Uwimbabazi Jeanne, yari afite imyaka 16 mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umuryango we wari utuye mu mujyi wa Kigali, yibuka ko byose byatangiye ari mu biruhuko bya Pasika.
Nubwo icyemezo cyafashwe n’urukiko rw’ubukemurampaka ku masezerano y’abimukira hagati y’u Rwanda n’u Bwongereza cyabujije u Rwanda kubona andi mafaranga miliyoni 100 z’Amapawundi rwari rwiteze, uru rubanza rwagaragaje ikintu kitavuzwe cyane: ubushobozi n’ubushake bw’u Rwanda bwo kurengera inyungu zarwo binyuze mu nzira (…)
Ku wa 16 Gicurasi ni bwo hamenyekanye urupfu rwa Kabuga Felicien, umunyemari ushinjwa gutera inkunga Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Hari imibare iri mu raporo nshya y’Umugenzuzi Mukuru w’Imariya Leta y’u Rwanda ivuga byinshi ku cyerekezo igihugu kirimo kiganamo.
Abatangabuhamya bagaragaje ubukana bw’ingengabitekerezo ya Jenoside mu Banyarwanda bamwe na bamwe, bageze aho kubuza abana babo gukoresha impano zabo, kugira ngo zitazava aho zitanga umusanzu mu iterambere ry’urwababyaye.
Eid al-Adha cyangwa Eid y’Igitambo, ni umwe mu minsi mikuru ibiri ikomeye cyane muri Islamu, wizihizwa n’Abayisilamu ku Isi yose.
Mu 1994, agapapuro koroheje — indangamuntu y’u Rwanda — kahindutse igikoresho cy’urupfu. Ijambo rimwe gusa ryari riyanditseho, “Umututsi,” ryari rihagije kugira ngo interahamwe iri kuri bariyeri itandukanye umuntu mu bandi maze imwice.
Umunsi wa Arafat cyangwa Arafah ni umwe mu minsi y’ingenzi cyane mu idini ya Islamu, uba ari umunsi ubanziriza Eid al-Adha, ukaba wizihizwa buri ku wa 9 w’ukwezi kwa Dhul Hijjah, ukwezi kwa 12 kuri kalendari ya Hijri (kalendari y’Abayisilamu).
Iyo usubije amaso inyuma mu mateka y’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba, ukagaruka ku mubano hagati y’u Rwanda na Tanzania umaze imyaka myinshi, usanga waragiye ushingira ku bufatanye n’ubwubahane, gusangira intego yo kubaka amahoro arambye, guteza imbere ubukungu no gushyigikirana mu bihe bikomeye by’amateka byagiye (…)
Umushinjacyaha ushinzwe kurwanya Iterabwoba mu Rukiko rwa Paris mu Bufaransa, Olivier Christen yirinze kugira icyo atangaza kuri Dosiye ya Padiri Wenceslas Munyeshyaka ndetse n’umugore w’uwahoze ari Perezida w’u Rwanda Agatha Kanziga.
Perezida Kayibanda Gregoire wategetse u Rwanda muri Repubulika ya mbere, akimakaza ivanguramoko acengeza mu bantu ko Abatutsi ari abanyamahanga agamije kubangisha abandi, amateka agaragaza ko ari we ufite inkomoko mu mahanga.
Kimwe mu bintu byihariye byaranze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ni uko, kimwe n’ibyabaye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abayahudi (Holocaust), hari abagore bamwe bagaragaje ishyaka rikomeye mu gukora Jenoside n’ibindi byaha byibasiye inyokomuntu.
Ijambo ‘Ntibizongere ukundi’ rikunze kumvikana ahibukirwa Jenoside, mu mbwirwaruhame, no ku mbuga mpuzamahanga, cyane cyane muri ibi bihe byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Habyarimana Juvenal wari Perezida w’u Rwanda kugeza mu 1994, mbere y’uko ajya kuri uwo mwanya yagezeho ahiritse ubutegetsi bwa Gregoire Kayibanda, yari Minisitiri w’Ingabo na Polisi, akaba ari we wayoboye ibikorwa byo kwirukana Abatutsi mu mashuri, nubwo yaje kuzana ikinyoma avuga ko ahubwo yarwanyaga iyo politiki.
Mu 1950, ababyeyi b’I Sovu, ubu ni mu Karere ka Huye, babyaye umwana bamwita Jean Rumiya, maze bamurerera mu muco nyarwanda w’Ubupfura no kwanga ikibi, ugakurikira icyiza n’aho wasabwa kubitangira ikiguzi cy’ubuzima bwawe.
