BK Group Plc yatangaje ko imikoranire myiza n’abakiriya babo yatumye mu mezi icyenda ya mbere y’uyu mwaka (2025) bagira urwunguko rwa miliyari 83.5 Frw zingana na 19.8% ugereranyije n’ayo mezi umwaka ushize.
Ingabo z’u Rwanda zigize Batayo ya Mbere (Rwanbatt1) ziri mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Santrafurika, bakoze ibikorwa by’umuganda bafatanyije n’abaturage bo mu Karere ka mbere (1er Arrondissement) gaherereye mu Mujyi wa Bangui, mu gikorwa cyibanze ku gusukura no gutema ibihuru biri ku mihanda.
Abanya Isiraheli basanga nta gikozwe ngo kubiba urwango n’amacakubiri bigaragara hirya no hino ku Isi bihagarare, amateka ya Jenoside bahuriyeho n’u Rwanda, ashobora kugera aho ari ho hose ku isi.
Murenzi Abdallah wigeze kuyobora Rayon Sports, yagizwe Umuyobozi wayo w’Agateganyo asimbuye Twagirayezu Thaddee wari umaze umwaka ari Perezida nyuma y’uko inzego zose bari batoranywe zisheshwe.
Ubuyobozi bw’Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga (NCPD), bugaragaza ko kuba haboneka umuntu ufite ubumuga by’umwihariko ukambakamba adafite igare, biba ari uburangare buturuka ku muntu umwe cyangwa uwundi.
Ikipe ya APR FC yatsinze bigoranye Marine FC ibitego 2-1 mu mukino w’ikirarane cyo ku munsi wa mbere wa shampiyona wakinwe kuri uyu wa Kabiri kuri Kigali Pele Stadium.
Nyuma y’uko ikipe ya AS Kigali ibonye ubuyobozi bushya ku wa 23 Ugushyingo 2025, Dr Rubagumya Emmanuel wari Perezida w’agateganyo yandikiye Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere avuga ko amatora yabaye hadakurikijwe amategeko.
Ikigo cy’ikoranabuhanga kitwa Merosix Ltd cyakoze ikoranabuhanga ryitwa Trust Me rije gutabara abacuruzi, abakozi n’abakoresha cyangwa abatanga serivise bakamburwa.
U Rwanda na Namibia byasinyanye amasezerano y’ubufatanye, arimo gukorana mu kongerera ubumenyi abakozi, imicungire y’amagororero no gusubiza mu buzima busanzwe abagororwa
Umutwe witwaje intwaro uhanganye na Leta ya Sudan, watangaje ko uhagaritse imirwano mu gihe cy’amazi atatu, kugira ngo abaturage bari mu kaga babone uko ubutabazi bubageraho.
Abakurikiranira hafi iby’uburezi bwifashisha ikoranabuhanga mu Rwanda, basanga amashuri yo mu cyaro agifite ikibazo gikomeye cy’ubuke bw’ibikoresho by’ikoranabuhanga, bikadindiza abanyeshuri bayigamo.
Nyuma yo kwemererwa gukina Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda, ikipe ya Al-Merrikh yo muri Sudani, yatangiye itsindira Kiyovu Sports kuri Kigali Pele Stadium ibitego 2-0 mu mukino wakinwe kuri uyu wa Mbere.
Itsinda ry’Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko ryatangiye kuzenguruka Akarere ka Muhanga, risura ibikorwa remezo n’imitangire ya serivisi n’uko ibibazo by’abaturage bikemuka.
Leta y’u Rwanda yakiriye abandi Banyarwanda 213 bari mu miryango 60 batahutse ku bushake bavuye hirya no hino mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), nyuma yo kumenya ukuri bakiyemeza gutaha.
Umuhanzi w’Umunya-Jamaica wamamaye mu njyana ya Reggae, Jimmy Cliff, yitabye Imana azize uburwayi, akaba yari afite imyaka 81.
Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, Rwanda Premier League yarakomeje mu mpera z’icyumweru gishize hakinwa umunsi wa munani waranzwe no kurumbuka kw’ibitego ndetse no gutsindwa kwa APR FC na Rayon Sports.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakiriye mugenzi we wa Santrafurikika, Faustin Archange Touadéra, uri mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda, bagirana ibiganiro byibanze ku bufatanye busanzweho hagati y’ibihugu byombi, ndetse n’uburyo bwo kurushaho kwagura imikoranire mu nzego zinyuranye.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi by’umwihariko abo mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro, biyemeje kubaka Igihugu bahereye ku Mudugudu kugira ngo ibikorwa by’Iterambere bigerere hose rimwe, kandi babigizemo uruhare.
Perezida wa Repubulika ya Santarafurika, Faustin-Archange Touadéra, yageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru, tariki 23 Ugushyingo 2025.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Rayon Sports yatsindiwe na AS Kigali ibitego 2-0 kuri Kigali Pelé Stadium mu mukino w’umunsi wa munani wa shampiyona, wabaye uwa kabiri wikurikiranya itsinzwe.
Minisiteri y’Umutekano w’Igihugu (MININTER) yifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Ruhango, mu muganda udasanzwe wo gutera ibiti bisaga 9,000 by’amashyamba mu Murenge wa Kinazi, bibutwa ko umutekano utareberwa gusa mu kurinda abaturage intambara, kuko ibiti na byo bigira uruhare rwabyo.
