Gahunda ya Visit Rwanda, igamije kwamamaza ubukererugendo bw’u Rwanda yabaye umuterankunga wa LA Clippers ikina Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (NBA), na Los Angeles Rams ikina muri National Football League (NFL) mu rwego rwo kurushaho kwagura ubufatanye binyuze mu mikino itandukanye muri Amerika.
														
													
													Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi yambuye amanota atatu ikipe y’igihugu ya Afurika y’Epfo mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026 kubera gukinisha umukinnyi utabyemerewe, bisubiza ibihekane mu mibare y’itsinda ihuriyemo n’Amavubi.
														
													
													U Rwanda rushoje icyumweru cy’ibirori, iminsi umunani yuzuye abanya Kigali babyutswa no guseka ku mihanda myiza, cyangwa imbere ya za televiziyo na Radiyo, yewe n’abari mu ntara badasigaye, kubera ibyishimo batewe n’abasiganwa ku magare muri shampiyona y’isi.
														
													
													Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashimiye abagize uruhare mu migendekere myiza ya Shampiyona y’Isi y’amagare (UCI) Kigali2025, kuko yanditse amateka atazibagirana ku isi yose.
														
													
													Ikipe ya Pyramids FC yageze mu Rwanda aho ije gukina na APR FC mu mukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League.
														
													
													Mu gihe kuri iki Cyumweru hasozwaga Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 yaberaga mu Rwanda, uduce dutandukanye tw’Umujyi wa Kigali turimo Nyabugogo twarimo abantu benshi bakurikiranye uyu munsi wa nyuma.
														
													
													Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yambitse umudali wa Zahabu Umunya-Slovenia Tadej Pogačar wegukanye shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 yaberaga muri Afurika bwa mbere, ikacyirwa n’u Rwanda.
														
													
													Shampiyona y’isi y’amagare (UCI Road World championship 2025) yaberaga I Kigali mu Rwanda ku nshuro ya mbere mu mateka yiri siganwa ku mugabane w’ Afurika yashyizweho akadomo aho umunya Slovenia w’imyaka 27 Tadej Pogacar yongeye ku yegukana.
														
													
													Kuri iki Cyumweru, mu Rwanda harasozwa Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025, yahaberaga kuva tariki 21 Nzeri 2025, umunsi wa nyuma ukaba watangiriiye kuri Kigali Convention Centre hari abantu benshi ndetse ari naho hasorezwa.
														
													
													Perezida Paul Kagame yashimiwe uruhare yagize mu gutuma u Rwanda rwandika amateka mu mukino w’amagare, ahabwa igihembo n’Ishyirahamwe ry’Imikino yo gusiganwa ku magare (UCI), gihabwa abakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu mukino wo gusiganwa ku magare.
														
													
													Uyu munsi tariki ya 28 Nzeri 2025, ni umunsi w’amateka ushyira akadomo kuri Shampiyona y’Isi y’Amagare (UCI Road World Championship), irimo kubera i Kigali mu Rwanda bwa mbere mu mateka iyi shampiyona ibereye ku butaka bw’Afurika.
														
													
													Ikipe ya Rayon Sports yaserewe na Singida Black Stars muri CAF Confederation Cup 2025-2026 nyuma yo gutsindirwa muri Tanzania ibitego 2-1 kuri uyu wa Gatandatu.
														
													
													Kuri uyu wa gatanu taliki ya 26 Nzeri i Kigali hasojwe amagurwa y’abatoza ba volleyball yo ku mucanga (FIVB Beach Volleyball Coaches Course) yari amaze iminsi abera I Kigali.
														
													
													Umunya-Canada Magdeleine Vallieres yatwaye Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 iri kubera mu Rwanda, nyuma yo kwegukana isiganwa ry’umunsi umwe ringana n’ibilometero 164.4 ryakinwe kuri uyu wa Gatandatu.
														
													
													Kuri uyu wa Gatandatu wari umunsi wa karindwi wa shampiyona y’Isi y’Amagare 2025, aho hakinwe isiganwa ry’umunsi umwe mu bangavu ndetse no mu bagore.
														