Karangwa Jean Marie Vianney, warokokeye Jenoside ku Muhima mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, avuga ko yagize ibyago bikomeye, aho umuntu wamumenye amusanze mu bitaro aho yari arwariye, yamwemereye ko yamufasha gusubira iwabo mu rugo, aho kumuha ubwo bufasha amuhururiza abamwica.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagaragaje ko u Rwanda nta kintu rushobora gukora mu byo rwasabwe byo gukuraho ingamba z’ubwirinzi, niba Perezida wa Congo Felix Tshisekedi bakomeje kumureka agakora ibyo yishakiye.
Kuba Leta y’u Rwanda itanga amahirwe angana ku mpunzi zicumbikiwe mu Rwanda n’Abanyarwanda, ni bimwe mu bibafasha gutekereza byimbitse ibyo bashobora gukora bikanatuma bisanga mu muryango Nyarwanda, kuko ntacyo baba bahejwemo.
Jean Luc Habyarimana, umuhungu w’uwahoze ari Perezida wa Repubulika Juvenal Habyarimana akomeje kwigaragaza mu bikorwa bituma yibutswa amateka ashaririye umuryango we, na Leta ya se yanyujijemo Abanyarwanda.
Ubutabera nsanasano cyangwa Plea Bargaining mu ndimi z’amahanga, ni ubukorwa hakurikijwe amasezerano y’ubwumvikane hagati y’Ubushinjacyaha n’uwakoze icyaha, cyangwa ku kwemera icyaha ku bushake ndetse n’uwagikorewe, bityo bikoroshya inzira y’ubutabera, kandi impande zombi zikabyungukiramo.
Patrick Habimana ni impunzi y’Umurundi, uri mu Rwanda guhera muri Gicurasi 2015, aho yageze nta kintu na kimwe afite, akakirwa na Leta y’u Rwanda kugeza igihe agerejwe mu nkambi ya Mahama.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Habimana Dominique, yifatanyije n’abaturage bo mu Kagari ka Nyakayenzi, mu Murenge wa Ngeruka, Akarere ka Bugesera, ahumuriza ababuze ababo bishwe n’inzoga zitujuje ubuzirange, zifatwa nk’ibiyobyabwenge.
Impunzi zicumbikiwe mu Rwanda, zishimira ko nubwo zikitwa impunzi kuko zitari mu gihugu cyabo cy’amavuko, ariko badahezwa, kuko ntaho imibereho yabo itandukanye n’iy’abenegihugu.
Inzobere mu bijyanye no gukira ibikomere Dr. Niyonzima Bosco, avuga ko kugira ubuntu bisobanuye, kubanira neza abandi, gukunda no gukundwa, gutega abandi amatwi no kuba wabitangira.
Haherutse kumvikana inkuru ivuga ko mu Karere ka Musanze habereye amabonekerwa aho umubyeyi Bikira Mariya yabonekeye abana babiri ariko nyuma Kiliziya Gatolika yitandukanya n’ibivugwa kuri ayo mabonekerwa ivuga ko yemerwa ari uko habanje gukorwa ubugenzuzi mbwimbitse kugira ngo yemezwe ko ari yo koko.
Mu myaka 25 ishize, umwangavu witwa Irere Claudette, yarangirije amashuri abanza mu mujyi wa Kigali.
Ku myaka ibarirwa muri 90, Lyonell Fliss, umwe muri bake bashoboye kurokoka Jenoside yakorewe Abayahudi hagati y’1941-1945 igahitana abarenga miliyoni eshashatu (6,000,000) yatanze ubuhamya bugaragaza ubugome bukomeye bw’abishi babo, akaba abyibuka nk’aho byabaye ejo, n’ubwo yari umwana w’imyaka itandatu.
Ubushakashatsi bushya buherutse kugaragaza ko nyuma y’ikiremwamuntu, noneho n’inyamaswa zitwa inkende zatangiye imigirire yo guhuza ibitsina bihuje imiterere, kenshi bakunze kwita ubutinganyi.
Umutwe w’Abadepite ndetse n’Umutwe wa Sena ugira icyumba cyabugenewe cyo gukoreramo inama y’Inteko rusange. Gusa icyo cyumba kukinjiramo hari amabwiriza agenga Abasenateri ndetse n’Abadepite hamwe n’abandi baba bitabiriye gukurikirana ibikorwa by’inama y’Inteko Rusange.