Akimpaye Felecie wo mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Gatsata mu Mujyi wa Kigali, ukora ubukorikori bujyanye no kuboha ibikoresho bitandukanye birimo uduseke, ariko ahanini bijyanye n’ubugeni burimo gutaka inzu yifashishije ibikoresho akora, avuga ko kubona abandi b’abanyamahanga bakora ibintu bimwe bimwungura ubwenge, akaba (…)
Kuri iki Cyumweru,Rindiro Jean Chrysostome yatorewe kuyobora ikipe ya AS Kigali asimbuye Shema Ngoga Fabrice wagiye kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda.
Mugabe Bonnie wari ushinzwe umutekano ku bibuga mu Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yagizwe Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA.
Urubyiruko rugize icyiciro cya kabiri cy’Itorero ry’Intore z’Imbuto Zitoshye, rwibukijwe ko ibikorwa bizima ari byo bizabagirira akamaro mu kubaka ejo heza habo.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Intara ya Cabo Delgado, Fernando Bemane de Sousa, uyu munsi yasuye Inzego z’umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro mu Karere ka Mocímboa da Praia muri Mozambique, mu rwego rwo gushimangira ubufatanye n’imikoranire n’Inzego z’umutekano z’u Rwanda.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Musanze FC yanyagiriye APR FC kuri Stade Ubworoherane ibitego 3-2 mu mukino w’umunsi wa munani wa shampiyona.
Abashakashatsi, abakora mu nzego z’ubuvuzi n’abarimu muri kaminuza zigisha ubuvuzi, bavuga ko guhangana n’icyorezo cy’udukoko tugira ubudahangarwa ku miti ari urugamba rusaba ubufatanye bw’inzego zitandukanye n’abaturage, kuko cyica bucece.
Ku wa Gatanu tariki 21 Ugushyirango 2025, abantu bitwaje intwaro bateye ishuri rya Kiliziya Katolika ryitwa St Mary’s School ry’ahitwa Papiri, muri Leta ya Niger, bashimuta abanyeshuri basaga 200.
Mu mikino ya shampiyona ya volleyball y’umunsi wa gatandatu yakomezaga kuri uyu wa gatanu, ikipe ya Gisagara VC yatsinze REG VC naho APR women volleyball club yihimura kuri Police.
Ikipe ya Al Hilal yo muri Sudani yatangiye imikino y’amatsinda CAF Champions League 2025-2026, itsindira MC Alger ibitego 2-1 kuri Stade Amahoro, mu mukino wasojwe n’imvururu nyinshi abakinnyi bashyamirana ku mpande zombi.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Ugushyingo 2025, Perezida Paul Kagame, yakiriye mu biro bye, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Guinée Conakry, Morissanda Kouyaté, wari umuzaniye ubutumwa bwa Perezida Mamadi Doumbouya.
Gura itike yo kwitabira igitaramo Kigali dutarame, wishyure ukoresheje ikarita iyo ari yo yose ya @BankofKigali maze uhabwe igabanyirizwa rya 25%🔥.
Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC), cyatangaje ko abarenga ibihumbi 17 mu Rwanda, bapfuye bazira ubudahangarwa bw’udukoko ku miti, ahanini biturutse ku ikoreshwa nabi ryayo ntibe ikibasha kubavura, nk’uko imibare ya RBC yo mu 2019 na 2021 ibigaragaza.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), kiratangaza ko hirya no hino mu Rwanda harimo guterwa ingemwe z’ikawa, muri uyu mwaka w’ingengo y’imari hakazaterwa izigera kuri Miliyoni eshatu.
Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe guteza imbere ingufu (EDCL), bwatangaje ko imirimo yo kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Nyabarongo II igeze ku kigero cya 57%.
Rwiyemezamirimo Mukayirere Adeline, wo mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Runda mu Ntara y’Amajyepfo, ku wa Gatatu tariki ya 19 Ukwakira 2025, yashyikirijwe Miliyoni 30Frw na BK Foundation ku bufatanye n’Ikigo cy’u Budage cy’Iterambere (GIZ), binyuze mu mushinga uzafasha ba rwiyemezamirimo by’umwihariko urubyiruko, kubona (…)
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, ku bw’uruzinduko yagiriye mu Rwanda ndetse n’ibiganiro byubaka bagiranye.
Ku wa Kane, tariki ya 20 Ugushyingo 2025, Komite y’Igihugu y’Imikino y’Abafite Ubumuga (NPC Rwanda) yizihije Umunsi Mpuzamahanga w’Umwana, amakipe ya Nyagatare na Huye zegukana ibikombe mu mukino wa Goalball na Boccia.
Shampiyona ya volleyball irakomeza hakinwa umunsi wa gatandatu, APR na POLICE mu cyiciro cy’abagore, REG na Gisagara mu bagabo imikino ihanzwe amaso
Ikiganiro EdTech Monday cya Mastercard Foundation cyo kuri uyu wa 24 Ugushyingo 2025, kiragaruka ku buryo u Rwanda rwakomeza kongerera Ikoranabuhanga mu mashuri yo mu cyaro, himakazwa uburezi bushingiye ku ikorabuhanga.
Ku wa Kane tariki 20 Ugushyingo 2025, u Rwanda rwakiriye abandi bantu 511 batahutse ku bushake, bari mu miryango 152, bavuye mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), bakirwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu.
Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, yavuze uburyo ibikorwa biyobowe n’Abanyafurika bishingiye ku bufatanye, ubunyamwuga no gutabara mu gihe gikwiye bitanga umusaruro ufatika, ahereye ku bufatanye bw’u Rwanda n’ibihugu bya Santrafurika na Mozambique.
Urubyiruko by’umwihariko urwo mu Karere ka Ruhango, rusanga baramutse bitabiriye ku bwinshi ubuhinzi bwa Kawa, byarushaho kubafasha mu iterambere ryabo n’iry’Igihugu muri rusange.