonye amahirwe yo kujya ku rutonde rw’abagomba guhugurwa ku ikoranabuhanga, cyane cyane iry’ubwenge buhangano (Artificial Intelligence/AI), rurahamya ko nta shiti ubwo bumenyi buzaruhesha akazi, haba mu kwikorera cyangwa gukorera abandi.
Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, avuga ko mu mwaka wa 2023-2024, serivisi zirenga miliyoni 5 zasabwe n’abaturage ubwabo ku Irembo, ndetse abarenga ibihumbi 400 bakaba bamaze gufungura konti bwite ku Irembo.
Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, mu biganiro yagiranye n’Abadepite bari muri Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore, kuri uyu wa Kane tariki 13 Werurwe 2025, yababwiye ko u Rwanda rugiye gutangiza ikigo gitanga amasomo y’umutekano w’ikoranabuhanga cyitwa ‘Cyber Academy’.
Mu Rwanda tuzi neza aho tuvuye n’aho tugeze mu bumenyi mu ikoranabuhanga, kandi tuzi n’aho tugana, n’abagomba kutugezayo; abarimu.
Ndagijimana Emmanuel wize ikoranabuhanga mu bya mudasobwa (Networking), ahamya ko ibyo yize byatumye aba rwiyemezamirimo ndetse bikaba bimugejeje ku iterambere, ku buryo ashishikariza urubyiruko kurijyamo kuko ririmo akazi kenshi.
Ikigo cyitwa Keza Education Future Lab giherereye mu Murenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, gikomeje gufasha abana bato mu kubaha ubumenyi mu bijyanye n’ikoranabuhanga, mu rwego rwo kubategurira kuzavamo abahanga mu byerekeranye n’ikoranabuhanga.
Imishinga itandatu y’urubyiruko yiganjemo iy’ikoranabuhanga niyo yahize iyindi mu cyiciro cya gatandatu cy’irushanwa ritegurwa rikanashyirwa mu bikorwa n’Umuryango Imbuto Foundation (iAccelerator).
Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Musoni Paula, yakiriye mugenzi we wa Bangladesh ushinzwe Ikoranabuhanga n’Itumanaho, Zunaid Ahmed Palak, baganira ku byo u Rwanda rumaze kugeraho ndetse n’ibyo ibihugu byombi byakwigiranaho.
Nubwo Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo (MINICT) yari yihaye intego y’uko nibura 60% by’abaturage bazaba bamaze kubona indangamuntu z’ikoranabuhanga bitarenze 2023, ariko si ko byagenze kuko kugeza ubu zitaratangwa.
Hari ubwo akenshi usanga umuturage atunze telefone, ariko akajya gusaba serivisi zitandukanye, mu gihe iyo telefoni yakagombye kumufasha kwiha izo serivisi adatakaje umwanya.
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame tariki 16 Werurwe 2024 bitabiriye isozwa ry’icyiciro cya nyuma cy’amarushanwa mpuzamahanga ya First Lego League, agamije guteza imbere uburezi by’umwihariko amasomo ya Siyansi, Ikoranabuhanga n’Imibare hifashishijwe ikoreshwa rya Robots n’ubwenge bw’ubukorano (artificial intelligence).
EdTech Monday ni ikiganiro ngarukakwezi gikorwa ku bufatanye na Mastercard Foundation kikagaruka ku iterambere mu burezi bushingiye ku ikoranabuhanga, aho cyibanda ku nsanganyamatsiko zitandukanye, zigamije gutanga umusanzu mu burezi bw’u Rwanda kandi bufite ireme.
Ibarura ryakozwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda, rigaragaza ko Intara y’Amajyepfo ari yo ibarizwamo telefone nkeya ku kigero cya 71.9% mu gihe mu Mujyi wa Kigali abatunze telefone bangana na 92.4%.