													
													Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yagaragarije Inteko Rusange ya 80 y’Umuryango w’Abibumbye (UN), ko u Rwanda ruhangayikishijwe n’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibyaha biyishamikiyeho bigaragara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Imiryango (…)
														
													
													Abakobwa b’Ikipe y’Igihugu ya Espagne bitabiriye Shampiyona y’Isi ry’Amagare 2025 i Kigali, ibyishimo byabarenze bararira, nyuma y’intsinzi ya mugenzi wabo Paula Ostiz, wabaye uwa mbere mu batarengeje imyaka 19, ku ntera y’ibilometero 74, yegukana umudali wa zahabu.
														
													
													Umunya esipanyekazi w’imyaka 18 Paula Ostiz niwe wegukanye umudali wa zahabu muri Shampiyona y’Isi y’Amagare mu cyiciro cy’abangavu basiganwa mu muhanda (Road Race).
														
													
													Ikaze ku munsi wa 7 wa shampiyona y’isi y’amagare UCI Road world championship aho uyu munsi hateganyijwe amasiganwa 2, Abangavu (Junior) ndetse n’abagore bakuru (Elite) aho basiganwa mu muhanda (Road Race)
														
													
													U Rwanda rwatangaje ko rufite gahunda yo gushinga ishuri ku rwego rw’akarere ruherereyemo ryigisha kubungabunga ibidukikije, rikazubakwa ku buso bwa hegitari umunani hafi ya Pariki y’Igihugu y’Akagera.
														
													
													Bimaze kumenyerwa ko buri wa mbere wa nyuma w’ukwezi saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, mukurikira ikiganiro EdTech Monday cya Master Card Foundation kuri KT Radio, icyo kuri uyu wa 29 Nzeri 2025, kiragaruka ku ifatwa ry’ibyemezo bishingiye ku makuru mu rwego rw’uburezi mu Rwanda (Data-Driven Decision Making in Rwanda’s (…)
														
													
													Iryo genzura ryakozwe muri Mata 2025, mu Turere dutatu tugize Umujyi wa Kigali ku mpushya zo kubaka zatanzwe kuva muri Nyakanga 2021 kugeza mu Ukuboza 2024 ryasanze umujyi wa Kigali utarabashije gushyira mu bikorwa ibishushanyo mbonera byimbitse ubazwa impamvu bitakozwe kandi byari byataeguwe.
														
													
													Umutaliyani Lorenzo Finn yegukanye shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 iri kubera mu Rwanda, mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 23 mu bagabo, nyuma kwegukana isiganwa ry’umunsi umwe ryakinwe kuri uyu wa Gatanu.
														
													
													Umwongereza w’imyaka 18 Huson Harry niwe wegukanye Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 mu isiganwa ry’umunsi umwe (Road Race) mu cyiciro cy’ingimbi akoresheje amasaha 2:55:19.
														
													
													Uyu ni umunsi wa kabiri wo gusiganwa mu muhanda (Road Race) muri shampiyona y’Isi yo gusiganwa ku magare (UCI Road World Championships) ikomeje kubera i kigali mu Rwanda ku nshuro ya mbere ku mugabane w’Afurika.
														
													
													Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacqueline asaba abahinzi kwitabira kwiyandikisha muri gahunda ya Leta ya nkunganire, kugira ngo boroherwe no kubona imbuto nziza n’ifumbire, bityo bazabone umusaruro mwinshi.
														
													
													Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yagaragaje ko bimwe mu bishobora gutuma adasinzira neza akaba yanakwicura nijoro harimo no gutekereza uko haboneka ibisubizo ku ibibazo byugarije Abanyarwanda.
														
													
													Perezida Paul Kagame yagaragaje ko abantu bakwiye kwigira ku bihe byiza n’ibibi ntibabipfushe ubusa, ahubwo bakabikuramo amasomo kuko haba harimo menshi.
														
													
													Umunyemari Davite Giancarlo ufite Farumasi izwi cyane Kipharma ndetse n’iduka ry’ibikoresho n’imiti y’ubuhinzi Agrotech yabonye ubwenegihugu bw’u Rwanda nk’uko bigaragazwa n’urutonde rwasohotse mu igazeti ya Leta yo kuwa 23 Nzeri.
														
													
													Umufaransakazi w’imyaka 19 niwe wegukanye umudali wa zahabu muri shampiyona y’isi mu gusiganwa mu muhanda (UCI Road Race) akoreshe amasaha 3:24:26 ku ntera y’ibirometero 119 na metero Magana atatu.
														
