Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Werurwe 2026, iyobowe na Perezida Paul Kagame, yemeje amateka arimo Iteka rya Minisitiri ryemeza ifungurwa ry’agateganyo ku bantu 1874 bakatiwe n’inkiko.
Ubuyobozi bwa Ambasade y’u Rwanda iherereye i Doha mu murwa mukuru wa Qatar, bwatangaje ko imirimo y’iyo Ambasade ubu irimo ikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga (Online) bitewe n’ibibazo by’umutekano biri mu gace iyo Ambasade iherereyemo.
Kera tukiri abana, twibwirwaga ko umuntu uvugira muri Radio aba arimo imbere, tukibaza ukuntu umuntu mukuru abasha gukwirwamo. Byaduteraga amatsiko nk’iyo bayifunguraga bagiye guhindura amabuye (dore ko hari izajyagamo amabuye ane cyangwa atandatu manini) twarungurukamo imbere tugasanga nta muntu urimo.
Ubuhamya n’ibiganiro bitangwa n’Urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) ku cyaha cy’icuruzwa ry’abantu no gushakira inyungu ku bandi, bigaragaza ko impamvu zikururira abantu gucuruzwa harimo kwizezwa inyungu z’amafaranga n’uburangare bw’ababyeyi ku bana babo bagiye gushaka akazi.
Isuzuma ry’imikorere y’Inama Njyanama z’Imirenge 15 igize Akarere ka Bugesera mu mwaka ushize, ryashyize Inama Njyanama y’Umurenge wa Nyamata ku mwanya wa mbere mu gukora neza, n’amanota 98% mu mirenge 15. Inama Njyanama y’Umurenge wa Ruhuha yaje ku mwanya wa kabiri n‘amanota 97%. Imirenge ya Juru na Ngeruka yaje ku mwanya (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro bwashimiye amakipe y’abagabo n’abagore mu mupira w’amaguru yabonye itike yo kuzahagararira Akarere ku rwego rw’Umujyi wa Kigali mu marushanwa azwi nka ‘Umurenge Kagame Cup 2026’.
Wari uzi ko inzuki zivoma amazi zikayatwara mu nda? Wari uzi ko uruyuki rugira amaso atanu? Wari uzi ko inzuki zishaje ari zo zikora isuku ku muzinga? Wari uzi ko inzuki zo mu mizinga itandukanye zibana ubuki? Twaganiriye na Naho Joseph, umworozi w’inzuki (umuvumvu) ubimazemo imyaka 22. Abikorera mu Murenge wa Gahengeri mu (…)
Mu gihe Isi ikomeje kugaragaza impinduka mu iterambere ry’ikoranabuhanga cyane cyane iry’ubwenge buhangano (AI), imyigire n’imyigishirize na yo birasaba ko ihuzwa n’aho Isi irimo igana. Ibi bitera bamwe impungenge ku ireme ry’uburezi haba ku barimu ndetse n’abanyeshuri bifashisha ubwenge buhangano, abandi bakagira impungenge (…)
Bimwe mu bibazo bibangamiye guteza imbere ubushakashatsi no guhanga udushya mu mashuri makuru na Kaminuza harimo kubura amafaranga yakwifashishwa muri ibyo bikorwa (financing) n’abashakashatsi badafite ubumenyi n’ubushobozi buhagije, umubare wabo na bo ukaba muto.
Iterambere ry’Igihugu ryifuzwa ntiryagerwaho ibibazo byugarije imiryango bititaweho ngo bikemurwe. Iyi ni yo mpamvu mu Murenge wa Kicukiro mu Karere ka Kicukiro bateguye ubukangurambaga buzamara ibyumweru bitatu (kuva tariki 15/02 – 08/03/2026) bujyanye no gukemura ibibazo byugarije umuryango nyarwanda, by’umwihariko (…)
Inama y’Umushyikirano yateraniye i Kigali ku nshuro ya 20 kuva tariki 05 kugeza tariki 06 Gashyantare 2026 iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yafatiwemo imyanzuro 12, harimo irebana n’ubukungu, imibereho myiza n’imiyoborere.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA) igaragaza ko mu myaka icumi ishize u Rwanda rwashyize ingufu mu gutunganya imihanda y’imigenderano yo mu cyaro, mu rwego rwo korohereza umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi kugera ku isoko.
Kompanyi yubatse urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusumo (Rusumo Power Company Limited) ruhuriweho n’ibihugu bitatu (Rwanda, Burundi na Tanzania) kuri uyu wa Gatanu yashyikirije Polisi y’u Rwanda imodoka ya Kizimyamwoto (Fire engine) iyo Kompanyi yageneye u Rwanda nk’impano. Buri gihugu muri bitatu bihuriye kuri uru rugomero, (…)
Muri iki gihe hari abarangiza kwiga amasomo y’ibyiciro bitandukanye, yaba ayisumbuye cyangwa kaminuza, ariko bagasanga bidahagije, ahubwo bakiyemeza kongeraho ubumenyi bw’umwuga runaka kugira ngo bibafashe mu kubona akazi mu buryo bwihuse cyangwa se na bo bakakihangira.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko abantu babiri bari bashikuje telefoni n’igikapu umuntu mu gitondo cyo ku itariki ya 4 Gashyantare 2026 bakinjira mu nzira y’amazi (rigole) i Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, bavuyemo.
