Ebola ni indwara iterwa na virusi yo mu cyiciro cya virusi zifite imiterere imeze nk’udushumi (filament-like) kandi zishobora gutera indwara zikomeye zo kuva amaraso cyane ku bantu no ku nyamaswa (Filoviridae).
Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) yanenze Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO), irishinja gutangaza amakuru ajyanye n’icyorezo cya Ebola mu buryo ngo bushobora guteza urujijo no gukwirakwiza ubwoba mu baturage.
Inzego z’ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zivuga ko abantu bagera ku 1000 bagaragaje ibimenyetso by’indwara ya Ebola, ariko kugeza ubu abantu 105 gusa, ari bo bemejwe na Laboratwari ko bayirwaye.
Guverinoma ya Canada yatangaje ko yashyizeho ingamba zidasanzwe ku bagenzi baturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) no muri Uganda, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola.
Ubuyobozi bw’Intara ya Nord-Kivu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwatangaje ko guhera ku wa Gatandatu tariki ya 23 Gicurasi 2026, ingendo zitwara abantu hagati y’Umujyi wa Goma n’uwa Butembo zihagaritswe by’agateganyo mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola cyo mu bwoko bwa Bundibugyo.
Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yatangaje ko ibirori byo kwizihiza Umunsi w’Abahowe Imana (Martyrs’ Day) byari biteganyijwe kuba tariki 03 Kamena 2026 byasubitswe, igihe bizabera kikazatangazwa mu minsi iri imbere, bitewe n’uko iki cyorezo kizaba gihagaze.
Umuyobozi w’ishami rishinzwe kurwanya Malaria n’izindi ndwara ziterwa n’udukoko muri RBC, Dr Aimable Mbituyumuremyi, akebura abantu bajya gukora umuganda ahandi bakajya gutema ibihuru ariko basize amazi aretse mu ngo, bakayacaho batazi ko ya mibu bagiye gusanga mu bihuru mu by’ukuri ikomoka iwabo mu ngo.
Abantu baragirwa inama yo kwita ku buzima bwo mu kanwa boza mu kanwa nibura gatatu ku munsi kandi bakoresheje uburoso n’umuti wabugenewe. Mu gihe kandi abenshi usanga boza amenyo batambitse uburoso, ni byiza gukoresha uburoso mu cyerekezo gihagaze kuko iyo butambitse byangiza igice cy’inyuma cy’amenyo ndetse n’ibiryo (…)
Umuhanzi umenyerewe mu muziki Nyarwanda Jules Sentore aratangaza ko agiye gushaka ubushobozi bwo gufasha abana bafite ubumuga bwa Autisme bo mu kigo Oroshya Autisme kiri mu Karere ka Muhanga.
Abafata imiti igabanya ubukana bwa Virusi itera SIDA (HIV/VIH), basanga ikwiye gukundwa, kubahwa no gufatwa neza, kuko ari kimwe mu bibafasha kubaho neza no kumara igihe kirekire.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO), ryashimiye u Rwanda intambwe rugaragaza mu kongera ubushobozi mu gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura, gukingira no kongera ubumenyi mu baturage, risaba n’ibindi bihugu kurwigiraho mu gihe Isi yose iri mu rugendo rwo kurandura iyi ndwara, ikomeje kwibasira abagore kurusha (…)
Abitabiriye Siporo rusange (Car Free Day) yo kuri iki Cyumweru tariki 16 Ugushyingo 2025, bibukijwe kurushaho kwirinda indwara y’ibicurane yongeye kugaragara ku bantu benshi.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yibukije Abanyarwanda ko bakwiriye kwirinda cyane muri iki gihe cy’imvura, kuko indwara y’ibicurane yiyongera cyane ugereranyije n’ibindi bihe, kuko ibipimo bigaragaza ko virusi itera ibicurane yo mu bwoko bwa Influenza A, ari yo yiganje ndetse nta bundi bwoko bushya bwagaragaye mu Rwanda.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangije ikoranabuhanga rishya rya e-IDSR (Electronic Integrated Disease Surveillance and Response), rizajya rikoreshwa mu gukusanya no gukurikirana amakuru y’indwara z’ibyorezo, harimo izandura hagati y’abantu, amatungo ndetse n’inyamaswa zo mu gasozi.