													
													Kuri uyu wa Kane, hakinwe isiganwa rya mbere ry’umunsi umwe muri shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 iri ku munsi wa gatanu mu Rwanda aho habanje guhatana abagore batarengeje imyaka 23.
														
													
													Perezida Paul Kagame yabwiye abanyeshuri batangiye kwiga ibijyanye n’imiyoborere kwitegura kujya kuyobora kuko ari abo Afurika ikeneye.
														
													
													Kuri uyu wa Kane, Perezida Kagame yashimiye ubuyobozi b’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Umukino w’Amagare ku Isi kuba bwarazanye shampiyona y’isi mu Rwanda anashimangira ko siporo ikwiriye kubonwa nk’inzira y’iterambere n’amahirwe.
														
													
													Umufaransa David Lappartient uyobora ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku magare ku isi, yashimiye cyane Perezida Paul Kagame n’u Rwanda ku ruhare bagize mu kuzana shampiyona y’isi y’amagare UCI Road World championships muri Afurika by’umwihariko i Kigali ku nshuro ya mbere mu mateka.
														
													
													Uwahoze ari Perezida wa Malawi, Peter Mutharika, yatangajwe ko ari we watsinze amatora yabaye mu cyumweru gishize, biba intsinzi ikomeye kuri uyu mukambwe w’imyaka 85.
														
													
													Ikipe y’Igihugu ya Australia yegukanye Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 mu cyiciro cy’amakipe aho abagore baba bavanze n’abagabo, nyuma yo gukoresha iminota 54 n’amasegonda 30, mu ntera y’ibilometero 41.8 yakinwe kuri uyu wa Gatatu.
														
													
													Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) cyatangaje ko kigiye gutangiza umushinga w’ikoranabuhanga mu bworozi uzatuma inka y’ishashi ishobora kubyara izindi 16 ku mwaka binyuze mu kororokera mu zindi nka zizaba zatewe izo ntanga.
														
													
													Ku munsi wa kane wa shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 iri kubera mu Rwanda, kuri uyu wa Gatatu hahatanye amakipe y’ibihugu asiganwa n’igihe, ubwitabire bukomeza kuba bwinshi hirya no hino mu mihanda ya Kigali.
														
													
													U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda 314 batashye ku bushake bava muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), barimo abari bamaze imyaka irenga 30 barahungiye mu burasirazuba bw’icyo gihugu.
														
													
													Umuyobozi wa Banki ya Kigali yatanze ibihembo by’abakinnyi batatu ba mbere muri Shampiyona y’isi y’amagare, icyiciro cy’abagabo mu gusiganwa n’igihe.
														
													
													Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yavuze ko u Rwanda rukomeje kwishimira umubano uzira amakemwa hagati yarwo na Qatar, ndetse ko ari umufatanyabikorwa w’ingenzi n’umuhuza ukomeye kandi utagira aho abogamiye, mu gushyigikira gahunda y’amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira (…)
														
													
													Kuri uyu wa Gatatu, abakinnyi bitabiriye shampiyona y’Isi 2025 igeze ku munsi wa Kane ibera i Kigali bakoze imyitozo y’isiganwa ryo mu kivunge yitegura icyiciro cyo gusiganwa n’igihe.
														
													
													Mu gihe shampiyona y’isi y’amagre irimbanyije muri Kigali ku nshuro ya mbere ku mugabane w’Afurika, uyu munsi ni umunsi wa kane w’isiganwa aho ubu hatahiwe gusiganwa ku makipe y’ibihugu ariko asiganwa n’igihe (Team Time Trial Mixed Relay).
														
													
													Umunya-Burkina Faso Memel Raouf Dao ukinira ikipe ya APR FC hagati mu kibuha yavuze ko Pyramids FC bitegura guhura muri CAF Champions League nta bwoba ibateye.
														
													
													Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko rw’akazi mu Misiri, yavuze ko u Rwanda na Misiri bifite impamvu nyinshi zo gushimangira umubano, cyane cyane mu by’ubukungu kuko ibihugu byombi bihuje icyerekezo, ndetse ko icyo bikeneye ari ugushyira imbere gahunda z’iterambere rirambye kandi zibyarira inyungu abaturage babyo.