Abakozi 13 bo mu rwego rw’ubucamanza bahaniwe ruswa mu mwaka wa 2024-2025. Mu myaka 20 ishize (kuva mu mwaka wa 2005 kugera mu mwaka ushize wa 2005) abakozi 57 barirukanywe kubera ruswa.
Abaturage barenga magana atatu bo mu Murenge wa Rubona mu Karere ka Rwamagana bakoze urugendoshuri mu bice bitandukanye bibitse amateka y’urugamba rwo kubohora Igihugu mu Karere ka Nyagatare.
Bitewe n’ inyota n’amatsiko Abanyarwanda benshi bafite yo kurushaho kumenya, gusobanurirwa, kumva no kureba amateka yaranze urugamba rwo kubohora u Rwanda, abaturage batuye mu Kagari ka Ngoma mu Murenge wa Kicukiro basuye ku Mulindi w’ Intwari nka hamwe mu hari ibirindiro bikomeye bya RPA mu gihe cy’urugamba rwo kubohora (…)
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) ivuga ko yiteguye gukorana n’ibigo byigenga bigaragaza ubushake n’ubushobozi mu guhanga imirimo binyuze ku ikoranabuhanga rihuza abashaka akazi n’abakoresha.
Ihuriro ry’imiryango y’abantu bafite ubumuga mu Rwanda (NUDOR) rivuga ko kuva mu 2013 hamaze gushingwa amatsinda yo kugurizanya no kuzigama y’abafite ubumuga arenga 2,400 bigishwa n’ibijyanye n’ishoramari mu rwego rwo kubafasha kwiteza imbere.
Ubuyobozi bw’Umuryango w’Abayislamu mu Rwanda (RMC) burizeza kwagura ubufatanye na Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Idini ya Isilamu n’ivugabutumwa mu gihugu cya Saudi Arabia. Ibi Umuyobozi w’Umuryango w’Abayislamu mu Rwanda, Sheikh Musa Sindayigaya, yabivuze ahereye ku marushanwa yo gusoma Korowani mu mutwe, RMC yateguye (…)
Umuyobozi ushinzwe Imari muri Sosiyete ya MTN Rwanda, Dunstan Ayodele Stober, yagaragaje uko iyo sosiyete y’itumanaho ihagaze mu gihembwe cya gatatu cy’umwaka wa 2025 ndetse n’ingamba bafite mu minsi iri imbere.
Muri RDC imirwano ishobora kuba igiye gufata intera yo hejuru. AFC/M23 iravuga ko ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Ukwakira 2023, yagabweho ibitero bikomeye n’ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa, FARDC n’abo bafatanya.
Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa amabwiriza yashyizweho n’urwego rw’Igihugu rushinzwe Imiyoborere (RGB), asaba ko umuntu uyobora itorero cyangwa umusigiti agomba kuba afite impamyabumenyi ya Kaminuza, Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC) wagiranye amasezerano y’ubufatanye na Kaminuza ya UTB (University of Tourism, (…)
Abakobwa babyariye iwabo, abafite ubumuga, n’abaturuka mu miryango itishoboye batari bafite icyizere cy’ahazaza habo heza, barashima amahirwe bahawe n’umushinga w’Uburezi Budaheza (Inclusive Education Project) w’umuryango witwa Young Women’s Christian Association (YWCA) ufite intego yo guhindura umuryango nyarwanda, binyuze (…)
Umuryango mpuzamahanga uteza imbere ubuhinzi witwa One Acre Fund, ku bufatanye n’inzego zitandukanye za Leta, bagiye gutera ibiti Miliyoni 30 mu Turere twose tw’u Rwanda, birimo iby’imbuto n’ibindi bivangwa n’imyaka.
Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) ruvuga ko hari abakoresha bakata amafaranga abakozi y’imisanzu y’ubwishingizi bw’indwara ndetse n’ubwiteganyirize bw’izabukuru nyamara ntibayatange muri RSSB, ahubwo bakayikoreshereza mu bindi.
Corneille Nangaa uyobora AFC/M23 mu kiganiro n’abanyamakuru, yabajijwe icyo atekereza ku bufasha Donald Trump ashobora gutanga mu gukemura ibibazo by’impande zihanganye muri RDC, maze avuga ko ashatse gukoresha ingufu ntacyo byamugezaho.
Umunyarwandakazi Jovia Mutesi uherutse gushyingiranwa n’Umwami w’Abasoga muri Uganda, William Wilberforce Gabula Nadiope IV, kuri uyu wa Mbere batangaje ko mu cyumweru gishize tariki 27 Kanama 2025, babyaye abahungu babiri b’impanga.
Perezida wa Mozambique, Daniel Chapo, yagaragaje ko hakenewe ingendo z’indege z’ako kanya zihuza ibihugu byombi zidaciye ahandi, mu rwego rwo kurushaho kwihutisha ubuhahirane hagati y’u Rwanda na Mozambique.