Ubushakashatsi bugaragaza ko mu myaka 20 ishize gahunda ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yo kurwanya SIDA (PEPFAR), imaze kuramira ubuzima bw’abarenga Miliyoni 26.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE) yatangaje ko buri mwaka nibura abantu 2,600 bahitanwa na Sida, mu gihe abagera ku 3,200 bayandura.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) irahamagarira Abanyarwanda n’abaturarwanda muri rusange, kwirinda no kwisuzumisha indwara za Kanseri kubera ko imibare y’abarwara iy’inkondo y’umura mu Rwanda yikubye inshuro zirenga icumi mu myaka icumi ishize.
Abanyeshuri n’Abarimu bo muri Kaminuza y’u Rwanda Ishami ryigisha Ubuhinzi, ubumenyi n’ubuvuzi bw’amatungo (UR-CAVM), iherereye mu Karere ka Musanze, basanga igihe kigeze ngo abantu bitabire kwibanda ku mirire n’imyitwarire ituma bakumira indwara zitandura, zugarije abatari bacye muri iki gihe.
Inzego z’ubuzima zitandukanye zo mu bihugu by’u Buhinde, Amerika, u Bushinwa na Tanzania byamaze kwemeza ko icyorezo cya Covid-19 cyamaze kugaragara mu bihugu byabo ndetse ko hari abamaze guhitanwa nacyo.
Abaturarwanda basabwe gukomeza gukaza ingamba zo kwirinda Malaria, bitewe n’uko muri iki gihe ikomeje kwiyongera hirya no hino mu Gihugu, by’umwihariko mu mwaka wa 2024 aho imibare yakomeje kuzamuka mu Turere dutandukanye tw’Igihugu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gisagara buvuga mu rwego rwo gukaza ingamba zo kurwanya no kuvura indwara ya Malaria, abajyanama b’ubuzima bashyizwe ku isonga ndetse bitanga umusaruro, kuko bagize uruhare mu kuvura abarwayi ku kigero cya 54%.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko imiterere yako, ndetse no kuba higanje ibikorwa byinshi by’ubworozi aho usanga abaturage bafite inzuri nyinshi kandi zifite n’ibidamu bibika amazi amaramo igihe, ari zimwe mu mpamvu zituma harabaye ubwiyongere bw’indwara ya Malaria.
Umuyobozi w’agateganyo w’ishami ryo gukumira no kurinda idwara mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), Dr Patrick Migambi, avuga ko mu Rwanda hapfa umuntu umwe ku munsi, azize indwara y’igituntu.
Mu bitaro bikuru bya Ruhengeri, kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, hatangijwe ku mugaragaro ubuvuzi bw’indwara zo mu matwi, mu muhogo no mu mazuru, igikorwa cyahujwe no kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wo Kumva.
Indwara itaramenyakana imaze kwica abantu basaga 50, mu Majyaruguru y’Uburengerazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Abakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu birombe by’i Musanze, by’umwihariko umurenge wa Nkotsi, bibukijwe ko badafashe iya mbere ikibazo cya Malaria kibugarije kitacyemuka.
Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC), ushinzwe kurwanya SIDA mu rubyiruko, Dr Mugisha Hakim, avuga ko imibare y’ubwandu bushya bwa Virusi itera SIDA mu Karere ka Nyagatare ihangayikishije, kuko iri kuri 1.2%, agasaba urubyiruko kugana ibigo byabagenewe kugira ngo babone inama zibafasha kwirinda.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE), yatangije gahunda yo kurandura burundu Kanseri y’Inkondo y’Umura mu Rwanda, bitarenze umwaka wa 2027, mbereho imyaka itatu kuri gahunda y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) ryihaye.
Ikigo cy’igihugu cyita ku buzima (RBC) kivuga ko kwirinda malariya ari ibya buri wese, kuko n’abitwa abasirimu itabasiga.
U Rwanda rugiye kongerera abajyanama b’ubuzima ubushobozi bwo gufasha inzego zibishinzwe guhangana n’indwara zidakira zirimo na Kanseri.